Thursday, December 19, 2024

Mutagatifu Abrahamu, Umukurambere w’abemera Imana

Abrahamu ni Umukurambere w’Abemera bose. Yabayeho mu myaka ibihumbi bibiri mbere y’Ivuka rya Yezu Kristu. Mbere yitwaga Abram bisobanura “data”. Ariko iryo zina rye ryaje nyuma guhindurwa n’Uhoraho amwita Abrahamu bisobanura “Se w’imbaga”.  Akomoka ku mukurambere witwaga Semu mwene Nowa. Se wa Abrahamu yitwaga Tera. Abrahamu yavukanaga n’abavandimwe bandi babiri : Nahori na Harani. Harani ni se wa Loti. Umugore wa Abrahamu, Sara, na we yari mubyara we.

Igihe Abrahamu yavaga mu mujyi wa Uri yo mu gihugu cy’Abakarideya, abisabwe n’Imana, yari afite imyaka 75. Icyo gihe yari kumwe kandi n’umuvandimwe we Harani se wa Loti. Bageze mu nzira Harani arapfa, akomezanya urugendo n’umugore we Sarayi uzitwa Sara, hamwe na Loti, n’abashumba babo n’amatungo yabo. Baragiye bagera mu gihugu cya Kanahani, ahitwa Sikemu, nyuma bajya gutura ku mishishi ya Mambure; aha ni ho Imana yamubwiriye ko icyo gihugu izagiha abazamukumokaho. Yaje kuva aho ajya gutura hagati ya Beteli na Ayi, atura kandi i Negevu, nuko muri icyo gihugu hatera inzara maze ajya mu gihugu cya Misiri.

Ageze mu nzira abwira Sara ngo nibagera mu Misiri azavuge ko ari mushiki we kugira ngo azafatwe neza. Kuko Sara yari mwiza, yakekaga ko nibamenya ko Sara ari umugore we abanyamisiri bazica Abrahamu kugira ngo bacyure umugore we. Bageze mu Misiri, umwami waho Farawo acyura Sara, Abrahamu ahabwa impano nyinshi cyane. Ariko Uhoraho. Ahanira Farawo icyaha cye cyo gucyura umugore wa Abrahamu. Farawo yaje kumenya impamvu y’igihano cye nuko asubiza Abrahamu umugore we.

Abrahamu yasubiye Kanahani, ajya gutura hahandi ku mishishi ya Mambure hafi y’i Heburoni Igihe kimwe umwami wa Alamu yaje gutera akarere ka Sodoma. Mu bajyanywe bunyago atwaramo na Loti. Abrahamu ajyana n’abagaragu be 318 ajya kubohoza izo mfungwa na Loti arimo, barwana ijoro ryose kugeza i Damasi muri Siriya. Agarutse, amaze gutsinda abanzi be ni bwo Melkisedeki, umuherezabitambo w’Imana akaba n’umwami w’i Salemu amuhaye umugisha, na Abrahamu atura icy’icumi ku byo yari afite byose. Nyuma y’ibyo, Uhoraho abonekera Abrahamu bagirana n’isezerano.

Abrahamu aganyira Imana ko nta mwana afite azaraga ibye, ko ahubwo azabisigira Eliyezeri w’i Damasi. Uhoraho amwemeza ko uzamusimbura ari umwana wo mu maraso ye. Nyuma yaho, Abrahamu yemeye inama yagiriwe n’umugore we Sara ngo abyarane n’umuja we Hagara w’umunyamisiri. Babyarana Isimaheli. Nyuma y’imyaka 13, afite imyaka 99, Abramu nibwo Imana yamwise ‘Abrahamu’. Kuri iyo myaka 99 kandi ni bwo Abrahamu yakiriye abamalayika b’Uhoraho. Kuri uwo munsi Uhoraho amusezeranya ko umwaka utaha, Sara umugore wa Abrahamu azaba akikiye umwana w’umuhungu.

Muri iyo minsi kandi ni bwo Abrahamu yatakambiye Uhoraho ngo agirire impuhwe intungane zo mu mijyi ya Sodoma na Gomora, yaje kurimbuka kubera icyaha cyabo gikabije. Abrahamu yabyaye Izaaki afite imyaka 100. Nyuma y’urupfu rwa Sara umugore wa Abrahamu, yashatse kandi undi mugore witwa Ketura, babyarana abana batandatu abaha imitungo ihagije, nyuma abohereza gutura kure, mu burasirazuba, kure ya Izaaki. Abrahamu yitabye Imana afite imyaka 175. Izaaki na Ismaheli bamushyingura mu buvumo bwa Makpela, iruhande rwa Sara.

Abrahamu yabaye urugero rw’ubuntu bw’Imana Data wa twese yatanze Umwana wayo Yezu Kristu ngo aducungure. Abrahamu na we yasabwe n’Imana gutamba umwana we Izaki. Abrahamu yarabyemeye kuko yari abisabwe n’Uhoraho. Imana ibonye ukwemera kwe, yamubujije gutamba umwana we, ahubwo imwereka imfizi y’intama ngo abe ariyo atamba mu kimbo cy’umwana we Izaki. Twizihiza Mutagatifu Abrahamu ku itariki 20 Ukuboza. (Byakusanyijwe na padiri Theophile TWAGIRAYEZU, diocese Byumba, Paroisse Rwamiko. Tel: 0788757494).

Mutagatifu Izaki, mwene Abrahamu na Sara

Izaki aha umugisha Yakobo

Izina rye, Izaki risobanura “ARASETSE”, ryaturutse ku babyeyi be Abrahamu na Sara wasetse ubwo Umumalayika w’Uhoraho yari amubwiye ko agiye gusama kandi yaragejeje ku myaka 90 na ho Abrahamu we afite imyaka 100 (Intangiriro 17:17; 18:12). Izaki yari umuhungu wa kabiri wa Abrahamu. Uyu muhungu wa mbere wa Abrahamu yitwaga Isimayeli akaba yari yaramubyaranye na Hagara wari umuja wa Sara, ubwo Sara yari arambiwe no kutabyarira umugabo we umwana (Intang.16:1-2). Igihe Izaki yari amaze gukura, Sara yasabye Abrahamu ko yirukana Hagara n’umuhungu we ngo kugira ngo umurage wose w’umuryango uzahabwe Izaki (Intang.21:3-12).

Nyuma y’igihe, Abrahamu yagiye guturaho igitambo umuhungu Izaki ku musozi nk’uko yari yabisabwe n’Uhoraho (Intang.22:1-14). Abrahamu, Izaki n’abagaragu babiri bari babaherekeje n’indogobe, bakoze urugendo rw’iminsi itatu bagana kuri uwo musozi witwaga Moriya. Bageze munsi y’umusozi wa Moriya, Abrahamu n’umuhungu we Izaki bitwaje inkwi z’igitambo gitwikwa, icyuma n’urujyo rurimo amakara yaka, basize ba bagaragu aho, maze bababwira ko bagiye gusenga hanyuma barangiza bakagaruka. Kubera amatsiko Izaki yabajije se aho intama baratura iri. Abrahamu abwira umuhungu we ko Imana irabaha intama yo gutamba. Bageze aho baraturira igitambo hejuru y’umusozi, Abrahamu yubatse urutambiro maze ahambira Izaki amushyira hejuru y’urutambiro. Ubwo Abrahamu yiteguraga kwica Izaki ngo amutambe Umumalayika yaramubujije maze amwereka imfizi y’intama yo gutamba yari mu gihuru. Iki gitambo cya Abrahamu wari ugiye gutura umuhungu we Izaki gishushanya Uko Imana yemeye ko Umwana wayo Yezu Kristu atwitangira adupfira ku musaraba (Yohani 1:29; Abahebureyi 10).

Sara yitabye Imana ubwo Izaki yari afite imyaka mirongo itatu. Ubwo Izaki yari afite imyaka mirongo ine yashyingiranwe na mubyara we Rebeka (Intangiriro 25:20). Izaki agejeje ku myaka mirongo itandatu yabyaye abana b’impanga Yakobo na Ezawu. Rebeka yakundaga Yakobo maze bituma amuhesha umugisha wa Izaki wari ugenewe Ezawu.

Abrahamu yitabye Imana ubwo Izaki yari afite imyaka mirongo irindwi n’itanu amaze kumuraga ibye byose (Intangiriro 25:5).

Izaki atangwaho igitambo
Ubwo hari hateye amapfa muri Kanahani, Uhoraho yabujije Izaki kujya mu Misiri maze agasigara muri Kanahani. Imana yamusezeranyije kuzaha ubwo butaka urubyaro rwa Izaki. Ibyo byose Uhoraho yabigiriraga isezerano yari yaragiranye na Abrahamu ko azamugira se w’imbaga ingana n’umusenyi wo kunyanja cyangwa n’inyenyeri zo mu kirere (Intangiriro 26:1-6). Uhoraho yahaye izaki Umugisha areza, aratunga aratunganirwa.

