Monday, June 30, 2025
Diyosezi ya Byumba 2025-2026: Abasaseriodti bahawe ubutumwa
Sunday, June 29, 2025
Ntihazagire ikibabuza kwishimira mu muzabibu wa Nyagasani
Padiri Niyonzima yibukije
Abapalotini ko ntagikwiye kubabuza kwishimira ubutumwa bwabo, baba rwagati mu
muzabibu wa Nyagasani. Yagize ati: “Kabone n’ubwo mwaba muri mu magorwa akomeye
ntihazagire ikibabuza kwishimira mu muzabibu wa Nyagasani, muzaba mwubashye
umubyeyi wacu Vincent Pallotti udusaba guhorana ibyishimo kabone n’ubwo
twanyura mu magorwa akomeye”.
Padiri Nyonzima yasabye
abapalitini kwishimira kwiyuha akuya mu butumwa bakora no kudakangwa n’intege
nke aho zaturuka hose, bakazirikana ko amabavu ari ishema ry’umuhinzi. Ati: “Nuhinga
ntuzane amabavu ntacyo uzaba wakoze, amabavu niyo shema ry’umuhinzi, Padiri
Chrysante Rwasa ntibigutere ubwoba, iyo buji yaka iranashira, iranashonga,
iruta igihumbi zibitse, ubaye uwihayimana wanga gucana itara ngo udashira
ntacyo uzaba umaze, bavandimwe banjye imyaka 25 ishize mwaratse nimukomeze
mwake nibaramuka batoraguye udushashara bagashyira hariya ntacyo bizaba bivuze”.
Padiri Eugene Niyonzima
umuyobozi w'Umuryango w'Abapalotini mu karere k'ibiyaga bigari akaba
n'Umuyobozi w'Ihuriro ry'Imiryango y'Abihayimana, aherey ku mvugo yo “Guhambanwa
ikara” abantu bamwe bakoresha batambamira icyifuzo cyo kwiyegurira Imana, yabwiye
abihayimana ko badahambanwa ikaro ahubwo ikuzo. Yagize ati: “Ubu twamenye ko
uwihayimana adahambanwa ikara ahubwo ahambanwa ikuzo, ni nacyo mbifuriza
bavandimwe banjye muzahambanwe ikuzo, kubera ko twakoreye Imana ikaduherekeza
kugeza uyu munsi.”
Kuri uyu munsi
w’Abatagatifu Petero na Pawulo, Ni umunsi wagiye uhurirana no kwakira Ingabire
y’ubusaserdoti no kwakira iyo kwiyegurira Imana ku muryango w’abapalotini mu
Rwanda ari nayo mpamvu uyu Imbaga y’Imana yo muri Paruwasi ya Gikondo n’inshuti
bishimiye guhimbaza yubile y’imyaka 25 ku bapadiri 4.
Wednesday, June 25, 2025
Stepped towards canonization, June 20, 2025
- the miracle that occurred by the intercession of the Venerable Servant of God Valera Parra, diocesan priest, archpriest and parish priest of Huércal-Overa, born on 27 February 1816 in Huércal-Overa, Spain, and died there on 15 March 1889;
- the martyrdom of the Servants of God Manuel Izquierdo, diocesan priest, and 58 companions of the diocese of Jaén, Spain, killed between 1936 and 1938, in hatred of the faith, in various places in Spain, in the context of the same persecution;
- the martyrdom of the Servants of God Antonio Montañés Chiquero, diocesan priest, and 64 companions of the diocese of Jaén, Spain, killed between 1936 and 1937, in hatred of the faith, in various places in Spain, in the context of the same persecution;
- the martyrdom of the Servants of God Raimond Cayré, diocesan priest, Gerard Martin Cendrier, professed religious of the Order of Friars Minor, Roger Vallée, seminarian, Jean Mestre, lay faithful, and 46 companions, killed between 1944 and 1945 in hatred of the faith, in various places, in the context of the same persecution;
- the heroic virtues of the Servant of God Raffaele Mennella, professed cleric of the Congregation of the Missionaries of the Sacred Hearts, born on 22 June 1877 in Torre del Greco, Italy, and died there on 15 September 1898;
- the heroic virtues of the Servant of God João Luiz Pozzobon, permanent deacon and father, born on 12 December 1904 in the district of Cachoeira, in the State of Rio Grande do Sul, Brazil, and died in Santa Maria, Brazil, on 27 June 1985;
- the heroic virtues of the Servant of God Teresa Tambelli (née Maria Olga), professed religious of the Daughters of Charity of Saint Vincent de Paul, born on 17 January 1884 in Revere, Italy, and died on 23 February 1964 in Cagliari, Italy;
- the heroic virtues of the Servant of God Anna Fulgida Bartolacelli, lay faithful, of the Association of Silent Workers of the Cross, born on 24 February 1928 in Rocca Santa Maria, Italy, and died on 27 July 1993 in Formigine, Italy. (Source: Holy See Press Office)
Know the recent appointed Bishops
Curriculum vitae
Msgr. Germán Humberto Barbosa Mora was born in Bogotá on 24 December 1974. He carried out his studies in philosophy and theology at the Seminario Mayor de Bogotá, and obtained a licentiate and doctorate in moral theology from the Pontifical Gregorian University in Rome. He received priestly ordination for the metropolitan archdiocese of Bogotá on 2 December 2000. In 2003, he was incardinated in the new diocese of Engativá at the moment of its creation.
