Sunday, June 13, 2021

"...Ni byo koko umwirasi ntabana n'umunyamutima..!"

 URURIMI RUTERA UBWIVANGURE N'UBWIGUNGE

Kubana n'abantu neza bisaba kuba wumvikana na bo mu buryo bw'imivugire, no guhurira ku ngingo zimwe na zimwe z'ibitekerezo. Iyo umuntu ahorana amagambo mabi mu kanwa ke, biragoye ko yabana n'imfura kuko nta narimwe bahuza.  Uwiriza amagambo aganisha ku irari mu kanwa ke ntashobora kubana cyangwa gukundana n'uwamaramaje mu guhihibikanira icyamukomereza ubusugi cyangwa ubumanzi. Mu bitandukanya abantu bakundanaga, harimo no kutabika ibanga no kutagira ubwo usangiza abandi igitekerezo cyubaka. Ijambo ry'Imana ritubwira ko mu gihugu cya Mezopotamiya ariho indimi zasobaniye biturutse ku bwirasi bw'abantu bubakaga umunara w'i babeli kugira ngo babe ibirangirire kandi boye gutana (Intg. 11,1-9); ibyo bitera imbogamizi mu kumvikana no gushyira hamwe. Ni byo koko umwirasi ntabana n'umunyamutima! Imvugo y'umuntu iramugaragaza, ikerekana icyiciro agomba kubarizwamo, ikamwirukana mu bo badahuje, akagenda yangara kugeza abonye abo bahuje! Salomo ati: "Umunwa w'umupfayongo umukururira intonganya, naho ururimi rwe rumutegeza inkoni. Amagambo y'umupfayongo niyo amworeka, kandi umunwa we ni wo mutego w'ubuzima bwe (Imig.18,6-7)." Ibi biratwereka ko ufite akarimi kabi ari we wivangura mu bandi, akabibonera impamvu kuko aba adashaka kwakira inama zimuhana (Imig.18,1). Nimucyo twirinde ubwirasi, tuzirikana ko umutima ugomba kutubera itara twahawe na Rurema ngo umurike ibitwihishemo byose; bityo dushobore kumenya no guhitamo igikwiye hanyuma igikwiye kujugunywa tucyime icyicaro muri twe (Imig.20,27)! Nitumenye ko “igihano cy’umubeshyi ari ukutizerwa n’igihe avuze ukuri-Talmud de Babylone .”

KUKI?

Kuki umuntu ashimishwa no kuvuga ibibi kururusha uko ashimishwa no kuvuga ibyiza? Kuki twabangukirwa no gutekereza nabi aho kubangukirwa no gutekereza neza? Kuki twashimishwa no kuvuga abandi kandi natwe dukosa? Kuki umuntu ahihibikanira kurondora ubupfu bw'abandi kandi na we ari umupfayongo? Kuki ikibi kibanziriza icyiza? Kuki tworoherwa no gufata icyemezo kibi, nyamara gufata icyemezo cyiza bikatunanira, kandi dufite ababitugiramo inama ndetse n'abo twafatiraho urugero? Kuki umuntu ushaka umukiro ananirwa guhangayikishwa n'icyo cyifuzo kizima? Kuki tutababazwa n'uko ubukristu bwacu butagaragarira ku mutima nk'uko bugaragarira amaso ya rubanda? Bavandimwe, ‘ukomera ku butungane aba agana ubuzima, naho uwoma mu nyuma y’ikibi agasanga urupfu(Imig.11,19). Tuzirikane ko ururimi rwuje ubumenyi ruruta zahabu n'ibirezi maze dusabe ubushishozi n'umwuka w'ubuhanga ushoboza guharanira kugaragaza ibikwiranye n'ingabire twahawe!

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...