Izaki yitabye Imana afite imyaka ijana na mirngo inani (180) ashyingurwa n’abahungu be bombi. Uhoraho yakomereje isezerano rye mu muhungu we Yakobo yaje kwita Isiraheli.

Ubwo Izaki amenye ko yabeshywe n’umuhungu we Yakobo akamuha umugisha wari ugenewe Ezawu, yabifashe nk’ugushaka kw’Imana. Nk’uko rero Izaki yabyumvise neza natwe tugomba guhora tuzirikana ko inzira z’Imana n’ibitekerezo byayo atari kimwe n’ibyacu. (Izayi 55:8).

Amateka ya Izaki agaragaza ubudahemuka bw’Uhoraho wari waragiriye Abrahamu isezerano ryo kuzamugira Sekuru w’amahanga, maze agakomereza iryo sezerano muri Izaki no mu muhungu we Yakobo. Bityo rero uko ibisekuruza byagiye bisimburana abayahudi bagiye bita Uhoraho Imana ya Abrahamu, Izaki na Yakobo. Kiliziya Gatolika yizihiza umunsi mukuru wa Mutagatifu Izaki ku wa 20 Ukuboza.  (Byakusanyijwe na padiri Theophile TWAGIRAYEZU, diocese Byumba, Paroisse Rwamiko. Tel: 0788757494).

MUTAGATIFU YAKOBO (Umukurambere W’abemera)

Yakobo bisobanura « ufashe agatsintsino » cyangwa « Umusimbura », cyangwa « Ukurikiraho », ni na we kandi witwa Israheli. Yakobo yaba yarabayeho ahagana mu mwaka w’1600 mbere y’ivuka rya Yezu Kristu. Kimwe rero na se Izaki na sekuru Abrahamu, ni abakurambere batatu b’abemera, Imana yagiranye na bo isezerano. Imana yagiranye isezerano na Yakobo nk’uko yari yararigiranye n’abo babyeyi be inamusezeranya kuzamuha igihugu kizitwa izina rye ‘Israheli’. Yakobo rero yavukanaga n’indi mpanga yitwa Ezawu. Nyina yitwaga Rebeka.

Igihe Yakobo yari akiri mu nda ya nyina Rebeka hamwe na Ezawu, abo bana babyiganiraga mu nda ya nyina, maze akavuga ati : « kuki ari njyewe ibi bibayeho?» nuko ajya guhanuza Uhoraho, uhoraho aramusubiza ati : « inda yawe irimo amahanga abiri ; mu bura bwawe hazasohoka amoko abiri. Ubwoko bumwe buzarusha ubundi amaboko ; umukuru akazaba umugaragu w’umuto.» (Intg, 25 :22). Igihe rero bavutse, se Izaki yari afite imyaka 60. Se wakundaga umuhiigo, yikundiraga Ezawu kuko yari umuhigi. Naho Rebeka agakunda Yakobo kuko yari atuje kandi agakunda gufasha nyina imirimo yo mu rugo. Yakobo yatwaye umugisha wa mukuru we ariko atawibye kuko mukuru we Ezawu yari yaramugurishije uburenganzira bwe bwo kwitwa ‘uburiza’ cyangwa ‘imfura’.

Nyuma yo guhabwa umugisha, nyina yamugiriye inama yo guhungira kwa nyirarume Labani kuko mukuru we Ezawu yashakaga kumwica. Yakobo yakoreye nyirarume imyaka igera kuri makumyabiri, maze nyirarume amushyingira abakobwa be babiri Leya na Rasheli. Abo bagore babiri hamwe n’abaja babo Zilipa na Biliha bamubyariye abahungu cumi na babiri n’umukobwa umwe witwaga Dina. Yakobo yaje gusubira mu gihugu cya se, yiyunga na mukuru we. Igihe yari mu nzira agana i Harani kwa Labani, yaraye i Beteli, afata ibuye araryisegura, maze araryama. Aza kurota abona urwego rushinze ku isi rukagera ku ijuru, abamalayika b’Imana barumanukaho, bakaruzamukaho. Nuko abona ng’uyu Uhoraho amuhagaze iruhande, amubwira ati « Ndi Uhoraho, Imana ya so Abrahamu, Imana ya Izaki. Ubutaka uryamyeho nzabuguha, mbuhe n’urubyaro rwawe…. Amoko yose y’isi azaherwa umugisha muri wowe no mu rubyaro rwawe. Dore, ndi kumwe nawe ; nzakurinda aho uzajya hose, kandi nzakugarura muri iki gihugu. Sinzagutererana, kugeza ubwo nzaba nujuje ibyo nakubwiye byose. » (Intg 28,10-15)

Yakobo ahura na Ezawu
Igihe Yakobo yari mu rugendo agarutse mu gihugu cya se ari kumwe n’abagore be babiri, n’abaja be babiri n’abana 11, n’ibyo yari atunze byose, yaje kohereza abo bantu be imbere asigara wenyine, maze mu ijoro haza umugabo akirana na we kugeza mu museke. Abonye ko adashoboye gutsinda Yakobo, amukora ku mutsi wo ku nyonga y’itako igihe bari hasi ku butaka, itako rirakuka, rikuka bagikirana. Wa mugabo aramubwira ati « Ndekura ngende, dore umuseke urakebye ». Yakobo ati « sinkurekura utampaye umugisha. » undi aramubaza ati « witwa nde ? » Ati « Nitwa Yakobo. » Undi ati « Ntibazongere kukwita Yakobo, ahubwo Israheli, kuko wakiranye n’Imana n’abantu, kandi ugatsinda. » (Intg, 32,23-32).

Yakobo yaje guhura n’ikindi kigeragezo, aho umwe mu bahungu be witwaga Yozefu yanzwe n’abavandimwe be bamuziza ko se amukunda, maze bamaze kumugurisha bucakara akajyanwa mu gihugu cya Misiri, bamenyesheje se Yakobo ko yapfuye. Hashize imyaka 22 ni bwo se yamusanze mu Misiri ari we wungirije umwami Farawo wa Misiri. Yakobo yitabye Imana ari mu Misiri, ariko yaje gushyingurwa mu gihugu cye cya Kanahani, mu buvumo buri mu murima wa Abrahamu, i Makipela. Abahungu 12 ba Yakobo rero nibo abayahudi bakomokaho.

Birasa nk’aho ari Yezu Kristu ubwe wanditse Abrahamu, Izaki na Yakobo mu gitabo cy’abatagatifu bo mu Ijuru, igihe yavugaga ko Uhoraho ari Imana ya Abrahamu, Izaki na Yakobo, kandi Ikaba ari Imana y’abazima, ko atari iy’abapfuye. Ku itariki 25 Gicurasi 2011, papa Benedigito wa XVI yigishije ko Yakobo yaranzwe no kumvira, no guca bugufi, kandi ikimenyetso cyo guca bugufi cyamuhesheje gutsinda, bikagaragara kandi n’ igihe uwo bakiranye yamuhaye izina rishya, akamuha umugisha, akemeza ko Yakobo yatsinze. Izina rya Yakobo ryagarukaga ku bwana bwe n’ukuntu yakoresheje uburyarya ngo asimbure mukuru we. Ariko izina rya Israheli Uhoraho yarimuhaye ngo rimusubize isura nziza kuko risobanura ngo « Imana y’inyembaraga kandi itsinda ». Umugisha Uhoraho yamuhaye bamaze gukirana ni impano ikomeye yamwihereye ku buntu.

Ku itariki 25 Gicurasi 2011 Papa Benedigito wa XVI yigishije kandi ko ubuzima bwacu ari nk’ijoro rirerire ry’imirwano n’isengesho nk’uko byagendekeye Yakobo. Tugomba kubaho muri iryo joro dufite amizero yo guhabwa umugisha n’Imana, umugisha dushobora guhabwa nyuma yo gukoresha imbaraga, ariko kandi dushobora guhabwa dufite ukwicisha bugufi, tukawuhabwa ku buntu nk’impano y’uko twemera Imana. Iyo duhawe uwo mugisha, ubuzima bwacu buhinduka ukundi tugahabwa izina rishya hamwe n’umugisha w’Imana. Tumwizihiza mutagatifu Yakobo ku itariki 20 Ukuboza. (Byakusanyijwe na padiri Theophile TWAGIRAYEZU, diocese Byumba, Paroisse Rwamiko. Tel: 0788757494).

Thursday, November 28, 2024

Twiyambaze Bikira Mariya Umwamikazi Wa Kibeho

… Bikira Mariya yabonekeye i Kibeho kuwa 28 Ugushyingo 1981 ndetse no mu mezi yakurikiye. Amabonekerwa ntacyo yongera ku Ijambo ry’Imana riri mu Byanditswe bitagatifu, kuko aba yibutsa inyigisho za Kiliziya abakristu bari baribagiwe…

Bikira Mariya Nyina w’Imana. Tumwiyambaza ku buryo bw’umwihariko, ku buryo Mutagatifu Tomasi wa Akwini amwita Ikiremwa cyubashywe kurusha ibindi biremwa byose. Muri Kiliziya Gatolika no mu bakristu b’aba Ortodogisi ni ho dusanga cyane umuco wo kwiyambaza Bikira Mariya Nyina w’Imana, ku mugaragaro no mu buryo bw’umuntu ku giti cye.

