Friday, November 16, 2018

RERE NA RAMBA part 3


Igihembwe cya gatatu kigezemo hagati, nibwo Ramba yafashe agapapuro yandikaho utugambo tw'urukundo, maze acunga Rere asohotse nuko agashira mu ikayi. Akarambura neza kuburyo utapfa kumenya ko hari ikirimo hanyuma iyo kayi ayisubiza mu yandi yari mu mvumba. Mu nzira bataha, Ramba yarushije amaguru abandi nuko ahagarara mu kayira yanyuragamo gatambika munsi y'iwabo wa Rere kugira ngo amutegereze. Rere agihinguka, Ramba yaramuhamagaye aramubwira ati “uyu munsi ntabwo turibwigane, ni aho kuwa mbere kuko iyi wikendi ndayimara kwa Nyogokuru. Nujya kwiga uze kureba mu gifuniko cy'ikayi twigiramo." arongera ati "ariko ubikore nta muntu ukureba." Akimara kuvuga ibyo, Ramba yamanukanye akoba gake mu mutima nuko bucya yigira kwa Nyirakuru. Rere na we yari yaratangiye kwiyumvamo Ramba, mbese ni uko umuco utemerera abakobwa gufata iya mbere mu kubwira abahungu ko babakunda, iyo Rere aba ari we Ramba aba yarabivuze kare bitaragera igihe yandikiwe. Rere akimara kumva ayo magambo Ramba amubwiye, yagize amatsiko menshi kuburyo akigera iwabo yinjiye adasuhuje, kandi ibyo Ramba yari yarabimuciyeho, arombereza iyo arara, ahita akuramo ya baruwa, arayifungura, atangira kuyisoma ataranakuramo imyenda y'ishuri yemwe atibutse n'uko Ramba yamusabye kuyisoma nta muntu uhari.

Ramba yari yafashe urupapuro aruzengutsaho imitima nuko hagati mu rupapuro ashushanyamo umuhungu uhoberanye n'umukobwa; byari byiza, binogeye amaso dore ko mu kigo nta munyeshuri wamurushaga gushushanya. Rere yarishimye cyane maze araturika araseka aho yari wenyine mu cyumba araramo, bituma nyina yikanga kuko atari azi ko yatashye. Mama we yahise yinjira mu cyumba, asanga rere yicaye afashe urupapuro mu ntoki arwitegereza kandi aseka. Rere akibona Mama we amusanze mu cyumba yahise yikanga kandi anagira n'ubwoba, ashakisha uko yahisha rwa rupapuro ariko biba iby'ubusa kuko nyina yari yamubonye kare. Mama we yahise arumwaka nta jambo bavuganye ubwo aba amutanze kurusoma, amenyeraho amagambo y'urukundo Ramba yari yandikiye mukobwa we. Ramba yari yanditse amagambo make agira ati "Uraho mukobwa twigana! Kuva tugitangira kwigana, narakubonaga nkumva sinzi uko mbaye ariko nkabura uko nabikubwira kuko numvaga ntashaka kukwegera. Nyuma y'aho dukinanye inkinamico numvise ndushijeho kukwifuza iruhande rwanjye. None ikinteye kukwandikira ni ukugira ngo nkusabe urukundo; emera umbere umusheri maze twikundanire, nibashaka bose babimenye. Ugukunda Ramba"

Mama wa Rere akimara gusoma iyi baruwa, yahise atekereza ko hari undi muntu mukuru ushaka kwangiza abana babo, kuko yibwiraga ko nta mwana wiga mu mashuri abanza wakandika nk’ibi. Mama Rere yararakaye cyane ahita ashwanyaguza ka kabaruwa, ashaka umunyafu, atangira gukubita mukobwa we, amubaza utangiye kumushuka we na Ramba. Rere akabura icyo asubiza kuko nta na kimwe yari yasomye, usibye gutangarira imitima n'abantu byari bishushanije ku rupapuro. Kubura igisubizo kwa Rere kwatumye Nyina arushaho kumurakarira kuko yibwiraga ko abimuhisha ku bushake. Amukubita inkoni nyinshi kandi anamubuza kuzongera kwigana na Ramba, kugendana na we no kugira icyo bongera gukorana ataramubwira ubashuka. Mama Rere yahise amanuka iwabo wa Ramba, ntiyamusangayo kuko yari yasuye Nyirakuru, asiga abwiye ababyeyi be ibyo yasomye mu ibaruwa yasanganye Rere we kandi abasaba gukurikirana umuhungu wabo no kumenya ababyihishe inyuma. Mama Rere yari agitsimbaraye ku myumvire y'uko nta mwana wakwandika nk'ibyo yisomeye atabifashijwemo n'umuntu mukuru.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...