Sunday, May 30, 2021

KURAMBA KU BUNAZIREYA Part I

Umunazireya ni ijambo rifite inkomoko mu rurimi rw'igihebureyi, rikaba risobanura umuntu wiyeguriye Imana binyuze mu muhigo. Uwo muhigo washoboraga kumara igihe runaka gito, cyangwa ukamara ubuzima bwose. Ingero zo muri Bibiliya zitwereka Pawulo Intumwa y'amahanga, mu muhigo w'igihe gito. Samweli na Samusoni bo beguriye Imana ubuzima bwabo bwose (Intu. 21,23-36; Abac.13,3-7; 1Sam.1,11). Mu gihe cya none ntabwo tucyumva abanazireya, keretse iyo dusomye ibyanditswe bitagatifu, ibi bishobora kumvikanisha ko nta banazireya bakiriho. Nyamara, Abiyeguriyimana b'ingeri zose ni bo banazireya b'iki gihe: Bahize gutanga ubuzima bwabo kubera Inkuru Nziza. Bamwe mu masezerano ashobora guhinduka, abandi mu masezerano ya burundu (voeux temporaires et voeux perpetuels), bityo bakabaho baharanira ko muri icyo gihe cyose bazabera Uhoraho biyeguriye abatagatifuzwe (Ibar.6,8).

Natwe abalayiki, muri Batisimu twahawe, tweguriye Imana ubuzima bwacu bwose mu masezerano ashobora kuvugururwa, ariko adahagarikwa -voeux baptimaux definitifs-; kwanga icyaha, gukurikira Kristu no kumwamamaza. Ni muri urwo rwego twese turi Abanazireya ba burundu b'Isumbabyose koko rero ‘Kubera batisimu twahawe, twiyemeje kuba abogezabutumwa - Echo-Mission no 64 pg. 15.’ Mu kubatizwa, twasezeraniye kristu kumutura ubuzima bwacu bugomba guhora bwera ngo abugenge ubuziraherezo, bityo duhinduka koko inchuti za kristu, twitoza ubudatezuka gusa nka We, We wabayeho ubuzima bwe bwose akora ugushaka kw'Imana Data. Ubunazireya bwacu bushingiye ku mihigo twahigiye imbere y'umuryango w'abana b'Imana, imbere y'Aritali Ntagatifu n'imbere y'umusaseridoti, we Imana yihitiyemo mu bantu bose, kugira ngo ajye ayimurikira ituro, ububani n'umubavu wurura nuko agasabira atyo umuryango w’Imana imbabazi z'ibyaha (Sir.45,16). Ayo mategeko akubiye mu muhigo wacu, nituyakomeraho tuzaba abanazireya bizihiye uwo biyeguriye. Icyo gihe kandi ntituzigera tuneshwa n'abagambiriye kutwambura ubunazireya bwacu. Iyi si dutuye yuzuye ba Dalila bashishikariye kwambura abantu ubunazireya bwabo, babaterekera amaso nyamara ubishinze aye bakayamunogoramo (Abac.16,4-22). Tugiye kurebera hamwe bimwe mu biranga umukristu utangiye kwiyambura ubunazireya bwe.

GUHA AGACIRO GAKE UMUHIGO

Aamagambo tuvuga mu mihigo yacu iyo dusezeranira kwakira inshingano runaka, arakomeye cyane kuko adufasha kurushaho kwegera Imana. kuzirikana kuri aka kamaro kayo ko kutwegereza Ijuru ni byo bituma turushaho kuyacengeramo duharanira kuyasohoza yose, mu mwete no mu rukundo rwitanga kandi rwiyoroshya. Kuba imwe mu mihigo tugira iba yarateguwe na Kiliziya, idahinduka, tukayihigira muri rusange-mu bantu benshi- ntibivuga ko ari rusange. Nta masezerano agomba kuba rusange ngo ni uko yavugiwe hamwe: Bavandimwe, tumenye ko buri wese azabazwa ukwe uko yasohoje ibyo yasezeranye. Hari abasezeranye mu kavuyo - aha humvikane neza, gusezerana mu kavuyo si ugusezeranira mu gikundi, ahubwo ni ugusezerana utazi ibyo urimo, aho uri n'Uwo usezerana na we- batanakibuka ibyo basezeranye kuko babivuze bitabaturutse ku mutima ahubwo ku munwa.

Birababaje aho usanga umukristu, wakomejwe ngo ahamye kristu, adashobora kugusobanurira Batisimu, Isakaramentu ry'ibanze ryamugize umukristu, rikamuhesha n'andi masakaramentu. Hari abakristu benshi bakomejwe, bemerewe guhagararira abandi ngo babafashe gukura mu butungane, badashobora gusobanura Ukaristiya kandi bahazwa mu Misa (Cfr droit canonique, articles 872-874). Ibi byose, kimwe n'ibindi muzi, bituruka ku gutesha agaciro no kwirengagiza amasezerano twagiranye n'Imana Umukiza wacu. Ngibyo ibituranga mu kwiyambura ubunazireya twambitswe na Kristu! Bavandimwe, nimucyo twongere twisizume mu masezerano twagize, uhereye ku yo muri Batisimu, ndetse n'andi twaba twarageretseho, dusubiremo dusuzuma ingingo ku yindi kandi tuzirikana ku butumwa bukubiye muri buri bango kugira ngo turusheho kubona no kuryoherwa n'uburyohe buyakubiyemo!

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...