Muri Kiliziya gatolika rero twizihiza amatariki amwe n’amwe akomeye mu buzima bwa Bikira Mariya, ayo matariki akaba afite uruhare runini cyane mu gucungurwa kwacu. Ayo matariki akomeye twizihiza muri Kiliziya y’isi yose ni aya: Tariki 8 Ukuboza: twizihiza Umunsi mukuru w’Ubutarasamanywe icyaha bwa Bikira Mariya. Ni ukuvuga ko, mu isamwa rye mu nda ya nyina, Imana yamurinze icyaha cy’inkomoko. Tariki 8 Nzeri, twibuka ivuka rye nk’umuyahudikazi uvuka mu muryango w’umwami Dawudi. Tariki 21 Ugushyingo, twibuka ko ababyeyi ba Bikira Mariya bamutuye Imana mu ngoro y’i Yeruzalemu.

Tariki 25 Werurwe, twizihiza umunsi mukuru ukomeye wa Malayika Gabriyeli Mutagatifu abwira Bikira Mariya ko azabyara Umwana w’Imana. Tariki 31 Gicuransi, twibuka Bikira Mariya ajya gusura Elizabeti Mutagatifu nyina wa Yohani Batisita. Tariki 15 Kanama, twizihiza umunsi Mukuru ukomeye w’Ijyanwa mu Ijuru rya Bikira Mariya, yarakujijwe, ajyanwa mu ijuru, na roho ye n’umubiri we. Uyu munsi mukuru rero kimwe n’umunsi mukuru wa Bikira Mariya Nyina w’Imana twizihiza ku ya 1 Mutarama isobanura cyane by’umwihariko ukuntu Kiliziya Gatolika iha agaciro Bikira Mariya mu gucungurwa kwa muntu.

Alfonsina MUMUREKE
wabonekewe
Iyi minsi tuvuze by’umwihariko, kimwe n’indi minsi twavuze haruguru twibukaho cyangwa twizihizaho Bikira Mariya, irerekana ukuntu Bikira Mariya yafashije Imana mu mugambi wayo wo kudukiza, ikerekana isano y’umwihariko Bikira Mariya afitanye n’Umwana we Yezu Kristu. Iyi minsi kandi iratwigisha ukuntu Bikira Mariya ari irebero mu nzira yo kuyoboka Imana. Bikira Mariya yiyambajwe kuva mu ntangiriro za Kiliziya. Abakuru ba mbere muri Kiliziya bamwigishijeho kandi bandika inyandiko nyinshi zishyigikira ukumwiyambaza.

Buri gihugu na buri diyosezi muri Kiliziya, bifite umwihariko wabo wo kwiyambaza Bikira Mariya. Ibyo bituma huzuzwa ubuhanuzi dusanga mu Ivanjili bugira buti: “Amasekuruza yose azanyita umuhire”. (Lk 1:48). Amashusho menshi ajyanye n’amabonekerwa ya Bikira Mariya, atanga ubutumwa butandukanye Uwo Mubyeyi yatuzaniye kandi akanatwigisha byinshi ku buzima bwe. Akenshi Bikira Mariya yagiye yigaragaza akikiye Umwana Yezu.

Musenyeri Misago wari umwepisikopi wa Gikongoro yahamije ko Bikira Mariya yabonekeye i Kibeho muri aya magambo : « ni byo koko, Bikira Mariya yabonekeye i Kibeho ku itariki 28 Ugushyingo 1981 ndetse no mu mezi yakurikiye. Hari impamvu nyinshi kandi zinyuze mu mucyo zituma tubyemera. Kuri iyo mpamvu, abo Kiliziya yemeza ko babonekewe na Bikira Mariya ni abakobwa batatu ba mbere babonekewe.

Nathalie Mukamazimpaka
Abo ni Alfonsina MUMUREKE, Nataliya MUKAMAZIMPAKA, Mariya Klara MUKANGANGO. Bikira Mariya yabiyeretse yitwa « NYINA WA JAMBO ». bishaka kuvuga ko ari « Umubyeyi w’Imana » nk’uko ubwe yabisobanuye. Aba bakobwa ni bo bujuje ingingo Kiliziya yashyizeho zigaragaza uwabonekewe na Bikira Mariya. 

Ku buryo bugaragara, ayo mabonekerwa yarangiye mu w’1983. Ibyavuzwe nyuma yaho nta gishyashya byazanye ». Musenyeri Misago yakomeje avuga ko amabonekerwa atuma abantu bakunda isengesho kandi n’abasaseridoti bakabona imfashanyigisho ikomeye.

Ariko amabonekerwa ntacyo yongera ku Ijambo ry’Imana riri mu Byanditswe bitagatifu, kuko aba yibutsa inyigisho za Kiliziya abakristu bari baribagiwe. Bikira Mariya wabonekeye i Kibeho ni we Nyina w’Imana, Nyina wa Jambo. Tukaba twibuka ububabare bwe burindwi. Bikira Mariya wa Kibeho atwibutsa ububabare burindwi yagize mu mibereho ye hano ku isi, bityo afasha Yezu mu gucungura abantu. Bikira Mariya yaje i Kibeho kutwibutsa ngo dusenge, dusenge, dusenge ubutarambirwa kandi duhinduke inzira zikigendwa.

Marie Claire Mukangango
wabonekewe
Yadusabye kandi kwicuza no kugira ubuzima bwavuguruwe n’Ijambo ry’Imana, n’ibikorwa by’urukundo ndetse n’iby’ubutungane…. Yavuze izina rye rya Nyina wa Jambo kugira ngo tumenye ko ari Nyina w’Imana, ko yabyaye Imana, bityo tureke kumwitiranya n’abandi babyeyi. Yezu Kirisitu yaraducunguye. Bikira Mariya ni Umuvugizi wacu kuri Yezu akaba yarafashije Yezu Kristu kuducungura. Icyo Bikira Mariya yatsindagiye muri ayo mabonekerwa ni uko twakwanga icyaha twivuye inyuma, kandi tugasenga ubutarambirwa. Iryo sengesho rituma dukomeza kunga ubumwe n’Ubutatu Butagatifu. Twizihiza umunsi mukuru wa Bikira Mariya Umwamikazi wa Kibeho ku itariki 28 Ugushyingo.

 (Byakusanyijwe na padiri Theophile TWAGIRAYEZU, Diocese Byumba).

Wednesday, November 13, 2024

Mutagatifu Didasi, umufransiskani

“Musaraba ukwiye gukundwa, namwe misumari ikwiye gukundwa, mwebwe mwateruye umubiri wa Nyagasani, mwebwe mwenyine mwari mukwiye guterura Umwami w’Ijuru n’isi”... umutima we wari nk’ibitaro byagutse cyane kandi bikize kurusha…

Didasi yavukiye mu gihugu cya Hispaniya mu mwaka w’1400. Didasi ni we “Diego.” Ababyeyi be bari abahinzi. Didasi akiri muto yari umwana ukerebutse kandi w’imico myiza. Akiri muto kandi, ababyeyi be bamuragije uwihayimana wiberaga wenyine (Ermite) muri uwo mudugudu Didasi yavukiyemo witwaga San Nikolas del Puerto. Amaze kuba umusore yinjiye mu muryango w’abafransisikani (Frères mineurs de l'Observance) i Kordu, aba umufurere. Kuva ubwo yakoze imirimo myinshi inyuranye ari ukwita ku bitunga urugo, kwakira abashyitsi, ukwita ku barwayi n’ibindi.

Kwitagatifuza kwe kwagaragariraga muri byinshi, haba mu myifatire ye cyangwa mu kwigomwa. Ariko mbere ya byose yari ashyigikiwe n’isengesho rikomeye yakoraga, kandi akagira ukwemera gukomeye. mu mwaka w’1445, yoherejwe kuba mu rundi rugo rw’abafurere rwabaga mu birwa byitwa Canaries (biri hafi y’igihugu cyabo) ; aho akaba yari afite ubutumwa bwo kuyobora urwo rugo. Igihe i Roma habaye umunsi mukuru wo gushyira Bernardini w’i Siyena mu rwego rw’abatagatifu mu mwaka w’1450, Didasi ni we watumwe guhagararira bagenzi be.

