Monday, December 3, 2018

IFUNGURO


v IFUNGURO

Kugira ngo tubeho neza, umubiri wacu ukenera ibiwutunga byiza kandi bibonekera ku gihe n’ingano bikwiriye kugira ngo akamaro kabyo katabusanya n’ibyitezwe. Ubuzima bwa roho nabwo ni uko. Bubonera ibiwutunga mu busabane tugirana n’abavandimwe bacu hamwe n’Imana. Isengesho n’ibikwiriye kuriherekeza ni byo funguro rizima roho zacu zikenera kugira ngo zibeho neza zibereye Uwaziremye. Nkuko mu buzima bugaragarira amaso dukenera gutera intambwe, tuva mu cyiciro tugana mu cyisumbuye ni nako roho zacu zikenera gukura; zigakura mu kwemera zunguka igikundiro mu maso y’Imana. Koko ubuzima bwiza bubonera ibibutunga bihagije ku gihe, bigatuma nyirabwo akura neza mu maso y’Imana n’ay’abantu. Mu bituma umuntu adakura, twavuga;
1.     Kutigishwa Ijambo ry’Imana.
2.     Kwakira inyigisho zirenze ubushobozi bw’imyumvire.
3.     Kwakira inyigisho nyinshi z’abantu badahuje ukwemera.
4.     Kudasenga no gusengana uburyarya.
5.     Kwiheza ku masakaramentu.
6.     kwigwizaho inshingano ziruta ubushobozi bwawe n’umwanya ugira.
Imirire mibi ntitana n’uburwayi; umuti nta wundi ni amsakaraentu, cyane cyane Batisimu na Penetensiya adukiza icyaha cy’inkomoko n’ibindi byaha bitworeka mu rupfu. Kuba umuntu yifitemo umutima wo kubana n’abandi (teamwork, sociability) na byo ni uburyo bwo kwandura. Hari ubwo ubana n’ababi kandi udashoboye kubaganza no kubahunga, ugasanga bakwanduje uburwayi utavukanye. Iyaba twabanaga n’abeza baduhindurira kuronka umukiro kandi tukagira umuco wo kutakira buhumyi imico yose dusanganye abandi. Mwene Siraki ati “Mwana wanjye, nurwara, ntuzirangareho, ahubwo uzasenge Uhoraho, ni we uzagukiza. Irinde icyaha, ibiganza byawe bibe ibiziranenge, umutima wawe uwusukureho ibyaha byose (Sir.38,9-10).” Bavandimwe, umuntu ashobora kwibwira ko ari kurya neza nyamara ubuzima bwe bugeramiwe kubera imirire mibi igenda imusesera buhoro buhoro kuzageza ubwo we azashiduka yacurangutse. Kutigishwa ni yo mpamu ya mbere itera muntu kugira imyumvire mibi idashobora kumuteza intambwe igana Aritali Ntagatifu. Hari n’abigishijwe inyigisho nyinshi zitandukanye, zirimo n’z’ubuyobe n’izirenze urugero rw’ukwemera n’imyumvire bafite bigatuma ntacyo zibamarira usibye kurushaho kubongerera uburyo bwo gucumura no kubona Imana mu buryo butatuma yizerwa nka Nyir’impuhwe ikiza. Nubwo muri iki gihe hari abigishwa n’abigisha benshi, roho zunguka ni nke; guhinduka k’umutima ndetse n’umubiri ni guke, ahubwo heze guharanira inyungu z’umubiri hakoreshejwe Ijambo ry’Imana. Niba hari intambara ikomeye ikwiye guhagarikwa ni “ukuba mutagatifu ku ruhu.”

Dusabe: Ngwino unyikirize, banguka untabare Nyagasani wowe uzi neza ubupfu bwanjye, ukaba Imana icubya uwikuza, igakiza uwiyoroheje. Wowe utuzura n'ikibi, girira impuhwe zawe umbesheho maze nzakurikuze ugushaka kwawe ko kuzangeza mu byishimo by'ijuru. Mana Nyirubutagatifu rengera umugaragu wawe w'umunyantegenke umutere kudaheranwa n'inzira ziganisha mu rupfu bityo ku munsi wihitiyemo nzapfane umutima ukwiriye abana bawe, Amina!


No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...