Saturday, November 7, 2020

Abakarumeli, umuryango wareze abepiskopi basaga 90

   uku niko abakarumeli bambara, Photo/ internet              
Ni umuryango wavutse mu kinyejana cya 12 ku musozi wa Karumeli ugenda wivugurura uko imyaka igenda ihita, nko mu 1452 havuguruwe ishami ry’ababikira. Uyu muryango ni umwe mu miryango ya mbere yiragije Umubyeyi Bikira Mariya muri Kiliziya. Ni umuryango wita ku isengesho no kuzirikana - prayer and contemplation, bakabifatanya no kwigisha amasengesho no gutanga icyerekezo cya roho - teaching prayer and giving spiritual direction- kugira ngo iyo mpano yabo igirire akamaro isi yose. Ni umuryango ubarizwamo abasenyeri 21; ba Arikiyepisikopi 4 n’abepisikopi 17 bose bakiri mu butumwa bwa Kiliziya. Abo barimo Karidinali Lars Anders Arborelius umwepiskopi wa Stockholm akaba na Perezida w’inama y’Abepiskopi ba Scandinavia kuva 2005 kugeza 2015. Myr Silvio José Báez Ortega, umwepiskopi wungirije wa Managua, Nicaragua na Myr Marie Fabien Raharilamboniaina wa Mondova muri Madagascar. Hari n’abandi basenyeri batabarutse, bakurikiye Yezu Kristu banyuze mu muryango w’abakarumeri. Ni abepisikopi bagera kuri 73 basoje urugendo rwabo rwo ku isi bisunga Bikira Mriya Umwamikazi wa Karumeli. Tuvuge nka;

  • Karid.Giovanni Antonio Guadagni
    Karidinali Giovanni Antonio Guadagni, umwishywa wa Papa Clement XII watorewe ubwepiskopi kuwa 20 Ukuboza 1724 na Papa Benedigito XIII. Kuva mu 1732 kugera mu 1759 yakoze imirimo inyuranye mu buyobozi bukuru bwa Kiliziya. Yabaye igisonga cya Nyirubutungane muri diocese ya Roma, aba umunyakigega w’inama y’abakaridinari (Camerlengo of the Sacred College of Cardinals 1743) asimbuye Antonio Saverio Gentili (1742–1743) yanabaye n’umuyobozi w’ungirije w’iyo nama   mu 1756.  Yatabarutse kuwa 15 Mutarama 1759 afite imyaka 84.

  • Karidinali Girolamo Maria Gotti watorewe ubwepiskopi kuwa 22 Werurwe 1892 na Papa Leo XIII. Yayoboye ishami rishinzwe amahame y’ukwemera. (1902–1916), umunyakigega w’inama y’abakaridinari mu (1896–1897), ayobora ishami rishinzwe indulujensiya n’imibiri y’abatagatifu (1896–1899), (Sacred Congregation of indulgences and sacred Relics). Yanabaye umuyobozi w’ishami rishinzwe gutora abepiskopi, Sacred Congregation of Bishops and Regulars (1899–1902) [ritakibaho kuko mu nyandiko Sapienti consilio yo kwa 29/ 06 1908 yakuweho na Papa Pius X]
    n’ubundi butumwa bunyuranye burimo no kuba intumwa ya Papa muri Brezil. Yatabarutse ku myaka 81, kuwa 29 Werurwe 1916.

   Karid. Anastasio Alberto B.

  •  Karidinari Anastasio Alberto Ballestrero watorewe ubwepisiskopi na Papa Pawulo VI ku 21 Ukuboza 1973. Hagati ya 1973 na 1998 yayoboye inama y’abepisikopi mu butaliyani, ayobora akarere k’iyogezabutumwa k’i Turin ndetse n’i Bari - Canosa. Yatabarutse kuwa 21 Kamena, afite imyaka 84 hari mu 1998. 



No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...