Muri iyo minsi, akiri i Roma, haduka icyorezo cy’indwara nuko basaba Didasi kuvura abo barwayi batari bafite kirengera. Abantu batangazwaga n’ukwitanga kwe n’ukuntu abarwayi bakiraga vuba. Nyuma yaje gusubira mu gihugu cye cya Hispaniya, aho yarangirije ubuzima bwe hano ku isi. Didasi yaguye mu kigo cya Alkala muri Hispaniya mu w’1463 yishwe n’ikibyimba, aho yari atunzwe n’isengesho ritaretsa, n’ukwibabaza, umutuzo no kurangamira ubwiza bw’Imana. Isengesho rye yarivomagamo ihirwe ritavugwa. Bavuga kandi ko yajyaga yijugunya mu iriba ry’urubura kugira ngo acubye irari (concupiscence).

Amaze gupfa, umubiri we ntiwashangutse, ahubwo ukagira impumuro nziza cyane. Hari n’ibindi bitangaza yakoze nyuma y’urupfu rwe. Igihe kimwe umwami Heneriko wa IV wa Kastiye yari yagiye guhiga, maze ahanuka ku ifarasi, akomereka bikomeye ku kuboko. Yarababaraga cyane bikabije, kandi abaganga bari barananiwe kumuvura. Yagiye kwinginga mutagatifu Diego (ari we Didasi) ngo amukize. Nuko basohora umurambo wa Diego bawushyira hanze y’isanduku, bawushyira hafi y’aho umwami yari ari.

Didasi agaburira abakene

Umwami Heneriko aca bugufi, asoma umubiri w’uwo mutagatifu, afata ikiganza cy’uwo mutagatifu Didasi, agifatisha ukuboko kwe kwakomeretse. Ako kanya ububabare yari afite buhita bugenda, n’ukuboko kwe guhita gukira gusubirana imbaraga kwahoranye. Didasi yakundaga Bikira Mariya, ndetse n’abarwayi yakundaga kubasiga amavuta yo mu matara yamurikaga ateretse imbere y’ishusho ya Bikira Mariya, akayabasiga abakoreraho ikimenyetso cy’umusaraba.

Ni muri urwo rwego abantu benshi bakize indwara nyinshi ku buryo bw’igitangaza. Ariko rwose yakundaga abarwayi urukundo rwinshi cyane, ku buryo abanditse ku buzima bwe banditse ko “umutima we wari nk’ibitaro byagutse cyane kandi bikize kurusha ibyubakwaga n’Abapapa ndetse n’abami, ku buryo byashoboraga kwakira abarwayi banyuranye batabarika. Kandi ntiyigeraga yinubira uburwayi bwabo.

Ndetse inshuro nyinshi abantu bamubonye asoma ibisebe by’abarwayi byabaga biri kunuka. Igihe cyose yahoraga atekereza inzira y’umusaraba ya Yezu Kristu Umukiza we wabambwe ku musaraba. Yazirikanaga ubwo bubabare arambuye amaboko ku musaraba cyangwa afite umusaraba mu biganza bye ku buryo byamutwaraga bikomeye, kugeza ubwo roho ye iterura umubiri we agasigara ateretse mu kirere ntaho afashe kandi akamara igihe kirekire. Yakundaga kandi gushengerera Isakaramentu ritagatifu ry’Ukarisitiya.

Ari hafi gupfa, ku itariki 12 Ugushyingo, yari afite umusaraba munini. Amagambo ye ya nyuma ni aya “musaraba ukwiye gukundwa, namwe misumari ikwiye gukundwa, mwebwe mwateruye umubiri wa Nyagasani, mwebwe mwenyine mwari mukwiye guterura Umwami w’Ijuru n’isi.

[Byakusanyijwe na padiri Theophile TWAGIRAYEZU, diocese Byumba. Ku yandi makuru ku nyandiko twakusanyije ku mibereho y'abatagatifu bariza kuri tel: 0782889963/ 0722889963 (ubunyamabanga bwa SPES MEA)].

Didasi yitabye Imana kuwa 13 Ugushyingo 1463, akaba yizihizwa kuri iyo tariki ya 13 Ugushyingo  buri mwaka.

Mutagatifu Didasi, udusabire!

Saturday, November 2, 2024

Inshamake ku muryango w’Abalazariste mu Rwanda

Padiri Theoneste ZIGIRINSHUTI
Umuyobozi wungirije w'umuryango
w'Abalazariste mu Rwanda no mu Burundi
Ubwo Umuryango w’Abalazariste wizihizga Yubile y’imyaka 25 umaze mu Rwanda, wari ufite abanyamuryango kavukire 23. Uyu muryango ubarizwa mu madiyosezi atatu ku icyenda zibarizwa mu Rwanda. Watangiriye muri diyosezi ya Ruhengeri. 

Umuryango w’Abalazariste (La Congrégation de la Mission, « pères ou frères lazaristes » ou « lazaristes ») wavugiye i Paris (France), ushingwa na Mutagatifu Visenti wa Pawulo, kuwa 17 Mata 1625. Kuwa 24 Mata 1626: wemewe ku rwego rwa Diyosezi na Myr Jean Francois de Gondi, wari umwepiskopi wa diyosezi ya Paris. 

Kuwa 12 Mutarama 1633 wemewe na Papa Urubano wa VIII. Sitati y’umuryango yemejwe na Papa Alegizanderi wa VII, mu kwezi kwa Nzeri 1655. 

Umuyobozi w’umuryango ku rwego rw’isi (Superieur général) ni na we uyubora umuryango w’Abari b’Urukundo (Compagnie des Filles de la Charité ou Filles de la Charité de Saint Vincent de Paul), na wo washinzwe na mutagatifu Visenti wa Pawulo afatanije na Sr Louise de Marillac. Atorerwa manda y’imyaka itandatu n’abagize inteko nkuru y’umuryango (Chapitre général). 


Mu kirangantego cy’umuryango, handitsemo amagambo y’ikilatini dusanga mu Ivanjili yanditswe na mutagatifu Luka; "Evangelizare pauperibus misit me" (Roho wa Nyagasani arantwikiriye, kuko yantoye akansiga amavuta, agira ngo ngeze Inkuru Nziza ku bakene, ntangarize imbohe ko zibohowe. Lk 4,18). 

Mu Rwanda, umuryango watangiriye ubutumwa muri Paruwasi ya Nemba mu 1998. Umumisiyoneri wa mbere yageze mu Rwanda kuwa 7 Ukuboza 1998, ku busabe bwatanzwe n’uwari umushumba wa Diyosezi ya Ruhengeri, Myr Yozefu SIBOMANA. Mu kwezi kwa Gicurasi 1999, niho umumisiyoneri wa mbere yageze mu Burundi. Mu kwezi k’Ukwakira 1999, uyu muryango wari ufite abamisiyoneri babiri mu Rwanda na babiri mu Burundi, nyuma haje n’abandi baturutse mu Akarere k’iyogezabutumwa ka Kolombiya (Province de Colombie). 

Mu kwezi kwa Kamena 2002, Abamisiyoneri b’Abalazariste basuwe n’igisonga cy’umuyobozi w’umuryango ku isi, Padiri José Ignacio de Mendoza, CM (Vicaire general) n’umujyanama w’Akarere k’iyogezabutumwa ka Kolombiya (Province de Colombie). Bamutuye icyifuzo cyo gushinga Akarere k’iyogezabutumwa k’u Rwanda n’u Burundi ndetse n’icyo gutangira gutegura abashaka kuba Abalazariste. Ibyo byifuzo byombi byahawe umugisha muri uwo mwaka, ubwo Akarere k’iyogezabutumwa k’u Rwanda n’u Burundi ivuka ityo muri uwo mwaka wa 2002. 

Icyiro cy’ibanze gitegura abashaka kuba abapadiri (La propédeutique) cyatangiye kuwa 27 Nzeri 2002, gitangirira mu Rwanda gifite abanyeshuri 12. Uwa mbere wakiriwe n’uyu muryango we yari yoherejwe muri Kolombiya (Colombie) mu kwezi kwa mbere k’uwo mwaka. 

Kuwa 19 Werurwe 2023, Abamisiyoneri b’Abalazariste bizihije Yubile y’Imyaka 25 bamaze bageze mu Rwanda. Iyo yubile yizihirijwe muri paruwasi ya Nemba, ho muri diyosezi ya Ruhengeri, byitabirwa na Musenyeri Visenti Umwepiskopi wa Ruhengeri, Padiri Tomaz Mavric umuyobozi w’umuryango ku rwego rw’isi ndetse n’abandi basaseridoti n’abihayimaana benshi. Ubwo hizihizwaga iyi yubile, uyu muryango wari ufte abanyamuryango bagera kuri 23 b’abanyarwanda. 

Umuyobozi w’ Umuryango w’Abalazarisite mu Rwanda no mu Burundi (superieur général) ni Padiri Miguel MARTINEZ, CM, akaba yungirijwe na Padiri Theoneste ZIGIRINSHUTI, Padiri mukuru wa Paruwasi ya Nemba. Umuryango w’Abalazarisite mu Rwanda ukorera ubutumwa mu madiyosezi atatu, Diyosezi ya Ruhengeri muri Paruwasi ya Nemba, Diyosezi ya Kabgayi muri Paruwasi ya Gitare, no muri Diyosezi ya Kibungo muri nkambi y’impunzi ya Mahama.

