Friday, February 16, 2024

Inshingano z’umunyamabanga wa Diyosezi

Padiri Cassien MULINDAHABI,
umunyamabanga wa Diyosezi ya Ruhengeri   
Umunyamabanga wa Diyosezi ni umupadiri uhabwa ubutumwa mu bunyamabanga, agakora ku buryo inyandiko z’ubuyobozi bukuru (la curie) bwa Diyosezi zandikwa, kandi zikoherezwa aho zigenewe, ndetse hakagira kopi zibikwa mu bubiko bw’inyandiko bwa Diyosezi (CIC,Can.482 § 1). Uwo ni wo murimo we w’ingenzi, kiretse igihe amategeko y’umwihariko ya Diyosezi yabigena ukundi. Umunyamabanga ni nawe notori, akaba n’umwanditsi w’Ubuyobozi bukuru bwa Diyosezi (CIC,Can.482 § 3), bityo akagira inshingano nka noteri wa Diyosezi yo gukora ibyemezo n’inyandiko mpamo byemewe n’amategeko birebana n’amabwiriza, amateka,  n’inshingano za Diyosezi, akemeza kandi umwimerere w’inyandiko. 

Umunyamabanga wa Diyosezi, ashinzwe kandi:

  • Gukora inyandiko-mvugo z’Ubuyobozi Bukuru bwa Diyosezi igihe cyose zikenewe, zigaragaza igikorwa zireba, aho cyabereye, itariki n’umwaka
  • Gutanga ibyemezo n’impapuro mpamo ku bazikeneye no kwemeza umwimerere wazo
  • Kubika no gukirikirana ibikwa ry’inyandiko mu maparuwasi  (486 § 1), zigashyirwa ahafitee umutekano, iz’ibanga zigashyirwa mu mutamenwa,  ushobora gufungurwa na we na Musenyeri gusa
  • Gukora imbonerahamwe y’inyandiko ziri mu bubiko n’inshamake y’ibizikubiyemo
  • Kuvana mu nzira, buri mwaka, inyandiko zirebana n’ibyaha byakozwe n’abitabye Imana, cyangwa bakatiwe igihano hakaba hashize imyaka icumi gishyizwe mu bikorwa.  Habikwa gusa incamake yerekana icyaha cyakozwe n’igihano cyatanzwe
  • Agendeye ku mabwiriza y’Umwepiskopi, umunyamabanga abika inyandiko n’inyandiko-mvugo za paruwasi zo mu rwego rwa katedrali, (CIC, Can. 491 § 1.)
  • Kubika muri Diyosezi inyandiko zose zifasha kwandika amateka yayo, gutanga uburenganzira  bwo kuzifashisha no kugenzura uko bikorwa n’ababyifuza ;
  • Kugira uruhare mu ikemurwa ry’amakimbirane hagati ya Diyosezi n’abandi bantu, imiryango cyangwa inzego.

Umunyamabanga wa Diyosezi, amenyesha Ibiro bya Diyosezi bihuza ibikorwa by’ikenurabushyo inyandiko zose zoherejwe na Vatikani, Inama y’Abepiskopi bo mu Rwanda cyangwa izivuye mu zindi nzego zirebana n’ikenurabushyo rya Kiliziya. Ikindi umunyamabanga asabwa ni ukwandika mu ncamake imyanzuro y’ingendo, iy’imishyikirano nkenurabushyo n’iy’amahugurwa umwepiskopi yayoboye.

Inyigisho zatanzwe n’Umwepiskopi igihe cy’igitambo cva misa yatuye ku minsi mikuru n’imbwirwaruhame ze mu mihango ikomeye bigomba kubikwa mu bunyamabanga bwa Diyosezi. Umunyamabanga ni we ushobora kubisabwa n’ Ibiro bya Diyosezi bihuza ibikorwa by’ikenurabushyo kugira ngo byifashishwe mu gihe cyo gutegura inyandiko igaragaza ishusho rusange y’ibikorwa by’ikenurabushyo by’Umwepiskopi cyangwa se mu gihe cyo kwandika agatabo kavuga ku ngingo iyi n’iyi (ubwiyunge, amahoro, yubile, n’ibindi). 

Abanyamabanga ba Diyosezi mu mwaka w’ikenurabushyo 2023-2024

  1. Kigali: Padiri Phocas HITIMANA
  2. Byumba: Padiri Emilien NGERAGEZE
  3. Nyundo: Padiri Jean Paul SEBAGARAGU
  4. Butare: Padiri Eugène GAHIZI
  5. Gikongoro: Padiri Cllixte SENANI
  6. Cyangugu: Padiri Athanase KOMERUSENGE
  7. Ruhengeri: Padiri Cassien MULINDAHABI
  8. Kibungo: Padiri Thomas NIZEYE
  9. Kabgayi: Padiri Joseph Emmanuel KAGERUKA

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...