Saturday, April 18, 2020

BIKIRA MARIYA N’UMUHAMAGARO



BIKIRA MARIYA N’UMUHAMAGARO
By Fratiri Eric Hatangimana

Bikira Mariya ni umwe mu bantu bagize amateka ya Kiliziya bitewe n’ubutumwa ayifitemo; ni umubyeyi wa Kiliziya cyangwa umubyeyi w’abemera bose. Ni yo mpamvu afite uruhare rukomeye mu rugendo rwacu rwo kugana Imana, rwo kuyimenya no kuyikorera mu mihamagaro itandukanye. Bikira Mariya rero adufasha mu mihamagaro yacu, kuko uwo Imana yaduhitiyemo ngo aduherekeje, Imana nayo yamwihitiyemo kuva kera na kare kugira ngo ayiherekeze. Mariya ni umubyeyi w’Imana utabara abakene, utakambira abanyabyaha, umenya abababaye. Ni umubyeyi twaraze mu bihe bikomeye na Yezu Kristu ubwe munsi y’umusaraba. Ni yo mpamvu tugomba kumumenya no kumukunda kugira ngo tujyane nawe. Mu muhamagaro wacu rero, dukwiye kumva ijwi rye aho atubwira ngo icyo Yezu ababwira mugikore. Ni umuvugizi wacu ku mwana we Yezu Kristu kuko ari indatana, bunze ubumwe kuva kera na kare; ni byo Mutagatifu Yohani Mariya Viyane avuga agira ati: “Yezu ntacyo ashobora kwima Mariya ku buryo iyaba abari mu muriro bashoboraga kwicuza kandi Mariya akabasabira imbabazi bazihabwa.” Ikindi kandi, ubutumwa bwa Bikira Mariya muri Kiliziya bugaragazwa n’amabonekerwa atandukanye agirira ku isi. Ahora aza kwibutsa abantu umugambi w’Imana wo kubacungura. Ntazigera aruhuka rero kuri uwo murimo kugeza ubwo Yezu azaza mu ikuzo.

Dusabe Umubyeyi wacu Bikira Mariya wari warahanuwe mu Isezerano rya kera, akagaragara mu Isezerano rishya nk’Umubyeyi w’Umucunguzi w’abantu bose, ahore adutakambira kandi atuvuganira ku Mwana we Yezu Krustu. Bityo mu buzima bwacu bwose, mu muhamagaro wacu, tubashe kubaho nk’uko yabayeho mu migenzo myiza yo kwicisha bugufi, kwemera no gukunda. Nuko tubashe gusingiza Imana nk’uko yabikoze mu ndirimbo ye y’igisingizo cy’Imana ‘Magnificat’, tubitewe n’ibyishimo byo kwakira ubutumwa bw’ugushaka kw’Imana mu buzima bwacu maze nk’Umubyeyi Bikira Mariya, tuvugane ukwemera ngo: “Dore ndi umuja wa Nyagasani; byose bimbeho nk’uko ubivuze (Lk.1,38)”

“Bikira Mariya, Umwamikazi wa Kibeho udusabire”


No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...