He has held the following pastoral
assignments:
- Parochial Vicar of the Parish of St. John the
Baptist de la Estrada (2001).
- Parish Priste of the Parish of Our Lady of
Copacabana (2002–2005).
- Studies at the Pontifical Gregorian University, Rome
(2005–2007).
- Parish Priest of the Parish of Our Lady of the
Rosary, Cota (2007–2011).
- Parish Priest of the Cathedral of Engativá St. John
the Baptist de la Estrada (2011–2013).
- Doctorate in Moral Theology at the Pontifical Gregorian
University, Rome (2013–2016).
- Formator and Vocations Animator Delegate at the Major
Seminary of Bogotá (2017–2019).
- Episcopal Vicar of the Vicariate Our Lady of the
Rosary and Member of the Episcopal Council of the Diocese of Engativá
(2019–2025).
- Director of the San Lorenzo Seminary House in
Cota (2020–2023).
- Parish Priest of the Parish of Divine Grace in
Suba (2023–2025).
Appointment of bishop of Nogales, Mexico
Curriculum vitae
Msgr. José Luis Cerra Luna was born in Torreón, State of Coahuila, on 24 July 1963, He studied in the seminary of Matamoros and Monterrey, and was ordained a priest on 21 April 1990, and incardinated in the diocese of Matamoros-Reynosa. He was awarded a licentiate in philosophy at the Universidad Pontificia de México and a licentiate in spiritual theology from the Pontifical Theological Faculty and Pontifical Institute of Spirituality Teresianum in Rome.
Studies Completed:
· Studied Philosophy at the Seminary of Monterrey (1981–1984).
· Studied at the Pontifical University of Mexico from 1985 to
1991, where he obtained a Bachelor's degree in Theology and a Licentiate in
Philosophy.
· Studied at the Pontifical Institute of Spirituality, Teresianum,
in Rome, Italy, from 1997 to 1999, where he obtained a Licentiate in Theology
with a specialization in Spiritual Theology.
Positions Held in His Priestly
Ministry:
· Served as Bursar, Professor, and Spiritual Director at the
Seminary of Matamoros from 1991 to 2007.
· Has been Parish Priest of the following parishes:
o
Our Lady of
the Assumption in H. Matamoros, Tamaulipas (2007),
o
Our Lady of
San Juan de los Lagos in Río Bravo, Tamaulipas (2013),
o
And the Co-Cathedral Our Lady of
Guadalupe in Reynosa, where he has served as Pastor since 2019 and as
Rector since 2024.
· He is a member of various diocesan councils and has served
as Moderator of the Operational Council for the Protection of Children and
Vulnerable Adults in the Diocese since 2019.
· Currently, he is the Vicar General of the Diocese of Matamoros–Reynosa since 2019 and has also been the Legal Representative of the Diocese since 2009.
Wednesday, June 18, 2025
Nkotsi, umurenge wihariye ku mateka y'Abami b’u Rwanda
Nkotsi ni umwe mu mirenge cumi n’itanu igize Akarere ka Musanze, ikaba igizwe n’utugari dutanu: Mubago, Gashinga, Ruyumba, Rugeshi na Bikara.
Uyu murenge uherereye mu majayepfp y’Akarere, ugahana imbibi n’imirenge ine ari yo Busogo, Kimonyi, Muko na Rwaza, mu gice cy’Akarere ka Musanze n’Akarere ka Nyabihu.
Ubukungu bw’abaturage bushingiye ku bikorwa by’ubuhinzi, ubworozi n’ubucuruzi.
Bimwe mu byo wasura mu murenge wa Nkotsi
‘Nkotsi na Bikara’, aho Abami b’u Rwanda bimikirwaga.
Nkotsi na Bikara, ni agace ko mu murenge wa Nkotsi. Ni agace gafite amateka yihariye ku bami b’u Rwanda, kuko ariho rukumbi rukumbi himikirwaga abami. Aha ahantu hari iriba ry’amazi adakama, n’ishyamba ry’inzitane ryitiriwe umwami Gihanga Ngomijana, riri ku buso bwa hegitari 11. Bamwe mu basaza bayirukiye muri Nkotsi bavuga ko inkomoko y’iriba ry’amazi ifitanye isano n’Umwami Gihanga waharuhukiye avuye mu Ndorwa.
