Friday, March 15, 2019

DORE AHO IBYISHIMO BY'UMUKRISTU BIGOMBA GUTURUKA


Dore hamwe muho ibyishimo byakagombye guturuka: Gusenga uzirikana bose (harimo n’abakwanga) mu isengesho ryawe. Gufasha (kwitanga) abandi ubikoreye ko na bo ari abana b’Imana kandi ukabikorana umutima uzira uburyarya no guhembesha. Gutungwa n’ibyo wakoreye mu nzira zitunganye no gutoza abandi gukora hagamijwe kwitunga no kwigira. Kugira urugo rwiza; ni ukuvuga kugira umugabo, umugore, abana n’abakozi batinya Imana. Hari ugukiza umuntu umurinda akarengane no kumufasha gukiza ubugingo bwe inyenga y’umuriro itegereje gucumbikira abagomeramana ubuziraherezo... umuntu nashimishwe no kutizirika ku by’isi ngo byiharire umwanya ukwiriye Imana na muntu mu mutima we. Niba ushaka kwegukira Yezu iziture ku by’isi(1Kor.7,35), umenye kubiha umwanya ubikwiriye. Nta muntu ukwiriye kugengwa n’isi ndetse n’ibyayo, kuko ubusanzwe muntu yahawe kugenga isi n’ibiyituye byose (Intg.1,28). Ibyo Imana yaremye byose ni byiza, ni ingirakamaro mu buzima bwacu kandi bigomba kuduhuza na Yo, bigatuma turushaho kuyikunda no kuyibisingirizamo, aho gutuma tuyitera umugongo. Yezu avukira i Beterehemu - Dusabe inema yo kutita ku by’isi!

DUSHIMISHWE N'UBUSHUTI DUFITANYE
Bavandimwe, ibintu ntacyo bitwaye; biba bibi igihe tubyivurugutamo, bikatwibagiza Imana bityo tukegukira ubuzima buhigika Imana aho kuyisingiza. Ibi ni byo bituma muntu yiberaho uko ashaka aho kubaho nk’uko Imana ishaka, ari na yo mpamvu usanga ikibi hari abakita icyiza, akababaro kakitwa ibyishimo, hanyuma umuruho n’amaganya bya bamwe bigahabwa umwanya w’umunezero ku bandi. Ingero ni nyinshi hirya no hino ku isi ndetse n’aho iwanyu mwahabona ubuhamya. Hari aho umuntu yemererwa n’undi kwica umwana kuko atamushaka, akemererwa gutingana (kubusanya na gahunda yagenwe n’Imana yo gushyingirwa) ... hari abashimishwa no kuryarya, kubatwa n’ibiyobyabwenge, gukuramo inda no kujugunya abo babyaye. Ibi byose biterwa no kumvira sekibi aho kumvira Roho Mutagatifu utanga ubuzima ni byo bituma abantu badashimishwa n’ibintu bimwe bikwiriye koko kiba isoko y’ibyishimo kugira ngo babeho mu buzima bw’ineza iganza inabin k’uko Mutagatifu Pwaulo abidukangurira (Rom.12,21). Ibyishimo by’ukuri ni ibitabangamira abandi mu nzira itunganye barimo bagana Iyabahanze, ntibyangize umubiri we ngoro ya Roho w’Imana. Ni intangiriro y’ibyishimo bihoraho uzasenderezwa nugera muri kiliziya yo mu ijuru kuko bitaheje abakwanga n’abatakwitaho kandi bikaba byararanzwe no kwakira muntu uko ameze kose. Ibyishimo by’ukuri ni ubuzima, bibonekera mu kwiyunga n’Imana binyuze mu bavandimwe wahemukiye, kuyikorera mu biremwa byayo, gusoma ibyanditswe bitagatifu no kwibanira n’Ubutatu butagatifu ubuziraherezo. Nuko rero bavandimwe nkunda, “Nimuhore mwishima muri Nyagasani; mbisubiyemo, nimwishime (Fil.4,4).”

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...