Friday, November 16, 2018

Iyo papa asaba urubyiruko


uruzinduko rwa groupe vocationnel-intumwa za komite ya paruwasi- muri succursal bugerera,

Nyirubutungane Papa Fransisko ati: “Ndagira ngo mbibwire by’umwihariko urubyiruko, bo bagira ubwitange n’ubuntu kubera ikigero cy’imyaka bagezemo n’icyerekezo cyiza cyabo cy’ejo hazaza. Rimwe na rimwe kutamenya neza iby’ejo hazaza n’imihangayiko y’ubuzima bishobora kubabera imbogamizi bikazitira ibyifuzo byabo ku buryo batekereza ko atari ngombwa gukurikira Imana kandi ko imyemerere ya gikristu ibangamira ubwigenge bwabo. Nyamara ahubwo rubyiruko nkunda, mwitinya guhaguruka ngo mutangire urugendo! Ivanjili ni ryo Jambo ribohora, rigahindura ubuzima kandi rigatuma buba bwiza kurushaho. Ubwo muzi ukuntu ari byiza kwemera gutungurwa n’umuhamagaro w’Imana, kwakira Ijambo ryayo, kugera ikirenge cyanyu mu cya Yezu Kristu, musenga Imana kandi mwitangira abandi mwishimye! Ubuzima bwanyu buzagenda burushaho gukungahara no kuzura ibyishimo!”
(Ubutumwa Nyirubutungane Papa Fransisko yageneye umunsi mpuzamahanga wa 52 wo gusabira ihamagarwa ry’abiyeguririmana, Vatikani, ku wa 29 Werurwe 2015)
Urubyiruko ni amizero y’iyogezabutumwa

Twaje gukangura urubyiruko turwibutsa ko ari rwo mizero y’iyogezabutumwa. Turarushishikariza gukomeza kwishimira kwakira yezu kristu n’inkuru nziza yamamaza. Rushaka inzira rwanyuramo kugira ngo rwinjire mu murimo wo gukorera abantu rubigiranye umurava n’ukwihangana. Papa, mu ibaruwa ya gishumba Evangelii Gaudium, n.106 ati ‘mbega ukuntu ari byiza kubona urubyiruko ruhagurukijwe n’ukwemera, rugenda rwigisha ivanjili mu duhanda two mu mijyi, rugeza yezu muri buri gace, buri mujyi no mu mpande zose z’isi, kandi rubyishimiye!’ nimureke twese; ababyeyi, abayobozi bacu, urubyiruko n’abana, hamwe na bikira mariya, umubyeyi w’abamamaza ivanjili, tube abogezabutumwa.
(Ubutumwa Nyirubutungane Papa Fransisko yageneye umunsi mpuzamahanga w'iyogezabutumwa mu mwaka wa 2017 ku wa 22 Ukwakira 2017)
cyo nimwibuke kandi muhoze ku mutima amagambo ya Yezu Kristu: “Nuko rero, nimugende mwigishe amahanga yose, mubabatize ku izina ry’Imana, Data na Mwana na Roho Mutagatifu, mubatoze gukurikiza ibyo nabategetse byose. Dore kandi ndi kumwe namwe iminsi yose, kugeza igihe isi izashirira (Mt.28,19-20).”

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...