Tuesday, October 29, 2024

Twizihize abatagatifu Simoni na Tedeyo, Intumwa

Simoni ati: «izuba ubwaryo rikorera Imana, ntabwo rero ari ikigirwamana. Ahubwo ibi bibumbano byanyu bituwemo n’amashitani. Ngiye kuyirukana rero.» … muri ibyo bibumbano hasohokamo amashitani afite amashusho ateye ubwoba cyane; maze n’ibyo bibumbano birashwanyagurika. ...

Mutagatifu Simoni, Intumwa

Mutagatifu Simoni
Simoni Mutagatifu ni umwe mu Ntumwa cumi n’ebyiri za Yezu Kristu, kandi avugwa mu bitabo by’Ivanjili. Yavukaga i Kana mu Galileya nk’uko tubisanga mu Ivanjili ya Yezu Kristu, uko yanditswe na Matayo 10, 4. Kuba mu Ivanjili bamwita « umurwanashyaka », bakeka ko yaba yarabanje kuba mu gatsiko k’abayahudi kari gafite ishyaka ryo kurwanya abanyaroma bari barabakolonije. Aba barwanashyaka bitwazaga inkota ngufi mu myambaro yabo, babona umusirikare w’umunyaroma arangaye bakayimutera maze bakihisha. Simoni rero yacitse ako gatsiko maze aza mu bigishwa ba Yezu.

Kimwe n’uko bashobora kuba baramuhimbye ‘umurwanashyaka’ bitewe n’ishyaka yagaragazaga. Ariko kandi izina Simoni bisobanura « uwumva », « usobanukirwa », (« qui entend »). Simoni yari umurwanashyaka, urwanira ibyo yemera akoresheje imbaraga ze zose, kabone n’ubwo yatanga ubuzima bwe. Simoni amaze kumva ijwi ry’Umwana w’Imana rimuhamagara, yahisemo kureka kwitwara nka mbere, yiyemeza kugendana na Yezu. Amaze gufata icyemezo cyo kugendana na Yezu, yazanye n’ishyaka yari asanganywe ngo arikoreshe mu kwamamaza Inkuru Nziza.

Simoni yari mu Ntumwa zakurikiye Yezu zikuze. Kuba yari inararibonye mu buzima bwe byatumye atega amatwi Yezu, ntagaragaze amashagaga, yiteguye ko igihe Yezu azamutuma kwamamaza inkuru nziza azakoreshya ishyaka rye n’ubushishozi yari afite. Mu ntumwa za Yezu, Simoni yari umuntu uzi gucisha make, akamenya gushishoza, agakiza impaka kandi akumva vuba ibyo Yezu yabaga yabigishije. Abakristu ba mbere bavuga ko Simoni yaba yaragiye kwamamaza Ivanjili mu gihugu cya Misiri, Libiya no muri Aligeriya. Nyuma yaho, akaba yarasanze Intumwa Yuda ari we Tadeyo, bakajya kwamamaza Inkuru nziza hakurya y’umugezi wa Ewufurati (Euphrate) mu gihugu cy’Ubuperisi.

Icyo gihe hari mu bwami bw’abapariti (empire parthe). Aho ni mu majyepfo y’igihugu cya Arumeniya cy’ubu. Simoni na Yuda Tadeyo bamaze guhurira mu Buperisi, bafatanyije kwigisha Inkuru Nziza ya Yezu Kristu; bombi ni n’aho bapfiriye bahowe Imana. Babishe ariko barabanje gukora umurimo utoroshye muri icyo gihugu. Kuko bari barahinduye abantu benshi bakaba abakristu ndetse n’umwami n’ingabo ze nyinshi bakemera kubatizwa. Bishwe n’abarwanyaga ubukristu bo mu yindi mirwa y’igihugu aho bari baragiye kwamamaza Ivanjili.

Muri iyo mijyi hari ibigirwamana by’ibibumbano, ibyo rero Simoni na Yuda banga kubyubaha, bibaviramo kwicwa. Bavuga ko Simoni Intumwa yaba yarapfuye bamuciyemo kabiri bakoresheje urukezo kuko atashyigikiye ibigirwamana by’ibibumbano byabo. Bakunze kumwerekana afite urukezo. Ubundi bakamwerekana afite Igitabo cy’Ivanjili ari kumwe na Yuda Tadeyo we afite ubuhiri kuko aribwo yicishijwe.

Mutagatifu Tadeyo Intumwa

Mutagatifu Yuda Tadeyo

Simoni na Tadeyo, Aya mazina yombi arakurikirana iyo bavuga Amazina y’Intumwa cumi n’ebyiri za Yezu. Simoni yakomokaga i Kana hamwe Yezu yakoreye igitangaza cya mbere. Yiswe Simoni w’i Kana ari ukwanga ko yitiranwa na Simoni umutware w’Intumwa. Yabanje kwigisha mu Misiri, muri Moritaniya no muri Libiya. Yuda ari we Tadeyo yari mubyara wa Yezu. Yezu ataramutora mu Ntumwa ze yari umuhinzi. Tadeyo we yabanje kwigisha muri Afrika hanyuma asubira muri Aziya, yigisha muri Yudeya, Samariya, Siriya na Mesopotamiya. Nyuma, we na Simoni bahuriye mu Buperisi bahigisha bombi. Ni naho bapfiriye bahowe Imana, umunsi umwe. Kuba barigishije hamwe, bakanapfira hamwe bituma bizihirizwa umunsi umwe.

Ibitangaza Nyagasani yabahaye gukora byatumye umwami w’aho abubaha maze abarekera uburenganzira bwabo bwo kwigisha Inyigisho Ntagatifu kandi nshyashya muri icyo gihugu. Igitangaza gikomeye cyatangaje bose ni uko, igihe kimwe, ibicokoma bibiri (ni inyamaswa z’inkazi cyane zishaka gusa n’ibisamagwe, ariko zo ni nini kandi ndende kurusha intare n’ingwe), byigeze gutoroka ikigo zari zifungiranyemo, ziyogoza igihugu cyose. Mu izina rya Yezu Kristu, Simoni na Tadeyo bazitegetse kubakurikira, zirabakurikira, bazijyana mu kigo cyazo. Bituma umwami abatizwa n’urugo rwe rwose, n’abaturage barenga ibihumbi mirongo itandatu bahinduka abakristu. Basenye intambiro za gipagani, bubaka za Kiliziya nyinshi. Icyo gihe Sekibi yararakaye, ashaka ko kwamamaza Ivanjili bihagarara.

Aho bari bagiye kwamamaza Ivanjili mu yindi mijyi itarabamenye mbere, abapagani b’aho bategetse Simoni na Tadeyo gutura ibitambo ikigirwamana bita izuba, kuko ari cyo basengaga. Barabakurubanye babajyana ku rutambiro rw’ibyo kigirwamana, abapfumu babyo bakomeza kubahatira gutura ibitambo ibigirwamana. Muri ako kanya, babona Nyagasani Yezu Kristu ari kumwe n’abamalayika, abahamagara ngo bitegure kumusanga. Simoni abwira abo bapagani ati : « izuba ubwaryo rikorera Imana, ntabwo rero ari ikigirwamana. Ahubwo ibi bibumbano byanyu bituwemo n’amashitani. Ngiye kuyirukana rero. » Nuko muri ibyo bibumbano hasohokamo amashitani afite amashusho ateye ubwoba cyane ; maze n’ibyo bibumbano birashwanyagurika. Imbaga yose y’abo bapagani yiroha ku Ntumwa, barazica, nazo zipfa zisingiza Imana kandi zisabira abishi bazo.

Twizihiza abatagatifu Simoni na Tadeyo ku itariki 28 Ukwakira.

(Byakusanyijwe na padiri Theophile TWAGIRAYEZU, diocese Byumba. Ku yandi makuru ku nyandiko twakusanyije ku mibereho y'abatagatifu bariza kuri tel: 0782889963/ 0722889963, ubunyamabanga bwa SPES MEA)

Tadeyo azwi kandi ku izina rya Yuda, akaba mwene Yakobo. Ni umwe mu bavandimwe bane ba Yezu.

Mutagatifu Narsisi, Umwepisikopi wa Yeruzalemu

 …Uwa  mbere ati : “ nkaba mubeshyera ndagahira mu nzu”. Uwa kabiri ati: “niba ibyo mvuze atari ukuri  nzabembe” . Uwa gatatu ati : “ niba mubeshyera nzahume”. … Imana irabagaragaza; uwa mbere ahira mu nzu ye, uwa kabiri na we ibibembe bimwuzura ku mubiri wose. Uwa gatatu yahumye na we arahuma…

Narsisi yavukiye mu gihugu cya Palesitina ahagana mu mpera z’igisekuruza cya mbere cyangwa mu ntangiriro z’igisekuruza cya kabiri.

