Monday, November 27, 2023

Batatu bavukana bahowe Imana mu mwaka umwe

Mutagatifu Beyatirisi

Beyatirisi, mushiki wa Fawusitini na Sempilise, yishwe na Lukresi. Uwo mwicanyi wabyigambye mu birori, abihanuriwe n’umwana muto cyane, yafashwe n’ububabare, sekibi imugaragura amasaha atatu, iramuniga, apfa atyo. ...

Abo batagatifu batatu bavukana, bahowe Imana mu mwaka umwe, ni abatagatifu Fawusitini, Beyatirisi na Sempilise, bishwe bazira ukwemera gutagatifu. Bemeye Kristu, baramuhamya kugeza bamuhowe. Hari ku ngoma y’umwami Diyoklesiyani (Diocletien). Kuwa 29 Nyakanga, Kiliziya ihimabaza abatagatifu Fawusitini, Beyatirisi na Sempilise. Ni abatagatifu bavukana kandi bose bahowe Imana mu gihe kimwe.

Mutagatifu Fawusitini, yahowe Imana i Roma, ku ngoma y’umwami w’abaromani witwaga Diyoklesiyani. Uyu mwami yatotezaga bikomeye abakristu. Mu mwaka wa 304 nibwo Fawusitini n’umuvandimwe we Sempilise (Simplice de Rome) bajugunywe mu ruzi rwa Tibre, nyuma mushiki wabo Beyatrisi yaje kubona imibiri y’izo ntungane, nuko ayishyingura uko bikwiye, yirengagije itegeko ryabibuzaga. 

Mutagatifu Beyatirisi, Uwahowe Imana (+304)

Mu gihe umwami w’abami w’abaromani witwaga Diyoklesiyani yatotezaga abakristu, Mutagatifu Beyatrise na we ni ho yafashwe maze acirwa urubanza rwo gupfa azira ko yashyinguye basaza be aribo Mutagatifu Semplise na Mutagatifu Fawusitini na bo bari bahowe Imana, bakaba bari bajugunywe mu ruzi rwa Tibre.

Beyatirisi amaze gushyingura basaza be bahowe Imana, yagiye kuba mu rugo rw’umutagatifukazi witwaga Lusina wari uzwiho kumara amasaha menshi y’umunsi asenga kandi akora ibikorwa by’urukundo. Aho yahamaze amezi arindwi, mu mahoro yibanira neza n’uwo mutagatifukazi, ariko afite icyifuzo cyo kumena amaraso ye kubera Kristu nk’uko basaza be bari barabigenje. Nyuma icyifuzo cye cyarashubijwe kubera ko uwitwa Lukresi wari wungirije umwami w’abami, akaba n’umugome cyane kandi yaratwawe n’irari ryo gutunga byinshi, yashakaga gufata umurage wa Beyatirisi akawongera ku we wari usanzwe kandi ari munini. Maze afata Beyatirisi, amushinja ko ari umukirisitukazi.

Icyo gihe yamuhitishijemo ibintu bibiri: kwemera gutura ibitambo ibigirwamana cyangwa gutakaza umurage we ndetse akanamwica. Beyatirisi yashubije ko mu byo atunze byose, ibifite agaciro kurusha ibindi ari ukwemera kwe n’umukiro we. Kandi ko adashobora gutura ibitambo amashitani n’ibigirwamana bibaje mu biti. Amaze kuvuga ibyo, uwo mugabo yahise amujyana mu buroko. Mu ijoro rikurikiyeho, uwo mugome Lukresi ategeka ko bamwica bamunize. Hari mu mwaka wa 304. Ya nshuti ye Lusina afata umurambo we, awushyingura iruhande rw’imva za basaza ba Beyatirisi, iruhande rw’inzira nini yitwa Porto.

Lukresi amaze kwica Beyatirisi, akigarurira umunani we, yakoresheje umunsi mukuru, maze kuri uwo munsi mukuru akomeza gukwena abakirisitu yigamba ko yicishije Beyatirisi kandi agafata n’umurage we, ndetse akomeza gutuka no guharabika idini ry’Abakirisitu. Nuko akana gato kari aho gahagatiwe na nyina gatera hejuru kavuga mu ijwi ryumvikana kati : « Lukresi umaze kwica, kandi wongeraho no kwiba ibintu bye. Ariko ugiye guhanwa. » ako kanya Lukresi afatwa n’ububabare bukaze, maze sekibi imugaragura amasaha atatu, irangije iramuniga, apfa atyo uwo munsi.

Papa Lewo wa II yabubakishirije Kiliziya ngo abubahishe, imibiri yabo ayizana muri iyo Kiliziya. Ubu bashyinguye muri Kiliziya yitiriwe Bikira Mariya (Sainte Marie Majeure) i Roma.

Abatagatifu Fawusitini, Beyatirisi na Sempilise tubigireho kwemera Imana, kuyikomeraho mu bitotezo no mu bihe byadutwara ubuzima bwo kuri iyi si.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...