Sunday, May 30, 2021

KURAMBA KU BUNAZIREYA Part II

 KWIRENGAGIZA INSHINGANO ZAWE

Mu mibereho ya Muntu, hari ubwo usanga agerageza kwiyibagiza inshingano ze, ugasanga mu byo ashinzwe, harimo ibyo akora ibindi akabyihorera, buhoro buhoro kugeza ubwo abyiyambuye burundu! Umunazireya ashoboye, kandi ahamagarirwa kwamamaza Ijambo ry'Imana, guhesha Imana ikuzo n'ibindi, bibohora roho nyinshi zaboshwe na Sekibi. Ahamagarirwa gusohoza ibyo byose, afatanije n’abandi kandi yunze ubumwe na Roho Mutagatifu, bityo akishimira kimwe na Pawulo Intumwa gushobora byose muri Kristu utanga imbaraga mu miruho ya buri munsi, (soma Fil.4,13-14). Umunazireya, mu byo ashobozwa na Kristu, namenye ko agomba guhora asoma Ijambo ry'Imana: Ibyo asoma akabyemera, ibyo yemera akabyigisha kandi ibyo yigisha akabikurikiza. Mu gusenga yiherereye, mu kuri no mu mwuka, umunazireya akwiriye guhora ategeye amatwi Imana kandi akababazwa n'icyaha, agahora atinya inzira kimuganishamo. Soma indi nkuru bisa 

Ababatijwe niduhorane icyifuzo nk'icy'abanyamahanga, bo babwiye Filipo bati "Nyakubahwa, turashaka kubona Yezu, (Yh.12,21)." Ibi bizaturinda kwikuza no kwibeshya ko twashyikiriye Ijuru! Umuhate wo guhora dushaka Yezu, mu Ijambo rye, mu masakaramentu, mu bavandimwe no mu biremwa bye ni wo uturinda kugwa mu moshya ya Nyakibi, ukanadufasha guhora twitagatifuza. Koko uwakwishinga icyaha, ntiyakwirirwa yicuza kandi n'uwakumbura ikuzimu ntiyakwirirwa atekereza Ijuru! Aho korekwa n'icyaha mu nyenga y'umuriro, uzakibyazemo amahirwe ntakumirwa yo kwegera Imana. Nimucyo rero twumvire abatwereka Imana; ni bwo ntawe uzicuza agira ati" Byangendekeye bite kugira ngo nange guhanwa, umutima wanjye usuzugure inyigisho? Ni kuki ntumvise ijwi ry'abigisha banjye, nkanga gutega amatwi abanyoboraga (Imig.5,12-13)?"

Wowe wakiriye Kristu, zirikana ko ukwiriye guhora wamamaza ibyo uwo Mwami yagukoreye. Ukwiriye guhorana ibisingizo bye, wuzuye amashimwe; nta mpamvu ikwiriye kutubuza kuvuga izina rya Yezu. “Ni iki cyadutandukanya n’urukundo rwa Kristu? Ibyago se, agahinda se, ibitotezo se, inzara se, ubukene se, imitego se cyangwa inkota?... Nyamara muri ibyo byose tugatsinda kakahava, tubikesha Uwadukunze. Koko rero simbishidikanya: ari urupfu, ari ubugingo, ari abamalayika, ari ibinyabubasha, ari iby’ubu, ari ibizaza, ari ibinyamaboko, ari iby’ejuru, ari iby’ikuzimu, ari n’ikindi kiremwa cyose, nta na kimwe kizashobora kudutandukanya n’urukundo Imana idukunda muri Kristu Yezu Umwami wacu (Rom.8,35-39)”. Twese ababatijwe, twongere kuzirikana byimbitse kuri aya masomo matagatifu kugira ngo turusheho gusobanukirwa n’ibidukwiriye nk’abemeramana: Ef.3,17-19; 4,17-31; 5,10-13.19-20; 6,10-11; Heb.12,14-16; 2Pet.1,5-10; 1Tim.4,12-13; 2Tim.4,5. Tuzirikane amagambo y’indirimbo ‘Komeza intambwe zanjye’: “Nyagasani reba uko meze ungirire imbabazi Ibicumuro byanjye bindemereye Mpa guhora ngusanga unsubize mu nzira nziza”.

KURAMBIRWA IBIGANIRO BY’ABAKRISTU

Umunazireya agomba gushimishwa n’ikintu cyose cyerekeye Kristu; Ijambo ry’Imana, amasengesho, amateraniro y’abasenga n’ibiganiro nyobokamana. Utangiye kwiyaka ubunazireya bwe arangwa no kubihirwa n’ibiganiro by’abakristu, ndetse n’ibindi byose bibahuza, ibyo bikamutera kurambirwa kuko nta buryohe aba abibonamo. Kurambirwa ibya Kristu ni ikimenyetso kidakuka kigaragaza ko usigaye ushimishwa n’ibyoreka Muntu mu nyenga y’umuriro. Kurambirwa Kristu ni ukurambirwa kubaho, kuko Kristu ari We buzima, ni ukuyobagurika mu nzira igana Ijuru, ukayoborwa mu nzira igana irimbukiro. Inzira ni imwe n’icyerekezo ni kimwe; ni Yezu Kristu, We Rumuri rw’ amahanga akaba n’icyerekezo kitayobya mu nzira yo kugana Imana. Kurambirwa ibya Kristu ni intangiriro yo guhakana ko wacunguwe na We no kwanga ukuri aho kuva kukagera. Bavandimwe, tuzirikane ko kurambirwa Kristu ari ukurambirwa umukiro atanga, urambiwe Kristu aba yarambiwe Ijuru kandi asigaye ararikiye ikuzimu. Tuzirikane amagambo yo mu ndirimbo (Uko impala yahagira): “Yezu Kristu buryohe bwanjye, ngufitiye urukumbuzi, ni ryari nzakubona, ngo uze iwanjye twibanire.”

Bakristu bavandimwe dusangiye urugendo, niturusheho kurarikira Kristu: uko igihe gihita, turusheho kurarikira Umukiza mu buryo butigeze kubaho mu buzima bwacu. Kristu waducunguye ku musaraba ntahararwa kuko adahararukwa. Ntabwo ari nk'umwenda ugura uwukunze, ukawubika ukiri mushya, ngo ni uko wawuhaze. Kristu ntawe umubona ngo amuhage; uwigeze guhura na We ahora ashishikariye kugumana na We. Mbe mugenzi, ese uracyakunda gusenga? Uracyitabira Misa n’ibindi bikorwa bikwegereza Kristu? Uracyashishikazwa no gutunganya ibyo yagutoje- gukora ibikorwa by’urukundo no kwakira abakene? Waba ukibabazwa n’icyaha ndetse n’urwanya Kristu cyangwa byakubereye ibisanzwe? Iki nicyo gihe kidasubikwa cyo gusuzuma ubunazireya bwawe, kubunagura no kubukomeza, bityo ntuzagira iherezo ribi.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...