Friday, April 19, 2024

Mutagatifu Aniseti, Papa (+166)

Aniseti yavukiye i Emeze (Émèse) ubu ni ahitwa Homs mu gihugu cya Siriya. Yabaye umushumba wa Kiliziya Gatolika hagati y’umwaka w’155 n’uw’166 asimbuye Papa Pio I. Aniseti ni umupapa wa 11. Yayoboye Kiliziya mu bihe byayo bikomeye by’itotezwa, hakiyongeraho kandi ko muri icyo gihe hari hadutse ubuyobe (Gnosticisme) bwazanywe n’uwitwa Marisiyoni (Marcion) n’uwitwa Valentini kandi na bo babaga i Roma. Ubwo buyobe bumeze nk’idini rishya bwari bwakwirakwijwe mu mujyi wa Roma n’umugore witwaga Marselina, kandi abantu bari batangiye kumukurikira.

Uretse n’uko ukwemera kwabo kwari kuyobye, batanganga ingero mbi z’imibereho. bahakanaga ko ingabire y’ukwemera itangwa n’Imana bemeza ko ukwemera kuzanwa n’ubwenge gusa. Bigishaga ubuhakana Mana Muremyi, cyane cyane kwangisha abantu Bibiliya: Isezerano rya Kera. Papa Aniseti yarengeye Kiliziya n’imbaraga ze zose abuza ubwo buyobe, akoresheje inyigisho ntagatifu, ndetse Imana imufasha ibyutsa abantu benshi b’abatagatifu abantu b’Imana bagombaga kureberaho. Ni ku ngoma ye mutagatifu Yustini yagiye i Roma yandika igitabo kigamije kurengera Kiliziya (Apologie), icyo gitabo akaba yarakizize, bikamuviramo kwicwa ahowe Imana.

Muri icyo gihe kandi mu w’157, Aniseti yategetse uwitwaga Hegezipe (Hegesippe wari umuyahudi w’i Yeruzalemu wakiriye Ivanjili) kwandika amateka ya Kiliziya kuva kuri Mutagatifu Petero kugeza icyo gihe. Ayo mateka ni na yo uwitwa Flaviyusi Yozefu yahereyeho yandika amateka tubonamo n’aya Kiliziya. Ayo mateka ya Hegezipe yarwanyije bwa buyobe. Bavuga ko Aniseti yayoboye neza ku ngoma ye. Ikindi kivugwa kuri Aniseti ni impaka yagiye na mutagatifu Polikarpe umwepiskopi wa Simirine (muri Turukiya y’ubu) zerekeye itariki Pasika ikwiye guhimbarizwaho. Uyu Polikarupe akaba yari umwigishwa wa Yohani Intumwa ya Yezu Kristu. Icyakora Aniseti yamubwiye gukomeza kuyigira ku munsi basanzwe bayizihirizaho Iburasirazuba, Iburengerazuba na bo bagakomeza kuyigira ku munsi bari basanganywe.

Inama nkuru ya Kiliziya yabereye i Nise ni yo yemeje igihe Pasika izajya iberaho iteka muri Kiliziya gatolika hose. Mu gihe rero mutagatifu Polikarupe yari agiye gusubira Iburasirazuba, yahimbaje igitambo cy’Ukarisitiya ari Kumwe na Papa Aniseti maze Papa amusaba kwigisha imbaga yari yaje mu misa. Inyigisho nziza cyane ya Polikarupe yacengeye mu mitima y’abari bayobye bakurikiye Marisiyoni, maze barahinduka bagaruka mu nzira nziza. Icyo gihe Marisiyoni yarakariye Polikarupe, maze Polikarupe aramubwira ati: “ n’ubusanzwe nari nzi ko uri umwana w’imfura wa Shitani.”

Bavuga ko Papa Aniseti yabujije abapadiri bo mu Bufaransa kutagira imisatsi miremire nk’uko bari babyihangishijeho, ahubwo bakajya biyogoshesha ikamba rizengurutse ku mutwe (Tonsura). Bavuga kandi ko ari we washyizeho ko umupadiri uhabwa ubwepiskopi azajya abuhabwa nibura hari abepiskopi batatu. Ibyo ni byo Inama nkuru ya Niseya yaje gushimangira, kandi ko ku bijyanye n’itangwa ry’ubwepiskopi kuri Arikiyepiskopi, abepiskopi bose bo mu karere k’ubutumwa aherereyemo bose bagomba kuba bahari. Aniseti yaharaniye bikomeye ubusugire bwa Kiliziya Gatolika kandi ashimwa na bose.

Ni na yo mpamvu bamubariye kare mu mubare w’abapapa b’abatagatifu. Mu nyandiko nyinshi bavuga ko yapfuye ahowe Imana mu mwaka w’166. Bavuga kandi ko amaze gupfa yahambwe iruhande rw’imva ya Petero Intumwa. Tumwizihiza ku itariki 17 Mata.

[Ku yandi makuru ku nyandiko twakusanyije ku mibereho y'abatagatifu bariza kuri tel: 0782889963 (ubunyamabanga)].

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...