Tuesday, February 13, 2024

Umwepiskopi atorwa ate ?

Myr Jean Marie Vianney Twagirayezu
Umushumba diyosezi ya Kibungo
….buri myaka itatu hakorwa urutonde rw’abapadiri….Menya ibisabwa kugira umupadiri atorerwe ubwepiskopi.

Abepiskopi ni abazungura b’intumwa ku bwa roho mutagatifu bahawe, bakaba abarinzi b’inganzo y’ukwemera, abigisha b’amahame y’ukwemera. Ni abashumba b’ubushyo bw’Imana, beguriwe gutunganya ibijyanye n’imihango mitagatifu bakaba kandi abasaseridoti bahawe, ku rugero rusumbye urw’abapadiri, ububasha ku busaseridoti nyobozi muri Kiliziya. Bafite inshingano eshatu z’ibanze ; gutagatifuza, kwigisha no kuyobora, bunze ubumwe n’umwepiskopi wa Roma, Papa we ubatora cyangwa se akemeza abatowe byemewe n’amategeko.

Buri myaka itatu, abepiskopi bagize intara y’ubutumwa ya Kiliziya (province ecclésiastique) cyangwa se Inama y’Abepiskopi, bakora urutonde rw’abapadiri, baba aba diyosezi ndetse n’abo mu miryango y’abihayimana, bashobora guhabwa ubwepiskopi (les plus aptes à l’épiscopat). Urwo rutonde rushyikirizwa Papa kugira ngo azarwifashishe mu gutora umwepiskopi igihe bibaye ngombwa. Umushumba wa diyosezi ashobora kandi, we ubwe, gushyikiriza Papa urutonde rw’abapadiri abona ko bashumbije abandi ibikwiriye ku mupadiri utorerwa ubwepiskopi.

Iyo diyosezi ikeneye umwepiskopi wungirije (Évêque auxiliaire), umushumba wayo, mu buryo bwubahirije amategeko abigenga agaragariza Papa urutonde rw’abapadiri batatu babereye gushingwa uwo murimo kugira ngo hazatorwemo umwe. 

Mu gutora umushumba wa diyosezi cyangwa se umushumba wa diyosezi w'umuragwa (Évêque diocésain ou un Évêque coadjuteur), Intumwa ya Papa ifite inshingano yo gushaka amakuru y’ingenzi kuri buri umwe mu bakandida batatu batanzwe kwa Papa hanyuma ikamenyesha Papa ibitekerezo (suggestions) by’Umwepiskopi mukuru n’abandi bepiskopi bakorera mu ntara diyosezi ikeneye umwepiskopi ibarizwamo.

Mu bandi bashobora kubazwa ku mibereho y’abakandida batanzwe, harimo umuyobozi w’Inama y’Abepiskopi, abagize inama ngishwanama n’abagize inteko ya diyosezi (membres du Collège des consulteurs et du chapitre cathédral). Bibaye ngombwa kandi umulayiki nawe ashobora kwitabazwa kubera ubuhanga azwiho. Gutora umwepiskopi bikorwa mu ibanga no mu bwisanzure imbere muri Kiliziya, hativanzemo ubuyobozi bwa leta cyangwa se n’abandi batabyemerewe n’amategeko ya Kiliziya.

Kugira umukandida atorerwe ubwepiskopi agomba (Canon 378, Code de droit canonique, 1983):

  1. Kuba afite ukwemera guhamye, imigenzo myiza, ubuhanga, ubwitonzi, umuhate, ubumenyi buhanitse n’indi migenzo myiza yamushoboza gusohoza neza inshingano z’ubwepiskopi
  2. Kuba azwi neza (qu’il jouisse d’une bonne renommée)
  3. Kuba amaze  nibura imyaka 5 ari umupadiri
  4. Kuba afite nibura imyaka 35 y’amavuko
  5. Kuba afite impamyabumenyi ihanitse (doctorat) cyangwa impamyabumenyi (licence) mu byanditse bitagatifu, muri tewolojiya, cyangwa mu mategeko ya Kiliziya yakuye mu kigo cyemejwe n’ubuyobozi bwa Kiliziya ku isi (le Siège Apostolique).

Nyirubutungane Papa niwe ufite ububasha bwo kwemeza burundu ko umukandida runaka yujuje ibisabwa ngo atorerwe kuba umwepiskopi. Iyo nta kibibuza mu buryo bwemewe, uwatorewe ubwepiskopi abuhabwa mu gihe kitarenze amezi atatu yakiriye ibaruwa imumenyesha ko yatowe, kandi bikaba mbere yo gutangira imirimo yatorewe kandi akarahirira ko azashoza neza inshingano yunze ubwe na Papa.

Ushaka kumenya byinshi ku mwepiskopi, wasoma Mu gitabo cy’amategeko ya Kiliziya (Code de droit canonique, 1983), kuva ku ngingo ya  375 kugeza ku ya 411 (Canon 375- Canon 411).

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...