Friday, November 16, 2018

IMITEKEREREZE N'IMIVUGIRE BYACU NIBINOGERE UHORAHO


IMITEKEREREZE N'IMIVUGIRE BYACU NIBINOGERE UHORAHO

Imana irema muntu, yamugeneye uburyo bwo gusabana n'ibindi biremwa; nko gukoresha amaboko mu buryo bw'amarenga n'ibimenyetso, ndetse n'ururimi rumufasha kuvuga n'amatwi yumvisha. Si ibyo gusa kandi kuko muntu anashobora gukoresha bimwe mu bice by'umubiri we akumvikana n'ibimukikije. Muri aka kanya, tugiye kuzirikana ku kamaro k'ururimi twahawe. Ese uyu munwa twahawe na Rurema, usabwa iki kugira ngo usingize Imana? Amagambo awusohokamo aduhuza n'Imana n'abavandimwe bacu, cyangwa atuma abo bavandimwe batatubonamo Imana? Bavandimwe, twibukiranye yuko amaherezo ya muntu ari ukubana n'Imana, mu gihe imibereho ye yose yaranzwe no guharanira igishimisha Uwamuremye. Ingingo z'umubiri w'umuntu zigomba gukorera hamwe kugira ngo muntu wuzuye azaronke ibyishimo byo mu ijuru. Umuririmbyi wa Zaburi ati: "Amagambo mvuga n'ibyo umutima wanjye uzirikana, nibijye bikunogera, wowe Uhoraho, Rutare nisunga n'umurengezi wanjye, Zab.19,15." Nibyo koko, amagambo tuvuga n'ibyo twumva ni byo umutima wacu ugumya kuzirikanaho - byumvikaneko iyo amagambo cyangwa ibyo wabonye ari bibi, umutima ukomeza kuzirikana kuri ibyo nyine bishobora kuwukururira ubucibwe ku Mana, aho kuzirikana ku byiza biwegereza umukiro cyangwa kubyaza ibyo bibi amizero ntayegayezwa y'ugucungurwa kwawe.

Ibyanditswe bitagatifu bitubwira ko Yezu Kristu ari Jambo, akaba ishusho rizima ry'Imana Data (Yh.1,1; Fil.2,6; Kol.1,15). Yezu Kristu ni Jambo utanga urumuri n'ubuzima, bishatse kuvuga ko ijambo rye ritumurikira kandi rikaturonkera ubuzima buzira gushyanguka: Ese twe, ijambo ryacu rigera ku bavandimwe ari iki; umwijima... cyangwa urupfu? Amagambo adusohoka mu kanwa yakagombye kuba nk'ay’Abahanuzi n'Intumwa, bo bavuze amagambo nyabuzima bakesha Data na Mwana, bakayavuga babwirijwe na Roho Mutagatifu kuko aricyo bahamagariwe (Iz.52,7;42,1-7; 61,1-3). Rimwe mu mabango agize amasezerano ya Batisimu ni ukwamamaza Kristu: Amagambo atuvamo yamamaza Kristu watsinze urupfu? Niba atari uko bimeze, isengesho ryacu ryakagombye gushingira ku magambo y'umubwiriza agira ati: "Icyampa ngo Imana impe kuvugana ubwenge no kwigiramo ibitekerezo bikwiranye n'ingabire nahawe kuko ari yo iyobora Ubuhanga, ikanabwiriza ababukurikirana (Buh.7,15)" kandi tugaharanira kumenyesha abandi icyo twamenye cyose kitarangwaho ikosa, tukabikora ntacyo tugabanije ku bukungu bwacyo (Buh.7,13). Aha ni aho kwitonderwa kuko dushobora kwisanga twabaye nka babandi bubahirisha Uhoraho akarimi gusa, Imana yamenyesheje ko batazigera bayimenya kandi ko n'ubuhanga bwabo buzazima (Iz.29,13)! Amagambo yacu nahure n'ibyo dutekora bityo mu mitima yacu hazahore hashibukamo icyiza gitanga ubuzima, byo bitegekwa n'ururimi twaherewe gukoresha dusingiza Imana (Sir.37,17-20), Ururimi rugomba kuvuga ibyo amaboko akora!

1. URURIMI NI INGENZI MU BUZIMA BWA MUNTU.

N'ubwo umuntu ashobora gukoresha uburyo bunyuranye mu gusabana n'abandi, ururimi nirwo ruza ku isonga mu kumuhuza n'abavandimwe be tutibagiwe n'inyamaswa. Abadashobora kuvuga usanga bibagora kwisanga mu bandi, bityo hakaba ubwo ipfunwe ryo kuba bafite ubwo bumuga rituma biheza. N'ubwo bishoboka, biragora kumenya icyo umuntu akeneye ubundi ntibinashoboke kubera ko mudahuje ururimi, ibyo bigatuma nta bufasha muhana kandi byari bikenewe. Ururimi ruba ingenzi iyo rwakoreshejwe neza, rugatanga ubuzima; icyo gihe ibyanditswe bitagatifu burunganisha na feza iyunguruye. Urutanga ubuzima ni uruvuga ukuri, rukirinda kubeshya no kuzimura, ni urushingiye ku bitekerezo by'ubutungane, rukazirana n'ibinyoma kandi rukagendera kure amahomvu y'ubupfayongo[1]. Buri muntu namenye kandi ahoze ku mutima, nk’uko Mtg. Agusitini abivuga, ko ukuri ari ubumanzi bw’umutima. Ururimi rwacu rwakagombye gushingira ku buhanga, bityo rukagusha abavandimwe bacu neza kandi rugakwirakwiza ubumenyi buturuka ku Musumbabyose. Bavandimwe, nimucyo twikonozemo ubucucu dukomora kuri iyi si kuko aribwo tuzagira imvugo inoze, imwe isohora ijambo rigirira akamaro abatari abapfayongo (Imig.17,7.10). Ntibikwiriye ko dukoresha ingingo z'umubiri wacu twambura abandi ubugingo natwe tutiretse: Ntibikwiye gusebanya, twirirwa tuvugavuga nkaho duhwanije n'inyombya cyangwa samusure, si byiza kwandagaza umuvandimwe ahubwo icyiza ni ukumwegera ukamuhana mwiherereye kuko kuvuga ibyo uzi byose cyangwa ibyo wabonye bitagaragaza ubuhanga, ubushishozi, kandi si imyifatire y'uwakiriye Kristu nk'Umukiza we.

