Thursday, November 29, 2018

Amategeko n’inshingano by’abagize groupe vocatioonnel muri bungwe


  
Ibi byombi bibereyeho gufasha abavokasiyoneri kurushaho kubana neza, buri umwe asohoza inshingano ze nk’uko bikwiye. Bigatuma kandi barushaho kwishimirana no kugirana ubumwe bukwiye abana b’Imana. Aya mategeko n’inshingano, ntibireba uyu cyangwa uriya; oya. Bireba uwo ari we wese uba mu Irembo ry’umukiro, yaba umuyobozi cyangwa uyoborwa, kuko twese duhamagarirwa kuba abagabuzi beza b’amabanga y’Imana.

    Inshingano z’umuvokasiyoneri
bamwe mu bagize Irembo ry'umukiro


1)     Gusenga no gukora ibikorwa by’urukundo.
2)     Guharanira isura nziza ya Groupe Vocationnel (kugira inama mugenzi wawe no kwirinda kugayisha itsinda).
3)     Kugaragaza icyo ubona kitagenda neza muri Groupe Vocationnel.
4)     Kwitagatifuriza aho uri (Ubutagatifu bwanjye butangirira aho ndi, nta habugenewe kuko hose Imana iba ihari) mu bikorwa bito bigaragaza Imana.
5)     Gusabira Groupe Vocationnel. Byose bigakorwa hubahirizwa amategeko y’Imana kuko ariyo agenga byose ndetse n’aya Kiliziya idutuma.
Ibi byose bigomba gukorwa kubera ikuzo ry’Imana n’umukiro wa Muntu. Birakwiye rero ko umuvokasiyoneri aharanira kubona Imana muri bagenzi be, bityo akazirikana ko igikorwa cyiza abakoreye ari isengesho rizima rinyura Imana.

Dusabe: Nyagasani mugabyi w'ibyiza byose bibaho, girira impuhwe usanzwe ugirira abo wacunguje Umwana wawe ukunda cyane Yezu Kristu, Umwami wacu, n'urukundo udahwema kugaragariza umuryango wawe, maze umpe ingabire zimfasha mu rugamba ndimo rwo guhashya icyaha gihangarije kwarika mu mutima wanjye. Girira ubuvugizi bw'Umubyeyi w'Umwana wawe, Bikira Mariya twarazwe ku musaraba ngo atubere Umubyeyi, maze unyongeremo inyota yo kugusanga no kurushaho kukubona mu bavandimwe bankikije. Nyagasani Mana, irengagize amakosa yanjye hanyuma untangize urugendo rushya rw'ubuzima watanze ku isi binyuze muri Jambo wigize umuntu, bityo uko ngenda ntera intambwe nkusanga, urusheho kunyegereza ubufasha bwawe bunkomeza umutima, amina!

Amategeko ya Groupe Vocationnel

1.     Kubaha abayobozi na bagenzi bawe, wirinda ikintu cyose cyazana urusaku n’icyatera umwuka mubi mu bandi.
2.     Kwitabira ku gihe ibikorwa bya Groupe Vocationnel.
3.     Kugira ibanga.
4.     Kubahiriza inshingano z’umuvokasiyoneri n’amategeko ya Kiliziya.
5.     Gutanga umusanzu wa Groupe Vocationnel.

 Isengesho ry’umuvokasiyoneri

Nyagasani Yezu, Wowe nzira igeza ku Mana Data, ukaba ukuri n’ubugingo; Ni wowe nsonzeye. Icyampa nkakwiyegurira wese, ukandutira byose na bose. Ndakwihaye none ngo umfashe kukumva no kukumvira mu mibereho yanjye yose. Uko amasaha y’umunsi agenda akura abe ariko ndushaho kuba inshuti y’indahemuka y’ijwi ryawe ryuje urukundo, impuhwe n’umukiro. Wowe ubaho ugategeka iteka ryose. Amina!

Umuco wo kwikunda ntugomba kuturanga. Umuvokasiyoneri mwiza arisabira, agasabira bagenzi be ndetse n’umuryango w’Imana muri rusange. ‘njye, njyewe, njyenyine’ ntikwiye guhabwa intebe mu mitima yacu, ahubwo dukwiye kwimika ‘twe, twese’, ni ukuvuga urukundo mu masengesho yacu, kuko tuzirikana urwo Imana idukunda; “Imana idukunda kurusha ko twayita data, mama cyangwa inshuti, cyangwa undi wese, yemwe no kurusha uko dushobora kwikunda ubwacu” (S. Jean Chrysostome). Nuko rero nitwimike urukundo mu buzima bwacu kuko aribwo tuzahamya ko tuyizi. Gukunda ishapule bitubere intego, kuyivuga byo bitubere ubuzima!

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...