Wednesday, April 10, 2024

Duhimbaze Mutagatigu Ezekiyeli, umuhanuzi

Ezekiyeli duhimbaza none kuwa 10 Mata, ni umuhanuzi wo mu isezerano rya kera wabayeho mu gisekuruza cya gatandatu mbere y’ivuka rya Yezu Kristu. Yavutse ahagana mu mwaka wa 621, avukira ahitwa i Sarara muri Palesitina.

Se wa Ezekiyeli yari umuherezabitambo witwaga Buzi, wo mu muryango wa Levi. Izina rya Ezekiyeli risobanura ngo « Nyagasani nadukomeze » (Que le Seigneur le fortifie). Ezekiyeli ni umwe mu bahanuzi bane bakuru (Izayi, Yeremiya, Ezekiyeli na Daniyeli).

Ezekiyeli yabayeho mu bwami bwa Yuda, igihe umwami Nabukodonozori wa kabiri, umwami wa Babiloni, yateye igihugu cya Yuda mu mwaka wa 597 mbere y’ivuka rya Yezu Kristu. Icyo gihe ntiyahise afata igihugu cya Yuda. Ahubwo yajyanye bunyago abantu ibihumbi cumi bo mu baturage ba Yuda kugira ngo abakoreshe imirimo y’agahato yo mu mirima. Icyo gihe kandi ni ho Ezekiyeli  yajyanywe bunyago ari kumwe na bo. Muri icyo gihe na none nibwo Uhoraho yamubonekeye, kandi amuha guhanura. Ayo mabonekerwa yayagize kenshi kandi yaramuherekeje kugeza igihe apfiriye. Amaze kubonekerwa no kumva amagambo y’ubuhanuzi yabibwiye abayisiraheli anababwira amagambo y’ubuhanuzi, birabakomeza. Guhera icyo gihe umuryango wa Isiraheli waramwubahaga. Na mbere y’uko Yeruzalemu isenywa yari yarabihanuye, ashishikariza abantu kwisubiraho no kwihana.

Nabukodonozori yagarutse bwa kabiri mu mwaka wa 587 asenya Ingoro ntagatifu nziza cyane y’i Yeruzalemu, yayindi umwami Salomoni yari yarubakiye Uhoraho, itatse zahabu n’andi mabuye y’agaciro ahenze. Noneho mu mwaka wa 582 mbere y’ivuka rya Yezu Kristu abaturage bongeye kwivumbura, Nabukodonozori atwara bunyago i Babiloni igice kinini cy’abaturage. Nyuma y’imyaka 49 (muri 538) abana ba Israheli bagarutse muri Yuda n’i Yeruzalemu, maze Esidrasi na Nehemiya basanasana ingoro mu buryo bugereranyije. Iyo ngoro yaje gusanwa neza ku buryo bushimishije mu gihe cy’Umwami Herodi mukuru, mbere gato y’ivuka rya Yezu Kristu. Iyo ngoro ni yo yaje gusenywa burundu n’abanyaroma mu mwaka wa 70.

Mbere y’uko Babiloni itera muri Yuda, Ezekiyeli yari umuherezabitambo wo mu ngoro i Yeruzalemu. Yatwawe bunyago i Babiloni mu mwaka wa 597, ajyanwa ari kumwe n’umugore we, bajyanwa bunyago mu mudugudu wari mu majyepfo ya Mezopotamiya na wo witwaga Telavivu (Tel Aviv). Iryo zina ni na ryo bateruye mu ntangiriro y’igisekuruza cya 20 baryita umujyi wa Telavivu muri Isiraheli y’ubu.

Ageze i Babiloni aho bari barajyanywe bunyago, mu kubonekerwa kwe yabonye ikuzo ry’Imana, maze Imana imugira umuraririzi (umuzamu) ureberera  umuryango wa Isiraheli.

 Igice kinini cy’ubuhanuzi bwe cyabaye ari mu buhungiro i Babiloni. Kandi kubera ko yari umuherezabitambo, yagaragaje cyane urukumbuzi rw’ingoro y’Imana n’akamaro ifitiye umuryango wa Israheli utari ukiyifite, agaragaza n’akamaro k’amategeko y’Imana. Mu buhanuzi bwe, yavuze cyane ku kuvugurura imitima (Ez.11,19-20) “Nzabaha umutima umwe, mbashyiremo umwuka mushya; nzavana mu mubiri wanyu umutima w’ibuye, mbashyiremo umutima wumva, kugira ngo mugendere ku mategeko yanjye n’imigenzo yanjye kandi mubikurikize; maze muzambere umuryango, nanjye mbe Imana yanyu.”

Ezekiyeli ni umuhanuzi w’amizero, wahanuye ko amagufa yumiranye azasubirana ubuzima (Ez. 37,1-4). Ezekiyeli ni umuhanuzi uvuga amagambo akomeye kandi acengera imitima. Yiciwe i Babiloni  ahowe Imana, ahagana mu mwaka wa 569 mbere y’ivuka rya Yezu Kristu. Yishwe n’umwe mu batware b’umuryango, kubera ko Ezekiyeli yari yamubujije gusenga ibigirwamana.

Abayisiraheli muri rusange bubahaga Ezekiyeli. Abayisiraheli bakeka ko imva ya Ezekiyeli iherereye muri Iraki y’ubu, hafi y’umuyi witwa Hilla. Kiliziya Gatolika ntagatifu yatangiye kwizihiza mutagatifu Ezekiyeli igitangira.

(Iyi nyandiko ishingiye kuya padiri Théophile TWAGIRAYEZU, umusaseridoti wa Diyosezi ya Byumba. Ku yandi makuru ku nyandiko yakusanyije ku mibereho y'abatagatifu bariza kuri tel: 0788757494/ 0782889963, ubunyamabanga bwa SPES MEA)

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...