Tuesday, September 17, 2019

Nugenza neza ntuzubura umutwe se ?


Nugenza neza ntuzubura umutwe se ?


Myr Visenti HAROLIo, photo, internet                                               
Imana ni nziza kandi n’ibyo yaremye byose yabihaye kugira uruhare kuri ubwo bwiza bwayo bw’ikirenga. Koko Dawe, ntawe muhwanije ubwiza! Imana yaremye byose kandi ibirema ari byiza: Imana ireba ibyo yari imaze gukora byose isanga ari byiza rwose (Intg.1,31) nuko ituza Adamu muri Edeni; ahari ibiti binogeye amaso, by’amoko yose kandi biryoshye (soma Intg.2,9). Ese ubwiza bwa Muntu bwononwe n’iki? Iyo Edeni, Muntu yatujwemo, yarimo igiti gitanga ubugingo n’igitanga ubumenyi bw’ikiza n’ikibi. Kugira icyifuzo cyo kwica itegeko yahawe n’Umuremyi byabaye intangiriro yo kwiyambura ubwiza karemano. Muntu yagombaga kubaho atunzwe na cya giti cy’ubugingo; ibyo byari bimuhagije, ntiyari akwiye kumenya icyiza n’ikibi kugira ngo ashimishe Imana ahubwo kuyumvira ni byo yasabwaga kugira ngo atazahura n’urupfu akururiwe no kwica itegeko; kurya ku giti yabujijwe (Intg.2,17), Icyaha cya Adamu na Eva. Nka’Adamu wo mu bihe bya kera, na n’ubu itegeko ry’Imana ntiryubahirizwa na bose. Ihumure dufite ni ukubabarirwa; koko rero n’ibyaha byawe bizahanagurwa kandi nugenza neza uzubura umutwe, wongere usenderezwe imigisha y’Imana!

1.     Wishinje nta buryarya icyaha wakoze

Ni kenshi abantu bacumura nyamara ntibemereko bacumuye ahubwo bakihunza uruhare rwabo mu gukora icyaha, bakitana bamwana batanga impamvu zidashinga mu kwisobanura neza kugeza n’ubwo bashobora kwibwirako Imana ibifitemo uruhare (Soma Intg.3,8-13). Kutemera uruhare wagize mu gukora nabi bijyana no gufata icyaha mu buryo bworoheje. Ubikora atyo aba ari kure yo kwiyunga n’Imana binyuze mu kwemera icyaha no kugisabira imbabazi. Muvandimwe, icyaha cyose kirakomeye kuko n’icyo ubwenge bw’abantu bufata nk’icyoroheje utakitondeye cyakugeza ku bucibwe bw’iteka. Kwishinjanya uburyarya bijyana no kubeshya kandi bikadukururira umuvumo kuko kubeshya ubwabyo bituruka kuri Satani we ibyanditswe byita “umubyeyi w’ikinyoma (Yh. 8: 44)”. Bana b’Imana, “Twirinde ikinyoma kugira ngo twitandukanye n’iherezo rya Shitani, tugerageze kwiyimikamo ukuri kugira ngo dusabane n’Imana.” (S. Dorothée de Gaza. Œuvres spirituelles, 9).

2.     Ubabarire abagucumuyeho

Isengesho rya “Dwe uri mu ijuru” rigaragazako twifuza kubabarirwa ibyaha byacu, turi mu murongo wo kubabarira abaducumuyeho. Ese koko Imana ikurikije iri sengesho tuyitura yatubabarira? Nyagasani ‘utubabarire ibicumuro byacu nk’uko natwe tubabarira abaducumuyeho (Mt.6,12). Yezu abyemezako tuzababarirwa n’Imana Data, igihe cyose tuzaba twahaye abandi imbabazi; ‘koko, nimubabarira abantu amakosa yabo, So wo mu ijuru na We azabababarira ayanyu (Mt.6,14)’. Muntu w’umunyabyaha azasubizwa ubwiza bwe natana n’icyaha abikesheje kubabarirwa. Bantu mwese muritoze kuba abanyambabazi kuko ‘nimutababarira abantu na So ntazabababarira amakosa yanyu (Mt.6,15)’! Jya ubabarira mugenzi wawe ibicumuro bye, bityo nusenga, n’ibyaha byawe bizahanagurwa (Sir.28,2). Tubimenye neza; ‘Kubabarira abagucumuyeho ni ikimenyetso cy’urukundo rw’ukuri ruciye ukubiri n’uburyarya bwose. Kuko ari uko Nyagasani yakunze isi (S. Marc l'Ascète. Discours, 2.48).’ Ntagisibya; niyo bagusebya, wowe iturize ahubwo urusheho kubasabira. “Uko urushaho gusengera uwagusebeje, niko Imana irushaho guhishurira ukuri abemeye ibyo baguharabitse” (S. Maxime le Confesseur. Centuries sur l'amour, 4.89).

