Thursday, November 22, 2018

Muryango, Nimukomeze kwiringira Imana

Urugo rwa gikristu rwemera kandi rukiyambaza Imana yo soko y’ubuzima. Rwihanganira byose, ntirugamburuzwe n'ikigeragezo cyo kubura urubyaro. Ingero 7 dusanga muri iyi nkuru, z'abo Imana yahaye abana mu buryo butangaje, zidufashe kurushaho kuyiringira.

·                 Imana ni yo itanga urubyaro

Abakristu twemera ko Imana ariyo soko y’isakaramentu ryo gushyingirwa; ni byo rwose!  Yaremeye Adamu umufasha umukwiye Eva kuko bitari byiza ko Muntu aba wenyine. Yabigenje ityo kandi ibaha umugisha ngo bororoke bagwire mu isi yose (Intg.1,27-28;2,18-23). Mu gushyingirwa gikristu, umuryango mushya uba utegereje n’ubwuzu bwinshi kwakira no kurera imbuto y’urukundo rwabahuje kandi rukibahuza ku mutima no ku mubiri. Impano y’Imana ku muryango ni umwana bazabyara. Ibyo ni byiza ariko bigomba gukoranwa ukwemera, kwihangana, isengesho n’urukundo bizira uburyarya kugira ngo badatera umugongo umugambi n’ububasha Imana ibafiteho igihe bitabagendekeye uko babyifuza ahubwo bagakomera ku isezerano - haba mu byiza ndetse no mu byago - ry’ubudahemuka n’urukundo basezeranye. Abashyingiwe nibakomere ku Mana, bazirikana mu kwemera no kwihangana ibyo yakoreye abayoboke bayo bayitakambiye.
¨     Umubyeyi Sara yahawe umwana ageze mu zabukuru; ashobozwa gutwita, kubyara no konsa ikinege Izaki (Intg.17.15-21; 18.1,15; 21,1-3).
¨     Umubyeyi Rebeka wari ingumba, Imana yamuhaye kubyara impanga ebyiri ari zo Ezawu na Yakobo nyuma yo kwambaza k’umugabo we Izaki (Intg.25,21-23).
¨     Umubyeyi Rasheli yari arembeje umugabo we Yakobo ngo abyarirwe ku bibero, nuko Imana iramwiyereka. Mu gihe gikwiye cy’izabukuru imuha umwana Yozefu (Intg.29,31-35;30,1-23).
¨     Umubyeyi Ana, umugore wa Elikana, Imana yumvise isengesho rye n’iry’umutambyi Heli nuko imukiza agasuzuguro imuha umwana Samweli (1 Sam.1,1-3).
¨     Umugore wa Manowa na we yari ingumba, Imana yamukoresheje mu kuvana Israheli mu biganza by’abafilisitiya ubwo yamuhaga kubyara Samusoni (Abac.13,1-25).
¨     Umubyeyi Elizabethi yasamiye mu zabukuru ikinege Yohani Mubatiza wabaye integuza y’Umucunguzi wacu Yezu Kristu bityo urugo rwa Zakariya rutangira guhanura rubwirijwe na Roho Mutagatifu (Lk.1,36.57-79).
¨     Umwari Mariya wari warasabwe n ‘umubaji Yozefu, ku bubasha bwa Roho Mutagatifu yasamye inda, abyara Umwana w’Imana Yezu Kristu (Mt.1,18-25). Koko nta kinanira Imana (Lk.1,37)!
Izi ngero zidufashe, mu muhamagaro turimo, kuzirikana no gukomera ku magambo dukesha Mtg. Filomena: “Koko uwiringiye Imana agera kubyo we yabonaga ko bidashoboka, kabone n’iyo yaterwa ubwoba ate, ntiyigera acika intege na busa.” Gukunda ni ukwifuriza icyiza, ukabikorana ubwiyoroshye n’ubugwaneza biherekejwe no gutinya Imana. Uwo ukunda umuyobora mu nzira igeza ku Mana; ukamucyaha umwereka ibikwiye n’ibidakwiye kandi ukamukomeza kugira ngo atavaho acika intege mu rugendo rumusaba umuhate rwo kugana Imana hanyuma satani akaboneraho kumuyobya. Gukunda umuntu ni ukumwishimira, ukamwakira uko ameze kose, ukamubonamo ishusho y’Imana n’ingoro ya Roho Mutagatifu byo bikwiye guhora byera bityo ukamubera umufasha w’indahemuka mu kwitagatifuza. Ibi ni byo bigeza ku kubatwa n’urukundo kandi uwageze aha aba ari ku rugero rwo guhara ubuzima bwe kubera umukunzi we nk’uko Yezu Kristu yemeye kuducungura (1Yh.3,16). Tumenye twese ko gukunda bivuga gukiza, kujya inama zubaka mu nzira iboneye; ibi igashobokera kandi bikazanira umunezero abafite urukundo rutunganye, rurambye, rutari urugurano kandi rutagengwa n’irari (Sir.17,6-10;23,17; Ind.8,7-10).