Mvuyekure Yohani Bosco ati “Aho hantu Umwami Gihanga yaharuhukiye ubwo yari avuye mu Ndorwa aho yari yajyanye mushiki we, mu kugaruka yanga gusubira mu nzira yanyuzemo agenda, agaruka anyuze mu Murera.Yaraje aruhukira hano muri Nkotsi, aho yafashwe n’inyota abonye iri riba, adaha amazi ayasomaho. Ayo yari asigaje mu ruho ayamena imusozi, ahaca ikiraro avuga ko ari uburuhukiro bw’umwami, amaze kuharuhukira asubira i Nyanza”.
Hategekimana Yosefu, umukozi w’Ikigo cy’igihugu cy’iterambere RDB ushinzwe gusobanurira amateka abasura aka gace, avuga ko Nkotsi yitiriwe iryo shyamba ry’umwami riri ku buso bwa hegitari 11, naho iriba ryo rikitirirwa Bikara, ari ho havuye inyito Nkotsi na Bikara. Yongeraho ko ko Iriba rya Bikara ariryo bakuragaho amazi umwami yagombaga kwiyuhagira mbere yo kwimikwa. Ati “Bamuvanaga i Nyanza cyangwa mu zindi mpande zinyuranye z’igihugu, akaza hano aje kwimikwa yamaze gutoranywa ko agomba kuba Umwami. Nibwo bamuzanaga hano i Buhanga bitiriye Gihanga, bakamukorera imihango yo kumwimika.
Ni imihango yakorerwaga n’abo bita Abiru bavuka hano i Buhanga, harimo uwitwa Komayombi, Semabumba na Buhindura, bamara kumukoreraho iyo mihango bakamuha imitsindo akajya kuyerekana i Nyanza ko ayivanye aho kwa Gihanga, yamufashaga kuyoboraga igihugu nta kintu kimukomye imbere, yatera agatsinda bamutera ntibamutsinde kubera ya mitsindo”. Bimwe mu biteye amatsiko ku iriba rya Bikara birimo ko mu gihe cy’impeshyi yuzura akameneka ku mpande, ariko mu gihe cy’imvura akagabanuka. Bivugwa kandi ko abami b’u Rwanda hafi ya bose bahageze, usibye Kigeri V Ndahindurwa, watangiye hanze y’Urwanda. Muri Nkotsi na Bikara, niho usanga:
I Buhanga kwa Gihanga, agace kabumbatiye amateka y’iyimikwa ry’abami
Ni agace nyaburanga gakorerwamo ubukerarugendo, kabumbatiye ibintu byinshi byarangaga umuhango wo kwimika Abami mu Rwanda rwo hambere. Gaherererye mu Kagari ka Bikara. Muri aka gace, hari Inzu y’umwami yari inzu imanitse hagati y’ibiti bibiri binini. Hategekimana Yosefu ati “Yari inzu ya Kinyarwanda isakaje ibyatsi, ntiyigeze isenywa ahubwo yageze aho irahanuka. Buri wese wajyaga kuba umwami yagombaga kwinjira muri iyo nzu agahabwa imigisha n’Abiru (Abagaragu b’umwami), akaba ari imihango yakorwaga mbere y’uko umwami yima ingoma. Iyo nzu yari ifite ibyumba bitatu; kimwe cyicarwagamo n’umwami, icyo yabikagamo ibye n’icyo abamusuraga bamutegererezagamo; iki cyumba kandi ni nacyo Abiru bicaragamo bari mu migenzo yabo.”
Hategekimana Yozefu, usobanurira abakerarugendo ku buryo bwimbitse amateka ya ‘Buhanga kwa Gihanga’ avuga ko izina ‘i Buhanga kwa Gihanga’ “rituruka ku mwami wa mbere wategetse u Rwanda witwaga Gihanga bikaba bivugwa ko yatuye muri kano gace.” Aka gaci kagizwe ahanini n’ishyamba, karangwa n’umutuzo ndetse n’ibiti by’ubwoko butandukanye budakunze kugaragara hirya no hino mu Rwanda. Hagaragara ibimenyetso byifashishwaga mu kwimika abami mu myaka yo hambere, wumva neza iyo ubusobanuriwe n’umukozi w’ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) uhakorera buri munsi.
