Friday, March 8, 2019

Inyabune ndatana ya Groupe Vocationnel la Porte du Salut



1. Kubaha ijambo ry’Imana n’ibikoresho bitagatifu kiliziya umubyeyi wacu ikoresha.
Umuvokasiyoneri yihatira kubaha Ijambo ry’Imana ryo rimurikira abarikunda, bagaharanira kuryumvira nta buryarya. Uryubaha rimubera umuti n’urukungo kuko uburwayi bwose buzahaza kameremuntu, nta na bumwe, bwaba ubwa roho cyangwa ubw’umubiri, butabonera umuti mu Byanditswe Bitagatifu.” (S. Jean Chrysostome. Homélies sur la Genèse, 29: 1). Ibikoresho bitagatifu na byo ni ingenzi kuko bigira uruhare mu kudufasha gusenga no gusobanukirwa neza ibyo dusoma mu byanditswe bitagatifu. Ibi byose bikaboneka muri kiliziya duhamagarirwamo kandi akaba ari naho dutumwa; bityo “Umukristu utikujijemo urukundo afitiye kiliziya, ntiyashobora gushyikirana neza n’Imana[1]” yigaragariza muri iyo Kiliziya itunganye. “Ubutungane bwa kiliziya bukomoka ku mutwe wayo Yezu Kristu, watsinze icyaha burundu igihe azutse. Uwo mutsindo ni wo utuma ibyaha by’abagize Kiliziya bitayiremerera ngo irohame uko yakabaye[2].” Umuvokasiyoneri azirikana ko nta muhamagaro ubusanya n’Ijambo ry’Imana; Ijambo ry’Imana rirawusobanura naho umuhamagaro ugasobanukira mu byanditswe bitagatifu. Mu kubaha Ijambo ry’Imana; umuvokasiyoneri yumvira Yezu Kristu, We shusho nyakuri y’Imana Data, Uwo yasezeranye gukurikira no kwamamaza ashize amanga. Ibi ni ukuri kuzima kuko ibyanditswe bitagatifu bimugenura kandi bikanamuvuga ku buryo bweruye, bikatugezaho Amategeko twahishuriwe binyuze kuri Musa.

2. Kubaha no kuzirikana ku ngero nziza dukesha abatagatifu.

St Ignace
Indunduro y’ibikorwa bya gikristu bya muntu ni ugutaha ijuru; nguyu umuhamagaro w’ikiremwamuntu; kuba intungane nka Data uri mu ijuru. Ubutungane duhamagarirwa kugira nibwo buduha kubana n’Imana ubuziraherezo mu byishimo bidashobora gusobanurwa na muntu. Ubwo butungane bugaragara mu byanditswe bitagatifu buduhamagarira gusiga byoze tugasanga Yezu ubutarora inyuma. Koko rero “Ibudukurura kuri iyi si twita ko ari byiza ni akavungunyukira gato Ubwiza bwashyize mu byo yaremye. Nyamara uwitoje guhumurwa n’ibyanditswe Bitagatifu n’urumuri akesha Roho w’Imana, areka gutwarwa gusa n’ubwo busabusa bw’ubuvungunyukira bw’ubwiza, akegukira Soko yabwo, ariwe Yezu Kristu[3]” Intungane y’ikirenga. Umuvokasiyoneri ntiyirengagiza abamutanze kugera ku iherezo ry’umuhamagaro; arabazirikana, akabigiraho kandi akanabiyambaza kugira ngo ku bw’amasengesho yabo n’ibyiza bakoze Nyagasani akomeze kumugoborera ubuvunyi bumugeza ahaganje ibyishimo n’ubuzima bidashira. Papa Gerigori wa XVI ati “Iyambaze mutagatifu Filomena icyo uzasaba cyose azakikubonera.” Nguru urugero rwiza rutwereka kandi rukaduhamiriza ko tugomba kubaha abatagatifu no kubiyambaza kubera ibyiza byinshi tubakesha.

