Sunday, December 14, 2025

Siko bizahora, nta Pasika itagira uwa Gatanu Mutagatifu

Siko bizahora. Nta Pasika itagira uwa Gatanu Mutagatifu. Igitambo cy'ukaristiya kitubere umwanya wo guhura n'Imana, maze Nyagasani aturishe agahinda n'imibabaro yacu atumurikire ubu n'iteka ryose.

Ni amagambo yagarutsweho mu gitambo cy’Ukaristiya cyabereyemo isengesho ryo gusabira abarwayi, cyaturiwe muri Paruwasi ya Gikondo, kuri iki cyumweru cya Gatatu cya Adiventi, tariki ya 14 Ukuboza 2025. Iyi Misa yayobowe n'abaturutse ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe mu Ruhango, bari kumwe na Padiri Boniface Ndikubwimana, Umuyobozi wa Roho ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe mu Ruhango.

Iri sengesho ryateguwe na Paruwasi ya Gikondo ifatanyije n'Ingoro ya Yezu Nyirimpuhwe mu Ruhango, hagamijwe gushimira Imana ibyiza yabakoreye mu mwaka wa 2025 no kuyisaba ngo izakomeze kubarinda mu mwaka mushya wa 2026.

Mu nyigisho ye, Padiri Boniface Ndikubwimana, yavuze ko bafite ibyishimo byinshi bigaragazwa n’uko bari kugenda batera intambwe berekeza ku munsi wa Noheri. Yagize ati: ''turashimira Imana yo yabanye natwe by'umwihariko muri uyu mwaka wa Yubile y'impurirane imyaka 125 inkuru nziza igeze mu Rwanda na 2025 y'ugucungurwa kwa benemuntu, ndetse no kuba nk'abakristu ba Paruwasi ya Gikondo yaradukoreye byinshi tuyishimira.''

Padiri Ndikubwimana yasabye abakristu gutura Yezu ibibaremereye byose no kumusaba kubaherekeza mu buzima bwabo bwose. Ati: ''Yezu Nyirimpuhwe tumuture ibituvuna, umusaraba wacu, bityo akomeze kudufasha kuduha imbaraga ziduherekeza mu buzima bwacu bwa buri munsi.''

Agaruka ku mizero akwite kuranga abakristu, Padori Ndikubwimana yashimangiye ko imibabaro Atari iteka ku buzima bw’abakristu ariko na none ko ari ngombwa, abibutsa ko ibanziriza ibyishimo. Yagize ati: ''Siko bizahora, nta na Pasika itagira uwa Gatanu Mutagatifu.''

Padiri Ndikubwimana yakomeje asaba abakristu kurushaho guhura n’Imana, Yo ishobora gucogoza imibabaro ya muntu yose. Ati : ''Iki gitambo cy'ukaristiya kitubere umwanya mwiza wo guhura n'Imana, maze Nyagasani aturishe agahinda n'imibabaro yacu atumurikire ubu n'iteka ryose.

Icyumweru cya Gatatu cya Adiventi, ni icyumweru cy'ibyishimo; cyizwi ku izina rya “Gaudete in Domino Semper : Muhore mwishimye muri Nyagasani”.

Wednesday, December 10, 2025

Address of the Pope to the European Conservatives and Reformists Group

This morning, in the Vatican Apostolic Palace, the Holy Father Leo XIV received in audience a delegation of the European Conservatives and Reformists Group of the European Parliament. The following is the address delivered by the Holy Father to those present:

Address of the Holy Father

Good morning to you all, and welcome to the Vatican.

I am pleased to have this opportunity to greet your Delegation on the occasion of your participation in the ECR Group Conference being held during these days here in Rome.

First, I would like to thank you for your work in serving not only those you represent in the European Parliament but all the people in your communities. In fact, to hold any high office within society comes with the responsibility to advance the common good. I especially encourage you, therefore, never to lose sight of the forgotten ones, those on the margins, those whom Jesus Christ called “the least” among us (cf. Lk9:48). 

As democratically elected officials, you reflect a range of views that sit within a wider spectrum of diverse opinions. Indeed, one of the essential purposes of a parliament is to enable such views to be expressed and discussed. Yet the mark of any civilized society is that differences are debated with courtesy and respect, for the ability to disagree, listen attentively, and even to enter into dialogue with those whom we may regard as opponents. This bears witness to our reverence for the God-given dignity of all men and women. I invite you, then, to look to Saint Thomas More, the patron of politicians, whose wisdom, courage and defence of conscience are a timeless inspiration for those who seek to foster the wellbeing of society.

In this regard, I readily echo the appeal of my recent predecessors that European identity can only be understood and promoted in reference to its Judeo-Christian roots. The purpose of protecting the religious legacy of this continent, however, is not simply to safeguard the rights of its Christian communities, nor is it primarily a question of preserving particular social customs or traditions, which in any case vary from place to place, and throughout history. It is above all a recognition of fact. Moreover, everyone is a beneficiary of the contribution that the members of the Christians communities have made and continue to make for the good of European society. We need only call to mind some of the important developments in Western civilization, especially the cultural treasures of its towering cathedrals, sublime art and music, and advances in science, not to mention the growth and spread of the universities. These developments create an intrinsic link between Christianity and European history, a history which should be cherished and celebrated.

In a particular way, I think of the rich ethical principles and patterns of thought that are the intellectual patrimony of Christian Europe. These are essential for safeguarding the divinely bestowed rights and inherent worth of every human person, from conception to natural death. They are likewise fundamental for responding to the challenges presented by poverty, social exclusion, economic deprivation, as well as by the ongoing climate crisis, violence and war. To ensure that the voice of the Church, not least through her social doctrine, continues to be heard, is not about the restoration of a past epoch, but of guaranteeing that key resources for future cooperation and integration are not lost.

Here, I would reiterate the importance of what Pope Benedict XVI identified as the necessary dialogue between “the world of reason and the world of faith – the world of secular rationality and the world of religious belief” (Address to Civil Society, Westminster Hall, London, 17 September 2010). Indeed, this public conversation, in which politicians have a highly significant role, is vital for respecting the specific competence of each, as well as for supplying what the other needs, namely a mutually “purifying” role for ensuring that neither falls prey to distortions (cf. ibid.). My prayer is that you will play your own part in engaging positively in this important dialogue, not only for the sake of the people of Europe, but of our entire human family.

With these few thoughts, I assure you of a remembrance in my payers, and I invoke upon you and your families God’s blessings of wisdom, joy and peace. Thank you. (source:Holy See Press Office)

Monday, December 1, 2025

Dukumire ko ihohotera ryarangwa mu miryango yacu.

Abihayimana n’abafatanyabikorwa mu kwita ku muryango, no kwimakaza ubutabera n’amahoro barasabwa gukumira ihohoterwa mu muryango no gutegura urubyiruko bagakurana indangagaciro zifasha mu kubaka umuryango utekanye.

Byagarutsweho kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Ukuboza 2025, mu nama nyunguranabitekerezo 'ku gukumira no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, yabereye muri Centre Missionnaire Lavigerie [CML]. Ni inama yateguwe na Komisiyo y’ubutabera n’Amahoro mu rwego rwo kurebera hamwe ihohoterwa rikorerwa mu muryango, imbogamizi zihari ndetse no gushakira hamwe uburyo bwo kurirandura burundu, hazirikanwa insanganyamatsiko igira iti: “Twubake umuryango uzira ihohoterwa.’’

