Monday, November 19, 2018

Kuramba ku bunazireya part 2



4. KUGIRA ISONI ZO GUKORA IBYO USHINZWE

Umukristu watesheshe agaciro amasezerano ye, akirengagiza ibyo akwiriye gukora, ntatana no kubona ibyo yakoraga bimuteye isoni, akabona atakongera kubikorera mu ruhame kugeza ubwo abicitseho burundu! Muri iki gihe, usanga hariho abatagitwara Bibiliya mu ntoki, bakabireka kubera ababareba, nk’aho ari bo bakorera cyangwa ari bo babafiteho ijambo rya nyuma. Ntugaterwe isoni no gukora icyiza, kandi uwo udakorera ntukamutinye kuko adakwiriye kukugenzura akubuza amahwemo mu gukora igitunganye. Muri iki gihe cya none, kubona umuntu wakwinjira muri kabari ngo agire icyo afata amaze Gusenga ni nk’igitangaza kuri benshi! Hariho abantu bakuru bari bashinzwe gufasha abana kujya mbere mu kwemera babiretse, bitajwe ko batari mu kigero kimwe: N'ubundi uri mu kigero kimwe n'undi muntu, ntacyo wamufasha kuko ntacyo uba umurusha- muba muri mu kugero kimwe nyine. Bene abo kandi babikora birengagije ko Yezu adusaba guca bugufi nk'abo basuzugura. Ibikorwa tugiramo uruhare muri Kiliziya ni byinshi: Ese tubikora tubikunze? Ese ibyo twakoraga twabirekeye iki?  Ibyo dukora tubikorera aho buri wese abibona bikaba byamuviramo gukira?

Muvandimwe, tubanze turebe uwo dukorera n'icyo azaduhemba; dukorera Imana, tuzahembwa Ijuru, kandi gukorera Imana bizirana no kwihisha kuko ari Umucyo dukorera. Imana ni nziza, bityo n'ibyo tuyikorera bikaba byiza rwose. Ntabwo rero tugomba guterwa isoni no gukora icyiza, keretse niba twarasaritswe n' ikibi, tukaba tutakiri abakozi b'Uhoraho. Ubwo twaba dukorera nde? Mu masezerano n'indahiro byo muri Kiliziya, ntaho wasanga "kiretse, except"- ibi birasobonura ko amasezerano agomba gusohozwa nk'uko ari. Mu masezerano arangira kimwe n'aya burundu, keretse ni imwe. Iherezo ryayo ni urupfu rwacu! Amasezerano tugirana na Kristu asozwa n'urupfu, hanyuma natwe tugahembwa nyuma yarwo. Uwakoze neza ibyo ashinzwe nta soni agororerwa ibimukwiye n'uwatewe isoni no kumukorera akaronka icyicaro yiteguriye akiri ku isi.

5. KUDOHOKA MU GUKURIKIRA YEZU KRISTU

Uwabonye Mesiya wese yifuza kugumana na We, n'uwaganiye na We ni uko; yumva atamuva iruhande ngo ajye kwandavuza amatwi ye yumva ibitifitemo ubugingo. Intumwa zikimara kubona Yezu, zaramukurikiye ndetse n'abo Yezu yakijije uburwayi bunyuranye baramukurikiye tutibagiwe n'abo yahagije. Nyamara, twebwe icyo dukeneye si ugukurikira Yezu Kristu kubera ibyo ari budukorere cyangwa yadukoreye. Shaduraki na bagenzi be bati: "shobuja, niba Imana yacu dukorera ishobora kudukiza itanura rigurumana no mu nzara zawe, izaturokora; nitanabikora kandi, shobuja, umenye ko tutazakorera imana zawe cyangwa ngo turamye ishusho rya zahabu wimitse(Dan.3,17-18)" Ibi ni ibihamya bitwereka ko tugomba kwihatira gukurikira Imana n'uko tugomba kuyikurikira. Yezu ati “nkurikira(Yh.1,46)!” Bavandimwe nimwibuke ko muri Batisimu twasezeranye gukurukira Kristu- isezerano ni umuhigo kandi si byiza kudahigura umuhigo wahize.

Yezu ntakigenda nk'Umunyanazareti- ntabwo muzahura agenda, yigisha, yitwa Yezu, mwene Mariya na Yozefu. Ntihazagire ugushuka ngo yabonye Kristu nko mu bihe byo hambere cyangwa ngo ni we Kristu. Murabe maso, mutavaho mutakaza ubunazireya bwanyu mukagwirirwa n'amakuba! N'ubwo bimeze gutyo, uwemera, amurikiwe n'Inkuru Nziza, ntasiba guhura na Yezu agenda cyangwa ngo abure guhura na We yigisha! Uzahura n'umushonji, umurwayi, uwamugaye n'utagira aho yikinga n'abandi bakeneye ubufasha bunyuranye; jya uzirikana ko uwo ari Kristu muhuye umukurikire. Bavandimwe, byaba bibabaje kandi binasekeje kubona womye mu nyuma z'umuntu ngo ukurikiye Kristu wigaragariza mu banyantege nke no mu bo isi ikunda kwirengagiza no guha akato, ntibikabe! Gukurikira Kristu ni ugushakashaka Imana wakira muntu, ishusho y'Imana. Iyi ntego y'ababerenaride (charisme bernardin) natwe tuyigire iyacu, idushoboze kwakira abo bose baje batugana no kubabonamo Kristu Umukiza. Gukurikira Kristu muri ubu buryo ni ukwakira abakugana, mu bushobozi bwawe buke cyangwa bwinshi kandi ukabikorana urukundo ruzira uburyarya, rudahwema kwiyongera. Muvandimwe, rengera abatagira kivugira, usangire n'abashonji, usure imbohe, impfubyi n'abapfakazi kandi ubatoze kugarukira Imana no kubaho bashimira Imana mu mibereho yabo; bityo uzaba ubaye umunazireya mwiza ukereye, ubudasubira inyuma n'ubudakumirwa, gusingira igihagararo cya Kristu.

