Umuryango w’Abamisiyoneri b’Umutima
Mutagatifu wa Yezu na Mariya uri mu byishimo byo kwakira ingabire y’Ubusaseridoti
kuri Diyakoni Alphonse HAGENIMANA, avuka muri Paruwasi ya Rwamiko na Diyakoni
Elias NIYONGIRA, avuka muri Paruwasi ya Gahanga ya Arikidiyosezi ya Kigali. Aba
bombi bahawe ubupadiri mu biganza bya Mgr Papias MUSENGAMANA Umwepiskopi wa
Diyosezi gatolika ya Byumba.
Igitambo
cy’Ukaristiya cyatangiwemo iri Sakaramentu cyabaye ku cyumweru tariki ya 29
Kamena 2025, kibera muri Paruwasi gatolika ya Kiziguro, ikoreramo abapadiri bo
mu muryango w’Abamisiyoneri b’Umutima Mutagatifu wa Yezu na Mariya.
Musenyeri Papias Musengamana,
Umwepiskopi wa Diyosezi gatolika ya Byumba, yasabye abahawe ubupadiri kumurikira
abari mu mwijima, gutanga urugero rwiza ku bo bashinzwe, babakundisha
ubusaseridoti, kuba Abapadiri b’Abanyamutima no kuarushaho kwitangira Ubutumwa
Kiliziya ibahaye.
Yagize ati “Muhamagarirwa kuba abahamya
b’Ivanjili, abahamya b’ukuri kw’Ivanjili, abahamya b’urukundo rwa Kristu cyane
cyane mubera abandi irango ry’inzira igana ku Mana. Muri iki gihe hari abafite
amajwi ari hejuru cyane barwanya Imana, mwebwe Yezu arabohereza kugira ngo
ubabonye abone Kristu, na Sekibi ubabonye akebereze anyure ku ruhande ahunge.
Ahari umwijima muhashyire urumuri, ahari urwango muhashyire urukundo, ahari
ukwiheba muhashyire ibyishimo n’icyizere, ahari agahinda muhashyire ibyishimo
bishinze imizi muri Yezu Kristu wapfuye akazuka. Muhamye Kristu igihe
n’imburagihe, mumuhamye cyane cyane mu buhamya n’urugero rwiza rw’ubuzima
bwanyu”.
![]() |
Abadiyakoni baramburirwaho ibiganza |
Padiri
Fulgence Niyonsenga Umuyobozi w’Abamisiyoneri b’Umutima Mutagatifu wa Yezu na
Mariya mu biyaga bigari yasabye abahawe Ubupadiri kwisanisha na Yezu Kristu, we
Musaseridoti Mukuru, mu murimo Kiliziya ibahaye.
Yagize ati “Icyo nabwira bano
bavandimwe bacu Elias na Alphonse, muzagerageze mwisanishe na Kristu, mube koko
Abamisiyoneri b’Umutima Mutagatifu wa Yezu n’Umutima utagira inenge wa Bikira
Mariya. Muzabe koko intumwa nyazo, cyane ko iyo tuvuga umutima tuvuga urukundo,
impuhwe, amahoro, n’ibyishimo. Mugomba kwitegura kuba intumwa z’ibyo byose.
Muzagerageze mugere ikirenge mu cya Yezu, we wumviye Imana mu mugambi wayo wo
gukiza abantu. Muzagerageze mubeho, kugira ngo ubabonye wese, ababonemo koko
Umutima Mutagatifu wa Yezu ndetse n’Umutima wa Bikira Mariya. Muzagerageze
kugira ngo uzababona wese, azagire intego nk’iyanyu, aziyumvemo ikinyotera cyo
kwiyegurira Imana. Icyo gihe muzitagatifuza kandi mutagatifuze n’imbaga ya
Nyagasani”.
Nyuma yo guhabwa
Ubupadiri, aba padiri bashya bahamije ko basendereye ibyishimo kuko bageze ku
munsi baharaniye. Baboneyeho kandi gusaba imbaga y’abakristu inkunga
y’Isengesho rizabaherekeza mu butumwa kiliziya ibahaye.
Padiri Elias Niyongira yagize ati
“imitima yacu twe abapadiri bashya yasazwe n’ibyishimo tutigeze tugira mu
mateka yacu. Nihasingizwe Imana Se w’Umwami wacu Yezu Kristu yo yadusesekajemo
imigisha y’amoko yose. Uyu munsi ni umunsi w’ibyishimo, ni umunsi imitima yacu
inezerewe. Umugabane twegukanye uradushimishije kandi umunani twahawe
uratunejeje. Mu mitima yacu turasingiza Imana tugira tuti “Ushobora byose
yankoreye ibitangaza, izina rye ni ritagatifu”. Uyu munsi turazirikana ineza
Nyagasani yatugiriye, kugeza n’aho yemera kudusangiza ku ngabire y’Ubusaseridoti”.
Abahawe Ubupadiri bose bazafasha
umuryango mu bijyanye n’Uburezi. Padiri Alphonse Hagenimana yahawe gukorera
ubutumwa muri Paruwasi ya Kiziguro, mugenzi we Padiri Elias NIYONGIRA atumwa muri
Kominote y’umuryango iri muri Paruwasi Sancta Mariya Byimana.
No comments:
Post a Comment