Sunday, May 30, 2021

KUMVIRA ; KUJYANA, KWARURA MU RUPFU

Gusabwa kumvira ntibisobanura kumvira buri wese n’amajwi yose akurwaniramo. Mu ntambara umutima urwana, umukristu wumviye umutimanama we, uyobowe n’urumuri rw’Inkuru Nziza ni we utsinda urugamba. Mu byifuzo byinshi biri mu mutima umwe, bene uwo ahitamo kandi neza, akabikora azirikana ku ngaruka zaboneka ku bugingo bwe n’ubwa mugenzi we mu gihe ahisemo nabi. Ukumvira kwacu niba kudutandukanya n’Imana, ntigutume dufatanya n’abavandimwe kwegera Imana, nta handi handi kwatugeza hatari mu nyenga y’ikuzimu. Dore ingero zo kumvira kujyana mu rupfu: Kumvira icyifuzo cyo gukora icyaha kiboneka muri wowe cyangwa kikugeraho kinyuze mu muvandimwe wawe; Muka Loti ahinduka umunyu(Intg.19,17.26); Umugambanyi Yuda wimanitse (Mt.27,3-5), Hamani na maridoke, (Est. Umutwe wa 3 kugeza kuwa 8,12); Adamu na Eva Bumvira inzoka bakirukanwa muri Edeni (Intg.3,1-19); Umukobwa wa herodi yumvira nyina bikaviramo Yohani Umubatiza  gupfa

Kumvira kuvana mu rupfu kukajyana mu bugingo ni ukumvira gukeshwa kwemera no gushira mu bikorwa ibyo ubwirwa n’Inkuru Nziza. Mu kumvira, tugomba kumurikirwa n’Ivanjili kugira ngo uko kumvira ntikutubere impamvu y’ubucibwe, no koreka imbaga y’Imana duhamagariwa kugeza ku mukiro usendereye kandi udashira Nyagasani atanga. Bavandimwe, aho kumvira sekibi ukorera mu bantu, duhitemo gupfana agasuzuguro katugeza mu ihirwe ry’Ijuru! Umuririmbyi wa Zabuli ati: “Uhoraho, unyigishe inzira zawe, nshobore gukurikiza ukuri kwawe; utoze umutima wanjye igitinyiro cy'izina ryawe (Zab 86,11)." Dore ingero zo kumvira kwarura mu rupfu: Bikira Mariya wumviye ugushaka kw’Imana yemera isezerano azaniwe na Malayika Gaburiheli(Lk.1,38); Aburahamu wemeye gutamba Izaki, umwana we w’ikinege (Intg.22,1-18); Nowa wumviye umuburo w’Imana akubaka ubwato (Intg.6,13-22); Itorwa ry’Intumwa (Mt.4,18-22; Mk.2,13-14). Kumvira gukeshwa ukwemera ni igiti cy’amababi yo kwitanga no guhorwa Imana, gisoromwaho imbuto z’ubutagatifu. Ni inzira ijyana mu Ijuru kandi idashobora gusibangana no kuyobya abayigenderamo! “Nyagasani, Icyampa ngo mbereho kugusingiza, maze amateka waciye ambere ikiramiro (Z.119,175).” Ukumvira kwawe nikuronkee isi yose umukiro!