3.     Ukunde kandi usabire abanzi

Umuntu kubwo gukunda abeza n’ababi, akabakunda urukundonyampuhwe, aba agaragajeko az’Imana kuko abatayizi bo bibanda kuri benewabo gusa cyangwa n’abo basangiye inyungu cyangwa isano (soma Mt.5,46-47). Kugira ngo twiyeze imitima, duhinduke abana b’Imana nyabyo; ni ngombwa gukunda abatwanga no gusabira abadutoteza, twibukako urukundo ruhanagura ibyaha. Nibyo Yezu yahishuriye umubikira Mariya Marita Chambon wamusabaga ubudahuga ingabire yo kutongera kumucumuraho. Yezu yaramubwiye ati ‘iyo munsanze mufite urukundo ntabwo ndeba amakosa yanyu, ndeba gusa urukundo rwanyu… urukundo ruhanagura byose.’ Ati ‘roho isukurwa igihe cyose ikunze urukundo ruhamye. Ariko hagomba urukundo rw’ukuri, rusukuye kandi rutandukanye na byose ‘(Vie, p. 232.).’ Ukunda abanzi be ntagengwa n’inzika ahubwo aba aharanira gutuza Kristu mu mutima we. Muvandimwe, ‘vana umujinya, inzika n’amahomvumu mutima wawe nibwo Kristu azatura muri wowe (S. Maxime le Confesseur. Centuries sur l'amour, 4.76)’ bityo ugaca ukubiri n’icyaha!

4.     Nugenza neza

“Myr Visenti HAROLIMANA , ku umunsi w’abakene 2011 / photo, internet

Muvandimwe kugira neza bituronkera gusukurwa umutima. Bikubiyemo bimwe twabonye kandi n’ibi ni ingenzi: Kwicisha bugufi; Mutagatifu Mariko ati “ushaka kubabarirwa ibicumuro bye agomba gukunda ukwicisha bugufi naho ubihora mugenzi we aba yishinza amafuti ye bwite” (S. Marc l'Ascète. Discours, 1.127). Gufasha abakene (kubambika, kubagaburira, kubacumbikira no kubarengera); Yezu yabonekeye benshi afite ibyo bari batanze nk’ikimenyetso cy’uko ariwe babihaye; rimwe akababaza niba babyibuka. Twavuga nka Mutagatifu Gatarina w’i Siyeni wibukijwe umwenda yari yatanze nk’imfashanyo (Vie, par le bienheureux Raymond, 2° part., ch 3.), Mutagatifu Maritini, umwepiskopi wa turuse- Tours - wabwiwe, nyuma yo kwambika umukene ngo ‘Maritini…yanyambitse uyu mwambaro’, n’umuhire Gatarina wa Racconigi, ku myake ye 13, nyuma yo kwambikwa umuhungu wasabirizaga, yahishuriwe ko azakorera Imana atabitewe no gutinya ubucakara ahubwo abitewe n’urukundo rusukuye, nta kimuhangayikishije kitari Imana yonyine n’ibiremwa byayo.

“Myr Visenti HAROLIMANA , ku umunsi w’abakene 2011 / photo, internet 
Guhumuriza abashavuye, guharanira ukuri, amahoro n’ubutabera, kuba ikimenyetso cy’urukundo rw’Imana rwagati mu bantu,
byose bigakoranwa igitinyiro cya Nyagasani kuko “gutinya Imana bimurikira roho... bikirukana ikibi... bishegesha imibabaro, bikirukana umwijima wa roho kandi bikanayisukura... Gutinya Imana ni agasongero k’ubumenyi, aho bitari, nta cyiza wahabona... udatinya Imana aba yitegeye imitego ya shitani (S.Ephrem le Syrien).” Ni ukuri icyaha duhamagarirwa kurusha amaboko kibunze ku irebe ry’umuryango wa buri muntu; nimucyo twitonde hato kitaturusha amaboko, tugafatwa n’uburakari buturoha mu bindi bibi nk’uko byagendekeye Kayini (soma Intg.4,1-16). Bavandimwe, nta kindi icyaha kidukururira kitari uguhunga Imana. None se muvandimwe, ‘urakajwe n’iki? ...Nugenza neza ntuzubura umutwe se? (Intg.4,6-7). Kugenza neza byongera kudusubiza ubwiza Imana itwifuzaho kuko bitubyarira kubabarirwa ibyaha.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...