Monday, September 26, 2022

Tumenye Mutagatifu Materne (+328), umwepisikopi

Materne, ni Umwepiskopi wa gatatu wa Treve (Trèves). Akaba ari umwepisikopi wa mbere wa Kolonye. Hari abavuga ko yari umwe mu Bigishwa mirongo irindwi na babiri (72) ndetse ngo akaba yari umuhungu wa wa mupfakazi wa Nayimu wazuwe na Yezu Kristu. Abavuga inkuru ya mbere y’igihe mutagatifu Materne yabereyeho bavuga ko hari ahagana hagati y’umwaka wa 42 na 52 nyuma y’ivuka rya Yezu, ubwo Abamisiyoneri batatu Ekeri (Euchère) n’abahereza be Valeri (Valère) na Materne bahagurutse ku butaka butagagtifu (muri Isiraheli) berekeza mu majyaruguru ya Gole mu murwa mukuru waho witwaga Trèves; ubu ni mu Budage. Bari bagiye kwigisha Inkuru Nziza ya Yezu Kristu. Abo bamisiyoneri uko bari batatu, bageze i Trèves bakora ubutumwa bwiza.

Nyuma y’imyaka makumyabiri n’itatu (23), Mutagatifu Ekere yitabye Imana mu mahoro nyuma y’umurimo w’indahangarwa yari asoje hano ku isi. Ekere akimara gusanga Rurema, Valeri yamusimbuye ku ntebe y’Ubwepiskopi na we ayimaraho imyaka cumi n’itanu. Materine na we, n’ubwo yari ashaje, yaje gusimbura Valeri ku ntebe y’Ubwepiskopi. Materne n’ubwo yari ashaje, ariko nk’umwepiskopi mushya, yari afite inyota n’inzozi byo kwagura umurimo wo kwamamaza Ingoma y’Imana. Byaramworoheye kuko icyo gihe cyari icy’amahoro ku bakristu kuko ingoma y’Abanyaroma itabatotezaga. Abanyaroma bari bahugiye mu kubumbatira umutekano w’imbibi z’uruzi rwa Rini (Rhin). Materne yafashe urugendo, agana ahitwa Mozelle agenda yigisha Inkuru Nziza ndetse no mu nkengero z’umugezi wa Rhin.

Muri urwo rugendo rwo kwamamaza Inkuru Nziza atiziganya, Materne yarakomeje agera i Kolonye (Cologne) wari umujyi wa Ubiyensi (Ubiens). Aha i Kolonye, Materne yubatse za Kiliziya ndetse atora abasaserdoti bo gukomeza umurimo mwiza yari amaze gutangira. Yakomezanyije umwete wo kogeza ingoma ya Kristu agana i Tongiresi (Tongres). Iyi Tongres wari umujyi wari mu masangano y’inzira enye za gisirikare arizo: Bave (Bavai), Kolonye (Cologne), Ariloni (Arlon) na Nimege (Nimègue). Materne ubwo yari ageze ku butaka bubarirwa mu Bubuligi bw’ubu, yahise aba ikirangirire, yubaka ingoro yitiriye Bikira Mariya Mutagatifu Umubyeyi w’Imana. Yahashinze umusingi w’ubwepiskopi.

Niyo mpamvu iyo bagaragaza ishusho ye ya mbere, bamwerekana afite Kiliziya y’inzogera eshatu: Trèves, Cologne na Tongres. Materne kandi yubatse Kiliziya ntoya (Chapelles) ahantu ubu hazwi nk’imijyi ya Walcourt na Ciney. Hari inkuru ivuga ko abana ba Guverineri wa Ciney bagiye ku mafarasi, ubwo berekezaga ku Nyanja, izo farasi zabaye nk’izisaze maze ziriruka cyane. Abo bana bagize ubwoba maze bibayobeye, bambaza Imana ya Materne ngo ibatabare maze ako kanya ifarasi zihita zigenda neza. Guverineri amenye uko Imana yatabaye abana be kubera ibitangaza by’Imana, yahaye Materne ikibanza kinini ngo yubakeho kiliziya.

Ku byerekeye i Walcourt uruhererekane rw’amateka ya Kiliziya ruvuga ko ari Materne wabaje ishusho ya Bikira Mariya akayishyira ku rutambiro rw’ingoro yitiriwe Bikra Mariya Nyina w’Imana. Yagarutse i Kolonye nyuma y’imyaka mirongo ine y’ubutumwa, yari agejeje mu myaka ijana. Yazahajwe n’indwara y’ibicurane iza no kumuhitana. Cyakora Mu gitabo cyitwa “Martyrologe romain” bavuga ko Materine yagiye mu Nama Nkuru (Concile) ya Roma (muri 313) no mu nama ya Arles mu mwaka wakurikiyeho, akaba yaritabye Imana muri 344. No mu gitabo cyitwa Dix mille saints bavuga ko yaba yaritabye Imana nyuma ya 325. Hatitawe ku mateka abusanye avuga igihe Materne yabereyeho, ikizwi neza ni uko Materine ari we watangije ziriya Kiliziya twavuze haruguru. Akaba ari we wamamaje Ivanjili muri biriya bihugu. Kiliziya Gatolika yizihiza umunsi Mukuru wa Mutagatifu Materne kuwa 14 Nzeri.

Aho byavuye:

·       https://fr.wikipedia.org/wiki/Materne_de_Cologne

·       https://nominis.cef.fr/contenus/saint/1852/Saint-Materne.html

·       http://boowiki.info/art/les-eveques-allemands/cologne-materne.html

· LE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991. p.347.

(Aya mateka yakusanyijwe na padiri Théophile TWAGIRAYEZU, umusaseridoti wa Diyosezi ya Byumba. Ku yandi makuru ku nyandiko yakusanyije ku mibereho y'abatagatifu bariza kuri tel: 0788757494/ 0782889963/ ubunyamabanga bwa SPES MEA).

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...