Thursday, October 18, 2018

Wihubuka wemerera undi urukundo



©     Wihubuka wemerera undi urukundo
Muvandimwe, wari uzi ko kwinjira mu rukundo byoroshye kuruta kurusohokamo? Waba uzi ko kwinjira mu rukundo bishimisha naho gutandukana n’inshuti bikarushya kandi bikanashavuza? Wihubuka winjira mu byo utazoroherwa no kwikuramo igihe bibaye ngombwa. Nk’uko yafashe igihe gihagije cyo kukwigaho, nawe bigenze utyo kugira ngo uzafate umwanzuro ukunogeye kandi mwiza. Tumenye ko umuntu ahamagarirwa gushinga urugo rwa gikristu, ntahamagarirwe gushinga urugo, rumwe bavugako rurutwa na gereza! Zirikana ko uhamagarirwa gukunda mu mvugo no mu ngiro nyamara ntuhamagarirwe gukoresha uwo ukunda kuko umukunzi wahisemo atari igikoresho cyangwa umutungo ugomba kugenga uko wishakiye, usibyeko na buri kintu kigira uburyo bwagenwe bwo kukibyaza umusaruro. Nuko rero, muri uru rugendo rwose tumaze kubona, “uramenye, ntuzashukwe n’abaguha ibintu cyangwa ngo wicwe n’umurengwe[1]”, hato utazahubuka ukisanga wahisemo imvura mu mwanya w’umucyo! zirikana inyigisho Ivanjili igutoza maze uhorane mu mutima aya magambo: ‘inyigisho zanjye uzizigame neza, uzikomeze mu mitima y’abigishwa banjye[2]
©     Urukundo rugeza ku isakaramentu ryo gushyingirwa

Wowe wemerewe urukundo, uracyafite urugendo rwo kumenya uwo ukunda kandi nawe wemeye gukunda ni uko. Bitabaye ibyo wasanga ibyo wita urukundo byakugejeje ku ndwara zandurira mu busambanyi cyangwa inda itateguwe inashobora kugutanya n’uwo uvuga ko mukundana. Urwo rugendo rufite intumbero ebyiri, nyamara iy’ingenzi ni imwe; gushyingirwa kugeza ku butungane umuntu wese ahamagarirwa.  Ntibikwiye ko, mu guhitamo umukunzi, dutekereza gusa ku gushyingirwa ngo twiyibagize ko uwo mubano ugomba kutugeza mu ijuru! Dukanguke! Birababaje aho usanga abemeranije gukundana, bitwara nk’abashingiwe kandi ari byo bitegura, bakiyibagiza ko ibyishimo bisaga abakomeye ku muco wo kwifata kugeza ubwo bemererwa kuba umwe ku mubiri no ku mutima. Dore hateye gukunda kuvanze no guhaza irari ry’umubiri, uwandusha izina ribikwiye narigaragaze, agambiriye kwerekana ububi bwabyo mu rugendo rugeza ku gushyingirwa.
None se muvandimwe, duhamye ko gukunda bigomba kurangwa kandi bikagengwa no gusomana, gushishirana nkaho ushishira inka cyangwa ingurube? Kugenda amajoro nk’umwanzi w’urumuri? Kwemera icyo ubwiwe n’icyo usabwe cyose nk’aho uvugana na malayika? Guhorana nkaho muri imburamukoro? Ibyo si byo! Icyaba cyiza kurusha ni uguhoza ku mutima ko iyo mibanire idatuma ugawa ahubwo ugakomeza kujya mbere mu gushimwa. Byaba byiza kurushaho wirinze guhorana n’uwo ukunda kuko byagukururira kugwa mu bishuko, bigatuma utakarizwa icyizere kuko wahindutse igikoresho cyo kwishimishirizaho -objet de plaisir- aho kuba umuntu w’ingenzi mu buzima. Mu buzima, kwizera buhumyi no guhura kenshi si byo bihamya ko umuntu afite urukundo ahubwo ufite urukundo ruzima uzamubwirwa n’ibikorwa ndetse n’inama bye. Uwo ukunda, ntimuhorana ahubwo murasurana mukajya inama zubaka kandi ukamwizera ushishoza kuko atari we Mana uhamagrirwa kwizera, kubaha no kubana na yo muri byose na hose.
©     Wihubuka utandukana n’umukunzi
Mu gutunga urugero rwiza, uwo ukunda aba yakira uburere, bumufasha kwigirira icyizere no “kwivumburira ku bwe impamvu y’indagagaciro atozwa aho kuzimuturaho nk’ukuri kutagibwaho impaka.”Icy’ingenzi mu buzima si ukumenya aho mushuti wawe ari, ahubwo ni ukumenya igipimo agezeho mu bitekerezo bye, ibyo yemera, intego ye mu buzima n’ibyifuzo bye, kuko ibyo ari byo biranga ikigero umuntu agezeho mu gufata umwanzuro nyawo kando mu gihe nyacyo. Nuko rero, mu buzima bwose, ugomba kwitoza koroshya kandi ukirinda guhubukira gufata umwanzuro no gushinja mugenzi wawe[3], ahubwo ukarangwa n’umutima ushishoza kandi ugira imbabazi zirangwa n’ibikorwa by’impuhwe!



[1] Yob.36,18
[2] Iz.8,16
[3] soma Sir.19,13-17

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...