Monday, November 26, 2018

TUZIRIKANE KU RUKUNDO: URUKUNDO RWA KIVANDIMWE



Twifashishe igitabo: « Recueil d'Apparitions de Jésus aux Saints et aux Mystiques » cya Abbé Auguste Saudreau, o.p. Cyasubiwemo mu 1882, ku izina: ‘Les Divines Paroles ou ce que le Seigneur a dit à ses disciples dans le cours des siècles chrétiens

1.    Yezu yabwiye Mtg. Véronique Juliani ati ‘nkusabye urukundo rudahemuka, rusukuye, rugurumana kandi ruramba; kandi ningombwa ko urwo rukundo rwigaragariza mu bikorwa by’urukundo uzakorera abavandimwe[ababikira] bawe bose. ubuzima bwawe nibube igikorwa gihoraho cy’urukundo ; nkukeneye mu rukundo’ (Diario, 12 agosto 1696.)

2.    Yezu ati ‘Mwana wanjye, abwira Mtg. Gatarina wa jene[1], nifuza ko igihe cyose muzasabwa gukora igikorwa cy’urukundo- nko kwitangira abakene n’abarwayi- ntimuzigere mubyanga, buri gihe mujye mukora ugushaka kw’abandi (Bolland, p. 157 ; Vie, ch. VII.)

3.    ‘Gukunda mugenzi wawe ni ikimenyetso kidashidikanywaho cy’urukundo ikiremwa gikunda Imana, kuko Imana ari umuremyi,umubyeyi n’umurinzi w’abantu bose. Gukunda mugenzi wawe ni umwe mu migenzo myiza y’ikirenga ; bigizwe no kumwifuriza icyiza nk’icyo nawe wiyifuriza ; guhara inyungu zihita kugira ngo umuzanire umukiro wa roho ye ; kumugirira neza nta cyo utegereje, ukabikorera gusa urukundo rw’Imana’. (Bolland., p. 160 ; Vie, ch.. VII.).[2].

4.    ‘Iyo roho inkunda ikunda mugenzi wayo, uwo ni Mtg.Gatarina w’i Siyena ubwirwa na Yezu; bitabaye ibyo urukundo rwayo ntirwaba ari urunyakuri kuko kunkunda no gukunda mugenzi wawe ari kimwe. uko roho irushaho kunkunda niko irushushaho gukunda mugenzi wayo kuberako urukundo imukunda rukomoka mu rwo inkunda(Dialog., ch. VII)’

5.    Mtg. Mechtilde ubwo yararwaye yabwiwe na Yezu ati ‘ntutinye, nta kizaguhungabanya kuko ari njye wikorera by’ukuri ibikubabaje. kubw’iyo mpamvu, uko bakwitaho niko banyitaho kandi nzagororera abo bantu nk’aho arinjye bakoreye.’ (IIe part., ch. IXL.)

6.    Yezu yabwiye Mtg. Yohani w’Imana, amushimira urukundo akunda indembe, ati ‘Yohani nijye ukorera ibyiza abakene baronka mu izina ryanjye ; ni njye utegera ikiganza ituro ubaha, njye wambaye imyembaro yabo, njye woza ibirenge igihe cyose ubikoreye umukene cyangwa umurwayi.’(Petits Bollandistes, au 8 mars.)

7.    Muvandimwe, uritonde utavaho wirukana Imana ije igusanga mu ishusho y’abo wita intabwa, insuzugurwa, ruvumwa... wibuke ko Mtg.Papa Girigori mukuru wasangiraga n’abasabirizi-abashonji, ubwo yari agiye gukarabya umukene, uwo yahise azimira ubwo Papa yafataga ibase maze ijoro rikurikiraho Nyagasani amubonekera amubwira ati ‘Munyakira bisanzwe mu bikoresho byanjye ariko mwanyakiriye ejo uko ndi- en ma personne.’ (Petits Bollandistes, au 12 mars.)

