Monday, August 31, 2026

Musenyeri Jean Marie Vianney Nsengumuremyi ni muntu ki?

Musenyeri Jean Marie Vianney Nsengumuremyi, wari Igisonga cy’Umwepiskopi wa Diyosezi ya Nyundo, yitabye Imana ku cyumweru tariki ya 30 Kanama 2026. Urupfu rwe rwabaye rutunguranye, nyuma y’uko afashwe n’uburwayi, akajyanwa kwa muganga, ngo yitabweho n’abaganga, bikaza kurangira batabashije kurokora ubuzima bwe. 

Inshamake ku rugendo rumuganisha ku busaseridoti 

Musenyeri Jean Marie Vianney Nsengumuremyi, wari Igisonga cy’Umwepiskopi wa Diyosezi ya Nyundo, yavutse tariki ya 8 Nyakanga 1950, avukira muri Paruwasi ya Shangi, muri Santarali ya Giheke, kuri ubu na yo yamaze kuba Paruwasi ya Diyosezi Gatolika ya Cyangugu.

Amashuri abanza yayize i Giheke, ayisumbuye yayigiye mu Iseminari Nto Saint Pie X ya Nyundo. Nyuma, akomereza mu Iseminari Nkuru yitiriwe Mutagatifu Yozefu ku Nyundo, aho yize Filozofiya. Yakomereje amasomo ye i Bujumbura mu gihe cy’imyaka ibiri, yiga mu Nyakibanda mu gihe cy’imyaka itatu. Yahawe ubupadiri tariki ya 25 Nyakanga 1977, abuhererwa ku Nyundo na Musenyeri Wenseslas Karibushi wari Umwepiskopi wa Diyosezi ya Nyundo icyo gihe.

Inshamake y’ubutumwa yakoze

Kuva mu 1977 kugeza mu 1981, yabaye Padiri wungirije muri Paruwasi ya Busasamana, ashinzwe by’umwihariko urubyiruko.

Kuva mu 1981 kugeza mu 1984, yari ashinzwe umutungo wa Diyosezi ya Nyundo.

Mu myaka ya 1984-1987, yabaye Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Kivumu.

Kuva mu 1987 kugeza mu 1991, yasubiye muri Paruwasi ya Busasamana, aho yabaye Padiri wungirije.

Mu 1991-1994, yabaye Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Busasamana, ari na Padiri ushinzwe Caritas muri Diyosezi ya Nyundo.

Mu 1994-1997, yabaye Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Gisenyi na Nyundo, bitewe n’uko hari ikibazo cy’ibura ry’abapadiri muri izo paruwasi

Nyuma yaho, haje Nyiricyubahiro Musenyeri Alexis Habiyambere, maze amaze kuba Umwepiskopi wa Diyosezi ya Nyundo, atorera Musenyeri Jean Marie Vianney Nsengumuremyi kuba Padiri ushinzwe Uburezi Gatolika muri Diyosezi ya Nyundo ndetse n’ushinzwe guhuza ibikorwa bya Papa muri iyi Diyosezi, ubutumwa yamazemo imyaka 22.

Mu 2001, Musenyeri Alexis Habiyambere yamugize Igisonga cy’Umwepiskopi wa Diyosezi ya Nyundo, akomeza ubu butumwa kugeza atabarutse, bisobanuye ko na Musenyeri Anaclet Mwumvaneza wabaye Umushumba wa Diyosezi ya Nyundo mu 2016, na we yamugiriye icyizere kuri izi nshingano

Ku wa 11 Gicurasi 2011 ni bwo yahawe izina ry’icyubahiro rya Musenyeri na Papa, bitewe n’ibikorwa bitandukanye by’indashyikirwa yari yarakoze.

No comments:

Post a Comment

Musenyeri Jean Marie Vianney Nsengumuremyi ni muntu ki?

Musenyeri Jean Marie Vianney Nsengumuremyi, wari Igisonga cy’Umwepiskopi wa Diyosezi ya Nyundo, yitabye Imana ku cyumweru tariki ya 30 Kanam...