Thursday, November 29, 2018

Inshingano muri groupe vocationnel Irembo ry’umukiro

Buri tsinda rihuza abantu, rigomba ko rigira amategeko ndetse n’inshingano bikwiye kubahirizwa; ibi byose bikaberaho gukomeza ubumwe bw'abagize iryo tsinda no kubafasha kurushaho gutera imbere mu kwemera, hagamijwe ikuzo rya Nyagasani n'umukiro w'abantu! Kumenya inshingano ku muyobozi bimufasha kuzubahiriza kuko aba ahora azizirikana buri uko atekereje ku mwanya yatorewe cyangwa ubutumwa yahawe. Inshingano ntizitana n'amategeko kugira ngo nyuma yo kumenya ibyo ushinzwe, umenye ibyo ugomba kwitondera n'ibigutegereje igihe ubusanije n'amabwiriza wiyemeje gukurikiza. Inshingano n'amategeko mu itsinda ry'abavokasiyoneri ntibiberaho gukanga no gutsikamira umuntu ahubwo bimufasha kurushaho kugaragaza ubwisanzure bwe -ukwishyira akizana mu bavandimwe basangiye ubutumwa, icyifuzo n'intumbero -  mu gufatanya n'abavandimwe be urugamba rwo guhunga icyaha, gukurikira Yezu Umukiza w'abantu no kumwamamaza igihe n'imburagihe. Ni byo koko twese ababatijwe dusangiye ubutumwa bwo gushyikiriza abandi ukwemera twakiriye muri Kiliziya. Tugasohoza ubwo butumwa tuzirikana ko ubunebwe buturuka ku cyaha naho umurava ugakomoka kuri Kristu.

abavokasiyoneri na omoniye wabo
Buri muntu ubarizwa mu itsinda ry’abazirikana ku muhamagaro afite inshingano yo guharanira ko itsinda rigira kandi rigahorana isura nziza. Ntawakwishimira ko urugo rwe ruseba cyangwa ko ibyo yakoze bigayirwa ku karubanda no ku mayirabiri; ni yo mpamvu kubahisha itsinda ari inshingano ntasimburwa y'ibanze ya buri wese. Buri muyobozi (ku nzego rwe) afite inshingano yo gushaka no gutegura inyigisho zikwiriye abari mu itsinda, akazitegura atirengagije igihe Kiliziya irimo n’ibyo abari mu itsinda banyoteye kumenya. Gukemura ibibazo birenze urwego rwa santarali, bitewe n’uburemere bifite, ni inshingano ya buri muyobozi ku rwego rwisumbuye. Izi nshingano zose iyo zisohojwe ni ngombwa kumenyesha Perezida (w’urwego rw’uwasohoje ubutumwa) kugira ngo hatazamo kubusanya, kuvuguruzanya no kugonganisha inzego. Tuzirikane ko duhuje intego n’intumbero; gukurikira Yezu Kristu kugeza dutashye aho aganje mu Ijuru. Abayobozi bose bagomba gutegurira hamwe iminsi mikuru n’ibindi bihuza abavokasiyoneri kandi buri wese akamenya ko ashobora guhagararira undi mu gihe bibaye ngombwa.

Bavandimwe bayobozi, mu nshingano zanyu, nimuhore muzirikana kuri iyi mirongo yo mu Byanditswe Bitagatifu. Nibafashe kurushaho gutunganya neza ibyo mushinzwe;
1.     “Ububasha mufite mubukesha Nyagasani, ubutegetsi mukabuhabwa n’Umusumbabyose, ari na We uzasuzuma ibikorwa byanyu, agasesengura imigambi yanyu.” Buh.6,3
2.     “Uzabe incuti y’ikoraniro ryose, kandi n’umutegetsi umwunamire.” Sir.4,7
3.     “Ntuzagaragareho kuba intwari ku karimi, maze ngo ube ikigwari n’indangare mu bikorwa.” Sir.4,29
4.     “Nimukore umurimo mushinzwe hakiri kare, maze igihembo cyanyu azakibahe igihe nikigera.” Sir.51,30
5.     “Ubu rero, mpa ubwitonzi n’ubuhanga kugira ngo menye uko nakwifata imbere y’uyu muryango.” 2 Matek.1,10
6.     “Ubu n’iteka ryose nzahesha Kristu ikuzo nta mususu.” Fil.1,20
7.     “Icyampa ngo nshobore kuvuga ibyayo nshize amanga uko mbigomba.” Ef.6,20

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...