Igiti cy’inyabutatu y’Abanyarwanda
Ni igiti kigaragara mu ishyamba rya Buhanga. Iyo utacyitegereje neza ubona ari kimwe, wacyitegereza neza ugasanga kigizwe n’amoko atatu atandukanye y’ibiti; n’umuvumu, Umusando n’Igihondohondo, bifatanye byose mu buryo busa n’amayobera. Ibi Bwana Hategekimana abisobanura agira ati “Iki giti kivuze byinshi ku mateka y’Abanyarwanda kuko iyi nyabutatu ni amako atatu yuzuzanyaga y’Abanyarwanda abazungu bataraza ngo bayatanye.”
Iriba rya Nkotsi na Bikara
Iri riba ryari Icyuhagiro cy’umwahi. Hari abavuga ko umwami yashyirwaga muri iryo riba, akogeshwa amazi ‘azira inenge’ yaryo hagamijwe kumurinda abanzi bashoboraga kumutera. Nyuma yo koga ayo mazi, yagombaga guhita ayobora inama imihuza n’abagaragu be bakuru n’Abiru, akababwira imigabo n’imigambi afite mu gihe cy’ubutetsi bwe. Mu mwaka wa 2006, nibwo Leta y’u Rwanda yongeye agace ka Buhanga kuri Parike y’Igihugu y’Iburanga kugira ngo abasura iyo parike na ko bajye bagasura.
Ibikorwa by’amahoteli
Nkotsi ni Umurenge utarasigaye inyuma mu rwego rw’amahoteli kuko tuyisangamo amahoteli atandukanye arimo “Classic Resort Lodge”, Hoteli y’inyenyeri enye ikaba ifite ibyumba 32 birimo 11 byubatse mu buryo burengera ibidukikije (eco-lodges) n’ibindi bikorwa remezo bifasha abantu mu myidagaduro, siporo, kwinezeza no kuruhuka. Hari kandi “Red Rocks Rwanda”, hoteli y’inyenyeri imwe, nayo ifasha abantu mu buryo butandukanye, ibaha serivisi nziza kandi yuje ubwuzu. Umurenge wa Nkotsi uzwiho kandi kuba ubumbatiye amateka y’imikwa ry’abami b’U Rwanda rwo hambere.
Sura Umurenge wa Nkotsi, usobanurirwe
byinshi by’amayobera kuri Nkotsi na Bikira, birimo n’uko Burugumesitiri washatse kuvogera Iriba rya Bikara yaburiwe
irengero. (yakuwe kuri Musanze District)
Friday, June 6, 2025
ABA YEZU BAMWAMAMAZA NTA NZIKA, INZANGANO N'INZIGO
Uwarinze Pawulo Intumwa akamugeza i Roma ngo ahavugire izina rye rigamije gukiza amahanga yose, Uhanurira Petero ibizamubaho kugira ngo aheshe izina rye ikuzo, Uhamagarira Petero Intumwa gukurikira Yezu Kristu atarangajwe n’abantu abo ari bo bose, Nyagasani Yezu Kristu muzima wapfuye akazuka, aje dusanga uyu munsi mu ijambo rye kugira ngo akomeze aduhaze umunezero isi idashobora kuduha cyangwa se kudushikuza.
Mu isomo rya mbere,
baratwereka Pawulo Intumwa agera i Roma ari imfungwa, ariko nyamara agahabwa
uburenganzira bwo kuba yagira abantu avugisha kandi na we ntiyatinya kubikora.
Ntiyatewe isoni n’uburoko yari arimo, cyangwa se no kwitwa imfungwa, kuko yari
azi neza uwo azira. Ikindi kandi kuba imfungwa kwe byabaye intandaro yo kugira
ngo abohore benshi. Ugufungwa kwe, kwabaye intandaro yo kugira ngo abohore roho
nyinshi, azimenyesha Yezu Kristu. Kubw’inyuma yari imfungwa. Ariko nyamara mu
maso y’ijuru yari umubohozi mu izina rya Yezu. Yezu Kristu yamamazaga yari
afite ububasha bwo kubohora abantu ku minyururu y’icyaha n’urupfu.
Nk’uko rero isomo rya
mbere rirangiza ribivuga ati” Yigisha ibyerekeye Yezu Kristu nta nkomyi kandi
ashize amanga.” Biratangaje! Ni igitangaza kubona umuntu wahuye n’ibibazo
nk’ibye; ibyo ushobora kubyumva usubiye inyuma ugasoma igitabo cy’Ibyakozwe
n’Intumwa nyine uhereye mu mutwe wa cumi na gatatu, cyangwa se wenda no mu
mutwe wa cyenda, ingorane zose yagiye ahura na zo. Nk’ubwo yageze i Roma ari
imfungwa, ariko tuzi ibyari byabaye igihe ubwato bubashwanyukiraho bakagomba
guca ku kirwa cya Marita, bakazahava bajya i Roma.
