Sunday, June 29, 2025

Ntihazagire ikibabuza kwishimira mu muzabibu wa Nyagasani

“Ubu twamenye ko uwihayimana adahambanwa ikara ahubwo ahambanwa ikuzo, ni nacyo mbifuriza bavandimwe banjye muzahambanwe ikuzo, kubera ko twakoreye Imana ikaduherekeza kugeza uyu munsi.”

Kuri iki cyumweru tariki ya 29 Kamena 2025, mu gitambo cya Misa cyayobowe na Nyiricyubahiro Antoine Karidinali Kambanda Arikiyepiskopi wa Kigali. Ni igitambo cyahimbarijwemo yubile y’imyaka 25 ku bapadiri 4 b’abapalotini: Yubile y’imyaka 25 y’Ubusaserdoti ya Padiri Chrysante Rwasa wo muri Paruwasi ya Masaka muri Arikidiyosezi ya Kigali na Padiri Gérard Kamegeri wo muri Paruwasi ya Goma muri RDC akorera Ubutumwa mu Gihugu cya Kanada.

Hijihijwe kandi yubile y’imyaka 25 y’Amasezerano yo Kwiyegurira Imana kuri Padiri Jules- Eusèbe Mutabaruka wo muri Paruwasi Katederali ya Kibungo ubu akorera ubutumwa mu Gihugu cy’u Bufaransa na Padiri Faustin Juvénal Ndagijimana wo muri Paruwasi ya Nyakinama ubu akorera ubutumwa mu Gihugu cya Belgique.

Padiri Eugene Niyonzima umuyobozi w'umuryango w'abapalotini mu karere k'ibiyaga bigari akaba n'Umuyobozi w'Ihuriro ry'Imiryango y'Abihayimana, yasabye Abapalotini kudakwanga n’amabavu kuko ari yo shema ry’umuhinzi, gutera umugongo ibicantege byose, bagahorana ibyishimo mu muzabibu wa Nyagasani. (Indi nkuru wasoma: Inshamake ku muryango w’Abapalotini mu Rwanda).

Padiri Eugene Niyonzima
Guhimbaza yubile ni uguhimbaza ibiyigize, kuko ntacyo byaba bimaze kuyihimbaza nta kigaragara wamariye abantu n’Imana. Ni byo Padiri Eugene Niyonzima yavuze, ati : “Guhimbaza yubile y’imyaka 25 ni ibiyigize kuko hari n’igihe wayimara ntacyo wigeze umarira abantu n’Imana, uyu munsi turashimira Imana kubw’aba bavandimwe b’abapadiri b’abapalotini, Padiri Chrysante Rwasa, Padiri Gérard Kamegeri, Padiri Jules- Eusèbe Mutabaruka na Padiri Faustin Juvénal Ndagijimana, dushimira Imana ubudahemuka bwabo kuri Nyagasani, ni byinshi ubwo budahemuka bwagejejeho”.

Padiri Niyonzima yibukije Abapalotini ko ntagikwiye kubabuza kwishimira ubutumwa bwabo, baba rwagati mu muzabibu wa Nyagasani. Yagize ati: “Kabone n’ubwo mwaba muri mu magorwa akomeye ntihazagire ikibabuza kwishimira mu muzabibu wa Nyagasani, muzaba mwubashye umubyeyi wacu Vincent Pallotti udusaba guhorana ibyishimo kabone n’ubwo twanyura mu magorwa akomeye”.  

Padiri Nyonzima yasabye abapalitini kwishimira kwiyuha akuya mu butumwa bakora no kudakangwa n’intege nke aho zaturuka hose, bakazirikana ko amabavu ari ishema ry’umuhinzi. Ati: “Nuhinga ntuzane amabavu ntacyo uzaba wakoze, amabavu niyo shema ry’umuhinzi, Padiri Chrysante Rwasa ntibigutere ubwoba, iyo buji yaka iranashira, iranashonga, iruta igihumbi zibitse, ubaye uwihayimana wanga gucana itara ngo udashira ntacyo uzaba umaze, bavandimwe banjye imyaka 25 ishize mwaratse nimukomeze mwake nibaramuka batoraguye udushashara bagashyira hariya ntacyo bizaba bivuze”.  

Padiri Eugene Niyonzima umuyobozi w'Umuryango w'Abapalotini mu karere k'ibiyaga bigari akaba n'Umuyobozi w'Ihuriro ry'Imiryango y'Abihayimana, aherey ku mvugo yo “Guhambanwa ikara” abantu bamwe bakoresha batambamira icyifuzo cyo kwiyegurira Imana, yabwiye abihayimana ko badahambanwa ikaro ahubwo ikuzo. Yagize ati: “Ubu twamenye ko uwihayimana adahambanwa ikara ahubwo ahambanwa ikuzo, ni nacyo mbifuriza bavandimwe banjye muzahambanwe ikuzo, kubera ko twakoreye Imana ikaduherekeza kugeza uyu munsi.”

Kuri uyu munsi w’Abatagatifu Petero na Pawulo, Ni umunsi wagiye uhurirana no kwakira Ingabire y’ubusaserdoti no kwakira iyo kwiyegurira Imana ku muryango w’abapalotini mu Rwanda ari nayo mpamvu uyu Imbaga y’Imana yo muri Paruwasi ya Gikondo n’inshuti bishimiye guhimbaza yubile y’imyaka 25 ku bapadiri 4.

No comments:

Post a Comment

Nyundo 2025-2026: Abapadiri bamenye aho bazakorera ubutumwa

Muri Diyosezio ya Nyundo, abapadiri 37, bahawe ubutumwa mu mahanga; 19 batumwe gukora ubutumwa muri za paruwasi (patorale en dehors du pays)...