Bamwe mu bitabiriye iyi nama bavuga ko ihohoterwa rishingiye mu miryango riterwa no kuba imiryango iregetse, aho abana baba bashingiye ku nyungu aho kuba ku rukundo.

Padiri Sylvère Komezusenge ushinzwe urukiko rwa Kiliziya, yagize ati: “Ikibazo tubona mu isesengura ni uko dusanga hari imiryango yari iregetse. Niba hari umukobwa n’umusore babanye badakundanye byanze bikunze icyo umwe yashakaga azakibona, impamvu yo gushyingirwa kwabo ibe irarangiye kubana kwabo bibe ku gahato. Ibi twarabibonye kandi bikagira ingaruka.”

Akomeza avuga ko iki kibazo cyakemurwa no gutegura urubyiruko, kugira ngo rukurane indangagaciro za ngombwa mu kubaka umuryango. Padiri Komezusenge yagize ati: “Umuti ni uko nibura twategura urubyiruko bagakurana indangagaciro zirimo kubahana, ubudahemuka, gukomera ku isezerano nk’imbuto z’icyemezo umuntu yafashe, bigafasha mu kurera umuryango utunganye.''

Ikindi cyagarutsweho nk’umuti ku ihohoterwa ni ukubaha uburenganzira bw’ikiremwamuntu, no kubaka umuryango uzira inabi, aho abana bakura bumvikana n’abayeyi mu guharanira ineza y’umuryango. Padiri Lambert Dusingizimana, Umunyamabanga w'Ibiro bishinzwe Uburezi Gatolika, mu Nama y'Abepiskopi Gatolika mu Rwanda, ati: “Turengere umwana, twubaha uburenganzira bw’ikiremwamuntu bizadufasha gutsinda iri hohotera.

Padiri Valens Niragire, Umunyamabanga Mukuru wa Komisiyo y'Ubutabera n'Amahoro, yavuze ko ihohoterwa rishobora gukorerwa aba Mama, abana, ndetse n’aba Papa mu rugo, ati: “icyo twifuza ni ugushyira hamwe imbaraga kugira ngo twubake umuryango uzira inabi kandi uzira ihohotera. Abana bagakura bari mu muryango, ababyeyi babo bumvikana baharanira ineza y’umuryango.”

Ati: ''Iyo mu muryango hajemo guhohoterana, no guhezwa umuryango uba watangiye kwangirika, dukumire rero ko ihohotera ryarangwa mu miryango yacu. Iyo tuvuze ihohotera, cyane twumva abana b’abakobwa bakunze kwibasirwa naryo ubuzima bwabo bukajya mu kaga.’’

Padiri Niragire yavuze ko ihohoterwa riri ukwinshi kandi ahantu hatandukanye, asaba ubufatanye mu kurirwanya no kubaka umuryango utekanye. Yagize ati: “Hari ihohotera ry’amagambo, gukubita no gukomeretsa n’irikorerwa ku mbuga nkoranyambaga, aho dutuye aho dukorera twese duhaguruke turwanye ihohotera iryo ari ryo ryose tugire umuryango utekanye.’’

Iyi nama ni kimwe mu bikorwa bikorwa by’iminsi 16 y’ubukangurambaga igamije kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina, u Rwanda rwifatanyijemo n’isi yose kuva tariki ya 25 ugushyingo kugera kuwa 10 ukuboza.

Yitabiriwe n’abihayimana, bamwe mu bagize imiryango itandukanye itari iya Leta, urubyiruko rw’abanyeshuri babarizwa muri Club yo kurwanya ihohoterwa, n’abandi bafatanya bikorwa bahuriye ku ntego yo gushakira igisubizo kirambye ihohotera rikorerwa mu miryango.

Friday, November 21, 2025

Promulgation of Decrees of the Dicastery for the Causes of Saints, Nov 21, 2025

During the Audience granted to His Eminence Cardinal Marcello Semeraro, prefect of the Dicastery for the Causes of Saints, the Supreme Pontiff authorized the same Dicastery to promote the Decrees regarding t
he martyrdom of the two Servants of God and the heroic virtues of the four Servants of God:

The martyrdom of the Servant of God Ubaldo Marchioni, diocesan priest, born on 9 Mary 1918 in Vimignano di Grizzana Morandi, Italy, and killed in hatred of the faith on 29 September 1944 in Casaglia/Marzabotto, Italy;

The martyrdom of the Servant of God Martino Capelli (né Nicola), professed priest of the Congregation of the Priests of the Sacred Heart of Jesus, born on 20 September 1912 in Nembro, Italy, and killed in hatred of the faith on 1 October 1944 in Pioppe di Salvaro, Italy;

The heroic virtues of the Servant of God Enrico Bartoletti, archbishop of Lucca, born on 7 October 1916 in Calenzano, Italy, and died on 5 March 1976 in Rome, Italy;

The heroic virtues of the Servant of God Gaspare Goggi, professed priest of the Congregation of Divine Providence, born on 6 January 1877 in Pozzolo Formigaro, Italy, and died on 4 August 1908 in Alessandria, Italy;

The heroic virtues of the Servant of God Mary of the Sacred Heart (née Maria Glowry), professed religious sister of the Society of Jesus, Mary and Joseph, born on 23 June 1887 in Birregurra, Australia, and died on 5 May 1957 in Bangalore, India;

The heroic virtues of the Servant of God Maria de Lourdes Guarda, lay faithful, born on 22 November 1926 in Salto, Brazil, and died on 5 May 1996 in São Paulo, Brazil. (source: Press Office of the Holy See, Daily Bulletin)

Thursday, November 20, 2025

Komisiyo y’umuryango irasabwa kurwanya icyataka umuryango

Musenyeri Edouard Sinayobye, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Cyangugu akaba na Perezida wa Komisiyo y’umuryango mu Nama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda arasaba abashinzwe kwita ku muryango kumva neza ibibazo byugarije umuryango no gufata ingamba zikwiye mu guhashya ibyonnyi byugarije umuryango. 

Byagarutsweho mu nama ya Komisiyo y’umuryango, yabereye i Kigali, ku Irebero, mu Rugo rw’Ababikira b’Abadominikani (Soeurs Dominicaines Missionnaries D’afrique) kuri uyu wa kane tariki ya 20 Ugushyingo 2025. 

Ni inama yahuje abahuzabikorwa ba serivisi z’ubusugire bw’ingo mu ma Diyosezi no ku rwego rw’igihugu, n’abapadiri bashinzwe Komisiyo y’umuryango mu maparuwasi, ikaba yari igamije gutegura gutangira gushyira mu bikorwa igenamigambi ry'imyaka 5 ry'ibyo biyemeje. 

Yagize ati: ''Twese dukeneye kumva ikibazo gihari n’akamaro ko gufata ingamba zikwiye bitewe n’uko ikibazo kimeze, ikindi ni ukurwanya ikibi gishaka kwataka umuryango. Mu muryango haratakwa kandi dukwiye kugira icyo dukora ntidutinye. Ni koko umuryango wugarijwe n’ibibazo twebwe tugomba kubyumva kurusha abandi.’’ 