Ibyo byose mu by’ukuri
yagombye kugera i Roma kubw’abantu yahahamutse! Nta muntu ashaka no kureba,
yuzuye ubwoba, cyangwa se urwango. Adashaka abantu: “Abantu muri babi
nimujyende! Nta muntu n’umwe nshaka ko anyegera! Nimugende mwa Bayahudi mwe
b’abagome!” Ibyo ngibyo mu by’ukuri
kubw’abantu ni uko yagombaga kugera i Roma ameze. Nyamara kubwa Roho Mutagatifu
si uko byagenze. Ubwo Abayahudi bamusabiraga urupfu, mu gihe Abanyaroma
bavugaga bati” Uyu muntu ni umwere”, ntabwo yavuye i Yeruzalemu yumva Abayahudi
ari abantu babi bagomba kwangwa, bagomba guhigwa, ahubwo yaje abashaka.
Abashakisha yuje urukundo. Ashaka kubamenyesha Inkuru Nziza y’umukiro.
Kubabwira ukuri. Nguwo Roho wa Yezu uko akora. Ni urukundo rusa mu mitima
y’intumwa ze.
Ntabwo urwango rushobora
kwinjira mu mutima w’abantu bamamaza Yezu Kristu ngo barwemerere. Bavuga ngo
“Bariya bantu! Mwebwe mwese muri kimwe! Nimugende. Jyewe Inkuru Nziza
nzayimenyesha aha n’aha! Bariya nibazibe! Biriya bigome!” Ubwo ni uburyo bwo
gukora bw’abantu. Abo Roho Mutagatifu akoresha ntibakora batyo. Abafite Roho
Mutagatifu ahubwo bagenda bashaka abo ngabo bazi neza ko buzuye inabi,
bacumbitsemwo inabi, kugira ngo bayibasenyemo bakoresheje Urumuri rwatsinze
inabi nyine, Yezu Kristu wapfuye akazuka.
Pawulo Intumwa rero ni
uko yagiye yishimiye kwakira abo Bayahudi. Ntabwo yagize ubwoba ngo avuge ati “
Eee! None aba Bayahudi bakongera kungambanira bakankura n’aho nari ndi! dore
nari mbakize mvuye i Yeruzalemu none nongere mpure na bo? Oya. “Pawulo Intumwa
si uko yabigenje Pe. Yagiye yuje urukundo arabakira, akakira abamushakaga bose.
Nk’uko nyine batubwira hariya nyine, amara imyaka ibiri yose mu icumbi
yirihirira, akakira abamugenderera bose, atarobanuye: ngo bariya bo nibagende! Inkuru Nziza ya Yezu Kristu ntirobanura
cyangwa ntabwo ari iye.
Umuntu kandi ashobora
gukoresha Yezu Kristu mu buryo bwa kimuntu; Gukoresha Inkuru Nziza mu buryo bwa
kimuntu. Akumva ahari ko hari abo agomba kuyibwira, abandi ntayibabwire. Akumva
ko hari abo agomba kwakira, abandi ntabakire. Ibyo byose ni ibishuko by’abo
Nyagasani Yezu Kristu yohereza. Kuko sekibi na yo ntireka kubagendaho. Sekibi
ibiba urwango mu bantu. Cyane cyane iyo hari ababagiriye nabi cyangwa se
ababigerageje. Aho kugira ngo umuntu avuge ati “Ndababariye na Yezu Kristu
yarambabariye” cyangwa se ngo yumve ko abo ngabo yumva ko ari babi, ari bo
bakeneye kubwira urukundo Yezu Kristu aduha ku buntu, no kuruherezwa kugira ngo
barwakire rubabesheho, kuko umuntu wese wanga undi nta buzima aba afite, nk’uko
Yohani Intumwa abitwigisha, Abo bose bakeneye kwakira urwo rukundo.
Kandi ntawakira urukundo
ateretswe. Kwerekwa urukundo rero gukuru ni ukumenyesha Yezu Kristu. Umuntu
wese ukumenyesha Yezu Kristu wapfuye akazuka, aba agukunda kuruta abandi bantu
bose. Kubera ko ibindi byose abandi
bakubwira nta na kimwe gishobora kuguha ubugingo bw’iteka. Kabone n’aho yaba
akubwira ko agukunda akaba ari wowe yahisemo, akaba ari we muzabana
mugashyingirwa. Ariko se nyuma y’aho? Urupfu niruza se? Nyamara umuntu
ukumenyesha Yezu Kristu we, aba arimo kugukingurira amarembo y’Ubugingo
bw’Iteka. Ni yo mpamvu Abatagatifu ari bo batanze ubuzima bwabo, bakitanga
rwose kugira ngo isi ibone ko Yezu Kristu ari muzima, ari bo badukunda ba
mbere. N’undi muntu wese ushaka kudutagatifuza, ushaka kutwereka uruhanga rwa
Yezu Kristu uwo nguwo adufitiye urukundo nyarwo. Urukundo ruzima.