6. KWIRUKANA/KWANGA KWAKIRA IMANA MU BUZIMA BWAWE

Bavandimwe, nitutakira Imana mu buzima bwacu ngo duhinduke, nta mukiro duteze kuko tuzaba twayakiriye aka Yuda. Ibyo umuntu akora bishobora kugaragarira abantu ko ari byiza, nyamara ntibigire icyo bimumarira kuko yabikoze nta Mana iri mu buzima bwe. Nta munazireya ugomba gukora ibikorwa byiza, abitewe n'uko n'abandi babikoze, ibyo nabyo ni byiza kuko tugomba kwigira ku bavandimwe gukora neza. Tuzirikana ko “tubyarwa na shitani buri uko ducumuye, tukabyarwa n’Imana buri uko dukoze igikorwa cyiza (St. Jean Chrysostome).” Umunazireya mwiza ni urenga kubwirizwa n'abantu ndetse no kurebera ku bandi, agakora byose abwirijwe n'Imana imutuyemo, ikamubwiriza gukora iki kuko ari cyo kimuronkera umukiro n'umunezero bisendereye. Kwakira Imana mu buzima ni ikintu cy'ingenzi kigomba kubanziriza byose. Ibyo dukora byose bigomba kuba imbuto zo kwakira Imana mu buzima bwacu.

Bavandimwe, ntabwo kwakira Imana ari igikorwa cy'umunsi umwe: ikiranga umukristu ugenda yiyambura iyo sura, ni ugutekereza ko yarangije kwakira Imana mu buzima bwe, ko nta kindi asabwa kijyanye no kuyakira - mbega imyumvire mibi! Kuba warabatijwe, ugahabwa n'andi masakaramentu, ndetse ukagerekaho no gushingwa imirimo ifasha mu kwegera Imana, ntibisobonura ko utagikeneye kwakira Imana mu buzima bwawe. Imana ihora idusanga inyuze mu Ijambo ryayo, mu bavandimwe tubana ndetse no mu bindi biremwa yaduhaye! Umuntu utekereza ko yarangije kwakira Imana, nta kindi kindi aba asigaye akora kitari ukuyirukana no kuyihunga yibwira ko ayikorera! Nitwakire Imana, tuyituze mu buzima bwacu, tuyumvire, tuyigeze ku bandi, nuko twese hamwe dufatanye mu kuyikurikira kandi duhore tuyibereye, dusonzeye kuyakira no kubana na Yo, duharanira kutazigera twitandukanya na yo!

7. GUKINISHA IBYAHA

Umunazireya watangiye kugenda ahinduka imfura mu bo Sekibi abyaye, arangwa na none no guhindura imyumvire, imitekerereze n'uko abona ibintu. Bene uwo, hari ibyaha atangira kwaka agaciro, akibwira ko ntacyo bitwaye kugenza gutyo; ibyo akabikora abizi neza, abishaka kandi yanabishakiye impamvu ari bwifashishe yisobanura -circonstances attenuantes. Uko umuntu arushaho kugira ibyaha yita bito cyangwa byoroheje, niko arushaho kuryoherwa no gukora bene ibyo byaha no kwikururira mu bindi byose byambura ubikoze ubumuntu n'ishusho y'Imana yaremanwe. Bavandimwe, nta cyaha tugomba gukinisha ngo tugirane ubusabane na cyo kuko icyaha ukinisha kikugora cyane kugucikaho. Pawulo Mutagatifu ati "mureke kugira uruhare ku bikorwa by'umwijima bitagira icyo bibyara, ahubwo mubyamagane (Ef.5,11)! Bavandimwe nkunda, nimuze dufatanye, turwanye icyaha, dukurire Kristu kandi tumwamaze, duharanira kudashavuza Roho w'Imana twahawe, no kwigiramo amatwara ahuje n'aya Kristu ubwe (Fil.2,5). Bavandimwe, “nimukore umurimo mushinzwe hakiri kare, maze igihembo cyanyu azakibahe igihe nikigera.” Sir.51,30. Tuzirikane amagambo yo mu ndirimbo: “Mpa ubutwari wo kukwamamaza, mbibe ijamo ryawe hose, ubwami bwawe nibwamamare habwa icyubahiro cyinshi”


No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...