Friday, November 16, 2018

NYAGASANI, NI KI CYANTANYA N'URUKUNDO RWAWE? I


1.     NYAGASANI, NI KI CYANTANYA N'URUKUNDO RWAWE?

Imibereho ya muntu ntiyigeze iramba mu butungane nk'uko Imana yabishakaga mu gihe cy'iremwa. Imana yaremye Adamu na Eva ibagenera uburyo bwo kubaho n'amabwiriza yo gukurikiza ariko bo bikururiye urupfu igihe bateye umugongo Nyir'ubuzima, bagakora icyaha barenga ku itegeko bahawe na Rurema. Icyo gihe ni bwo muntu yavumwe, ubutaka buravumwa ku mpamvu ye, tutibagiwe na ya nzoka yemeye gucumbikira sekibi. Icyaha cyakomeje gukurikirana muntu, kimubuza gukurikira no kwiyegurira burundu Iyamuremye. Abeli yishwe n'umuvandimwe we, amahano aragwira mu bavandimwe b'i Gomora, Yeruzalemu irasenywa, imirimo y'uburetwa iriyongera ndetse no mu butayu umuryango w'Imana wakomeje gucumura wiremera izindi mana zo kuramya.

N'ubwo byari bimeze gutyo bwose, mu gisekuruza cya Adamu ntihavutsemo abagomeramana gusa ahubwo hanabonetsemo abatunganiye Imana; Abeli wazize ishyari, Nowa warokotse umwuzure, Abrahamu umubyeyi w'abemera bose, Roti waburiwe n'Abamalayika ngo ahunge umujinya w'Uwiteka n'abandi barimo na Mtg.Yohani Mariya Muzeyi, wanze guhakana Kristu, akemera gupfa ashishikariza abandi kudahisha Kristu bemeye, ababwira ati: «Hoshi! Ubukristu butagaragaye nabwo ntabwo. Tuzihisha na ryari? Ejo nzamwitaba [umwami] niba mwe mutabishaka. Nanyica ampoye Imana ntacyo bizaba bitwaye ». Ntitwakwibagirwa kandi Umuhire Mariya, wemeye ko ugushaka kw'Imana kuzurizwa muri we. Igitangaje kandi kibabaje ni ugusanga abihatira gukiranuka ari bake ugereranije n'abandagaye mu icuraburindi rya Shitani. Imana, mu rukundo rwayo, ntiyahwemye kuburira umuryango wayo ikoresheje Abahanuzi n'Intumwa, kandi mu mpuhwe zayo z'igisagirane, ntiyahwemye kubabarira abafite umugambi uhamye wo kwiyunga na Yo.

Mu gukiranuka kwayo, Imana ntiyahwemye kwerekana ko yanga urunuka Icyaha, ikanagaragaza ko kizatsembwa burundu. "Ntibazasonza ukundi, kandi ntibazagira inyota ukundi, ndetse n'izuba n'icyorezo cyaryo, ntibizabageraho ukundi, kuko Ntama uri rwagati y'ubwami, azababera umushumba, akazabashora ku mariba y'amazi y'ubugingo. Nuko Imana ikazahanagura icyitwa amarira cyose ku maso yabo (Hish.7,16-17)." Icyaha cyakwirakwiye mu isi kinyuze mu muntu umwe, Eva, wemeye kumvira inzoka mu ntumbero yo guharanira kuzamera nk'Imana. Ikuzo umuntu aharanira akenshi ni ryo Shitani imutegeramo kugira ngo imutandukanye n'Imana, imugire imbata ye n'imfura mu bana ibyaye. Icyaha kigera kuri bose, hakaba abacyakira n'abacyamagana hakiri kare, abo kinesha bakakibera imbata n'abakigwamo ntikibaherane, kuko bababazwa na cyo bakihana bagambiriye kugihurwa burundu!

2.1. ICYAHA NI IKI?
                          
Icyaha ni ukwica amategeko n'amabwirizwa dukesha Nyagasani, Umwami w'ibiremwa byose. Iyo umuntu atangiye kuryoherwa n'ibyo yihitiyemo, akirengagiza cyangwa agakora igihabanye n'ugushaka kw'Imana, aba ari mu cyaha rwose. Icyaha ni igikorwa kigutandukanya n'Imana, kikimura Imana mu buzima bwawe, kikimika ibihuje n'byifuzo bya muntu akenshi bimuroha mu bimwambura ubumuntu n'isura Imana yamuremanye, mu bishimisha mu nzira mbi umubiri wagenewe gushyanguka. Bavandimwe, iyo dukora icyaha tuba duhakana Imana, twitandukanya na Yo, twegukira Sekibi, twiyambura ubugingo. Gukora icyaha ni ugupfa uhagaze. Icyaha kandi ni ubusabane umuntu agirana na Shitani, bugatuma ahinduka inshuti ye y'akadasohoka hanyuma agasigara anezezwa n'igishavuza Imana, Nyir'ubutagatifu wa Isiraheli. Icyaha ni igiti gisoromwaho urupfu! Bavandimwe nkunda, gukora icyaha ni ukwica itegeko wahawe, ukihangira iryo ukurikiza rihuze n'ibyifuzo byawe bidaturutse ku Mana. Gukora icyaha ni ugusabana n'ikibi, ukagenda wanga urunuka icyiza, utasohoka muri iryo shyano inzira zikigendwa, ukazisanga waratandukanye n'igitunganye ubuziraherezo ari byo korama mu cyaha, kubatwa na cyo. Korama mu cyaha bijyana no kubihirwa n'Ijambo ry'Imana, kurihakana no kurihinyura ndetse no kurikoresha mu nyungu zawe bwite, zimwe zitakugeza, wowe na bagenzi bawe, mu ihirwe ry'ijuru. Ibi ntibitana no kwarikira Sekibi, gukunda no guharanira ibyakugeza ku rupfu mu gihe ureba, utekereza, uvuga, ukora cyangwa wirengagiza gukora ibyo ushinzwe. Uko umuntu agenda arushaho kwimenyereza icyaha ni ko agenda arushaho kuryoherwa na cyo, ibyo bigasobanura ko bizamugora kugisohokamo.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...