Agaruka ku ngamba abona zikwiye gufatwa kugira ngo Komisiyo y’umuryango ikomeze kujya mbere, Myr Sinayobye yasabye abitabiriye iyi nama kurushaho guha umanya uhagije abitegura gushinga urugo n’abafite ibibazo birimo no guterwa inda kugira ngo bashobore kubafasha uko bikwiye. 

Ati: ''Muri iki gihe abantu nta gihe dufite, hari ababa bafite ibibazo nk’abatewe inda ariko ugasanga turabatereranye tukabaseka kandi tutabegereye. Bariya bana b’abakobwa barwana urugamba hari abashukishwa amafaranga n’ibindi tubahe umwanya uhagije tubatege amatwi aho kuvuga ngo bameze nabi. Bameze nabi kuko ibintu bimeze nabi. Twongere twibaze ngo ese abitegura gushinga urugo tubaha umwanya tukabatega amatwi bihagije?’’ 

Soeur Agnes Uwimana Umuyobozi
Sr Agnes Uwimana, Umuyobozi wa Serivisi y’ubusugire bw’ingo, yavuzeko mu myaka 40 ishize iyi Komisiyo y’umuryango ikora babashije guherekeza ingo zirenga ibihumbi 20. 

Yavuze ko nka Komisiyo bifuza ko serivisi zarushaho kwegera abagenerwabikorwa. 

Yagize ati: ''Uyu mwaka turifuza ko Serivisi zegerezwa abagenerwabikora ndetse abazadufasha bagahugurwa kugira ngo tubone uko dufatanya.’’ 

Mu rwego rwo gukemura zimwe mu mbogamizi ziri muri serivisi y’ubusugire bw’ingo, Abapadiri bitabiriye iyi nama ya Komisiyo y’umuryango, bagaragaje ko hakwiye gushakwa uburyo abafasha bashakirwa igihembo bajya bahabwa, bagahabwa n’amahugurwa kugira ngo barusheho gusobanukirwa n’ibyo bakora kandi hagakazwa ubukangurambaga bahereye mu nzego zo hejuru. 

Muri iyi nama, Musenyeri Edouard Sinayobye yayoboye umuhango w’ihererekanyabubasha hagati ya Musenyeri Casimir Uwumukiza wari umaze imyaka igera kuri 3 ari Umunyamabanga wa Komisiyo y’umuryango na Padiri Fraterne NAHIMANA umusimbuye muri izi nshingano. 

Musenyeri Casimir Uwumukiza ni igisonga cya Arikiyepiskopi wa Kigali, naho Padiri Fraterne NAHIMANA ni umusaseridoti wa diyosezi ya NYUNDO, ukorera ubutumwa muri Zone Pastorale Kibuye.

Sunday, November 2, 2025

John Henry Newman, umuhanga wa 38 mu nyigisho za Kiliziya

Kiliziya yungutse umuhanga wa 38 mu nyigisho zayo. Ku wa 1 Ugushyingo 2025, ku munsi w’Abatagatifu bose wizihizwa kuwa 1 Ugushyingo buri mwaka, Nyirubutungane Papa Leon XIV yatangaje Mutagatifu John Henry Newman, wavukiye mu Bwongereza, nk’umuhanga wa 38 mu nyigisho za Kiliziya, akaba n’umurinzi w’uburezi Gatolika ku isi yose. Ku rutonde rw'Abahanga mu nyigisho za Kiliziya akurikira Mutagatifu Irene w'i Lyon, umwe mu bakurambere ba Kiliziya, umumaritiri wambere wageze kuri uru rwego, akaba n’uwambere wavuze iby’uruhererekane rw’inyigisho za Kiliziya avuguruza ubuyobe. Yageze kuri uru rutonde mu 2022.

John Henry Newman ni muntu ki?

John Henry Newman yavukiye i Londres kuwa 21 Gashyantare 1801, apfira i Edgbaston kuwa 11 Kanama 1890. Ku ikubitiro yari umwangilikani, mu 1845 nibwo yahindukiriye ukwemera kwa Kiliziya Gatolika. Yiga muri kaminuza ya Oxford, nibwo yabaye Pasiteri mu Itorero Angilikani, aba icyamamare n’umwigisha ukomeye mu by’iyobokamana kubera no kwandika inyandiko nyinshi zigamije kurengera ubwigenge bw’Itorero ry’Abangilikani imbere y’ubutegetsi bw’u Bwongereza.

Ubushakashatsi bwe ku Bakurambere ba Kiliziya (les Pères de l'Église) ni bwo bwamutumye ahinduka, nyuma yo kumenya Kiliziya Gatolika ari yo irinda neza imizi y’ukwemera kwa Gikristu, bituma ayigana. Yahawe ubupadiri mu 1847, ashinga Umuryango “la Congrégation de l'Oratoire” mu Bwongereza, hanyuma ajya i Dublin gushinga kaminuza ya gikirisitu. 

Hari bamwe mu mu basaseridoti (clergé catholique britannique) batamwumvaga neza, mu gihe abo yasize mu Itorero Angilikani bamufataga nk’umuhakanyi (apostat). Kugira ngo asobanure impamvu z’ihinduka rye, yanditse igitabo Apologia Pro Vita Sua, cyamuhaye izina rikomeye. 

Igihe havukaga impaka ku ihame ryo kutibeshya kwa Papa (infaillibilité pontificale), Newman yanditse Ibaruwa yandikiye Duke wa Norfolk, arengera Kiliziya Gatolika; ibitekerezo by’iyo baruwa byagarutsweho mu nama ya Vatican II. Papa Leo XIII, watowe mu 1878, yamugize karidinali mu 1879. John Henry Newman yapfuye afite imyaka 89.

Yabaye umwigisha ukomeye mu by’iyobokamana n’ubumenyamuntu bwa Kristu (Christologie), kandi afatwa nk’imwe mu nkingi zikomeye za Kiliziya Gatolika mu Bwongereza, hamwe na Thomas More, Henry Edward Manning na Ronald Knox. Yabaye umuntu w’igenzi ku bandi banditsi n’abahanga benshi b’Abagatolika b’i Burayi, cyane cyane abari baravuye mu Itorero ry’Abangilikani. Nk’uko Xavier Tilliette yabivuze, “ni umuntu wihariye cyane, umeze nk’Itara rya Pasika muri Kiliziya Gatolika y’ikinyejana cya 19.”

Ibyanditswe bye nka Grammaire de l’assentiment na Apologia Pro Vita Sua byabaye isoko y’inyigisho (reference) ku banditsi nka G. K. Chesterton, Evelyn Waugh, Julien Green, ndetse n’abahanga muri Tewolojiya na Filozofiya nka Avery Dulles, Erich Przywara na Edith Stein, uyu akaba yarahinduye bimwe mu bitabo bye mu kidage. John Henry Newman yashyizwe mu rwego rwa “Venerable” na Kongere ishinzwe iby’Abatagatifu mu 1991, maze Papa Benedigito wa XVI amushyira mu rwego rw’Abahire i Birmingham ku ya 19 Nzeri 2010. Papa Fransisiko yamutangaje nk’umutagatifu ku ya 13 Ukwakira 2019.

Saturday, October 18, 2025

Basabwe kwigira kuri Kolping, bakarwanya ubukene n’ubutindi

Abanyamuryango ba Rwanda Kolping Society, basabwe kurwanya ubukene n’ubutindi, guharanira ubumenyi, gusenga ndetse no gukora, nka Kloping. Byose bakabikora ku buntu bw'Imana no ku nyungu z'abayo.

