Thursday, October 18, 2018

Wihubuka usaba ubushuti



   Wihubuka usaba ubushuti
 
Ihame ni uko buri wese agomba gushaka inshuti bisungana mu muhamagaro wo gushinga urugo, kireka bamwe babibuzwa no kwegukira Imana n’ababiterwa n’uburwayi[1]. Icyibazwa kenshi mu rubyiruko ni iki: ‘umugore w’umutima azabonwa na nde? Ko asumbije agaciro amasaro meza![2]’ Nibyo koko, uw’umutima ni isaro ry’agaciro rishakishwa na buri wese. Umuntu wifuza ko muzabana, muharanira ko ugushaka kw’Imana gusohorezwa muri mwe, ni inshuti ya ngombwa mu buzima, mugomba kubana kugeza ku iherezo ry’ubuzima kuko Imana ubwayo idashimishwa n’itandukana ry’abashakanye, yo ibaza iti: “‘uwo ni nde ubangamiye umugambi wanjye, yishingikirije amagambo ye y’amahomvu?[3]” Ni ngombwa kwitonda cyane kugira ngo utegure neza ahazaza hawe nk’umwe mu bahagarariye umuryango. Umuntu yari akwiriye gufata igihe gihagije cyo kwitekerezaho akibaza ibibazo nk’ibi: ndi muntu ki? nifuza kuzabaho nte? nzabigeraho gute?  aho mfite integenke (weakness) zanjye ni izihe? Ibisubizo ubona ni byo byakagombye kugufasha mu gutekereza no guhitamo inshuti wifuza; imwe muzafatanya ikwihanganira mu ntegenke zawe, ikakugeza ku byo wifuza mufatanije. Wowe uhamagarirwa gushinga urugo, usabwa iki mu rugendo ruguhuza n’uwo Imana yakugeneye?
1.     Gusenga
Turabizi kandi turabyemera ko ‘Imana ari yo yatangije ugushyingirwa, irema muntu mu ishusho yayo; Umugabo akurwa mu gitaka naho umugore akurwa mu rubavu rw’umugabo[4]. Urugo rwa mbere rwatangijwe n’Imana, niyo yashakiye Adam umufasha umukwiye; nguyu umuranga mwiza wo kwizerwa tugomba guhungiraho kandi tukamwumvira kugira ngo tutiyicira ubukwe n’urugo. Dusenge Imana, tuyiginge tuyitura ibyifuzo byacu bityo ejo natwe tuziyamirire tuvuga tuti “Koko uri mwiza, mukobwa nkunda, koko uri mwiza![5]” Muvandimwe, menya ko nta muhamagaro utagira umusaraba; urugendo rw’umuhamagaro ntirutana no kugeragezwa - ibishuko, ibitotezo...Yezu ati: “nimwambaze kugira ngo mutagwa mu bishuko[6]”; gusenga bituma ducika ibishuko, ari byo twibonera cyangwa ibyo tutabona. Niyo mpamvu isengesho ari ngombwa igihe n’imburagihe mu buzima bw’uwemera; rirakenewe kurenza uko tubyiyumvisha.
2.     Kwitegereza neza
Uzitegereza nde ko ukikijwe na benshi: ufite ibintu n’amafaranga, ufite amashuri, uvuka mu muryango ukomeye...? Aho uherereye, cyangwa hirya no hino hari benshi batandukanye cyane kandi muhuje urugendo rw’umuhamagaro. Tuvugeko hari abaguruka nta mababa, hari abiruka nta feri, hari abatuje n’abanyarusaku nk’isande, hari abanyamutima n’abapfayongo, hari ingegera n’amahabara, hakaba...kandi aba bose baracyeye; barirunze kurusha ifunguro ry’abakire, yemwe barushanwa gucya kuruta amarangi agezweho. biratangaje! Wowe ushakisha; umukobwa ukunyuzeho wese siko yakubera umugore, n’umuhungu muhuye ukuvugishije wese siko yakubera umugabo. Mu magana yose, uwawe ni umwe! Reba neza, witegereze kandi ufate umwanya uhagije witegereza kugira ngo, byibura uko bishoboka, ubashe gutandukanya umupfu n’umunyamutima.
Wireba uburanga kuko burangaza, wireba ikimero kuko gihindukana n’ikigero cy’ubukure kandi ibyo byose iyo iminsi yabyugarije barakendera. Uri mu nzira nziza, narenge ibi byose, yitegerezo ubuhanga. Uwo munyabuhanga uzamubwirwa n’iki, ko benshi twigize ‘bamenya’? Yakobo ati ‘Ni nde w’umuhanga n’umunyabwenge muri mwe? Nabyerekanishe imyifatire ye myiza, ko ibikorwa bye byuzuye ituze n’ubuhanga[7]’. Nguko uko uzamenya uwakubera mwiza cyane mu gushinga urugo.
3.     Kwegera uwo ushima
Nyuma yo gufata umwanya uhagije wo kumwitegereza, gerageza umwegere muri bya bikorwa bibahuza (korali, kwiga, gucuruza, amakoraniro y’abasenga, n’ibindi bihuza abantu). Ibi bizagufasha kurushaho kuvumbura uko ateye - personality- kuko kwibwira ko uzi umuntu kandi nta kibahuza ngo muganire uba wibeshya. hari abagerageza guhisha uko bateye ariko mwaganira ukamufatira mu byo avuga, ukamenya ko ateye nk’uko umubona cyangwa bihabanye nk’uko abonwa. Iyi si intambwe yo kumubwira ko umukunda cyangwa kumusaba gukundana, ahubwo ni umwanya wo kugira ngo ibyo wamenye umubona ubishimangire muganira ibintu bisanzwe (ubuzima) bitari urukundo. Kandi ibyo wakora byose, ‘ntuzibonemo ubuhanga, ahubwo uzatinye Uhoraho kandi wirinde ikibi, bizatuma umubiri wawe unoga, n’ingigo zawe zose zigororoke[8].’
4.     Musabe urukundo
Wowe usaba urukundo, urarufite cyangwa ni agahararo, kwikunda, irari n’ibindi bamwe bitiranya n’urukundo? Hari igihe wasanga uri gusaba icyo utazi, wagihabwa ugatangira kwicuza, hakaba n’ubwo icyo usaba wagihabwa nabi bigatuma usa n’uzinutswe iyo nzira ndetse birashoboka ko wanasaba ko umuntu agukunda nyamara we akaguharara. Wihubuka! Umaze kumenya ko mwakomeza kwigana muri inshuti, tera indi ntambwe; musabe gufatanya urugendo ruzabageza ku ishyingirwa, umwemerere ko umubereye sheri nk’uko abakundana bakunze kwitana. Aha ho mwaganira ku mishinga y’ubuzima bwanyu nk’umuryango ari nako mukomeza kwigana kugira ngo buri umwe arusheho kuvumbura ibyo ataramenya ku mukunzi we.



[1] Soma Mt. 19,10-12
[2] Imig.31,10
[3] Yob.38,2
[4] Soma amateka y’iremwa rya muntu (Intg.1,26-28;2.20-23)
[5] Ind.1,15
[6] Lk.22,40
[7] Yak.3,123
[8] Imig.3,7-8

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...