Friday, November 16, 2018

INKURU Y'URUKUNDO: RERE NA RAMBA part 1

Muraho bakunzi ba  umukironews.blogspt.com.! Nejejwe no kubagezaho inkuru y’urukundo yitwa “RERE NA RAMBA”; Uzabona akanya ko kuyisoma izamuryohera kandi nta shiti izamwungura byinshi mu rukundo. Nkurarikiye kuyisoma nta gace na kamwe usimbutse kuko uzarushaho kuryoherwa n’amabanga ikungaye, twizeyeko uzaryoherwa, ugafashwa na yo, nukomeza gusoma ibice byose, ukabisanisha n’imibereho ya Muntu. Imana iturinde kandi idukomezomo urukundo rutunganye, ruzatugeza ku gushyingirwa kwa Gikristu kandi niturubamo intaganzwa ruzatugeze no mu ihirwe ry’ijuru! iyi nkuru, kimwe n’izindi nyinshi, yisome kuri umukironews.blogspt.com.

 RERE NA RAMBA part 1

Mu bana batanu ababyeyi be bibarutse, Ramba ni imfura, abana n'ababyeyi be batuye ku gasozi ka Tarama, munsi y'akanunga ka Rinda Ramba yakundaga kunyuraho agiye ku ishuri. Kuva yavuka, Ramba ni umwana wubaha bose, agakunda gusenga no kuganira n'abamuruta kuko yazirikanaga ijambo sekuru yakundaga kumubwira atarapfa, ati"umwana ushaka gukurana ubwenge no gasobanukirwa byinshi bizamufasha mu mibereho ye, akunda kuganiriza abakuru kandi akimika isengesho mu mutima we!" Ngaho aho Ramba akomora imico ye myiza kuko aho kohoka mu gakungu n'urungano, akenshi umusanga mu bakuru, abateze amatwi kandi abasiganuza ibyo adafutukiwe[1] n'ibyo atazi. Nk'abandi bana, Ramba akimara kuzuza imyaka yo gutangira ishuri, ababyeyi bamutangije ku kigo cy'amashuri abanza cya RERA giherereye mu kanunga ka Rinda gaheruka agasozi bari batuyeho. Agitangira umwaka wa mbere, mwarimu we yamugize shefu ngo ajye yandika abasakuje kuko we yitondaga cyane kugeza ubwo bagenzi be bamwita ikiragi. Mu buzima bwe bw'ishuri, Ramba ntiyigeze arenga mu ba gatanu kuko yakurikiraga neza mwarimu, akirinda gukererwa no gusiba kandi akanakunda gusobanuza abamuruta mu myaka y'ishuri.

Ramba ageze mu mwaka wa kane w'amashuri abanza, nabwo yatorewe kuba shefu mu ishuri ryarimo umukobwa witwa Rere wakundaga gusakuza kuburyo buri gihe handitswe abasakuje ataburaga kubabanziriza ku rutonde. Uwo mwana w'umukobwa yaratuye hafi y'ikigo mu kanunga ka Rinda ariko ibyo ntibimubuze guhora akererwa. Kuva mu wa mbere kugeza ubwo, Rere yimukiraga ku cya kabiri gusa, ni nk'amahirwe kuko atigeze arenza mirongo itanu na rimwe ku ijana bitewe no kurangara, gusakuza, gukererwa no gusiba byari byarabaye umuco we. Rere yari afite ababyeyi beza kandi bashira mu gaciro, bagahora bamuhana ariko ntibigire icyo bitanga kuko hari abandi bakobwa batatu baturanye na we bakundaga gukorana agakungu; ibyo bigatuma inama bamugiriye zipfa ubusa. Umunsi umwe mu kigo haje kuba amarushanwa yo guhimba indirimbo, imivugo n'amakinamico bivuga ku burere bw'umwana w'umukobwa, nuko Ramba na Rere bakina mu inkinamico imwe, umwe ari umugabo naho undi ari umugore mu rugo rumwe: ni ukuvuga ko Ramba yakinaga ari umugabo wa Rere. Nyuma yo gukosora ibihangano byose, inkinamico yabo yabaye iya mbere bityo bahembwa, buri mukinnyi, umupira wanditseho mu mugongo, amakayi atanu n'amakaramu atatu.


Ibice byose bigize iyi nkuru:

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...