Tuesday, May 16, 2023

Padiri Martin NIZIGIYIMANA ni muntu ki ?

Inshamake ku buzima n’ubutumwa bya Padiri Martin NIZIGIYIMANA, Umunyamabanga mukuru w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda. 

Padiri Martini NIZIGIYIMANA yavukiye mu gihugu cy’u Burundi, mu Cibitoke, kuwa 6 Kamena 1964. Yahawe Isakaramentu rya Batisimu kuwa 15 Mutarama 1965. Amashuri yisumbuye, Martini NIZIGIYIMANA yayize mu Iseminari Nto ya Mureke mu gihugu cy’u Burundi, akaba yarayashoje mu 1987, akomereza mu Iseminari nkuru. Igice cya Flozofiya yagishoje mu 1990. Yahawe Isakaramentu ry’Ubusaseridoti, ku rwego rwa kabiri, kuwa 9 Nyakanga 1995, mu biganza bya Musenyeri Yozefu NDUHIRUBUSA, wari Umwepiskopi wa Diyosezi ya Ruyigi, mu Burundi. Intego ye y’ubupadiri igira iti: “Ikiruta ibyo byose, nimugire urukundo ruzabahuriza mwese mu butungane” (Kol 3, 14). 

Akimara guhabwa ubupadiri, Padiri Martini NIZIGIYIMANA yakoze ubutumwa bwo kuba umuyobozi ushinzwe imyitwarire y’abanyeshuri (Préfet de discipline) mu Iseminari Nto ya Ruyigi. Nyuma aza mu Rwanda, mu 1996, aba umupadiri bwite wa Diyosezi Gatolika ya Kibungo, yakiriwe na Musenyeri Ferederiko RUBWEJANGA. Kuwa 9/7/2020, Padiri Martin NIZIGIYIMANA yijihije yubile y’imyaka 25 y’ubusaseridoti (9/7/1995 - 9/7/2020), naho kuva kuwa 6 kugeza kuwa 11/03/2023, yari i Roma, hamwe n’abashumba ba a diyosei mu rugendo rwabo bita VISITA AD LIMINA APOSSTOLORUM. 

Dore bumwe mu butumwa yakoze kugeza: 

  • 1995 - 1996: Yabaye Umurezi mu Iseminari Nto ya Dutwe muri Diyosezi ya Ruyigi
  • 1996 - 1997: Yabaye Padiri wungirije muri Paruwasi ya Rusumo
  • 1997 - 2006: Yabaye Umuyobozi wa Caritas ya Diyosezi ya Kibungo
  • 2002 - 2003: Yabaye Umuyobozi wa Komisiyo y’ubutabera n’amahoro
  • 2007 - 2011: Yabaye Umuyobozi wa Seminari Nto yitiriwe Mutagatifu Kizito ya Zaza
  • 2008 - 2009: Yabaye Umwarimu usura mu Iseminari Nkuru ya Nyakibanda
  • 2011 - 2016: Yagiye kongera ubumenyi mu masomo ya Tewolojiya muri Kaminuza ya Roma (Université Pontificale Grégorienne), aho yegukanye impamyabumenyi y’ikirenga muri Tewolojiya ya Bibiliya (Doctorat en Théologie Biblique), mu mwaka wa 2016 muri Kaminuza ya Roma (Université Pontificale Grégorienne), ku nsanganyamatsiko: “Ibigize n’ibisobanuro by’umutwe wa 17 w’Ivanjili ya Yohani (Composition et interprétation de Jean 17).
  • 2016 - 2018: Yabaye Padiri ushinzwe guhuza ibikorwa by’Iyogezabutumwa muri Diyosezi ya Kibungo (Coordinateur Pastoral)
  • Kuva mu 2018 kugeza ubu, Padiri Martini NIZIGIYIMANA ni Umunyamabanga mukuru w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda (Secrétaire Général de la Conférence Episcopale du Rwanda)

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...