Ibi byagarutsweho kuri uyu wa 18 Ukwakira 2025, mu rugendo nyobokamana, abanyamuryango basaga 3250 baturutse mu madiyosezi yose yo mu Rwanda, bakoreye muri Diyosezi Gatolika ya Kibungo. Ni urugendo rwari rugamije gusabira umupadiri w’umudage, Umuhire Adolph KOLPING, washinze uyu muryango ngo azashyirwe mu rwego rw'abatagatifu, igikorwa cyakozwe uyu munsi n’abanyamauryango ba Kolping ku isi yose.

Mu gitambo cyayobowe na padiri Festus NZEYIMANA, Omoniye w’uyu muryango mu Rwanda, ashingiye kandi ku ntego z’uyu muryango nk’uko zibumbiye mu magambo atatu: Senga, Iga na Kora ari nazo nkingi z'ubuzima bwa Kolping. Yasabye abanyamuryango ba Kolping gufasha abakristu gukunda ubumenyi kuko butanga icyubahiro no kwigira.

Yagize ati: “Bavandimwe, umuhire Adolph Kolping tuzirikana kandi dushima, yashishikarizaga urubyiruko kwiga n'abandi guhora bihugura. Kuko ubumenyi butanga ikerekezo, bugatanga icyubahiro ndetse no kwigira. Abanyamuryango ba Kolping tugomba gutekereza uko twafasha urubyiruko rwacu ndetse n'abandi kwiga, gukunda ubumenyi, kwiyungura ubumenyi haba mu by'iyobokamana no mu buzima busanzwe burangwa n'ibikorwa byo kwiteza imbere.”

Yibukije abakristu ko isengesho rigomba kujyana n’ubumenyi ndetse n’ibikorwa, bityo umukristu, ashobore guhindura isi amurikiwe n’ukwemera, afatanye na Yezu gukiza isi. Padiri NZEYIMANA ati: “Bavandimwe, isengesho ni ngombwa mu buzima, ubumenyi nabwo burakwiye ariko nabyo bikenera indi nkingi ya gatatu ijyanye n'ibikorwa. Kora Imana iguhere umugisha mu byo ukora. Kolping yashinze imiryango y'abakozi, ibigisha gukorera hamwe no kurwanya icyasubiza umuntu inyuma cyose. Bavandimwe, natwe ntituzemere kurebera, dufatanye na Yezu gukiza isi, turwanye ubukene, ubutindi, turwanye icyasubiza umuntu inyuma cyose muri iki gihe. Dukore, dukoreshe ubumenyi. Niduherekezwe n'ukwemera kwacu maze duhindure iyi si yacu.”

Padiri Festus NZEYIMANA yibukije abakristu ko umuryango wa Kopling ugomba guharanira ko urubyiruko rugira icyerekezo n’ubuzima bufite intego, n’abatera ikirenge mu cya Padiri Kopling bakabaho ubuzima bushingiye ku isengesho. 

Yagize ati: “Uyu muryango padiri Adolph Kolping yatangije, ugomba guhagurukira gufasha imiryango kuba intangarugero, ugomba gufasha urubyiruko kugira ikerekezo no kugira ubuzima bufite intego no gushyira mu bikorwa inyigisho za Kiliziya zishingiye ku butabera, ndetse no kubaha umuntu. Bavandimwe, ndagira ngo ngaruke ku ntego y'umuryango wacu.”

Akomeza agira ati: “Izo ntego turazibuka twese kuko zibumbiye mu magambo atatu: Senga, Iga na Kora. Navuga ngo ni inkingi z'ubuzima bwa Kolping. Kolping yari umusaseridoti w'umutima urangwa n'isengesho, yari azi ko nta bikorwa bitunganye bishobora kubaho bidashingiye ku isengesho. Abagera rero ikirenge mu ke, tugomba kuba abantu bafite ubuzima bushingiye ku isengesho. Tugakorera Imana n'abayo ariko tutibagiwe ko byose bitangirira ku Mana.”

Uru rugendo nyobokamana rwakorwe muri Diyosezi ya Kibungo, rwabimburiwe n’umuhango wo guca mu muryango w’impuhwe. Abanyamuryango bahawe kandi inyigisho kuri indulugensiya, yatanzwe na padiri Gerard Maniragaba, padiri mukuru wa Paruwasi katederali ya Kibungo, 



bagira n’umwanya wo gushengerera Yezu Kristu uri mu Isakaramentu ry'Ukaristiya.

Padiri Kolping yavutse ku wa 08 ukuboza 1813, yitaba Imana ku wa 04 Ukuboza 1865. Yashyizwe mu rwego rw’abahire mu Ukwakira 1991 na Papa mutagatifu Yohani Pawulo II. 

Umuryango washinzwe na Padiri Adolph KOLPING, watangiye witwa ishyirahamwe ry’abanyamwuga “Journey Men’s Association”, amaze kwitaba Imana, uhinduka umuryango mpuzamahanga wa KOLPING “International Kolping Society”. 

Uyu muryango ufite ubutumwa bwo gufasha abantu gutera imbere kuri roho no ku mubiri, no kubashishikariza gutunganya umuhamagaro wo gukomeza isi no kuyigira nziza. Mu Rwanda umuryango wa Kolping wahageze ku wa 19 ukuboza 1999.

Saturday, October 11, 2025

Igitekerezo: Umusaseridoti watsinzwe ni we musaseridoti watsinze

Padiri wo mu gihugu gito yagiye ku rusengero afite ishyaka n’umwete wo gusoma indi Misa y’umugoroba. Ariko igihe cyarageze abantu bo mu gihugu ntibahagera. Nyuma y’iminota 15 ategereje, hinjiye abana batatu, nyuma y’iminota 20 hinjira abajene babiri. Nuko afata icyemezo cyo gutangirana n’abo batanu bari bahari. 

Mu gihe Padiri yigishaga kandi asobanura Ivanjili, haje umugabo n'umugore bicara ku ntebe z'inyuma, nyuma haje n'undi mugabo usa n’uwanduye, afite umugozi mu ntoki. Nubwo yari afite agahinda n’akababaro ko kubona abantu bake, Padiri yasomye Misa afite urukundo rwinshi kandi yigisha afite umwete.

Asoje, mu rugendo rujya iwe, yagabweho igitero n’abajura babiri baramukubita bikomeye, bamwambura isakoshi irimo Bibiliya n’ibindi bintu by’agaciro. Ageze ku nzu y’abasaserdoti, ari kwiyitaho no kuvura ibikomere, yavuze ati:“Iyu niwo munsi mubi kurusha indi mu buzima bwanjye, umunsi w’itsindwa ry’ubusaseridoti bwanjye, n’umunsi w’akazi kanjye katagize icyo kamara; ariko... byose nabikoze hamwe n’Imana kandi kubera Yo.” 

