Monday, December 3, 2018

rere na ramba part 11

Igihembwe cya kabiri cy’umwaka usoza ayisumbuye kirangiye, Ramba yaje mu biruhuko amara iminsi ibiri atabonanye na Rere, ku munsi wa gatatu nibwo Rere yaje iwabo nuko amusanga ahagaze mu mbuga. Ramba amukubise amaso, yibuka ibyamubayeho byose, ahita amutanguranwa kumusuhukisha akaboko, Rere na we arakanga hanyuma Ramba ahita yisubirira mu cyumba cye kandi ni na we wari uri mu rugo wenyine, bituma Rere ataguma aho ahubwo ajya guhagarara ku irembo; ahamara imonota itanu ari wenyine, yibaza ibimubayeho. Yari ataramenya ko ubuhake bwanyereye[1]. Rere wari ukumbuye Ramba bidasubirwaho, yananiwe gutaha, yiyemeza kugaruka agasaba Ramba imbabazi byibura akamusuhuza neza gusa. Mu kugaruka, Rere yasanze Ramba yegetseho, arakomanga. Ramba ngo asohoke kureba umukomangira asanga ni Rere; Ramba aramwitegereza, maze arimyoza ati “abahindutse bagahindukana n’ibyabo byose, birimo n’umukono, baba bakeneye guhabwa umutuzo n’amahoro! Inzira ni umuhanda[2]” Akirangiza aya magambo, Ramba yahise yegekaho kuko yari ahagaze mu muryango, nuko yiyicarira ku gatebe kari aho mu ruganiriro. Rere yumvise ayo magambo, yahise asuka amarira, bigaragara ko afite agahinda kenshi. Ayo marira ni yo yongeye kugarura impuhwe mu mutima wa Ramba kuko igihe cyose Rere yabwiraga amagambo akomeye ataburaga kurira. Ramba yakinguye urugi, asanga Rere aririra aho yamusize ahagaze, yubitse umutwe. Nuko amufata mu matama, amuzamura umutwe ku buryo barebana bombi mu maso. Bahuje amaso Rere avugana ikiniga cyinshi ati “niba waranyanze, mbabarira byibura umpobere nk’ikimenyetso cy’uko ntazongera guhoberana nawe, hanyuma nigendere.”

Ramba yumva urukundo n’impuhwe biramusaze maze yenda agatambaro kererana yajyaga akunda kumuhanaguza iyo babaga bari kumwe, amuhanagura yitonze kugeza ubwo amarira ashize ku matama no ku maso, hanyuma abona ubumuhobera. Bahoberanye, kwihangana kwabaye guke, Rere arongera ararira kuko atiyumvishaga ukuntu ari ubwanyuma ahobera Ramba nk’umukunzi we, atazi n’ikibatandukanije. Ramba yanyarukiye mu nzu azana ya baruwa yasomaga buri munsi uko agiye kuryama n’uko abyutse. Akingaho nuko abwira Rere ati nkurikira; bagenda bucece ntawe uvugisha undi barinda bagera muri ka gashyamba baruhukiyemo bavuye gufata amabaruwa abamenyesha aho baziga n’ibyo bazitwaza. Bahageze Rere yabwiye Ramba ati “ibyo ugiye kumbwira ndabizi, uba wabimbwiye kare ni uko wanze ko iwanyu basanga ndira. Ubugome unkoreye sinzabwibagirwa, gusa umenyeko nkigukunda!” ijambo rya nyuma Rere yarivuze arira, Ramba aramureka ararira arihanagura hanyuma amwibutsa ibyaranze urukundo rwabo byose nta na kimwe asize inyuma nuko arangije amuhereza ya baruwa yandikiwe mu izina rye, yanditsemo amagambo yuzuye ubugome n’agasuzuguro. Ramba abonye ko Rere ayisomye agakubitwa n’inkuba, aramubaza ati “ibyo ni ibiki? Urashaka kunyanga ukagerekaho no kungira igikoresho cyawe?”

Rere amusaba imbabazi z’ibyabaye byose. Amusobanurira igihe yatereye simukadi maze abwira Ramba, nyuma yo kwisomera sms zose yohererezwaga mu izina rye, ati “ndabyemeye warababaye cyane, ariko mpa icyumweru kimwe gusa, ubundi ku munsi wa munani tuzatandukane burundu kandi kumugaragaro, dusezeraneho nk’abigeze gukundana.” Ibi Rere wari uzi neza gushira mu gaciro kwa Ramba yabimusabye atekereza ko muri iyo minsi azaba yamenye uwanditse iyo baruwa n’ukoresha simukadi ye. Ramba yarabimwemereye kuko yari atangiye kubona ibimenyetso bike bigaragaza ko iyo baruwa yanditswe n’undi muntu. Rere na Ramba bakimara kwemeranya ibyo, basezeranyeho barataha, bamara ijoro ryose nta kugoheka buri umwe yibaza ku byabaye hagati ye n’umukunzi we. Mbere yo gutandukana, Rere yafashe ya baruwa arongera arayitegereza neza, ageze mu rugo afata amakayi ye yose yo mu wa gatanu n’ayo mu wa gatandatu, agenda areba inyandiko z’abamufashije kwandika; ageze ku ikayi yakoreragamo imyitozo asangamo umukono usa n’uwo kuri ya baruwa imwitirirwa. Yatekereje neza asanga hari umuhungu wamwandikiye mu ikaye amubwira ko umukono we uzatuma amwibuka buri uko awurebye. Rere yanibutse kandi ko uwo muhungu witwa Baje, yamuhakaniye ubwo yamusabaga ko bakundana. Kanda aha niba ushaka ikindi gice. 


[1] Ubuhake bwanyereye = shebuja w’umuntu ntakimurora neza
[2] Inzira ni umuhanda = genda sinkushaka hano

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...