Thursday, November 29, 2018

abalayiki duhamagarirwa iki?


Inama ya 2 ya vatikni ivuga ko abalayiki ari abemera bose batari mu rwego rw’abihayimana n’urw’abiyeguriyimana (l’état religieux et l’ordre sacré). Abalayiki, kimwe n’abiyeguriyimana n’abihayimana, batumwa mu isi kugira ngo bahakorere ibikorwa binyuranye bituma isi ihindura isura, ikaba isi irangwa n’ubutabera, isi yimitse urukundo. Bakayihindura baharanira ko yo, abayo n’ibyayo bisubirana ubwiza bushimwa n’Imana yaremye ibyiza gusa (Soma Intg.1,31). Mu butumwa bahabwa na Kiliziya (apostolat), harimo kwamamaza Inkuru Nziza no gutagatifuza; ibyo bakabikora mu buhamya bw’ubuzima bwabo bwa gikristu no mu bikorwa bakorana umutima woroshya, wa mutima ugaragarira abandi nk’aho udasanzwe; bene ibyo bishobora gukurura muntu bimujyana ku kwemera no ku Mana, yo ivuga iti “Urumuri rwanyu niruboneshereze rutyo abantu kugira ngo babone ibyiza mukora, bakurizeho gusingiza So uri mu ijuru (Mt.5,16).”

P. Anastase N.  asezeranya abasaveri (
St. Paul Kist-Khi, archidiocese de Kigali
)
Ubutumwa bw’abalayiki bugomba kurenga ubuhamya bw’imibereho- témoingage de la vie- bugafata intera yo kwamamaza Kristu ukoresheje amagambo, haba mu batemera kugira ngo bafashwe gutera intambwe bagana ukwemera ndetse no mu bemera kugira ngo bahugurwe, bityo bakomere kandi bashishikarire kurushaho gutunganira Imana. Ibi bigakorwa kandi kubera urukundo rwa Kristu ruguhihibikanya (2Kor.5,14); “Utifitemo urukundo rwa Kristu ni umwanzi wa Kristu. Agenda mu mwijima kandi bikamworohera gukururwa n’icyaha.” (S. Ephrem le Syrien. Discours sur les vertus et les vices). Koko rero umukristu uzirikana neza ku mwanya n’inshingano afite muri Kiliziya, ahoza ku mutima amagambo y’intumwa Pawulo agira ati “...ndiyimbire niba ntamamaje Inkuru Nziza!” (1Kor.9,16). Ngiri iherezo ry’uwemera, indunduro y’imihamagaro yose iba muri Kiliziya; ubutungane. Nyamara “kugira ngo twakire ubutorwe bw’Imana kandi tugenze uko ishaka, si ngombwa ko tubanza kuba intungane[1]” ahubwo ni ngombwa kubanza kwemera no kwizera ko Imana idatora abashoboye, ahubwo ishoboza abo itoye bakayikundira, hanyuma tugahoza mu mitima yacu amagambo turirimba muri Batisimu agira ati “Uzahirwa mu bihe byose, nukurikiza amasezerano, wagiranye n’Uhoraho imbere y’umuryango.”


[1] Papa benedigito wa XVI, ubutumwa nyirubutungane Papa Benedigito wa xvi yageneye umunsi mpuzamahanga wa 43 wo gusabira ihamagarwa ry’abiyegurira Imana

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...