Nguko rero uko Pawulo
yahingutse i Roma nyine yuje urwo rukundo, ashaka ko abantu bose ahuye na bo,
bahura na Yezu Kristu Umukiza bakamumenya bakamwakira. Kuko yari azi neza kubwa
Roho Mutagatifu itegeko rya Kristu, ririya aha Petero. Ati “Uriya we mwihorere
jyewe nkurikira.”
Wowe nkurikira: Wivuga
ngo abantu bakugiriye nabi, ngo barakwanze, baraguhemukiye, ngo ni abagome ngo
ni ibiki byose, ngo hanyuma na we ubonereho ubakurikire bo ubwabo mu nabi yabo,
aho gukurikira Yezu Kristu Rukundo.
Uyu minsi Yezu arakubwira
ati “Bariya bihorere nkurikira.” Nkurikira kandi ni na nkurikiza. Akira
urukundo rwange uruhe bose. Bose ubamenyeshe umukiro undimo kandi akaba ari jye
urimo gusa. Ubamenyeshe ko napfuye kandi nazutse ntazongera gupfa bibaho. Mfite
ububasha bwo kwica urupfu n’icyaha. Kubeshaho abanyemera bose.
Urwo rukundo rero Pawulo
intumwa yari yuzuye, uyu munsi turusabire Kiliziya yose, abantu bose bamamaza
Yezu Kristu. Kugira ngo aho bahingutse, uwo muntu wese ugiye mu butumwa ahantu
ahinguke yuzuye urwo rukundo. Urwo rukundo rwa Yezu Kristu, urwo rukundo
rw’umushumba witeguye kwitanga mu izina rya Yezu Kristu kugira ngo Yezu
amenywe; nk’uko Yezu Kristu yitanze kugira ngo Se amenywe, akundwe.
Uwo Roho Mutagatifu rero nadusendereze urwo rukundo mu izina rya Yezu. We wari wasendereye Pawulo intumwa nadusendere natwe. Nasendere abakristu bose twuzure urwo rukundo ruduhuriza twese muri Kristu. Kandi rugatuma dukora ubutumwa, abo dukorera ubutumwa tubakunze muri Kristu.
Monday, June 2, 2025
Kuba umuhamya wa Yezu ni uguhara amagara kubera Ivanjili
Inyigisho
yateguwe na Padiri JEREMIE HABYARIMANA.
Yezu Kristu akuzwe!
Nyagasani Yezu Kristu
wapfuye akazuka rero, ahingutse imbere yacu uyu munsi mu ijambo rye, kugira ngo
akomeze atuyobore urugendo rugana Pentekositi Ntagatifu, umunsi w’isenderezwa
rya Kiliziya yose nzima, ingabire za Roho wa Yezu, ingabire za Roho wa Data.
Kugira ngo buri wese yivuye inyuma ahamye rwose nta gihunga, ko Yezu Kristu
yapfuye kandi yazutse, ko Yezu Kristu ari muzima, ko Yezu Kristu ari Umutegetsi
n’Umukiza kandi ibyo bikagaragazwa n’ubuzima bwa buri wese bwahonotse icyaha
n’urupfu.
Nyagasani Yezu rero
akomeje kutwereka mu ijambo rye ububasha bwa Roho Mutagatifu umukoreramo We
ubwe igihe asabana na Se, ububasha bwa Roho Mutagatifu ukorera mu bigishwa be
cyane cyane ukorera mu ntumwa ze igihe zigomba kumwamamaza, igihe zigomba
kumuvuga. Uwo Roho ni urukundo.
Roho w’urukundo amaze
gusendera muri Pawulo Intumwa, amaze kumwumvisha ko agomba kujya i Yeruzalemu
kandi atamuhishe ibyago azahahurira na byo ahubwo amuhaye imbaraga zo
kubyemera. Kubera urukundo rwa Yezu yiteguye rwose guhara amagara ye ntacyo
atinye kubera urukundo Roho Mutagatifu yari yamwujujemo agakunda Yezu Kristu
n’abe bose. Uwo Roho yamushyizemo igitekerezo cyo guhamagaza abayobozi ba
Kiliziya ya Efezi kugira ngo ababwire
akajambo kuje urukundo. Ijambo ryuje urukundo yari ababikiye ku mutima.
Yezu Kristu na we yuzuye
uwo Roho w’urukundo, yasanze noneho gukomeza gusenga Se mu bwiherero, igihe
cyari kigeze rwose ngo amagambo asanzwe abwira Se, n’intumwa ze zumve ubuyo ari
amagambo ateye ubwuzu, yuje urukundo. Yezu kubera urukundo yakundaga Se,
yakundaga abe, yiyemeza gusenga mu ijwi riranguruye abwira Se amagambo
y’agatangaza, amagambo yuzuye urukundo.