Hashize imyaka itanu, Padiri yafashe icyemezo cyo gusangiza iyi nkuru abakirisitu be mu rusengero. Ariko amaze kuyirangiza, umugabo n’umugore b’ingenzi muri paruwasi barahaguruka baramubwira bati: “Padiri, ya couple wavuze cyicaye inyuma mu rusengero, ni twe. Icyo gihe twari hafi yo gutandukana kubera ibibazo byinshi mu rugo. Iryo joro twari twafashe icyemezo cyo gusinya gatanya, ariko tubanza kuza mu rusengero kugira ngo dukureho impeta z’ubukwe maze buri wese akomeze inzira ye. Ariko nyuma yo kumva inyigisho yawe y’uwo mugoroba, twahinduye imitima, duhitamo kudatandukana. Ubu turi hano, dufite urugo rwiza n’umuryango wongeye kubakwa.” 

Mu gihe bari bavuga ibyo, undi mugabo ukize cyane, ufasha cyane kiliziya, yasabye ijambo aravuga ati: “Padiri, ni njye mugabo wari waje usa n’uwanduye, mfite umugozi mu ntoki. Icyo gihe nari hafi yo gusenya ubuzima bwanjye. Nari narabaswe n’ibiyobyabwenge, umugore n’abana barantaye kubera urugomo rwanjye. Iryo joro nagerageje kwiyahura ariko umugozi waracitse. Nuko njya kugura undi, ariko mu nzira mbona urusengero rufunguye, ndinjira nubwo nari mubi kandi mfite umugozi mu ntoki. Iryo joro inyigisho yawe yansunitse umutima, ntahana icyifuzo cyo kongera kubaho. Ubu ndi mu buzima bushya, narakize ibiyobyabwenge, umuryango wanjye waragarutse kandi ubu ndi umucuruzi ukomeye cyane mu mujyi.” 

Icyo gihe, diyakoni ahamagara ava ku muryango wa Sakristiya aravuga ati: “Padiri, ndi umwe mu bajura baguteye icyo gihe. Uwo twari kumwe yarapfuye iryo joro ubwo twari mu bindi byaha. Mu isakoshi yawe harimo Bibiliya. Nayisomaga buri gitondo. Nyuma yo kuyisoma kenshi, umutima wanjye warahindutse, mpitamo gukorera Imana muri iyi kiliziya.” Padiri yararize cyane, arira hamwe n’abakirisitu bose bari aho. Nyamara uwo munsi yibwiraga ko ari umunsi w’itsindwa, nyamara wari umunsi w’agakiza n’intsinzi ku bandi. 

 ICYO TWAKURA MURI IYI NKURU 

Kora inshingano zawe, wiyemeje n’umutima wose, nubwo abantu baba ari bake. Tanga ibyiza byose uko ushoboye, kuko buri munsi ushobora kuba igikoresho cyiza mu buzima bw’umuntu. No mu minsi mibi cyane, ushobora kuba umugisha ku bandi. Imana ishobora gukoresha “ibyago” by’ubuzima kugira ngo ikore ibitangaza bikomeye.

Wednesday, October 8, 2025

Rwanda: Urukiko rwa Kiliziya rwabonye Umuyobozi mushya

Kuri uyu Gatatu, tariki ya 8 Ukwakira 2025, nibwo Mgr Vincent Harolimana, wari umaze imyaka 13 ayobora Urukiko rwa yasimbuwe ku mugaragaro na Mgr Jean Bosco Ntagungira, wagizwe umuyobozi mushya. Uyu muhango w’ihererekanyabubasha wabereye mu kigo cy’ikenurabushyo cy’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda giherereye ku Ruyenzi. 

Aganira n’itangazamakuru rya Kiliziya, Mgr Vincent Harolimana, yakomoje ku rugendo rw’imyaka 13 amaze ayoboye urukiko rwa Kiliziya, avuga ko yishimira aho rugeze n’uburyo rwagiye rwubakwa. Yagize ati: “Ni byo koko abepiskopi Gatolika bansabye kuyobora uru rukiko, maze imyaka 13 ndurimo. Twararwubatse rugenda rukura, tubona abapadiri bize amategeko ya Kiliziya (droit canonique), rukomera mu mikorere.” 

Kimwe mu byagarutswe no Mgr Visenti cyafashije uru rukiko mu gutanga ibisubizo byihuse ku barugana ni umubare w’abacamanza 17, bakoranye umurava n’ubushisho bityo abagana urukuko bagashobora kubona ibisubizo byihuse, bijyanye n’ubushobozi rufite n’ubutumwa bwa Kiliziya. 

Agaruka ku bufatanye hagati y’urukiko n’ubuyobozi bukuru bwa Kiliziya mu Rwanda, byumwihariko za Diyosezi, aho ibibazo bisuzumirwa mbere yo koherezwa ku rwego rw’igihugu, yagize ati: “Uburyo dukorana na za Diyosezi burashimishije. Hari urukiko ku rwego rw’igihugu, ariko n’imbere muri buri Diyosezi haba hari urwego rw’ibanze. Imirimo myiza ikorwa iragaragara, ndetse byose bigakorwa bifite umurongo n’ubunyamwuga.” 

Umuyobozi mukuru mushya w’Urukiko rwa Kiliziya Gatolika mu Rwanda, Mgr Jean Bosco Ntagungira  yavuze ko yakiriye inshingano yahawe n’umutima ushima, kuko Urikiko rwa Kiliziya mu Rwanda ari urwego afitemo ubunararibonye bw’imyaka myinshi. 

Ati: “Ni inshingano nzi neza. Uru rukiko namenyanye narwo kuva rwasubukurwa mu 2007, nyuma yo guhagarara kuva mu 1994. Nabaye umucamanza, ndetse nabaye moderateri warwo. Ni umurimo usanzwe umba hafi kandi nsanzwe nkora. 

Mgr Ntagungira akomeza agira ati: “Tugiye gushyiraho uburyo bwihuse bwo kurangiza imanza nyinshi. Ubu hari Padiri uhoraho urwicayemo, ndetse tugiye no gushyiraho gahunda y’uko amadosiye atunganywa neza: abakorera ubushakashatsi (ankete), abayobora ibiganiro, n’abacamanza bakajya batoranya dosiye no muri za zone bakoreramo.” 

Kimwe mu bizafasha mu koroshya no kwihutisha imirimo y’urukiko, ni imikoreshereze y’ikoranabuhanga. Mgr Ntagungira ati: “Ubu hagiyeho uburyo bw’ikoranabuhanga, tuzabushyiramo imbaraga kugira ngo amadosiye yihute. Ni ngombwa ko ibyo dusabwa byose bikorwa neza, kandi ku gihe.” 

Uwagannye urukiko rwa Kiliziya mu Rwanda ntanyurwe n’imyanzuro, agana Urukuko rwa Gitega mu Burundi kuko ari rwo rukiko rw’ubujurire rwashyizweho ku bufatanye bwemewe na Vatikani. Ni byo Mgr Mgr Ntagungira avuga muri aya magambo: “Nta rubanza rucibwa ngo ntihabeho ubujurire. Ni yo mpamvu twiyambaje Urukiko rwa Gitega, rwabaye urw’ubujurire rwacu, kandi Kiliziya Gatolika mu Burundi yarabitwemereye ndetse na  Roma yarabyemeye.” 

Mgr Ntagungira afite Impamyabumenyi y'Ikirenga mu Mategeko ya Kiliziya yakuye i Roma mu Butaliyani (1994-2001) naho uwo asimbuye afite Impamyabumenyi y'Ikirenga bya tewolojiya (Doctorat de théologie dogmatique) yakuye muri Université Pontificale Grégorienne (1993-1999).