Narsisi yabaye umwepisikopi w’i Yeruzalemu ahagana mu mwaka wa 200. Icyo gihe yari afite imyaka 80. Uwo murimo watumye agira umwete n’umuhate mu kwamamaza Inkuru nziza ya Kristu. Umwete yagaragazaga mu murimo we wari indengakamere kuko wari urenze uw’abo mu kigero cy’imyaka ye. Yagiraga ukwigomwa n’ukwibabaza gukomeye. Mu mwaka w’195, Narisisi ari kumwe na Tewofili umwepiskopi wa Kayezariya, yayoboye Inama nkuru ya Kiliziya; iyo nama yigaga uko umunsi mukuru wa Pasika y’abakirisitu uzajya wizihizwa n’igihe uzajya wizihirizwaho. Muri iyo nama ni ho hemejwe bidasubirwaho ko Pasika abakirisitu bazajya bayizihiza iteka ari ku munsi w’icyumweru, ko batazongera gukurikiza umunsi abayahudi bizihirijeho Pasika.

Narisisi yakoze ibitangaza byinshi, ariko hari icyagaragaye cyane. Bavuga ko igihe kimwe, hari mu gitaramo cya Pasika, nuko bigaragara ko nta mavuta ari mu matara yari mu kiliziya. Nuko asaba ko bavoma amazi mu byobo byari hafi aho. Ayo mazi barayazanye, ayaha umugisha, bayasuka mu matara, nuko amatara araka bisanzwe, ariko mu kureba ikiri kwaka muri ayo matara, basanga ya mazi yahindutse amavuta.

Yararambye cyane kandi imibereho ye imugaragazaho ubutagatifu hakiri kare.  Umwete yagiraga wo kogeza ingoma ya Kristu watumye abanzi ba Kiliziya bamugirira urwango rukomeye bifuza kumwirukanisha mu gihugu. Igihe kimwe abantu batatu mu bamurwanyaga bagiye inama yo kumusebya bamubeshyera ngo bamwirukane mu gihugu. Bahimba ibyaha bikomeye, babitura aho bigeza n’ubwo bemera kurahira ibinyoma ngo bakunde babyemeze.

Uwa  mbere ati : “ nkaba mubeshyera ndagahira mu nzu”. Uwa  kabiri ati: “niba ibyo mvuze atari ukuri  nzabembe”. Uwa gatatu ati : “ niba mubeshyera nzahume”. Ntihaciye kabiri muri ibyo binyoma byabo bigeretseho indahiro Imana irabagaragaza; uwa mbere inzu ye irashya ahiramo, uwa kabiri na we ibibembe bibi cyane bimwuzura ku mubiri wose. Uwa gatatu yahumye asa n’uri mu nzozi atazi ibimubaho. Imana ubwayo ni yo yiyemeje kumuhorera.

Mutagatifu Narsisi
Cyakora hagati aho, Narisisi ibinyoma bamuregaga byaramurenze, ajya kwibera mu butayu mu gihe kigera ku myaka umunani. Abepiskopi bo muri ako karere baje gutekereza kumusimbura. Batatu bamusimbuje ku buryo bukurikiranye bamaze igihe gito. Abakirisitu bahise bashikama baramushakisha kugira ngo agaruke kwita kuri kiliziya ye. Umwepiskopi Alegizanderi wa Kapadosiya wo mu gihe cya Narisisi, yanditse avuga ko Narisisi w’imyaka ijana na cumi n’itandatu asaba abakirisitu bo muri diyosezi ya Antinowe ho mu Misiri kurangwa n’ubumwe, n’ubwumvikane. Aba bakirisitu bo muri iyi diyosezi bamufataga nk’umwepiskopi wabo w’icyubahiro.

Narsisi yabaye umwepisikopi ukunzwe cyane n’abakristu be na we kandi akababera urugero rwiza  mu kwitagatifuza. Yitabye Imana afite imyaka ijana na cumi n’itandatu. 

Twizihiza mutagatifu Narisisi w’i Yeruzalemu ku itariki 29 Ukwakira.

(Byakusanyijwe na padiri Theophile TWAGIRAYEZU, diocese Byumba. Ku yandi makuru ku nyandiko twakusanyije ku mibereho y'abatagatifu bariza kuri tel: 0782889963/ 0722889963, ubunyamabanga bwa SPES MEA)

Monday, October 28, 2024

Kuki yigeretseho batisimu yagenewe abanyabyaha?

Kristu se ko ari Intungane y’Imana, Ntama w’Imana ukiza ibyaha by’abantu, kuki yigeretseho batisimu yagenewe twe abanyabyaha twavukanye icyaha? Menya igisubizo gikubiye mu ngingo eshatu.

 1.    Kunga ubumwe n’abanyabyaha

Yezu yemeye kubatizwa na Yohani mu mazi ya Yorudani agira ngo yunge ubumwe n’abanyabyaha b’ibihe byose na hose. 

Yezu nta na hamwe tumubona haba muri Bibiliya no mu ruhererekane rw’ingigisho za Kiliziya, ashwana n’abanyabyaha babyemera kandi bashaka kugarukira Imana. Mwibuke Matayo wari umusoresha yirirwa yiba ibya rubanda. Zakewusi wari umwambuzi. Wa mugore w’ihabara. Petero wambwihakanye.

Aba bose n’abandi benshi baduhagarariye, natwe tutiretse, Yezu abarwanaho, akabatakambira imbere ya Data, ati “Dawe bababarire kuko batazi ibyo bakora”. Yereka isi ihora ishaka kumumwaza ko twe abantu be twamunaniye, ko muganga atabereyeho abazima, ahubwo abarwayi bemera kumusanga akabavura; ko ataje kubera intungane ahubwo twe abanyabyaha. Muri Batisimu Yezu yunze ubumwe n’abanyabyaha ngo adufashe kwamurura umwijima w’icyaha.

2.    Guha amazi umugisha no kuyatangeho ikimenyetso cyizakoreshwa muri Kilziya

Yezu yemeye kubatizwa kandi ari intungane, agira ngo ahe amazi umugisha kandi ayatangeho ikimenyetso cyizakoreshwa muri Kilziya kugira ngo abantu bavuke bundi bushya bitwe abana b’Imana. Ku bw’ibyo, si ngombwa kujya iyo hose muri Israheli ahari Yorudani. Byongeye si na ngombwa gucukura ibyuzi ngo ni Yorudani, dore ko ari n’akagezi gatemba; si ngombwa ubwinshi cyangwa ingano y’amazi; icyangomwa ni amazi.

Yezu yashatse guduha icyo kimenyetso cy’amazi. Niyo mpamvu iwacu muri za Kiliziya zacu na twe tuhafiye Yorudani, ni ukuvuga iriba rya Batisimu. Twakijijwe na Kristu mu kwemera no mu rukundo ubwo tuvutse bundi bushya mu mazi no muri Roho Mutagatifu. Guhakana Batisimu wahawe muri Kiliziya ukongera ukajya kwibashya ngo wabatijwe, ni ukuyorera, ni ukuyoba, no guhakana nkana Imana Umubyeyi. Ntaho umuntu aba ataniye na wa mwana ukura akabwira ababyeyi ati “ntimukiri ababyeyi, mwambyariraga iki, ntimuzongere kumbyara”! Ni akaga! Yabahakana yagira ate, ntibikuraho isano yarangije kwiyandika!

3.    Kugenura Batisimu azahabwa ku musaraba

Kristu Umwana w’Ikinege w’Imana yemeye kubatizwa kandi we nta cyaha yigeze, agira ngo agenure Batisimu azahabwa ku musaraba. Yezu yigeze kubaza bene Zebedeyi (Yohani na Yakobo) bahataniraga amakuzo, imyanya myiza mu ngoma ye, ati “mbese mwe mufite inyota yo kwicarana na njye tukima ingoma, mwiteguye kuzahabwa Batisimu nzahabwa”?

Ni nko kubabaza niba biteguye kumubera abahamya ku buryo banabipfira! Yavugaga urupfu rw’umusaraba rwari rumutegereje. Si ubwinshi bw’amazi bukiza! Twakijijwe na Batisimu kuko twemeye gupfana na Kristu, tugahamba icyaha, tukagisiga mu nyenga, tuzazukana na We. Batisimu ni Isakramentu ry’abazutse bategereje ikuzo mu ijuru.

(Byakuwe mu nyandiko “Niba warabatijwe, urabaruta,komera ku isezerano!”, Inyigisho yo ku cyumweru cya Batisimu ya Nyagasani, yateguwe na Padiri Théophile NIYONSENGA, Umusaseridoti wa Diyosezi ya Nyundo.)

