Monday, June 5, 2023

Paruwasi 101 ntizitabiriye Mariyatoni ya 12

Mariyatoni ya 12 yafashije Radio Maria Rwanda (RMR) ibasha kwishyura abafatanyabikorwa bayo umwenda w’amafaranga asaga miliyoni 45.  Ni Mariyatoni ,yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Usenga ntagira ubwoba bw’ejo hazaza”, kandi yatanze umusaruro ushimishije bitangaje. Kuva mu mwaka wa 2012 Mariyatoni yatangizwa  kuri Radio Maria Rwanda,  ni yo yambere mu zakozwe na Radio Maria Rwanda yageze ku ntego yayo, ndetse ikanayirenza kuko hakusanijwe 122%.

Iyi Mariyatoni yabaye muri Gicurasi na Kamena 2022, hakusanywa hafi miliyoni 98 mu ntego ya miliyoni 80. Aya mafranga yaturutse mu nkunga zatanzwe n’abakristu ku giti cyabo bakoresheje konti za Radio Maria Rwanda muri banki na telefoni ngendanwa, ndetse n’inkunga zakusanyijwe n’inshuti zayo mu maparuwasi atandukanye agize amadiyosezi yo mu Rwanda.

N’ubwo Mariyatoni ya 12 yatanze umusaruro ushimishije, hari amaparuwasi 101ataragaragaje uruhare rwazo muri Mariyatoni. Ibi ariko ntibisobanuyeko muri ayo maparuwasi nta mukristu wayitabiriye ku giti cye.  Dore uko Diyosezi zitabiriye Mariyatoni ya 12 yabaye mu mwaka wa 2022 kuri RMR.

  1. Nyundo igizwe n’amaparuwasi 29: hitabiriye amaparuwasi 20, hakusanywa 7,532,985.
  2. Kibungo igizwe n’amaparuwasi 22: hitabiriye amaparuwasi 15, hakusanywa 871,070.
  3. Butare igizwe n’amaparuwasi 26: hitabiriye amaparuwasi 15, hakusanywa 2,280,560.
  4. Kabgayi igizwe n’amaparuwasi 29: hitabiriye amaparuwasi 16, hakusanywa 3,167,335.
  5. A.Kigali igizwe n’amaparuwasi 39: hitabiriye amaparuwasi 20, hakusanywa 13,450,500. Ijanisha  ry’ubwitabire bw’amaparuwasi ni 52%.
  6. Byumba igizwe n’amaparuwasi 24: hitabiriye amaparuwasi 13, hakusanywa 3,540,690.
  7. Cyangugu igizwe n’amaparuwasi 19: hitabiriye amaparuwasi 8, hakusanywa 1,540,650.
  8. Gikongoro igizwe n’amaparuwasi 17: hitabiriye amaparuwasi 7, hakusanywa 891,265.
  9. Ruhengeri igizwe n’amaparuwasi 16: hitabiriye amaparuwasi 6, hakusanywa 2,241,400.

Mu mwaka wa 2022, amaparuwasi 221 agize diyosezi zose, hitabiriye amaparuwasi 120. Hakusanijwe amafaranga 41,516,455. Ijanisha ry’ubwitabire ni 54%. bisobanuye ko amaparuwasi 101 atitabiriye.

(Aya makuru tuyakesha akanyamakuru ka Radio Maria Rwanda : Newsletter de RMR No 056 –Mai 2023 //No Spécial sur Mariathon)

Ibaruwa yamwandikiye mu mashuri abanza yakomeje urukundo rwamugejeje ku gushyingirwa: Isomere inkuru ndende y'urukundo ya "RERE NA RAMBA". Ibice byose bigize iyi nkuru:

RERE NA RAMBA igice cya 1

RERENA RAMBA igice cya 2

RERENA RAMBA igice cya 3

RERENA RAMBA igice cya 4

RERENA RAMBA igice cya 5

RERENA RAMBA igice cya 6

RERENA RAMBA igice cya 7

RERENA RAMBA igice cya 8

RERENA RAMBA igice cya 9

RERENA RAMBA igice cya 10 

RERENA RAMBA igice cya 11

RERE NA RAMBA igice cya 12

RERE NA RAMBA igice cya 13

RERE NA RAMBA igice cya 14

RERE NA RAMBA igice cya 15

RERE NA RAMBA igice cya 16

RERE NA RAMBA igice cya 17

RERE NA RAMBA igice cya 18

RERE NA RAMBA igice cya 19 

RERENA RAMBA igice cya 20

RERENA RAMBA igice cya 21

RERENA RAMBA igice cya 22  gisoza


No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...