Tuesday, September 17, 2019

RERE NA RAMBA PART 18


Hagati aho, Rere ageze ku ishuli, yahahuriye n’umuhungu witwa Mpano. Uyu musore nawe yari mwiza, ntabe agacagatanzira[1] ndetse ntanatangwe mu bikorwa binyuranye bya Kiliziya. Yaje rero kwishimira imico y’umwali Rere, niko kwiyemeza kujya amuhamagara kenshi, amubaza uko yaramutse, uko yiriwe, uko amasomo yagenze n’ibindi byinshi anyuza mu guhamagara no mu kohereza ubutumwa bugufi. Umunsi umwe bavuye mu gitaramo cyabaga buri wa gatanu w’icyumweru, Mpano yasabye Rere kumurindira bagatahana doreko bari banacumbitse mu gace kamwe. Mu nzira bataha, Mpano yateruye agira ati “Rere, urabiziko tumaranye igihe kirekire tuvugana kenshi- nagize umwanya uhagije wo kukwitegereza nsanga ntawundi muhwanije uburanga n’uburere. Muri bose uri indatwa! Ndifuzako twatangirana urugendo rwo gukunda, tugakundana rwa rukundo ruhindura abo rwahuje umugabo n’umugore bizihiye Nyagasani.” Rere ataragira icyo avuga uwo musore yungamo ati “nk’uko nafashe igihe cyo kukwitegereza, nawe singusabye igisubizo aka kanya; genda ubitekerezeho neza kugira ngo uzafate icyemezo udahubutse.”
Mpano ahita amusezeraho ntiyatuma Rere agira ijmbo na rimwe yongera ku byo abwiwe. Mpano ageze mu rugo yoherereje Rere kuri watsapu agasigo gato. Agatangira avuga ati
“Rere mwiza narakubonye
Narakwize hashira iminsi
Nsanga ukwiriye kumbera
Ukankundira tukabana

Ndagukunda warabibonye
Ikindi kandi narabikubwiye
Ndagusaba ko waba uwanjye
Tugahuza ukazaba iwanjye

Nkundira nkuhire urukundo
Twembi iwacu duhamye Imana
Erega n’ubundi ni yo Rukundo
Turi mu byayo izatwumva

Emera ukunde njye Mpano
Emera ukundwe na Mpano
Ngwino uhundwe umunezero
Ibyiza iwacu tubigire intego

Mwali nkunda ni wowe mbwira
Ni wowe nabonye ngira urukundo
Ndagushaka ngo nduguhunde
Ibibi mu byacu bice iruhande

Mwali mwiza gana ugukunda
Subiza neza ubone urukundo
Ibyishimo bihore iwawe
Kuko wemeye njyewe Mpano.”

Rere akimara gusoma uyu muvugo yahise awusiba ati “ntazatakaza umwanya wanjye ngo ndi kongera kuwusoma.” Niko kwandikira Mpano ati “nabonye bitari ngombwa kumara igihe ntekereza ku byo mfitiye igisubizo kandi cyiza; rwose muvandimwe, ntukomeze kuvunwa n’ibidashoboka: mfite umukunzi wanyuze umutima, tumaranye imyaka irenga icyenda dukundana ndetse ibyo mukesha ni agahishyi[2]. Ntacyamukura mu mutima wanjye. Wakoze kubw’uyu muvugo mwiza, kandi uzishima kurushaho nuwutura uwukwiriye kuko njye narangije guhitamo. Imana igufashe kubona undi mukobwa ukunyura umutima!” kubera ibibazo bya rezo ubu butumwa Mpano yabubonye nyuma yo kohereza ubundi buvuga buti

“Ndaje bwiza, nje ngo nkurate
Nkusingize bwiza kuko ubikwiye
Nkuture ibihozo bikuruhure
Maze wizihirwe n’ibisigo utuwe

Uhorana ituze nta kavuyo
Ibyawe byose ni agahebuzo
Ganza wamamarane isheja
Nyaguhirwa uri Rusamaza

Iyizire shenge mugabatuze
Ni wowe nshaka ngo mbone ituze
Iyizire mwali ubaruta bose
Uhundwe ibyiza kuko ubikwiye

Emera ntahe umutima wawe
Unkunde nanjye mberwe nawe
Nduguhunde Nyir’uburanga
Nyir’ubuhanga tubane iteka

Ntawundi mbona nkureba
Iyo uri mu bandi urabaganza
Uhorana ibanze mu gihe cyose
Nkundira Rere nkukunde wese

Nkundira Rere nkwiharire
Nkwegukane ubone urukundo
Turuhuze turuhe umurongo
Twizerane twibanire

Ngaho mbwira iry’urukundo
Umutima wanjye ubone umutuzo
Urabyemeye se kunkunda
Cyangwa urashaka ko nkukunda?

Mbwira shenge ni byo nshaka
Nyemerera disi muhundwaneza
Mwali ukereye umutima ushima
Umutima mwiza niwo ugushaka!”




[1] Nyangufi, umuntu mugufi
[2] Ibintu byinshi cyane

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...