Friday, October 18, 2024

Mutagatifu Luka, Umwanditsi w’Ivanjili

… ni we dukesha “Ndakuramutsa Mariya”,“indirimbo ya Bikira Mariya (Magnificat)”,“indirimbo ya Zakariya” ( Benedictus) n’“indirimbo ya Simewoni” (Nunc dimittis.)…

Bavuga ko Luka yavukiye i Antiyokiya muri Aziya ntoya (muri Turukiya y’ubu). Yize amashuri akomeye y’icyo gihe, amenya ikigereki, igihebureyi, Filozofiya n’ubuganga. Nuko aba umwigishwa w’Intumwa mu ba mbere, cyane cyane yigishwa na Mutagatifu Pawulo. Bajyana henshi Pawulo yajyaga kwigisha. Ndetse inshuro ebyiri zose igihe Pawulo yafatwaga agafungwa, bari kumwe nubwo we atafashwe. Aho amariye kumenya Ivanjili, yafashije Pawulo kuyigisha. Luka ni umwanditsi w’Ivanjili ya gatatu n’uw’igitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa. Yakoze imirimo ikomeye cyane mu Isezerano rishya.

Nk’uko kandi bigaragara mu nyandiko ze zose, bavuga ko yari umuganga Antiyokiya, ari na ho yamenyaniye na Pawulo Intumwa ndetse bakaba inshuti zikomeye. yaherekeje Pawulo mu ngendo ze zose za gitumwa, nyuma aza no kumuherekeza i Roma. Pawulo Intumwa na we kenshi mu nyandiko ze yakunze kuvuga inshuti ye Luka. Hari aho agira ati: “arabatashya Luka umuganga dukunda”. Na none akongera ati : “ Luka ni we wenyine tukiri kumwe”. Ikindi kizwi rero ni uko Luka yabaye umutagatifu wakunzwe n’abantu cyane. Bavuga ko kuva na mbere yashikiranaga n’abantu cyane kandi akagira ubupfura n’imico myiza. Ibyo bigaragarira no mu nyandiko ze ko yakundaga abantu kandi akagirira n’impuhwe abakene.

Luka ni we dukesha “Ndakuramutsa Mariya”, “indirimbo ya Bikira Mariya”, ( Magnificat), “indirimbo ya Zakariya” ( Benedictus) n’ “indirimbo ya Simewoni” (Nunc dimittis.) Luka atugezaho kandi byinshi byerekeye Yezu ndetse n’ivuka rye. Mariya nyina wa Yezu afite umwanya urambuye mu byerekeye ivuka n’ubuto bwa Yezu kuko ari we ubwe wabimwibwiriye. Kuba Luka yaramenyanye na Bikira Mariya ni cyo cyatumye bavuga ko Luka ari we wa mbere washushanyije ishusho ya Bikira Mariya.

Umwe mu banditsi bo mu kinyejana cya II yanditse kuri mutagatifu Luka. Nuko mu gusoza yandika agira ati: “yakoreye Nyagasani ubudahwema, yigomwa urushako n’urubyaro, ageza ubwo yitaba umuremyi afite imyaka 84, akimurikiwe na Roho mutagatifu.” Nyuma y’urupfu rwa Pawulo Mutagatifu, Luka na we yaba yaragiye kwigisha Mu Butaliyani no mu turere two hafi aho, no muri Bitiniya. Ntibazi neza iby’urupfu rwe. 

Hari abakeka ko yaguye mu Bugereki amaze kwigisha amahanga. Bamwe ndetse bavuga ko yabaye umumaritiri. Ni umurinzi w’abaganga n’abahanga mu gushushanya. Twizihiza Mutagatifu Luka ku itariki 18 Ukwakira.

(Byakusanyijwe na padiri Theophile TWAGIRAYEZU, diocese Byumba. Ku yandi makuru ku nyandiko twakusanyije ku mibereho y'abatagatifu bariza kuri tel: 0782889963/ 0722889963, ubunyamabanga bwa SPES MEA)

Tuesday, October 15, 2024

Mutagatifu Kalisiti, umwe mu basimbura ba Petero

… Privatusi abonye ibyo bibaye atera hejuru, ati : «ni byo koko, Imana ya Kalisiti ni yo Mana y’ukuri na ho ibigirwamana bizajugunywa mu muriro, kandi Kristu azategeka ubuziraherezo!» ... yategetse ko bazirika ikibuye kinini ku ijosi rya Papa Kalisiti, bakamujunya mu kizenga cy’amazi cyari iruhande rw’inzu, bamunyujije mu idirishya. 

 Mu buto bwe nta wakekaga ko Kalisiti yazaba umwe mu basimbura ba mutagatifu Petero i Roma. Kalisiti yavutse ku babyeyi baciye bugufi bari abashumba b’amatungo i Roma. Amaze gukura na we yabaye umushumba w’amatungo y’umworozi w’umuromani witwaga Karpofori. Imirimo yamubanye myinshi amatungo arakena. nuko kubera gutinya uburakari bwa shebuja ahitamo guhunga. Nyuma shebuja yaramufashe arafungwa ategekwa gukora imirimo ivunanye cyane y’agahato. yahahuriye n’imfungwa z’abakristu maze bamufasha cyane kurushaho kwitagatifuza. Aho arekuriwe yagiye i Roma asaba kwiyegurira Imana.

Hashize igihe yahawe umurimo wo gutunganya neza irimbi rinini cyane rigenewe gushyingurwamo abakristu bahorwa Imana, kandi ari na ko akomeza gukora n’indi mirimo ya Kiliziya. Papa Zefirini aho atabarukiye Kalisiti ni we watorewe kumusimbura ku ntebe y’ubuyobozi bukuru bwa Kiliziya. Yayoboye Kiliziya imyaka 5 ayiyobora ariko mu gihe gikomeye cyane yibasiwe n’abayitotezaga. Icyo gihe arwanira Kiliziya ishyaka arwanya bikomeye aboshyaga abandi guhakana amahame y’Ivanjili cyane cyane abahakanaga Ubutatu Butagatifu. Yafashije abakristu bafatwaga abakomeza mu kwemera, abahowe Imana na bo bagahambwa  mu cyubahiro kibakwiriye. Ibyo byose kandi yabikoraga adatinya ko na we yafatwa akagirirwa nabi.

Ku ngoma ye ni ho hatangijwe kubaka za kiliziya abakirisitu basengeragamo, zaje gusenywa mu bihe by’itotezwa ryakurikiyeho. Ni we wacukurishije irimbi riri mu nsi y’ubutaka ku muhanda witwa uwa Appia. Iryo rimbi rikaba ryaramwitiriwe. Iryo rimbi rikaba ririmo imva z’abatagatifu nka Sesiliya, abapapa, amashusho n’ibindi bimenyetso byinshi bihamya ukwemera kwa Kiliziya y’ubu bihuje n’uko akirisitu ba mbere bemeraga.

Mu gihe cye abapagani benshi bemeye Imana. Igihe cy’itotezwa kigarutse, yahungiye mu nzu kwa Ponsiyani ari kumwe n’abapadiri 10. Iyo nzu yahise igotwa n’abasirikare bari bahawe itegeko ryo kubuza icyitwa ikiribwa cyose kwinjira muri urwo rugo. Icyo gihe Papa Kalisiti yamaze iminsi ine atarya, ariko ukwigomwa n’amasengesho biramukomeza. Icyo gihe, guverineri yakabije ubugome, ategeka ko buri gitondo Papa akubitwa ibiboko, kandi atanga n’itegeko ryo kwica umuntu wese uzaza muri urwo rugo nijoro.

Icyo gihe, mu basirikare barindaga Papa Kalisiti wari ufungiwe aho, hari uwitwaga Privatusi wari ufite igisebe gikabije, asaba Papa Kalisiti kumukiza, nuko Kalisiti aramubwira ati « niba wemera Yezu Krisitu n’umutima wawe wose, ugahabwa batisimu mu izina ry’Ubutatu Butagatifu uzakira ». Nuko umusirikare arasubiza ati: «ndemera, ndashaka kubatizwa, kandi ndemera ntashidikanya ko Imana izankiza.»

Nyuma yo kubatizwa cya gisebe cy’umufunzo cyahise kizimira ntihasigara n’inkovu. Privatusi abonye ibyo bibaye gutyo atera hejuru aravuga ati : «ni byo koko, Imana ya Kalisiti ni yo Mana y’ukuri na ho ibigirwamana bizajugunywa mu muriro, kandi Kristu azategeka ubuziraherezo!» nuko guverineri abimenye ategeka ko bakubita uwo mukiristu mushya Privatusi kugeza igihe apfiriye. Nyuma yaho yategetse ko bazirika ikibuye kinini ku ijosi rya Papa Kalisiti, bakamujunya mu kizenga cy’amazi cyari iruhande rw’inzu, bamunyujije mu idirishya. Ngurwo urupfu yapfuye. Byari ahagana mu mwaka wa 222. Yapfiriye i Roma. Twizihiza mutagatifu Kalisiti ku itariki 14 Ukwakira.

