Monday, September 26, 2022

Mutagatifu Berinarido, Umwarimu wa Kiliziya

I Fonteni mu Bufaransa ni ho Berinarido (Bernard de Fontaine, abbé de Clairvaux et Docteur de l'Église) yavukiye mu 1090. Kuva akiri muto yakundaga gusoma ibitabo by’iyobokamana, akabisoma yihereye wenyine. Berinarido yari umwana w’igikundiro mu bantu, ufite uburanga ariko akagaiva amagara make bituma ababyeyi n’abavandimwe be batamushimira kujya kwiha Imana. Bagize impungenge, bashaka kumubuza kuko babonaga afite amagara make. Ntibyamworoheye kuko abo bavukana n’abandi bana b’urungano rwe baramuteye ngo babimubuze.  Berinarido we akarushaga kuvuga neza. Imana iramushyigikira, abemeza kwiha Imana bose hamwe, aho kuba ari we bemeza kureka kwiha Imana.Igihe cyo kujya mu muryango w’abihayimana kigeze, bagenda ari mirongo itatu, bagiye i Sito, gusaba kwinjira mu muryango w’aba Trapisiti.

Muri abo bagiye i Sito, harimo na mukuru wa Berinarido witwaga Gido. Uyu ni we wabwiye Nivardi wari umuhererezi wabo ati: “Urabeho tugusigiye ibya data byose.” Nivardi na we, n’ubwo yari umwana muto cyane, yaramusubije ati: “Nanze ko mumpenda mumparira isi ngo mujyane ijuru”. Nyuma na we ndetse na se babakurikira mu buzima bwo kwiha Imana, baba na bo Abasisterisiyani. Nyuma kandi hari se wabo na bene wabo batanu bamukurikiye na bo biyegurira Imana muri uwo muryango. Amaze kuba umumonaki, Berinarido yarushijeho gushishikarira gusenga ataretse n’imirimo y’amaboko kandi igihe abonye akanya agakomeza kwihugura mu nyigisho za tewolojiya (ubumenyamana). Umumonaki Berinarido yaharanzwe no kubana neza na bagenzi be; abo yasanze muri uwo muryango, abo binjiranye n’abahamusanze bose yababereye urugero rw’umumonaki uzi icyamuzanye n’icyo kwiyegurira Imana bisobanura.

Mu 1115, Berinarido yashinzwe kubakisha no gutangiza ikigo i Klerivo, anakibera umuyobozi mu gihe cy’imyaka 38. Ikigo cya Sito, aho yinjiriye mu bihayimana n’ikigo cya Klerivo yashinze ubwe akakiyobora byombi byaramamaye cyane muri Kiliziya kuva Berinarido akiriho kugeza na n’ubu. Rubanda rusanzwe rwakundaga kugenderera Berinarido kubera inyigisho ze nziza n’inama zinyura umutima yabagiraga. Mu bo yagiraga inama kandi, akenshi zibandaga ku myifatire yabo mu mirimo bashinzwe, harimo n’abanyacyubahiro benshi; abami, abepisikopi, abasaseridoti, ndetse na Papa akamwandikira. Berinarido yakundaga cyane Bikira Mariya. Yasigiye Kiliziya inyigisho nyinshi. Izerekeye Bikira Mariya n’ibyo yamwanditseho ni nyinshi cyane kandi zihebuje mu bwiza. Kiliziya imuziho kuba umukunzi n’umutoni ukomeye wa Bikira Mariya.

Berinarido yabaye ikirangirire mu mibereho ye yo kwitagatifuza. Yitabye Imana kuwa 20 Kanama 1153, ashyirwa mu rwego rw’abatagatifu na Papa Alegisanderi wa III kuwa 18 Mutarama 1174. Ubuhanga bwihishe mu nyigisho ze bwatumye Papa Piyo wa VIII amugira umwarimu wa Kiliziya (Docteur de l'Église) mu 1830. Twizihiza Mutagatifu Berinarido kuwa 20 Kanama.

Aho byavuye:

· ABATAGATIFU duhimbaza buri munsi, ed.Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013.p.249-250.

·   ABATAGATIFU MU MINSI Y’UMWAKA, Ed. De l’imprimerie de Kabgayi, Icapwa rya kabiri. Nzeri 2015. P.232-233.

·     DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991. p.89.

·        https://st-bernard-escaut.cathocambrai.com/vie-saint-bernard-clairvaux.html

·        https : //fr.wikipedia.org/wiki/Bernard_de_Clairvaux

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...