2. DUSABWA IKI?

Icyo dusabwa ni ukwiyambura imigenzereze ya kera yo gukoresha ururimi dutuka Imana, ahubwo tugaharanira kurukoresha twamamaza Ijambo ry'Imana, dusobanurira abandi iby'amizero yacu (1Pet.3,13-16) maze imivugire iherekejwe n'imigenzereze yacu ikagaragaza ko duhamije ibirindiro mu kugabura Ingabire z'Imana dufashanya buri wese akurikije ingabire yahawe (1Pet.4,10). Turasabwa kandi gutegeka ururimu rwacu kugira ngo tutavaho duteshuka mu magambo, ntitube tukibaye abantu nyabo bashoboye kugenga umubiri (Yak.2,3). Turasabwa kubera abandi urugero rwiza (1Tim.4,12). Kubera ko umuntu avuga ibiri ku mutima we, turasabwa gutuza Kristu mu mitima yacu, bityo Nyir'ububasha bwose, ugirira muri twe ibyiza bisumba kure cyane ibyo twasaba, ndetse n'ibyo twakwibwira azadusenderezemo ubukunguhare bw'Imana izirana n'ikibi!

3. URURIMI RUTERA UBWIVANGURE N'UBWIGUNGE

Kubana n'abantu neza bisaba kuba wumvikana na bo mu buryo bw'imivugire, no guhurira ku ngingo zimwe na zimwe z'ibitekerezo. Iyo umuntu ahorana amagambo mabi mu kanwa ke, biragoye ko yabana n'imfura kuko nta narimwe bahuza.  Uwiriza amagambo aganisha ku irari mu kanwa ke ntashobora kubana cyangwa gukundana n'uwamaramaje mu guhihibikanira icyamukomereza ubusugi cyangwa ubumanzi. Mu bitandukanya abantu bakundanaga, harimo no kutabika ibanga no kutagira ubwo usangiza abandi igitekerezo cyubaka. Ijambo ry'Imana ritubwira ko mu gihugu cya Mezopotamiya ariho indimi zasobaniye biturutse ku bwirasi bw'abantu bubakaga umunara w'i babeli kugira ngo babe ibirangirire kandi boye gutana (Intg. 11,1-9); ibyo bitera imbogamizi mu kumvikana no gushyira hamwe. Ni byo koko umwirasi ntabana n'umunyamutima! Imvugo y'umuntu iramugaragaza, ikerekana icyiciro agomba kubarizwamo, ikamwirukana mu bo badahuje, akagenda yangara kugeza abonye abo bahuje! Salomo ati: "Umunwa w'umupfayongo umukururira intonganya, naho ururimi rwe rumutegeza inkoni. Amagambo y'umupfayongo niyo amworeka, kandi umunwa we ni wo mutego w'ubuzima bwe (Imig.18,6-7)." Ibi biratwereka ko ufite akarimi kabi ari we wivangura mu bandi, akabibonera impamvu kuko aba adashaka kwakira inama zimuhana (Imig.18,1). Nimucyo twirinde ubwirasi, tuzirikana ko umutima ugomba kutubera itara twahawe na Rurema ngo umurike ibitwihishemo byose; bityo dushobore kumenya no guhitamo igikwiye hanyuma igikwiye kujugunywa tucyime icyicaro muri twe (Imig.20,27)! Nitumenye ko “igihano cy’umubeshyi ari ukutizerwa n’igihe avuze ukuri[2]

4. KUKI?

Kuki umuntu ashimishwa no kuvuga ibibi kururusha uko ashimishwa no kuvuga ibyiza? Kuki umuntu abangukirwa no gutekereza nabi aho kubangukirwa no gutekereza neza? Kuki umuntu ashimishwa no kuvuga abandi kandi na we azi ko ari nyir'amakosa? Kuki umuntu ahihibikanira kurondora ubupfu bw'abandi kandi umutima we wuzuye ubupfayongo? Kuki ikibi kibanziriza icyiza? Kuki tworoherwa no gufata icyemezo kibi, nyamara gufata icyemezo cyiza bikatunanira, kandi dufite ababitugiramo inama ndetse n'abo twafatiraho urugero? Kuki umuntu ushaka umukiro ananirwa guhangayikishwa n'icyo cyifuzo kizima? Kuki tutababazwa n'uko ubukristu bwacu butagaragarira ku mutima nk'uko bugaragarira amaso ya rubanda? Bavandimwe, ‘ukomera ku butungane aba agana ubuzima, naho uwoma mu nyuma y’ikibi agasanga urupfu(Imig.11,19). Dukomeze tuzirikane ko ururimi rwuje ubumenyi ruruta zahabu n'ibirezi maze dusabe ubushishozi n'umwuka w'ubuhanga ushoboza guharanira kugaragaza ibikwiranye n'ingabire twahawe!



[1] Soma Imig.10,11-32;12,5-6
[2] Talmud de Babylone

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...