Gukunda ni ukuzuza amategeko no kwifuriza umuntu icyiza (Rom.13,8-10; 2Yh.6). Icyiza si icyo nkunda, icyo nifuriza mugenzi wanjye nanjye ubwanjye. Ntabwo ari ikinshimisha kimwe n’uko ikibi atari icyo nanga cyangwa ikimbabaza gusa. Icyiza ni icyubahisha Muntu kandi ntikibusanye n’ugushaka kw’Imana dusanga mu Byanditswe bitagatifu. Igihuje n’umugambi w’Imana wo gukiza abantu, ikitarwanya ibikorwa by’urumuri ni cyo umuntu wese wo mu mahanga yose n’ibihe byose akwiriye kwita icyiza kandi agaharanira kugikora no kugikorera abandi. Urukundo kandi ruzanira ibyishimo n’amahoro ababibuze. Umuntu ukunda abandi ntaharanire ko bahorana umunezero n’amahoro, ntafate iyambere mu kubereka inzira y’ibyo no kuyibayoboramo, ntiyifatanye na bo mu byago no mu gahinda, uwo aba yibeshya, abeshya rubanda kandi anoshya abo abeshya ko abakunda. Ukunda by’ukuri aharanira ko uwo akunda atahura n’ikibi aho kiva kikagera bityo akamugobotora mu nzara z’ibihigiye kumuvutsa ihirwe n’ubuzima. Abakundana bashakirana umukiro Imana itanga; ibyo bakabikora bakosorana, bagirana inama kandi bababarirana mu ntege nke zabo. Ngibyo ibishobora guhuza abavandimwe babiri, bikaberekeza mu kubana kw’abashakanye. Urukundo ni intangiriro n’inkingi ya mwamba mu gushinga urugo no kurema umuryango muzima.

·                  Isengesho ryo gusabira ingo

Mana Data, ni wowe washatse ko Umwana wawe avukira mu rugo rumeze nk’izindi zose kandi akarukuriramo. Mu mibereho isanzwe y’urugo yabanye na Mariya na Yozefu, maze bamutoza imico nyayo, kandi bamufasha kugenda arushaho gusobanukirwa n’ubutumwa ashinzwe hano ku isi. Nuko rero Dawe, turakwinginze, uhe ingo ziriho muri iki gihe gusugira, kunga ubumwe no ghushinga imizi ihamye. Uhe buri muntu mu bazituye gusagamba mu byishimo byo kumva ari kumwe n’abandi, kandi anogerwe no kubagirira imbabazi. Fasha ingo zose gutega amatwa amajwi y’abaziyambaza, no kwihutira kubakirana urugwiro. Mana Data, wowe nyir’ubuntu butagira urugero, rebana impuhwe ingo zose ziri mu ngorane z’indwara, urupfu, ubwumvikane buke n’ubutandukane, abazituye ubahe kukwemera no kukwizera, maze bakurizeho na bo ubwabo kwizerana. Ufashe buri rugo kwakira Roho Mutagatifu wawe, no kwemera buri munsi kuyoborwa na We, maze ingo zose zibe Ishingiro rya Kiliziya n’isoko y’amajyambere nyakuri. Ku bwa Yezu Kristu Umwami wacu. Amina.

·                  Isengesho ry’abitegura gushinga urugo

Mana waremye umugabo n’umugore, wifuza ko abashakanye bakundana kugeza gupfa; mfasha guhitamo uzaba mugenzi wanjye tuzafatanya ibyishimo n’imiruho by’ubuzima. Dufashe kumenyana no kubahana, udutoze kujya inama no gushakira hamwe imigambi izateza urugo rwacu imbere. Maze tuzafatanye kugukorera, tuzakubyarire abana bizihiye igihugu na Kiliziya yacu. Ibyo tubigusabye ku bwa Yezu Kristu Umwami wacu. Amina!

·                  Isengesho ryo gusabira abana

Nyagasani, Tugutuye abana b’isi yose, Ubahe gukurana urukundo, Bakumenye banagukunde, Bakumenyeshe urungano. Barinde ingeso mbi zose, Bazire kwangana no kurwana, Kwirogesha ibiyobyabwenge, Kuzerera no kubahuka, Gusuzugura ababarera, Gusambana no kubeshya, Kwiba no kwangiza. Wowe soko y’ingabire, Bahe kujijuka no gushishoza, Bakire imico ubatoza, Bagutunganire igihe cyose. Bahe imbaraga bakugane, Bagusingize uko bukeye, Isi yacu inogere Imana, Ku bwa Kristu Umwami wacu. Amina.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...