Tuesday, September 10, 2024

Icyo amategeko avuga ku mushumba wa Diyosezi

Abepiskopi Antoni Karidinali Kambanda na
Myr Visenti Harolimana bari muri yubile
 y'imyaka 31 bahawe ubusaseridoti
… atangira inshingano byibuze mu mezi 2 abitorewe, agomba guharanira ko imihamagaro yiyongera, hakaboneka abihayimana n’abasaseridoti bahagije. Iyo bobaye ngombwa ko ajya mu yindi diyosezi hagomba kubaho ubwumvikane na mugenzi we. Ni umugabuzi w’ibanze w’amayobera y’Imana.  …

Umushumba wa diyosezi ni umusaseridoti wahawe ubwepiskopi, agahabwa inkoni y’ubushumba kandi akicazwa mu ntebe igenewe umwepiskopi wa diyosezi, akaba ayifiteho ububasha busesuye kandi bwihariye mu buryo butaziguye ku byo yemerewe n’amategeko. Iyo nta kibibuza mu buryo bwubahirije amategeko, uwatorewe kuba umushumba wa diyosezi atangira inshingano byibuze mu mezi abiri abimenyeshejwe, igihe yari asanzwe ari umwepiskopi cyangwa mu mezi ane igihe ari umupadiri watorewe izo nshingano.

Umushumba wa diyosezi akora ibishoboka byose agamije kurinda uburenganzira bw’abasaseridoti kandi akajya abatega amatwi kuko ari abafasha be kandi bakaba n’abajyanama be. Ni we ushinzwe mbere y’abandi kwita ku cyateza imbere imibereho myiza yabo, ku buzima bwa roho no mu by’ubwenge. Agomba guharanira ko imihamagaro yiyongera, hakaboneka abihayimana n’abiyeguriyimana bahagije.

Yitanga atiziganya kugira ngo abemera barusheho gusobanukirwa ukuri kw’ukwemera kandi babeho muri ko. Umushumba wa diyosezi asabwa gutanga urugero rwiza rw’ubutungane mu rukundo, mu bwiyoroshye, agaharanira ko abo yaragijwe bitagatifuza, buri wese mu muhamagaro we. Umwepiskopi ni umugabuzi w’ibanze w’amayobera y’Imana.

Umushumba wa diyosezi akorera ubutumwa bwe (les fonctions pontificales) muri diyosezi ye. Iyo bobaye ngombwa ko ajya mu yindi diyosezi hagomba kubaho ubwumvikane na mugenzi we (le consentement exprès, de l’Ordinaire du lieu). Umushumba wa diyosezi ashinzwe kuyobora diyosezi yahawe, mu nguni zose zijyanye n’ubuyobozi bwayo (pouvoir législatif, exécutif et judiciaire). Ashobora gutora abamufasha muri zo nshingano, hakaboneka ibisonga bimufasha gusohoza neza ubutumwa. (les Vicaires généraux, les Vicaires épiscopaux et Vicaires judiciaires).

Umwepiskopi ufite imyaka 75 y’amavuko asabwa kwandikira Papa asaba kujya mu kiruhuko cy’izabukuru, kimwe n’ufite impamvu zumvikana zituma atagishoboye gusohoza neza inshingano ze nk’umwepiskopi.  Iyo ubwegure bwemewe, uwari umushumba wa diyosezi yitwa umushumba wa diyosezi uri mu kiruhuko (d’Évêque émérite) wa diyosezi ye, agakomeza gutura muri iyo diyosezi na yo ikagumana inshingano zo kumwitaho. Ashobora no guhitama kujya kuba mu yindi. Urugero ni abepiskopi bari mu kiruhuko ba diyosezi ya Kibungo : Myr Kizito Bahujimihugo uba muri diyosezi ya Byumba na Myr Fréderic Rubwejanga uba mu bubiligi, mu muryango w'Aba 'Trappiste' (Orde Cistercien de la Stricte Observance,OCSO), washinzwe na Padiri Armand Jean Le Bouthillier de Rancé. (ushaka ku menya byinshi ku mushumba wa Diyosezi, soma igitabo cy’amategeko ya Kiliziya, kuva ku itegeko rya 375 kugeza ku itegeko rya 402 (Canon 375- Canon 402).

Indi nkuru bifitanye isano :

Umwepiskopi atorwa ate ?

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...