Ari Pawulo Roho Mutagatifu atwereka uyu munsi, ari na
Yezu Kristu, urwo rukundo rwabo (urwo rukundo rwari rubarimo), Roho Mutagatifu natwe arashaka
kurushyira muri twe, kugira ngo tugire urukundo rutuma tutatinya guhara amagara
yacu dukiza Roho z’abandi. Tugire urukundo, rutuma tudatinya kubwiza ukuri abo
tugomba kukubwira, kugira ngo bakize roho zabo mu izina rya Yezu Kristu wapfuye
akazuka. Kugira ngo tugire urukundo rutuma dusenga Data tumukunze, rutuma
dusengera muri Roho Mutagatifu, muri Roho w’urukundo, atari ibyo guhuragura
amagambo gusa, cyangwa se kuvuza induru kubera ko umuntu ageze mu bibazo,
ahubwo isengesho rivuye ku mutima kubera urukundo ukunda So Uhoraho, kubera
urukundo ukunda Yezu Kristu, Kubera urukundo ukunda Roho Mutagatifu, kubera
urukundo ukunda Abatagatifu wiyambaza, wuzuye urwo rukundo kandi ushaka
guhinduka rwo kugira ngo abakwegereye urubabubaganizemo igihe n’imburagihe
ukoresheje amagambo yawe, ubikora. Byose bizagenda bibereka ko bakunzwe koko na
Yezu Kristu.
Yezu Kristu udashobora kubabeshya, Yezu Kristu udashobora kubagirira imigambi mibisha. Yezu Kristu udashobora kubanga. Yezu Kristu udashaka kubaroha mu byaha, ahubwo ushaka kubarohora. Ibyo ngibyo bikagaragara mu ntumwa yose ya Kristu. Ibyo ni byo Pawulo ahamiriza bariya Banyefezi, atari ukugira ngo abirateho, ababwira ati “Dore ubu ngubu mwebwe mugiye gukora amahano kandi muzi ko nabaye intagereranywa, nabaye igitangaza.” Pawulo agira ngo abashishikaze, muri bo yarebaga abantu bose bazabahagarara imbere, abantu bose bazabitegereza bagira ngo babone urugero, abantu bose bazabagira ikitegererezo, akarorero.
Maze babona koko ko Yezu yabakijije, na bo bakagenda bamwegera bamwegera bati “Eee, ibyo Yezu yakoreye uriya, ndashaka ko nange abinkorera. Dore uriya yamukijije ubusambanyi nanjye ndashaka ko abunkiza. Yamukijije inzangano nange ndashaka ko azinkiza. Dore uriya Yezu yamukijije kurakara nanjye ndashaka ko abinkiza. Yezu kuki utankiza nk’uriya?” Nta gushidikanya rero ko urugero ari ingenzi, nta nubwo ari ingenzi gusa ni ngombwa mu myigishirize ya Yezu Kristu, mu myigishirize y’Inkuru Nziza, mu myamamarize ya Yezu Kristu.
Ni yo mpamvu Pawulo
azamura akaboko yitangaho umugabo kugira ngo na bo bamwigane. Abo ngabo bose
biyemeje guhagarara imbere y’abandi ati “Turi hano, tuje kubahugura.” Kugira
ngo izo nyigisho, ayo mahugurwa adahinduka ayo mu mutwe gusa, ahubwo bibe
kubereka inzira kandi bafatanya na bo kuyikurikira. Pawulo Intumwa rero
yababwiye ariya magambo, ateye ubwuzu! Amagambo yuje urukundo: “Muzi ko nabanye
namwe kuva aho ngereye muri Aziya.”
Nabanye namwe! ni nkaho
yakababwiye ati “Mwarambonye, muranzi. Sinabihishe ubuzima bwange nabushyize
imbere yanyu muzi ko nabanye na mwe. “Nakoreye Nyagasani niyoroheje ku buryo
bwose.” Yakoreye Nyagasani yiyoroheje, ntabwo ari abantu yakoreye. Nta muntu
n’umwe uzashaka gukorera abantu ngo yigere ashimisha Yezu Kristu.
Nta muntu n’umwe uzashaka
gukorera abantu ngo yigere ashimisha Yezu Kristu wapfuye akazuka. Pawulo si
abantu yakoreye. Yakoreye Nyagasani. Ahagaze aha kubera ko Nyagasani
yabishatse. Ari imbere yabo kuko Nyagasani yabishatse, ntabwo ari ubushake
bw’umwe muri bo. Ni yo mpamvu na we nk’uko yabyibukije nyine mu ibaruwa
yandikiye Abanyatesaroniki aho yababwiraga ko adaharanira gushimisha umwe muri
bo, ahubwo aharanira ikuzo rya Nyagasani ko ari ryo ashaka, ko atigeze ababwira
amagambo y’amaryohereza, ahubwo yashatse kubabwira ijambo rikiza buri wese. Ni
Nyagasani yakoreraga. Yakoreraga Nyagasani Yezu.
