Wednesday, April 19, 2017

Umunsi mukuru wa Groupe Vocationnel La Porte Du Salut, Paroisse Regina Pacis Bungwe, kuwa 15 Mutarama 2017


Ijambo rya perezida ku rwego rwa Paruwasi



Bavandimwe, kuri uyu munsi, twebwe abagize Groupe Vocationnel La Porte Du Salut twahuriye hamwe kugira ngo dushimire Imana kubyo tumaze kugeraho tubikesheje ubufasha idahwema kugoborera bene muntu. Uyu mwaka twasoje udusigiye amatsinda yita ku mihamagaro mu masantarali hafi ya yose ku kigero cya 98%. Ngiyi impamvu y’ibyishimo byacu.

abayobozi ba Groupe vocationnel hamwe na bamwe mu bagize itsinda.
udahwema kutuba hafi, kuburyo wakeka ko nta zindi nshingano zikomeye afite, Imana imukomereze uwo mutima w’ubwitange n’urukundo. Ntitwabura kandi gushimira ababikira badahwema kutwereka ko badukunda kandi badushigikiye, kimwe n’abandi bose batugenera aho gukorera mu masantarali atandukanye. Namwe babyeyi bacu mwemera kuduha umwanya wo guhura n’abandi ngo tuganire ku muhamagaro wa muntu, turabashimiye.

Kubaduteraniye aha dushimira Imana, bituruka ku kuba twarumvise icyo Imana idusaba, ndetse tukaba tuzirikana ko muri batisimu twasezeranye kwanga icyaha, gukurikira Yezu Kristu no kumwamamaza; turabizirikana, tukageragezakubishira mu bikorwa twunze ubumwe na Yo kuko tuzirikana ko byose bihira abakunda Imana. Abakunda Imana barangwa no gushira hamwe, kwizerana, kababarirana, guhugurana no gukorera hamwe bagamije kugezanya ku mukiro Imana itanga, kuko umukiro w’Imana Atari ubwiru ahubwo ni umukiro udasigana n’uw’abavandimwe, ubukungu buhebuje kandi ubwo ubukungu ntawe ukwiye kubwikubira ngo abuhindure nk’akarimake asoromamo imboga igihe yishakiye! Umukiro Imana itanga uryoha usangiwe!

bamwe mu bitabiriye umunsi mukuru
Uyu munsi twishimira ibyiza twagezeho ni umunsi kandi wo kongera kuzirikana ku mbogamizi duhura na zo no gushakira hamwe uko twavana ho iyo mipaka ntawe ubangamiwe mu nzira ye yo kugana Umukiza; hari amasantarali atarumva neza icyo groupe vocationnel aricyo n’icyo igamije, ibyo bigatuma nta muntu n’umwe wifuza kuyijyamo ndetse n’abayigiyemo bagaheruka biyandikisha gusa, kubona bibiliya n’ibitabo by’inyigisho biracyari ikibazo cy’ingutu ndetse no  kuba nta buryo buhamye dufite bugena imikorere y’amatsinda na byo ni imbogamizi yo kugera ku mikorere nyayo kandi ihamye.

Bavandimwe munyemerere, nsoze nsaba abayobozi ku nzego zombi gukomeza gukorana umurava n’urukundo ubutumwa bwabo, baharanira gushakira hamwe ibisubizo by’ibibazo duhura na byo hagamijwe guteza imbere roho zacu n’iz’abavandimwe Nyagasani aduhuza na bo. Ndangije nsaba ababyeyi, abayobozi badushinzwe, ababikira n’abasaseridoti gukomeza kutuba hafi nk’uko babisanganwe.
Imana ibahe umugisha!!

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...