Monday, September 1, 2025

Ku myaka 92, Abayobozi 24

Kinyamateka ni ikinyamakuru cy'Inama y'Abepiskopi Gatolika mu Rwanda. Cyashinzwe kuwa 1 Nzeri 1933, na padiri Antoine Goubeau wo mu bapadiri Bera abisabwe na Musenyeri Leon Paul Classe, wari umushumba wa Vikariyati ya Kabgayi. 

Kuri iyi tariki ya 1 Nzeri 1933, nibwo hasohotse nomero ya mbere ya Kinyamateka, ikinyamakuru cyabimburiye ibindi byose byandika mu Rwanda. Cyakurikiwe n’ibindi birimo Trait-d’Union (1942), Servir (1944), L’Ami (1945), Théologie et Pastorale au Rwanda (1946), Kurerer’Imana (1951) na Hobe (1954).

Kuva tariki ya 1/09/1933 kugeza 1/09/2025, Imyaka 92 iruzuye. Muri iyo myaka iki kinyamakuru cyayobowe n’abagera kuri 24, barimo Abafaratiri 2 n’umubikira 1.

Dore Abayobozi bayoboye Kinyamateka kuva yashingwa mu 1933:

  1. Padiri Goubeau Antoine (1933 - 1934)
  2. Padiri De Meire (1934 - 1934)
  3. Padiri Merry Charles (1934 - 1938)
  4. Faratiri KAGAME Alexis (1938 - 1939)
  5. Padiri Van Overshelde Antoine (1939 - 1941)
  6. Padiri Kagame Alexis (1941 - 1947)
  7. Padiri Endriatis Reginald (1952 - 1954)
  8. Padiri Dejemeppe Arthur (1954 - 1955)
  9. Padiri MUSONI Boniface (1955 - 1957)
  10. Myr Gasabwoya Innocent (1957 - 1959)
  11. Faratiri Maryomeza Theophile (1960)
  12. Padiri Kalibwami Justin (1961 - 1963)
  13. Padiri Dejemeppe Arthur (1963 - 1966)
  14. Padiri MAIDA Enzo (1966 - 1968)
  15. Padiri RUGAYAMPUNZI Simon (1968 - 1971)
  16. Soeur Marie Louise MOULART (1971 - 1980)
  17. Padiri Silvio SINDAMBIWE (1980 - 1985)
  18. Myr GASABWOYA Innocent (1986 - 1988)
  19. Myr SIBOMANA Andre (1988 - 1997)
  20. Padiri KAREKEZI Dominique (1997  -  2007)
  21. Padiri NKUSI Pierre Claver (2008  -  2011)
  22. Padiri GASANA Vincent (2011  -  2015)
  23. Padiri NIYIGENA Leodegard (2015  -  2019)
  24. Padiri MUTABAZI Fidele (2019  - …)



INCAMAKE Y'AMATEKA YA KINYAMATEKA

Kinyamateka yashinzwe kuwa 1 Nzeri 1933, na padiri Antoine Goubeau wo mu bapadiri Bera abisabwe na Musenyeri Leon Paul Classe, wari umushumba wa Vicariyati ya Kabgayi. Ni urubuga Kiliziya Gatolika mu Rwanda yari ibonye rwo kwamamaza Ivanjili no kuzamura imibereho myiza y’abanyarwanda. Kinyamateka yateruye igira iti: "Muzi ko abantu bose bishimira kumenya ibyabaye, ugasanga babazanya amakuru y’igihugu." Kuva ubwo Kinyamateka yabaye umuyoboro w’amakuru y’igihugu n’aya Kiliziya.

Padiri Goubeau Antoine wari Padiri Mukuru wa Misiyoni ya Kabgayi yari amaze igihe yifuza ko mu Rwanda habaho ikinyamakuru cya mbere. Yaje kugeza iki gitekerezo kuri padiri Endriatis wari umwarimu mu Iseminari nkuru ya Kabgayi. Maze tariki 1 Nzeri 1933 batangiza Kinyamateka bakajya bayandika bafatanyije n’Abafaratiri. Mu mwaka wayo wa mbere, Kinyamateka yasohoraga ibinyamakuru 500, ikagura Sentime 50.

Mu mwaka wa 1935, Kinyamateka yatangiye gucapwa muri imprimerie ya Kabgayi, icyo gihe yongereye n’umubare w’ibinyamakuru biva kuri 500 bigera ku 2000. Kuva mu 1933 kugera mu 1940, Kinyamateka yakomeje kumenyekana ari na ko yongera inyandiko zitandukanye zatumaga isubiza ibibazo by’iyogezabutumwa byariho. Muri izo nyandiko twavugamo: Inyongezo: Yari igizwe n’Inyigisho za Misa zategurwaga na Padiri Aloys Bigirumwami wari Padiri Mukuru wa Muramba, akaba yaraje kuba n’Umwepiskopi wa Nyundo. Izi nyigisho zikaba zari zigenewe abapadiri n’abakateshiste; Harimo kandi Ikinyamateka cy’abana cyaje kubyara Hobe, ikaba yarandikwaga n’abarimu ba Seminari into ya Kabgayi.

Abasomye Kinyamateka muri iyi myaka, bibuka inyandiko yitwaga Matabaro, yatumye abantu benshi bamenya Kinyamateka kuko wasangaga aho abantu baganira bagaruka ku rwenya rwa Matabaro. Kuva mu 1940 kugera mu 1945, hari mu gihe cy’Intambara ya Kabiri y’Isi yose. Kinyamateka muri icyo gihe yafashije abanyarwanda gukurikira ibyaberaga hirya no hino ku isi, kugera tariki 7 Gicurasi 1945, ubwo Kinyamateka yakwizaga mu gihugu hose inkuru ko Intambara y’Isi yarangiye dore ko icyo gihe nta yindi Radio cyangwa Igitangazamakuru kindi cyariho ngo kibivuge.

Mu mwaka wa 1946, Kinyamateka yahimbajwe no kugeza ku banyarwanda ibirori bikomeye by’u Rwanda ruturwa Kristu Umwami. Mu mwaka wa 1954, Kinyamateka yibarutse Hobe, Akanyamakuru k’Urubyiruko katangijwe na Myr Aloys Bigirumwami. Mu mwaka wa 1955, Kinyamateka yatangiye gutanga ibitekerezo mu bya Politiki bigenda biyiviramo kutarebwa neza n’ubutegetsi bwaiho. Mu mwaka wa 1958, Kinyamateka yahagaze igihe cy’amezi atatu, nyuma y’aho Padiri MAIDA Enzo wayiyoboraga yirukanywe mu gihugu n’uwo bakoranaga agafungwa.

Nyuma padiri Rugayampunzi yagerageje kuyibyutsa, ndetse ikomeza no gutanga ibitekerezo mu bya Politiki, kugeza ubwo mu 1968, Ubutegetsi bwariho bwashatse kuyisesa. Aho Repubulika ya mbere Iviriyeho, Igasimburwa n’iya kabiri, Kinyamateka yakomeje kwamagana akarengane n’irondabwoko, kugera ubwo ifatwa nk’iyarwanyaga ubutegetsi buriho ndetse abayobozi n’abanyamakuru bayo bagatotezwa. Muri iyo myaka, Kinyamateka yanagejeje ku bakristu ibyaberaga I Kibeho, mu mabonekerwa yabaye mu 1981.

