Sunday, July 6, 2025

Rwanda: Kiliziya yungutse abasaseridoti 20 mu minsi ibiri

Itangwa ry'Ubusaseridoti muri Paruwasi ya Mibilizi

Muri iki gihe cy’impeshyi, Kiliziya gatolika mu Rwanda iba iri mu bihe bikomye byo kwakira Ingabire y’ubusaseridoti, hatangwa ibyiciro binyuranye birimo ubusomyi, ubuhereza, ubudiyakoni n’ubupadiri. Muri iki gie kandi abapadiri batandukanye bizihiza yubile y’imyaka bamaze bahawe Isakaramentu ry’Ubusaseroditi.

Iminsi ibiri, kuwa gatandatu tariki ya 5 Nyakanga 2025 no ku cyumweru tariki ya 6 Nyakanga 2025, idusigiye abasaseridoti 20; abapadiri 7 n’abadiyakoni 13 bo muri diyosezi eshatu: Byumba, Nyundo na Cyangugu. Hari kandi Abafratiri 11 bahawe ubutumwa muri Kiliziya.  

Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yungutse Abasaseridoti 6 

Abadiyakoni baherewe ubupadsiri
muri Paruwasi ya Mibilizi
Kuri iki cyumweru tariki 6 Nyakanga 2025, muri Paruwasi ya Mibilizi, Nyiricyubahiro Musenyeri Edouard SINAYOBYE, Umwepisikopi wa Diyosezi ya Cyangugu, yayoboye Igitambo cya Misa yatangiyemo Isakaramentu ry'Ubusaseridoti mu rwego rw'Ubupadiri ku badiyakoni 2 n'Ubudiyakoni ku bafratiri 4. 

Abahawe ubupadiri ni Diyakoni Ernest Urimubenshi, uvuka muri Paroisse Mibilizi, Centrale Gitambi na Diyakoni Eric Nsengiyumva uvuka muri Paroisse Mibilizi, centrale Gitambi.

Abahawe ubudiyakoni ni Fratri Pascal Tuyishime avuka muri Paroisse Nkanka centrale Rwahi, Fratri Arsène Irakoze avuka muri Paroisse ya Mushaka centrale Mushaka, Fratri Muhire Jean Claude avuka muri Paroisse Mibirizi centrale ya Muhanga na Fratri Jean Claude Uwingeneye avuka muri Paroisse ya Ntendezi centrale Ntendezi. 

Indi nkuru wasoma:

Menya Diyosezi ya Cyangugu n’abashumba bayiragijwe

Diyosezi Gatolika ya Byumba yungutse Abasaseridoti 5 

Kuwa gatandatu, tariki ya 05 Nyakanga 2025, muri Paruwasi ya Nyarurema, Nyiricyubahiro Musenyeri Papias MUSENGAMANA Umwepiskopi wa Byumba ari kumwe na Myr Servilien NZAKAMWITA Umwepiskopi wa Byumba uri mu kirihuko na Myr Sosthène AYIKULI ADJUWA Umwepiskopi wa Doyosezi ya Mahagi-Nioka muri RDC, yayoboye imihango mitagatifu y’itangwa ry’ubupadiri kuri diyakoni Jean Baptiste NSANZUMUHIRE uvuka muri Paruwasi ya Nyarurema. 

Yatanze kandi Ubudiyakoni kuri Nephtal NIYIBIGIRA uvuka muri Paruwasi ya Bungwe, Jean de Dieu NSABIMANA wo muri Paruwasi ya Nyarurema, Oscar KWIZERA ukomoka muri Paruwasi ya Byumba na Emmanuel KAVUTSE ukomoka muri Paruwasi ya Nyagahanga. 

Indi nkuru wasoma:

Kiziguro ibimburiye izindi mu birori by’impeshyi by’itangwa ry’ubupadiri

Diyosezi Gatolika ya Nyundo

Muri Diyasezi Gatolika ya Nyundo, abadiyakoni 4 bahawe ubupadiri, abafratiri 5 bahabwa ubudiyakoni, 3 bahabwa umurimo w’Ubusomyi mu gihe 8 bitegura gutangira stage bahawe umurimo w’Ubuhereza. Inkuruirambuye

Izindi nkuru wasoma:

Nyundo 2025-2026: Abapadiri bamenye aho bazakorera ubutumwa

Ibyo wamenya kuri Diyosezi ya Nyundo, impanga ya Kabgayi

No comments:

Post a Comment

Ruhengeri: Abadiyakoni 9 bahawe ubupadiri

Abadiyakoni 9 bahawe ubupadiri,  Abafaratiri batatu bahabwa ubudiyakoni mu gihe abapadiri batatu bahimbaje Yubile y’imyaka 25 bamaze bahawe ...