Wednesday, April 5, 2017

Kwambika ingoro ya Roho Mutagatifu


bavandimwe nkunda dusangiye umuhamagro w'ubutungane, nimuzirikane ko imibiri yacu ari ingoro za Roho w'Imana zikaba n'ingingo za kristu umushumba wa Kiliziya.
ese uyu mubiri ufite bene aka gaciro tuwufate dute?


aba ni abavandimwe bagize  Groupe Vocationnel la Porte du Salut
 muri paruwasi regina pacis bungwe
Umuntu, muri kamere ye, yifitemo icyifuzo cyo kubonwa cyangwa kugaragara neza; umutima wa “bandebe” ni wo utuma agura icyirori, akireba kugira ngo amenye niba ari bunyure abamubona, ibyo kandi akabikora atitaye ku kuba abantu bakunda ibitandukanye. Iyo “bandebe”  kandi ni nayo ituma dusaba bagenzi bacu kudufasha gutoranya imyenda igihe duhaha mu isoko, tukanabasaba kuturebera niba tugaragara neza mbere yo kuva mu rugo kugira ngo aho duca hose tuhanyurane umucyo. Umuntu ushira mu gaciro agomba gutekereza neza ku myambaro yambara n’uko ashaka kubonwa; Imyambaro nambara iranga uwo ndi we, bityo niba nshaka kubonwa neza  ngomba kwambara neza.

“N’ubundi ndamutse nambaye nabi sinasohoka  ngo njye ahabona, mbere yo gusohoka mbanza nireba, namara gutunganya ibyo mbona bidakwiriye, nkasohoka.
Ku bijyanye n’imyambarire, ni ngombwa kongera kuzirikana kuri ibi bibazo: ni ryari umuntu aba yambaye neza cyangwa nabi? Hari aho abantu bagirwa inama yo kwambara birebire, kutambara amapantaro n’amijpo asatuye, hari n’abandi bagirwa inama yo kwambara bakikwiza. Izi nama zose ziramutse zikurikijwe neza zagira umumaro washimwa na benshi; nyamara uwashikamiwe n’icyaha bamuha itegeko bugacya kabiri yamaze kubona uburyo azarikurikiza ritamuciye ku cyo rimubuza, murabyumva neza ko ibyo atari ugukurikiza itegeko ahubwo ni ukugaragaza ko wamenye ko ribaho: Uwo basabye kwikwiza kugira ngo aheshe bimwe mu bice by’umubiri we icyubahiro, ahitamo guhisha umutwe, akambara birebire bihwanije na mikorosikopi umumaro! Usabwe kwirinda ibyerekana amatako n’intege, agahitamo kwiyambika birebira bimuhambiye! Ababujijwe kwambara amapantaro, bagahitamo kwambara amajipo y’abo babyaye

Mu biranga umwali wiyubaha, harimo no kugira ibanga bimwe mu bice by’umubiri we; amabere, amatako n’ibibero, n’ibindi bikwiye kubahwa no kwitabwaho kuburyo bw’umwihariko kandi bw’ibanze kurusha ibindi: Wasobanura ute ko wiyubaha, ukambara neza, wirirwa wanitse umubiri wose uwubesha ko wawambitse. Wasobanura ute ko wiyubaha, ukambara neza, wirirwa wanitse amatako, ibibero n’amabere?. Ni ikihe cyubahiro kiri mu kwambara ipantaro ukagenda urata ikariso, utagataga nk’uwayitayemo umwanda?

Umuntu utazi kwambara neza ntakakubeshe kwiyubaha! Kwambara birebire no kwikwiza ubwabyo kubyumva ni byiza, ariko mu basabwe gukurikiza ibyo si  ko bose bazi icyo bisobanura n’icyo bivuze mu buzima bwabo.  Uwihara kwambara neza kubera ibyo, ntabwo yambaye neza keretse niba uko kwambara kwe kuranga umwana warezwe, kandi kukaba kumufasha mu kwiyubaha, yubahisha icyicaro cya Roho w’Imana ugomba kumuturamo, kukanamufasha gusingiriza Imana mu mubiri we wagenewe kubora, ibyo byose akabigirira gukiza roho ye. Nguwo uwambaye neza, uzirikana ko yambaye Kristu muri Batisimu ko kwitandukanya na We ari byo kwambara ubusa, ikintu Adamu na Eva bazize! Tuzirikane ku gaciro ku kuba turi Ingoro ya Roho Mutagatifu n’ingingo za Kristu maze bitwemeze ko kwiyambika ubusa ari ugusamburira roho udutuyemo: Kwambara ubusa ni ukwirukana Roho w’Imana no guha indaro Sekibi udashobora kubana na Roho Mutagatifu; ni uguha karibu uwahigiye kutugwingiza mu bijyanye n’ubuzima bwa roho.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...