GUSENGA

Isengesho ni ikiganiro umuntu agirana n'Imana, bikamusaba kwitegura neza, kuvugisha ukuri, kutarangara no gutega amatwi. Ni ubumwe bwa muntu n'Imana mu kuyisaba no kuyishimira, haba mu mahoro no mu makuba. Ni uburyo bwo kwiyegereza ijuru no gusabana n'abarituye. Isengesho ni inzira igana mu ijuru, uburyo bwo kwikiza no gukiza abandi (abazima n'abapfuye). Isengesho ni ingirakamaro mu buzima bw’umukristu kuko rimubera isoko y’imbaraga za roho. Nta handi umuntu yavoma izo mbaraga hatari mu kugirana ubusabane n’Ijuru, cyana cyane mu isengesho n’ibiriherekeza. Umuntu udasenga ntashobora kugira igisubizo nk’icya Heli kandi ntiyanashobora kumvira nk’uko Samweli yumviye Heli. Udasenga ntashobora gutega amatwi no kumvira ijwi ry’umukiro rimuhamagarira kwiyarura mu rupfu no kurwaruramo abandi. Bavandimwe, ntawashidikanya ko Umuherezabitambo Heli yatozaga Samweli imigenzo myiza irimo no gusenga. Ngaha, mu kazi ko mu ngoro y’i Silo, aho Umwana Samweli yavomye ubutwari bwo kumva no kumvira Imana, abifashijwemo na Heli na we wamwifurizaga umukiro Imana itanga. Ese twe dutahana iki iyo twinjiye mu ngoro ya Nyagasani? Bavandimwe, twitoze kumva no kumvira abagaragu b’Uhoraho batugana batuzaniye umukiro.

 Ubusabane tugirana n’Imana buboneka mu buryo bwinshi butandukanye kuko inzira z’ubutungane ari nyinshi nyamara uzigenga ni umwe akaba ari We zose ziganaho: Gusenga wenyine cyangwa hamwe n’abandi no kujya mu miryango y’agisiyo gatolika no mu matsinda y’abasenga; Kujya mu misa cyangwa mu mihimbazo no Guhabwa amasakaramentu; Kujya mu biganiro nyobokamana, gusoma no kuganira ku Ijambo ry’Imana; Gusoma amateka y’abatagatifu, ibitabo by’iyobokamana ndetse no Gukora ingendo nyobokamana; Gukora umurimo nta gihembo, ukawukora kubera urukundo ufitiye Kristu na Kiliziya ye. Ibi byose n’ibitavuzwe ni intwaro zikomeye zifasha umukristu mu gutera, kunesha no kwimura umwanzi mu birindiro bye. Tubikomereho rero kugira ngo natwe tuzarumbukemo Abahanga ba Kiliziya n’abatagatifu b’Umusumba byose. Twese hamwe amagambo y’umumaritiri w’umugande tuyagire ayacu; Mtg. Ashile Kiwanuka ati ‘Nibashaka banyice, ariko sinareka Gusenga.’ Kuko n’ubundi ‘Uhowe ukwemera, nku’uko Mtg. Ambrozi Kibuuka yabihamije, akiza roho ye’.

KWIYOROSHYA

Kwiyoroshya ni umugenzo mwiza wagiye uranga abatagatifu; ni intwaro ishegesha sekibi. Kuyibura ni byo uwo nyakibi ahora yifuriza ikiremwamuntu kuko Yezu we yamutsindiye mu butayu (Lk’.4,1-13) ndetse no mu kuzuka.  Urupfu n’Izuka bya Yezu Kristu ni umutsindo udasubirwaho kuri sekibi. Kujugunya uyu mugenzo no kwirengagiza agaciro kawo ni intangiriro yo kwegukira sekibi no kumubera intumwa. Twibuke ko kutiyoroshya, gushaka kuba nk’Imana ari byo byatumye Muntu yirukanwa muri Edeni, bimuzanira umuvumo bitaretse n’ubutaka bwagombaga kumutunga (Intg.3,1-23). Sekibi ikunda kwikuza no kwibonekeza; ibintu Yezu na Nyina Mariya batigeze Bakunda cyangwa ngo babikundishe ababo. Twisunge umucunguzi wacu wicishije bugufi, akemera kugaragira aho kugaragirwa, guhereza aho guherezwa, akanga kugundira icyubahiro nuko akigira umuntu maze akabana natwe (Yh.1,14). Bikira Mariya Nyina w’Imana utarabyiratiye, nadusabire kurangwa n’ubwiyoroshye mu ntege nke zacu. Twese intero ibe imwe, tuvuge duti "Mana yanjye, uzamenyeshe inzira y'ubugingo; hafi yawe ni ho haba umunezero usendereye, iburyo bwawe hakaba umudabagiro udashira. Rinda amagara yanjye, undokore singakorwe n'ikimwaro ngufiteho ubuhungiro (Zab.16,17; 25,20)!"

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...