Tuesday, August 13, 2024

Ruhengeri: 2023/2024 iyisigiye abasaseridoti 17

Abadiyakoni 10 bahawe ubupadiri naho abafratiri 7 bahabwa ubudiyakoni. Hari kandi n’abafratiri 14 bateye intambwe binjira mu byiciro binyuranye.

Impeshyi ya buri mwaka, Kiliziya Gatolika mu Rwanda iba iri mu bihe by’ibirori by’itangwa ry’ubusaseridoti, cyane cyane ubupadiri n’ubudiyakoni. Muri icyo gihe kandi abafratiri batera intambwe mu byiciro binyuranye. Hari abahabwa ubuhereza, abandi bakinjira mu gice cy’ubusomyi. Mu mwaka w’ikenurabushyo wa 2023/2024, Diyosezi ya Ruhengeri yungutse abapadiri bashya 10 n’abadiyakoni bashya 7, babuhawe mu buryo bukirikira:

Abahawe ubupadiri kuwa 13/7/2024

Kuwa 13 Nyakanga 2024: muri paruwasi ya Nemba, abadiyakoni 2 ba diyosezi n’uwo mu muryango w’aba “lazaritse”bahawe ubupadiri. Ni mu gihe abafratiri 8 bahawe ubusomyi, naho abafratiri 6 bahabwa ubuhereza. Abahawe ubupadiri ni Théogène Nizeyimana, Valentin Nkoreyimana na Epimaque Nzabanita (Lazariste). 

 

Abawe ubupadiri kuwa 20/7/2024

Kuwa 20 Nyakanga 2024: muri Kiliziya Katederali, abadiyakoni 4 ba diyosezi n’umwe wo mu muryango w’Abapalotini, bahawe ubupadiri. Abo ni Eugène Arinatwe, Aaron Musabyeyezu, Ariston Ndayiringiye, Innocent Niyonsaba na Casimir Tuyisenge (sac). 




Kuwa 3 Kanama 2024: mu gitambo cya misa cyaturiwe kuri  paruwasi ya Busogo, abadiyakoni 2 bahawe ubupadiri. Abo ni Diyakoni Patrick Consolateur Niyikora na Diyakoni Blaise Ukwizera.






Abahawe isakramentu ry'ubusaseridoti
 kuwa 10/8/2024
Kuwa 10 Kanama 2024: muri paruwasi ya Janja, abadiyakoni 2 bahawe ubupadiri. Abo Diyakoni Maurice Bizimana na Diyakoni Narcisse Nsababera. 

Kuri uyu munsi kandi abafratiri 7 bahawe ubuduyakoni. Ibi birori byayobowe na Myr Visent Haroliomana, umushumba wa diyosezi ya Ruhengeri ari kumwe na Myr Sereviliyani Nzakamwita, umushumba wa diyosezi ya Byumba uri mu kiruhuko, wakoreye ubutumwa muri paruwasi ya Janja akiri padiri.

Abadiyakoni 7 nibo Diyosezi ya Ruhengeri
 yungutse muri uyu mwaka
















No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...