8.    Gusuzugura ingorwa ni ugusuzugura Imana. Nyagasani yiyeretse Marigarita[3] w’Isakaramentu ritagatifu, amwiyereka akomeretse umubiri wose kandi ashengurwa n’ububabare kubera uko abatunzi bagenzereza nabi abakene. amwibutsa ko abakire bamuhemukira cyane iyo bamukwena baseka abakene- moquent de moi en la personne de ces pauvres, bakanga kumuvugisha no kumureba-We wigaragariza muri abo baciye bugufi- (Vie, par Amelotte, liv. 5, ch. VI.).

9.    Gukunda Impano Nyagasani yahunze abandi ni ukwikururira ingabire z’Imana. Nyagasani yabwiye Mama Mechtilde ati ‘bose abakunda impano nahunze abandi bazakira imigenzo n’ikuzo rimwe nk’abo nahaye impano. (Ve part., ch.XXIII.)

10. Nari nambaye ubusa muranyambika : aya magambo si inyandiko yo muri bibiliya, ahubwo ni ukuri kwabwiwe benshi nyuma yo kwitangira abakeneye kwambikwa. Yezu yababonekeye afite ibyo bari batanze nk’ikimenyetso cy’uko ariwe babihaye ; rimwe akababaza niba babyibuka. Tuvuge nka Mtg. Gatarina w’i Siyeni wibukijwe umwenda yari yatanze nk’imfashanyo (Vie, par le bienheureux Raymond, 2° part., ch 3.), Mtg.Maritini, umwepiskopi wa turuse[4] wabwiwe, nyuma yo kwambika umukene ngo ‘Maritini…yanyambitse uyu mwambaro’, n’umuhire Gatarina wa Racconigi, ku myake ye 13, nyumba yo kwambikwa umuhungu wasabirizaga, yahishuriwe ko azakorera Imana atabitewe no gutinya ubucakara ahubwo abitewe n’urukundo rusukuye, nta kimuhangayikishije kitari Imana yonyine n’ibiremwa byayo

11. Gusabira mugenzi wawe ni igikorwa cy’urukundo gikiza Kandi gikwiriye. bifite akamaro gahebuje Yezu yabivuze muri aya magambo[5] ; ‘…nshimishwa n’ubushake bwawe bwiza bwo kwitangira abakene banjye mu buryo bw’inyuma. Bitangire mu buryo bwo ku mutima, ubasabira cyane, ibyo bizabagirira akamaro kurusha. Sabira kandi abanyabyaha bahari ku bwinshi na roho zo muri purigatori, cyane cyane abo ubwirizwa gusabira.’ (2° part., ch. 8.)

12. Nk’uko Yezu yakunze ibyambu by’umubabaro natwe tugomba gukunda abatubabaza ; ni bwo buryo bwo kubaha Umusaraba wa Kristu tuzirikana uko yawuhetse, akawubambwaho, akawupfiraho akifitemo urukundo rusabira abanzi be. Gukunda abanzi bacu nk’uko dukunda abatugirira neza ni byo Yezu asaba abifuza kumubera inkoramutima, bakabikorera kumwubaha n’umukiro wabo bwite bityo bakabironkamo imigisha y’igisagirane iturutse kandi ku gukosoza ibicumuro ibikorwa byiza[6]

13. Mu batubabaza, tubonemo Imana idutagatifuza, ikaduhindura bashya kuko urukundo rwa kibyeyi nta n’akuka k’umuyaga, uwo ni Nyagasani ubibwira Gertrude, yakwemerera kuduhangara atari ukugira ngo abantu bakire umukiro w’iteka nk’igihembo (Liv. 3 ch. 30 n°13 ; éd. Lat., p.184).


[1] Catherine de Gênes
[2] Yezu yabibwiye Mtg. Gatarina wa Gênes
[3] La vénérable Marguerite du Saint-Sacrement
[4] Tours
[5] Yabwiraga  Agnès de Langeac
[6] Yezu yabibwiye Gertrude (Liv. 4, ch. 52)


No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...