3. Kwemera kuyoborwa na Roho Mutagatifu
Uwo Roho Mutagatifu ni We uduhishurira amabanga y’ijuru kandi akanadushoboza mu butumwa Kiliziya iduha. Ni We udutoza kwemera icyaha no kwicuza, akatubwiriza igitunganye, akatubuza icyaha mu byo cyiyoberanyamo byose. Abavokasiyoneri n’itsinda ryabo ntacyo bageraho, nta n’aho bagera babuze uwo Roho w’Imana. Icyari irembo ry’uburokorwe n’umukiro w’iteka cyahinduka irembo ry’ubucibwe n’urupfu by’iteka. Irembo ry’Umukiro ryemera kuyoborwa na Roho Mutagatifu, riramwisunga kandi rigahora riharanira kumwumvira igihe n’imburagihe kugira ngo aritoze umugenzo mwiza wo kwiyoroshya, guca bugufi nk’uko Bikira Mariya yabayeho agenza. Dukwiye guhora tuzirikana ko ubu buzima bwacu ari akabindi kameneka ubusa kandi bukaba nk’umukungungu utumurwa n’umuyaga. Udakozwa uyu mugenzo, ajye azirikana kuri ibi: “N’ubwo wagira uburanga buhebuje, jya uzirikana ko ingajyi n’izindi nyamaswa bikurura ba mukerarugendo hanyuma ureke kwigurisha. Uko wabyibuha kose ndetse n’ingufu wagira zose, zirikana ko udashobora kwishyira mu isanduku ngo wishyingure bityo wiyoroshye. Uko warabagirana kose, uzahora ukenera urumuri igihe ugeze mu mwijima. Itonde. Ubukire uzagira bwose harimo n’amamodoka, uzagendesha ibirenge ujya kuryama. Ishimire mu byo utunze.” Bavandimwe, nimucyo twimike Roho Mutagatifu mu buzima bwacu kugira ngo atubere umuyobozi n’isoko y’ibyishimo.
4. Kubaha no kwiyambaza ubutaretsa Bikira Mariya
Bikira Mariya ni urugero rwiza mu kumvira ugushaka kw’Imana. Uwo muja wa Nyagasani ni irebero ryiza kubifitemo icyifuzo cyo guhora iruhande rw’Umukiza wabo bamwumvira mu muhamagaro n’ubutore byabo. Kumwubaha no kumwiyambaza bibera mu bikorwa no mu masengesho, bityo hamwe n’umutima ukereye guhinduka, Bikira Mariya akatugeza kuri Yezu Mukiza. Umuvokasiyoneri rero agomba guhoza isengesho mu buzima bwe kuko gusenga igihe n’imburagihe, bigeza ku ntera yo kuryoherwa n’akanya umarana na Yezu kurusha uko iby’isi byagukurura. Natwe abavokasiyoneri nta kindi dukeneye mu Irembo ry’Umukiro kitari uguhora iruhande rw’Umwami wacu Yezu Kristu tukiri muri iyi si nk’uko Mariya yabigenje. Uwo mubyeyi, turamwiyambaza kugira ngo atwiteho, atuvuganire ku Mwana we. Bikira Mariya ni isoko idakama y’ubuvunyi muntu akenera kugira ngo ashobore gutsinda urugamba rwo guhashya icyaha. Ubwo bukungu Yezu yatwihereye tubwubahe kandi tububyaze umusaruro, wa wundi udashobora kumungwa no guhumba. Tuzirikane kuri izi ndirimbo (bimwe mi bitero byazo) zahimbiwe Umubyeyi Bikira Mariya;
1. Turaje Mariya kugutaramira
          R/Turaje Mariya kugutaramira, Mubyeyi wa Jambo uduhora hafi.
v I Kibeho mu Rwanda waradusuye, Watubwiye y’uko uri Nyina wa Jambo.
v Watwibukije Jambo wigize Umuntu, n’urukundo rukomeye mudukunda.
v Wadusabye gusenga cyane Mubyeyi, Tukisubiraho tukicuza ibyaha.
v Waduhaye intwaro n’ingabo dukinga, Rozari n’ishapule y’ububabare.

2. Mwamikazi w’isi n’ijuru
R/ Mwamikazi w’isi n’ijuru; turakwambaza Mubyeyi; duhakirwe kuri Yezu; tumushimishe mu byo dukora; tubonereho kumwamamaza; tumufashe gukiza isi (2)
v Reba urubyiruko rushaka; kugana iyo nzira rukomeje; dusabire umutima usukuye; wihambirirye ku byiza byo mu ijuru; tubone kuba intumwa ze (2)
v Hari i Fatima n’i Lourdes; watweretse ko wumva abagusaba; ha abatakuzi gukunda ishapule; natwe dukunde kukuganyira; mu bizazane duhura nabyo; muri iyi nzira y‟ubutumwa (2)
v Hari abatibaza impamvu; Yezu ashaka ko tumukurikira; dusabire atwigishe kumvira; tumenye iteka icyo adushakaho; tugane inzira y’ubutumwa (2)





[1] Myr Kizito BAHUJIMIHIGO, Umwitozo wo gushengerera Isakaramentu ry’ukaristiya, P.85
[2] ibidem
[3] Myr Kizito BAHUJIMIHIGO, Umwitozo wo gushengerera Isakaramentu ry’ukaristiya, P.94

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...