(Byakusanyijwe na padiri Theophile TWAGIRAYEZU, diocese Byumba. Ku yandi makuru ku nyandiko twakusanyije ku mibereho y'abatagatifu bariza kuri tel: 0782889963/ 0722889963).

Mutagatifu Tereza Wa Avila ni muntu ki?

Bakunda kumwita umuganduzi wa Karumeli, kuko urugero rwe rwakurikijwe n’ababikira benshi. Yanditse ibitabo byinshi bituma ashyirwa mu «barimu ba Kiliziya».

Tereza Sanchez wa Cepeda Ahumeda yavukiye muri Hispaniya mu ntara ya Kastiye, ahitwa Avila, kuya 28 Werurwe 1515. Tereza yavutse ku babyeyi bafite ukwemera gukomeye. Nuko kuva akiri muto bamutoza gusoma imibereho y’abatagatifu. Akiri muto kandi yifuje kuba umumaritiri. Ibyo byamuteye ishyaka ryo gushaka kujya gupfira Imana. Bavuga ko afite imyaka irindwi we na musaza we bakurikirana bigeze gutoroka iwabo ngo bashaka na bo kujya gupfira Imana mu gihugu cy’ abarabu. Bagaruriwe mu nzira na se wabo.

Tereza yakundaga Bikira Mariya cyane ku buryo buri munsi yavugaga ishapule. Amaze imyaka 12 yapfushije nyina. Nuko aragenda apfukama imbere y’ishusho ya Bikira Mariya yari iwabo, amusaba kwemera kumubera Nyina, nuko Tereza amusezeranya kuzamubera umwana mwiza. Amaze kugira imyaka 14, yatangiye gutwarwa n’amarari y’iby’isi, maze yibagirwa kwita ku isengesho. Yaranditse ati : « natangiye kwambara neza no kwiyitaho kugira ngo ngaragare cyane. Ibiganza byanjye n’imisatsi yanjye nabyitagaho cyane kandi n’imibavu yanjye nkayitaho… »

Tereza avuga ko mubyara we w’umukobwa ari we wari watangiye gutuma araruka akohoka ku byaha bimujyana kure y’Imana. Ariko Tereza yanditse avuga ko yangaga ibikorwa by’ibiterasoni. Ise amaze kubona ko Tereza azakoza isoni umuryango we, yamwohereje mu kigo cy’ababikira ba Bikira Mariya ugaba inema ahitwa Avila mu w’1531. Tereza byaramugoye kuba ahantu adakora ibyo yishakiye. Yahamaze umwaka umwe kandi ntiyashakaga kuba umubikira. Hashize iminsi mike ararwara araremba. Bamusubiza kwa se. Amaze koroherwa, se yamujyanye kwa mukuru wa Tereza witwaga Mariya.

Tereza yafashe umwanya wo kubitekerezaho, nyuma aza kubwira se ko ashaka kwiha Imana. Se yarabyanze avuga ko igihe cyose akiri ku isi atazigera abyemera. Mu w’1533, Tereza yabifashijwemo n’umwe muri basaza be ahungira mu kigo cy’ababikira kiri i Avila. Yakoze amasezerano ya mbere tariki 3 Ugushyingo 1534, Mu muryango wa Bikira Mariya Umwamikazi wa Karmeli. Amaze gukora amasezerano yo kwiyegurira Imana, yamaze imyaka igera kuri makumyabiri asukurwa n’ibigeragezo by’amoko anyuranye kandi bikomeye: indwara, gushakashaka Imana akumva imuri kure, kunanirwa gusenga,… Kuko Yezu yashakaga kumusukura wese wese by’umwihariko. Yashakaga kandi ko aganira n’Imana by’umwihariko.

Kuva icyo gihe Tereza yumvise aturije mu Mana rwose, umutima we waratwawe n’Imana gusa, agakunda ibiremwa kubera Imana gusa. Urukundo yari afitiye Imana rwatumye ahinyura amategeko y’urwo rugo kuko bari barayadohoye cyane. Urugero rwe rwakurikijwe n’ababikira benshi. Ni cyo gituma Tereza bakunda kumwita umuganduzi wa Karmeli. Nyamara yakundaga kurwara kenshi kandi yari n’umunyamagara make. Yari n’umunyabwenge cyane. Yanditse ibitabo byinshi kandi byigisha cyane bituma ashyirwa mu « barimu ba Kiliziya ». Yagishwaga inama n’abantu benshi.

Umuyobozi we mu by’Imana yari Mutagatifu Yohani w’Umusaraba. Bavuga ko habaga ubwo baganiraga maze abandi bakababona bombi basa n’ababonekewe, bari mu kirere gusa ntahuriro n’ubutaka. Tereza yitabye Imana ku itariki ya 15 Ukwakira 1582 afite imyaka 67. Ni Papa Gerigori XV wamwanditse mu gitabo cy’abatagatifu mu w’1622. Twizihiza mutagatifu Tereza ku itariki 15 Ukwakira.

(Byakusanyijwe na padiri Theophile TWAGIRAYEZU, diocese Byumba. Ku yandi makuru ku nyandiko twakusanyije ku mibereho y'abatagatifu bariza kuri tel: 0782889963/ 0722889963).

Wednesday, October 9, 2024

Inyubako za Kiliziya Gatolika 812 zo gusengeramo zirafunze

 

Paruwasi ya Mukarange, muri diyosezi ya Kibungo
iri muri paruwasi zafunzwe
 Amaparuwasi 47, amasantarali 474 n’amasikirisale 279 ntibyemerewe gusengerwamo. Diyosezi ya Kibungo niyo yiganjemo umubare munini w’inyubako zifunze. Menya uko muri buri diyosezi byifashe…

Inyubako za Kiliziya Gatolika mu Rwanda zigera kuri 812 zirafunze kubera kutuzuza ibisabwa ngo zikomeze gusengerwamo. Igikorwa cyo gufunga inyubako zitandukanye zisengerwamo cyakozwe ku bufatanye bw’inzego zitandukanye, zirimo urwego rw'igihugu rushinzwe imiyoborere (RGB), inzego z'ibanze na polisi.

Mu nyubako za Kliziya Gatolika zifunze, harimo amaparuwasi 47 kuri 231 y’amadiyosezi yose icyenda. Harimo kandi amasantarali 474 kuri 943, na succursale 279 ku 2031 zagenzuwe. Izindi nyubako zafunzwe ni shapeli zose za Diyosezi ya Gikongoro uko ari 12.

Amaparuwasi 47 arafunze

Mu maparuwasi 231 agize Kiliziya Gatolika mu Rwanda, 47 arafunze. Diyosezi ya Kibungo niyo ifite umubare mwinshi wa amaparuwasi afunze, 14 kuri 22. Ikurikirwa na Diyosezi ya Byumba ifite amaparuwasi 11 kuri 25. Ku mwanya wa nyuma, umwanya ukwiye guharanirwa, hakaba Diyosezi ya Nyundo na Diyosezi ya Ruhengeri na Cyangugu zidafite paruwasi n’imwe ifunze.

Amasantarali 474 arafunze

Ku rwego rwa Santarali, Kiliziya Gatolika ifite izigera kuri 944, izitemerewe gusengerwamo ni 474. Diyosezi ya Kibungo niyo ifite amasantarali menshi afunze, kuko mu 101, hafunzemo 97 yose. Iyikurikira ni diyosezi ya Byumba; ifite amasantarali 109, 84 muri ayo akaba atemerewe gusengerwamo. Diyosezi ya Nyundo ikaza ku mwanya wanyuma kuko ifite amasantarali 42 afunze, mu 136 agize iyi diyosezi. Bivuze ko ari iyo ifite umubare muto w’amasantarali atemerewe gusengerwamo.

Amasikirisale 279 arafunze

Mu gihugu hose, habarwa amasikirisale 2031 agize amadiyosezi 8, hatarimo Diyosezi ya Gikongoro. Atemerewe gusengerwamo ni 279, amenshi akaba yiganje muri Diyosezi ya Kibungo n’iya Butare, aho nta sikirisale n’imwe yemerewe gusengerwamo muri 59 agize Kibungo. Butare yo igira sikirisali imwe, ikaba ifunze.

Shapeli 12 zirafunze

Inkomo y’amakuru igaragaza ko Shapeli zifunze zose ari iza Diyosezi Gatolika ya Gikongoro. Iyi diyosezi ikaba ifite Shapeli 12 zose zikaba zifunze.

Mbere yo kongera gusengera muri izi nyubako, hasabwa kubanza kuzuza ibiteganywa n’amategeko kugira ngo abahasengera bagire umutekano kandi basengere ahantu hadashyira ubuzima bwabo mu kaga.


Turahimbaza Umuhire Ewujeniya Smet (+1871)

Umuhire Ewujeniya Smet (izina ry’ububikira ni Marie de la Providence) yavutse kuwa 25 Werurwe 1825, avukira ahitwa Lille mu gihugu cy’Ubufar...