Monday, December 3, 2018

RERE NA RAMBA PART 12

Iyi yari intangiriro yo kumenya n’uwatwaye simukadi. Ku munsi ukurikiyeho, Rere yaramanutse abwira Ramba ati “kugira ngo tumenye ukoresha simukadi, ohereza ubu butumwa: “kuza mu biruhuko ndabona bidashobotse, ngo nze tuvugane imbonankubone, mbabarira byibura umbwire uwakuntwaye.” Ubu butumwa bukigera kuri Baje, yahise asubiza ati “bube ubwa nyuma ushidikanya, ubu nsigaye naregukanwe na Baje.” Ramba yabajije Rere ibyo bamusubije kuko ari we wari ufite telefoni, nuko Rere amuhereza telefoni atangara ngo yisomere. Uwo Baje yajyaga abwira Ramba kenshi ko umukobwa bigana ari mwiza cyane kandi ko yitonda. Ramba amaze kumenya ibyo byose, yariyumviriye hanyuma abwira Rere ati “Mbabarira mukundwa, narakubabaje cyane ariko nanjye si njye. Hashimwe Imana idufashije gutsinda iki kigeragezo!” Ubwo Rere yafashe Ramba akaboko, bazamuka bagana iwabo ariko ntibagera mu rugo, batambikira hepfo yo kwa Rere bagera ahantu hadatuwe, hatuje, hibereye agacaca gatoshye n’ibiti bisa n’imitako yo mu busitani bwo mu mijyi. Ramba yicaye yegamiye igiti kinini cyari kigandaye, na Rere yicara iburyo bwe, amuryamaho ku buryo umutwe we wari wiseguye akaboko ka Ramba. Rere yari aryamye areba hejuru ku buryo ibyo yavugaga byose Ramba yamuroraga mu maso.

Baraganiriye cyane; babazanya amakuru yo ku ishuri, baganira byinshi bitandukanye bagera no ku byari bibatanije maze bombi bahishurirana uko basabiranaga nuko barishima cyane. Rere wari watwawe n’umunezero abwira Ramba ngo yuname amubwire, Ramba yegereza umutwe uwo mukobwa wamurebaga mu maso, na Rere yigiza uwe hejuru hanyuma amwongorera mu gutwi ati “Ramba ndagukunda,” nuko amusoma ku itama. Ramba yahise amuririmbira akaririmbo kitwa ‘akandi ku mutima’, karangiye aramubwira ati “kuva dukina inkinamico na magingo aya, ndagukunda. Bari baduteranije ariko ntibikibaye.”  Arakomeza ati
“Kabeho bwiza buzira icyashya
Buzira gusumbwa imihana yose
Kabeho mwali unyura umukunda
Kabeho ukundwa iteka ryose

Kabeho kandi ubone umutuzo
Amahoro asagambe no mu ntaho
Kunda ukundwe mukobwa mwiza
Uzire abakwanga uhore mu beza!”

Rere ashimira Ramba hanyuma basengera hamwe baragiza Imana urukundo rwabo babona ubutaha. Muri icyo kiruhuko cyose, Rere na Ramba bigiraga hamwe kuberako bombi bari bahuje kwiga indimi kandi nubwo Ramba yari akuze ntiyatinyaga gufasha umukunzi mu mirimo na Rere kandi bikaba uko igihe ari kwa Ramba. Ku cyumweru gisoza ikiruhuko, aba bana bombi bajyanye gusenga, bafashwa kuzirikana ku mpuhwe z’Imana no kuzikwirakwiza nuko bataha, biyemeza kubabarira Baje. Buracya bagasubira ku ishuri Rere na Ramba basangiye ibya saa sita hanyuma bajya muri ka gashyamba kugira ngo baganire nta kirogoya. Rere yabanje gusasa igitenge hasi nuko abwira Ramba ati “icara ugubwe neza uri na Rere wawe.” Ramba yicaye hafi y’igiti kuko yakundaga kwegama, Rere abibonye ahita akuramo umupira w’umukara yari yambaye awambika Ramba wari wambaye ishati yera ngo itandura ayegamije ku giti. Ramba amaze kwicara yegamye neza, Rere yamwicaye imbere kuko yifuzaga ko baganira barebana mu maso, yashakaga kumureba neza, akamwitegereza wese kuko bari bagiye kongera gutandukanywa n’amasomo. Baraganiriye, bubiriraho ntacyo bikanga kuko bari basabye uruhushya ababyeyi, babamenyesheje ko bari butinde. Muri ibyo biganiro byabo bananyuzagamo bagaturana imivigo, bakaririmbirana mbese umunezero wari wose. Kanda aha usome ikindi gice.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...