Mu 1984, Kinyamateka yizihije Yubile y’imyaka 50, inatangira kwandikirwa mu Icapiro rya Pallotti Presse I Gikondo. Kinyamateka yakurikiranye kandi iby’uruzinduko rwa Papa Yohani Pawulo wa II, mu 1990, na Yubile y’imyaka 100 Ivanjili igeze mu Rwanda yatangiye muri 2000 igasozwa muri 2001. Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, Kinyamateka yahagaze igihe cy’amezi atanu, yongera gusubukura muri Nzeri 1994. Kuva ubwo, Kinyamateka yafashije umuryango nyarwanda kongera kwiyubaka no kubaka igihugu mu bukungu, ubumwe n’ubwiyunge, imibereho myiza, ubutabera, uburezi n’umuco bimurikiwe n’ukwemera. (Iyi nkuru ni iya Kinyamateka, yanditswe kuri X, kuwa 1 Nzeri 2025).

Sunday, July 13, 2025

Ruhengeri: Abadiyakoni 9 bahawe ubupadiri

Abadiyakoni 9 bahawe ubupadiri, Abafaratiri batatu bahabwa ubudiyakoni mu gihe abapadiri batatu bahimbaje Yubile y’imyaka 25 bamaze bahawe Isakramentu ry’Ubusaseridoti mu rwego rw’ubupadiri.

Ku wa gatandatu tariki ya 12 Nyakanga 2025, muri Diyosezi ya Ruhengeri, kuri Katedrali ya Ruhengeri, ku Ngoro ya Bikira Mariya Umwamikazi wa Fatima, Nyiricyubahiro Musenyeri Visenti HAROLIMANA, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Ruhengeri, ari kumwe na Nyiricyubahiro Musenyeri Kizito Bahujimihigo, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Kibungo uri mu kiruhuko, yayoboye Misa yatangiyemo isakramentu ry’Ubusaseridoti, ku rwego rw’ubupadiri n’ubudiyakoni.

Abafaratiri batatu bahawe ubudiyakoni mu gihe abadiyakoni icyenda bahawe ubupadiri.











Abadiyakoni icyenda bahawe ubupadiri, harimo barindwi ba Diyosezi ya Ruhengeri, na babiri bo mu muryango w’abapadiri b’abamariyani. Dore amazina yabo n’aho Umwepiskopi yabohereje mu butumwa:

  1. Padiri Jean Olivier HAKIZIMANA yatumwe muri Paruwasi ya Nyamugali,
  2. Padiri Jean Renovatus IRADUKUNDA yatumwe muri Paruwasi Rwaza mu ishuri Groupe Scolaire Marie Reine Rwaza,
  3. Padiri Janvier MBERABAGABO yatumwe muri Paruwasi ya Janja,
  4. Padiri Olivier NDUWAYEZU yatumwe muri Paruwasi ya Nkumba,
  5. Padiri Aloys NSHIMIYIMANA yatumwe muri Paruwasi ya Mwange,
  6. Padiri Barnabé UWANYAGASANI yatumwe muri Paruwasi ya Gashaki,
  7. Padiri Jean de Dieu NSHIMIYIMANA yatumwe muri Paruwasi Kanaba. 

Padiri Noel SINGIZUMUKIZA na Padiri Célestin NTEZIMANA bo mu muryango w’Abamariyani bo ubutumwa bazabuhabwa n’Umukuru w’umuryango wabo. Abafaratiri batatu bahawe ubudiyakoni ni Jean Damascène NIYONGABO, Elisa NYAMINANI na Christian TURAMBANE.

Muri ibi birori, abapadiri batatu Eugène TWIZEREYEZU, Cyprien NIYITEGEKA na Bonaventure TWAMBAZIMANA bahimbaje Yubile y’imyaka 25 bamaze bahawe Isakramentu ry’Ubusaseridoti mu rwego rw’ubupadiri.

Thursday, July 10, 2025

2025: Kiliziya yo mu Rwanda izunguka Abapadiri 44

Ubuyobozi bw'Iseminari Nkuru ya Nyakibanda butangaza ko Kiliziya Gatolika yo Mu Rwanda izunguka abapadiri 44 . 

Bivuze ko hazaba ibirori 44 byo kwakira ingabire y'ubusaseridoti mu rwego rw'ubupadiri ku badiyakoni 44 ari bo bazahabwa ubupadiri mu mezi abiri; Nyakanga na Kanama. 

U Rwanda rumaze imyaka 125 rwakiriye Ivanjili. muri iyo myaka, abapadiri kavikire bambere babuhawe kuwa 7 Ukwakira 1917. 

Mu myaka 125 Ivanjili imaze, u Rwanda rumaze kubyara abapadiri kavukire basaga 1000 baturuka mu maparuwasi yose yo mu Rwanda. 

Niba ushaka kumenya abo basaseridoti n'igihe bazahererwa / baherewe ubupadiri kanda AHA

Sunday, July 6, 2025

Rwanda: Kiliziya yungutse abasaseridoti 20 mu minsi ibiri

Itangwa ry'Ubusaseridoti muri Paruwasi ya Mibilizi

Muri iki gihe cy’impeshyi, Kiliziya gatolika mu Rwanda iba iri mu bihe bikomye byo kwakira Ingabire y’ubusaseridoti, hatangwa ibyiciro binyuranye birimo ubusomyi, ubuhereza, ubudiyakoni n’ubupadiri. Muri iki gie kandi abapadiri batandukanye bizihiza yubile y’imyaka bamaze bahawe Isakaramentu ry’Ubusaseroditi.

Iminsi ibiri, kuwa gatandatu tariki ya 5 Nyakanga 2025 no ku cyumweru tariki ya 6 Nyakanga 2025, idusigiye abasaseridoti 20; abapadiri 7 n’abadiyakoni 13 bo muri diyosezi eshatu: Byumba, Nyundo na Cyangugu. Hari kandi Abafratiri 11 bahawe ubutumwa muri Kiliziya.  

Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yungutse Abasaseridoti 6 

Abadiyakoni baherewe ubupadsiri
muri Paruwasi ya Mibilizi
Kuri iki cyumweru tariki 6 Nyakanga 2025, muri Paruwasi ya Mibilizi, Nyiricyubahiro Musenyeri Edouard SINAYOBYE, Umwepisikopi wa Diyosezi ya Cyangugu, yayoboye Igitambo cya Misa yatangiyemo Isakaramentu ry'Ubusaseridoti mu rwego rw'Ubupadiri ku badiyakoni 2 n'Ubudiyakoni ku bafratiri 4. 

Abahawe ubupadiri ni Diyakoni Ernest Urimubenshi, uvuka muri Paroisse Mibilizi, Centrale Gitambi na Diyakoni Eric Nsengiyumva uvuka muri Paroisse Mibilizi, centrale Gitambi.

Abahawe ubudiyakoni ni Fratri Pascal Tuyishime avuka muri Paroisse Nkanka centrale Rwahi, Fratri Arsène Irakoze avuka muri Paroisse ya Mushaka centrale Mushaka, Fratri Muhire Jean Claude avuka muri Paroisse Mibirizi centrale ya Muhanga na Fratri Jean Claude Uwingeneye avuka muri Paroisse ya Ntendezi centrale Ntendezi. 