Ntabwo ijambo twamamaza
ari iryo kurobesha incuti, ni iryo kurobesha abayoboke ba Kristu. Ni iryo
gukiza abantu icyaha n’urupfu. Kwamamaza Yezu Kristu. Ibyo ntibishobora gukorerwa
kugira ngo hagire umuntu wishima, cyangwa se aseke cyangwa atarakara. Uko Yezu
yashakaga guha Se ikuzo gusa, ni ko n’abe baharanira ikuzo rya Yezu Kristu
wenyine, kandi igihe cyose batabikoze
gutyo barahusha.
Nakoreye Nyagasani!
Pawulo akongera ati “Nakoreye Nyagasani niyoroheje ku buryo bwose.” Niyoroheje
ku buryo bwose! Yezu Kristu twamamaza ni Uwapfuye rubi yasebye! nk’uko Pawulo
abitwibutsa mu Banyafilipi kabiri. Apfa urw’abacakara! yicishije bugufi ku
buryo bukomeye!
Ntabwo rero umuntu wuzuye
ubwirasi ashobora kwamamaza Yezu Kristu, kabone n’aho yamuvuga. Inkuru Nziza
inyura mu bwiyoroshye, yamamazanywa ubwiyoroshye. Nta muntu n’umwe ugomba
kurata ubutumwa bwe uko bwaba bwitwa kose ngo agire umuntu abukandagiza. Iyo
bigenze gutyo ntibuba bukiri ubutumwa kaba kabaye akazi ke. Kuko gutumwa nyabyo
ni ukugendana na Yezu Kristu mu bwiyoroshye.
Pawulo agakomeza ati “Mu
marira no mu magorwa naterwaga n’ubugambanyi bw’Abayahudi”. Ntacyo yasize
inyuma mu gutanga imbaraga ze no mu gutanga umutima we, mu gutanga ubwenge bwe,
kugira ngo Yezu Kristu amenyekane. N’amarira yarayarize! Inkoni yarazikubiswe!
Yarababaye! Ariko ibyo byose ntibyamubujije kwishimira kwamamaza Yezu Kristu
wapfuye akazuka.
“Nta cyo nabakinze mu byo nashoboraga kubabwira cyabagirira akamaro. Ntabwo ijambo rya Yezu Kristu ryamamazwa mu mayeri. Yezu Kristu ntabwo ahishe, yarazutse ni muzima. Ntamafefeko aba mu Iyamamaza-nkurunziza. Abamamaza Yezu Kristu ntibafefeka. Yezu Kristu ni Urumuri. Inkuru Nziza ntabwo yamamazwa umuntu arimo afite ibyo ahishahisha. Umuntu akorana amacengacenga! Yezu Kristu ni muzima n’abamukurikiye ntibagenda mu mwijima. Roho Mutagatifu rero atumanukireho aduhe ingabire zose zikenewe kugira ngo Yezu yamamazwe muri ibi bihe turimo. N’imbaraga zacu zose, n’umutima wacu wose, n’ubwenge bwacu bwose, ahindure isi.
Ngwino Roho wa Yezu. Singizwa
Yezu Kristu wadupfiriye ukazuka! Mutima utagira inenge wa Bikira Mariya,
udusabire!
Ruhengeri: Abadiyakoni 9 bahawe ubupadiri
Abadiyakoni 9 bahawe ubupadiri, Abafaratiri batatu bahabwa ubudiyakoni mu gihe abapadiri batatu bahimbaje Yubile y’imyaka 25 bamaze bahawe ...

-
Mu nzira bataha, abanyeshuri bose bagenda bavuga ko Ramba na Rere baberanye ak'umutemeri n'ikibo! Bati "komereza aho mukundan...
-
Rere yasubiye kuri watsapu asanga ubutumwa yoherereje Mpano ntibwagiye nuko arongera arabwohereza. Agerekaho na we umuvugo w’imikararago mir...
-
Ubwo Ramba yasezerwagaho mu marira n'umukunzi we, yanahawe agafoto. Iyo foto yatanzwe mu gihe cy'amarira y'urukundo, yaharekejwe...
-
Myr Eduwaridi SINAYOBYE ahabwa ubwepiskopi (ifoto ya archidioceseofkigali.org) Kuwa 2 Gashyanta re 1 900 nibwo Myr Hiriti n’abo bari kumwe...