Saturday, April 18, 2020

INKURU Y'URUKUNDO- RERE NA RAMBA PART 21


Rere aramushimira, hanyuma akomeza ijambo rye agira ati: “Nababajwe bikabije n’ibyakubayeho bifitanye isano nanjye. Ibyo byararangiye reka dukomeze ibishya. Mu kukugaragariza ko nkukunda kandi nkwitaho, ko uri ingenzi mu buzima bwanjye, naguteguriye impano ariko ndayiguha ubanje kunsezeranya ko utari butangare cyane kandi ukayireba udahagaze kugira ngo ntongera kugukururira ibyago.” Ramba amusezeranya ko ari ntacyo ari bube, ati: “Humura rwose, ahubwo yimpe ndebe!” Rere niko kumuhereza ibahasha ifunzwe neza; Ramba ayakirana amatsiko menshi yibaza ikirimo. Iyo bahasha Ramba yayisanzemo inyemezabwishyu yo kwiyandikisha muri kaminuza n’urupapuro ruhamya ko yishuye icumbi ry’amezi atatu. Ubwo Ramba yahise yumirwa, abura icyo avuga kuko mu burwayi bwe atigeze atekereza ko Rere yamutera igika[1] atyo. Ubwo icyunzwe kiramurenga. Rere abonye ko bigenze gutyo, afata agatambaro kera yari afite agahanaguza mu ruhanga rwa Ramba, amuhanagura n’ibiganza hanyuma amufata ku ntugu, aramubwira ati: “Ibuka ibyo wansezeranije hanyuma ukomere.” Ramba aramusubiza ati: “Ndabyibuka mukunzi wanjye, ubu ndumva meze neza!” Ramba yarambitse impapuro hasi hanyuma arahaguruka, abwira umukunzi we ati: “ubu nkukorere iki? Nzakugire nte koko?” Rere aramusubiza ati: “Nta kindi nshaka kitari ukunkunda; unkunde kandi uzakomeze kunkunda!” Ramba aramwegera, aramuhobera maze amwegereza umusaya aramubwira ati:
“Uri mwiza Rere
Igitego mu bakobwa
Impano itagira uko isa
Nkesha Umuremyi wanjye

Uri mwiza mu bandi
Ubarutabose uri irebero
Uzira kujorwa mu ngiro
Umenya igikwiye kiruta ibindi

No mu mvugo ntuhigwa
Ugatera kunyurwa uwo ukunda
Bityo agahora akwizihiye
Kuko nawe uhora umwizihiye!

Nzagukunda kuruta uko nzi
Bizaguhira kuruta uko ubikeka
Tuzabana tuberane umurinzi
Mu byacu hazaganze kunezerwa!”

Nuko aramuterura, amuzengurutsa mu kirere amurimbira ati: “Urankunda nkanyurwa, nzagukunda kubarusha, nzakurinda kwicuza, nzagutera kunezerwa, nkubere uko ubyifuza kutanyuranya na Rurema!” Rere na we akamwikiriza agira ati: “Nzagukunda urudashira, ndugukunde uko uri kose kuko umbereye ishema. Ishema ryanjye ni wowe. Nzakubera isoko y’umukiro, n’ibyishimo bidakama. Iteka ryose no muri byose, aho ndi hose nzaberwa no kuba uwawe!” Ramba amaze kumva Rere amurirmbira amushyira hasi ngo bakomeze baganire; Rere amusobanurira uko yabigenje kugira ngo amwandikishe kandi anamwishyurire icumbi, nuko bombi barishima. Rere abwira Ramba ati: “Ngibi ibyo nari narabuze; kuganira nawe nkureba mu maso wishimye, kumva undirimbira no kuba mu maboko yawe. Ndabikunda rwose! Hashimwe Imana yagukijije, ikaba iduhaye kongera kunezerwa mu rukundo rwacu!” Ramba wari wishimye cyane afata Rere mu biganza, nuko amuririmbira ibitero bibiri by’akaririmbo kitwa ‘undutira abandi’. Arangije asaba umukunzi we kumwicara mu maguru na we amunyuza amaboko mu mbavu, bahuza ibiganza nuko aca bugufi bahuza imisaya hanyuma Ramba aterura agira ati:

“Shimwa Mana yanjye, Soko y’urukundo ruzima; urukundo nyabuzima ruzira uburya! Ubwo nari ndwaye nagaragaje intege nke no gushidikanya ko unkunda, ariko binyuze muri uyu mwana wawe Rere, wongeye kunkomereza ukwizera, ungaragariza ko no mu bubabare bwo kuri iyi si ihita ukomeza kurwana ku bagaragu bawe ukunda! Urankunda rwose, sinkishidikanya. Ngushimiye uyu mwana wahaye umutima ukunda by’ukuri kandi ukamuha kungaragariza no kunsangiza by’umwihariko urwo rukundo wamuhunze. Uramurinde, umukomezemo uyu mugenzo mwiza wamutangijemo kugeza ku ndunduro y’ukubaho kwe. Uduhe guhora tuzirikana ku nzira y’urukundo rwacu no kuyivomamo imbaraga ziturinda gutandukana maze igihe nikigera, uzaduhindure umwe ku mubiri nk’uko turi umwe ku mutima. Roho w’Imana nzima, uraduhore hafi. Amina”


[1] Gutera umuntu igika = kumutera inkunga


No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...