Indi nkuru wasoma:

Menya Diyosezi ya Cyangugu n’abashumba bayiragijwe

Diyosezi Gatolika ya Byumba yungutse Abasaseridoti 5 

Kuwa gatandatu, tariki ya 05 Nyakanga 2025, muri Paruwasi ya Nyarurema, Nyiricyubahiro Musenyeri Papias MUSENGAMANA Umwepiskopi wa Byumba ari kumwe na Myr Servilien NZAKAMWITA Umwepiskopi wa Byumba uri mu kirihuko na Myr Sosthène AYIKULI ADJUWA Umwepiskopi wa Doyosezi ya Mahagi-Nioka muri RDC, yayoboye imihango mitagatifu y’itangwa ry’ubupadiri kuri diyakoni Jean Baptiste NSANZUMUHIRE uvuka muri Paruwasi ya Nyarurema. 

Yatanze kandi Ubudiyakoni kuri Nephtal NIYIBIGIRA uvuka muri Paruwasi ya Bungwe, Jean de Dieu NSABIMANA wo muri Paruwasi ya Nyarurema, Oscar KWIZERA ukomoka muri Paruwasi ya Byumba na Emmanuel KAVUTSE ukomoka muri Paruwasi ya Nyagahanga. 

Indi nkuru wasoma:

Kiziguro ibimburiye izindi mu birori by’impeshyi by’itangwa ry’ubupadiri

Diyosezi Gatolika ya Nyundo

Muri Diyasezi Gatolika ya Nyundo, abadiyakoni 4 bahawe ubupadiri, abafratiri 5 bahabwa ubudiyakoni, 3 bahabwa umurimo w’Ubusomyi mu gihe 8 bitegura gutangira stage bahawe umurimo w’Ubuhereza. Inkuruirambuye

Izindi nkuru wasoma:

Nyundo 2025-2026: Abapadiri bamenye aho bazakorera ubutumwa

Ibyo wamenya kuri Diyosezi ya Nyundo, impanga ya Kabgayi

Saturday, July 5, 2025

Nyundo: Abaseminari 20 bateye intamwe mu Busaseridoti

Muri Diyasezi Gatolika ya Nyundo, abadiyakoni 4 bahawe ubupadiri, abafratiri 5 bahabwa ubudiyakoni, 3 bahabwa umurimo w’Ubusomyi mu gihe 8 bitegura gutangira stage bahawe umurimo w’Ubuhereza.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 05 Nyakanga 2025, Diyosezi ya Nyundo iri mu byishimo byo kwakira ingabire y’ubusaseridoti mu rwego rw’ubupadiri ku badiyakoni 4 n’ubudiyakoni ku bafratiri 5, no guhabwa Umurimo w’Ubuhereza n’Umurimo w’Ubusomyi ku bafratri 11.

Ibirori byo kwakira iyi ngabire byabimburiwe n’Igitambo cy’Ukaristiya cyayobowe na Nyiricyubahiro Musenyeri Anaclet Mwumvaneza Umwepisikopi, muri Paruwasi Katedarali ya Nyundo ari kumwe na Nyiricyubahiro Musenyeri Jean Marie Vianney Twagirayezu Umwepiskopi wa Diyosezi ya Kibungo, uvuka muri iyi diyosezi. Muri ibi birori kandi Padiri NDAGIJIMANA Callixte yahimbaje Yubile y'imyaka 25, mu gihe Padiri BUGINGO Jean Baptiste yahimbaje Yubile y'imyaka 50, ubu akaba afite imyaka 77 y’amavuko.

Abahawe Ubupadiri ni Diyakoni TUYIRINGIRE Didier na Diyakoni NSABIMANA Jean Népomuscène bavuka muri Paruwasi ya Nyundo, Diyakoni NSABIMANA Eric uvuka muri Paruwasi ya Kivumu na Diyakoni UWIRINGIYIMANA Jean Damascène uvuka muri Paruwasi ya Murunda.  Aba bose ubu ni abapadiri, bityo bagahabwa izina rya Padiri.

Abahawe Ubudiyakoni ni Fratri NDAHIMANA Albert na Fratri UWIMANA André bo muri Paruwasi ya Crête Congo Nil, Fratri NIYONSENGA Théoneste uvuka muri Paruwasi ya Gakeri Fratri NTAWUKURIRYAYO Adrien uvuka muri Paruwasi ya Murunda na Fratri TUYAMBAZE Herman uvuka muri Paruwasi ya Kibingo. Abo boso igitambo cya Misa cyasojwe bitwa abadiyakoni.

Mu Bafratiri bahawe ubutumwa muri Kiliziya, Abafratiri 3 barangije umwaka wa mbere wa Tewolojiya; Bigenimana Samweli wa Paruwasi Biruyi ya Katederali ya Nyundo, Bikorimana Anastate wa Paruwasi Biruyi na Iradukunda Epaphrodite wa Paruwasi ya Crête Congo Nil bahawe umurimo w’Ubusomyi. Abafratiri 8 basoje umwaka kabiri ya Tewolojiya, bakaba bagiye gutangira Stage, bahawe umurimo w’Ubuhereza. Abo ni Dushime Déogratias na Irankunda Eric ba Paruwasi ya Gisenyi, Habineza Aimbale wa Paruwasi ya Birambo, Irakiza Leandre wa Paruwasi Katederali ya Nyundo, Kayiranga Ferdinand wa Paruwasi ya Kinunu, Kwizera modetse wa Paruwasi ya Mushubati, Niyomugabo Gaspard wa Paruwasi ya Kavumu, Turatumucunguzi fabrice wa Paruwasi ya Rambura.

Umwepiskopi wa diyosezi ya Nyundo, Nyiricyubahiro Musenyeri Anaclet Mwumvaneza, yatanze ubutumwa bunyuranye bujyana na buri cyiciro cy’ubusasedoti cyatanzwe, ubutumwa buba bugaruka ku nshingano nyamukuru z’uhawe icyo cyiciro. Musenyeri Anaclet Mwumvaneza yashimiye ababyeyi batuye Kiliziya abana babo, abana bafashije mu nzira y’ukwemera kuva bakivuka, bakaba bakomeje kubashyigikira. Yasabye imbaga y’abakristu gusabira abapadiri bashya, kugira ngo ubutumwa Kiliziya igiye kubashinga bazabusohoze neza.

Uyu mwaka wa 2025, Diyosezi ya Nyundo izatanga ubupadiri ku badiyakoni 7, mu 8 bari batangiye urugendo rugana ubusaseridoti mu Iseminari Nkuru ya Rutongo. Babiri muri batatu basigaye, umwe uvuka muri paruwasi ya Muhororo n’uvuka muya Rususa bazahabwa ubupadiri kuwa 12 Nyakanga 2025 ku Muhororo. Hakaba n’uvuka muri Paruwasi ya Gatovu uzabuhabwa kuwa 19 Nyakanga 2025 i Gatovu.

Siko bizahora, nta Pasika itagira uwa Gatanu Mutagatifu

Siko bizahora. Nta Pasika itagira uwa Gatanu Mutagatifu. Igitambo cy'ukaristiya kitubere umwanya wo guhura n'Imana, maze Nyagasani a...