Monday, September 26, 2022

Mutagatifu Auberti, umwepiskopi wasuwe na Malayika Mikayeli

… Malayika mutagatifu Mikayeli yamubonekeye gatatu kose asaba kumwubakishiriza ingoro… abyemezwa n’uko malayika yamukojeje urutoki ku gahanga, agatsindagira, hanyuma urutoki rukishushanya ku gahanga, rwaharemye umwobo...

Mutagatifu Auberti yavutse ahagana mu mwaka wa 670, ku ngoma y’umwami Shildeberti wa IV. Yitabye Imana mu mwaka wa 725, ari umwepisikopi wa Avranshe(Avranche). Auberti yavukiya hafi ya Avranshe mu muryango ukomeye. Ababyeyi be bamaze gupfa, ibyo atunze byose yabigabanije abakene, hanyuma ajya kwiha Imana, nuko aba umupadiri, urangwa n’urukundo, urugwiro n’ubwitonzi. Mu mwaka wa 704, nibwo yatorewe kuba umwepiskopi wa Avranshe.

Mutagatifu Auberti bamwanditseho byinshi, bivuga ku buzima bwe. Mu byamwanditsweho, harimo aho bavuga ukuntu umwepiskopi Auberti yirukanye ikiyoka cyitwa Drago(dragon) cyari cyarayogoje abantu, kimereye nabi amatungo y’abakirisitu. Auberiti yacyirukanye akoze ikimenyetso cy’umusaraba, hanyuma akijugunyaho indangabubasha (étole), agitegeka gusubira mu nyanja no kutazongera kugaragara mu bantu. Umwanditsi avuga kandi ukuntu mutagatifu Auberti ari umuhamya w’ibyo yiboneye byerekeye uko Malayika Mikayeli arwanya ikiyoka (dragon), intambara igatangirira ku musozi wa Dol, ikarangirira ku musozi wa Tombe. Aho ni ho Malayika Mikayeli yatsindiye Sekibi, amutegeka kuhubaka Kiliziya. Mu mwaka wa 708, Mutagatifu Auberti yabonye umumalayika amwereka aho azubaka kiliziya ku kirwa yari yamweretse, ku gasozi kari mu nyanjya, kakaba agasozi kuzuye amabuye. Ni mu Bufaransa bw’amajyaruguru hagati y’intara ya Bretanye n’iya Normandi.

Ijoro rimwe, Malayika mutagatifu Mikayeli yamubonekeye gatatu kose asaba kumwubakishiriza ingoro kuri uwo musozi wa Tombe, kugira ngo bazajye bayimwubahiramo. Kuri uwo musozi ni ho Auberti yajyaga ajya gusengera no kuzirikana ibitangaza by’Imana. Auberti amaze kubona ukuntu ako gasozi gateye nabi, kakaba gakora ku nyanja, kandi gatuweho n’inyamaswa ndetse n’abamonaki baba bonyine gusa, nuko avuga ko uwo mushinga wo kuhubaka kiliziya atawushobora. Yibwiraga ko shitani izagaruka kongera kuharwanira. Malayika mukuru yabimusubiriyemo ubwa gatatu, Auberti abona kubyemera, nabwo abyemezwa n’uko malayika yamukojeje urutoki ku gahanga, agatsindagira, hanyuma urutoki rukishushanya ku gahanga, rwaharemye umwobo.

Mbere y’uko abyemezwa n’ikimenyetso, yabanje gutekereza ko ari Sekibi iri kumwoshya, imushyiramo icyo gitekerezo, ndetse n’igihe Mikayeli aje ku nshuro ya gatatu, Auberti yari agitekereza ko ari Sekibi, ahubwo afata umwanzuro wo gusenga no kwibabaza ngo Imana ibimuvanemo. Malayika amaze kurakara nibwo amuhaye ikimenyetso cyishushanyije ku gahanga ke, ku buryo uwo mwobo ukigaragara ku igufa ry’agahanga ka mutagatifu Auberti. Auberti, amaze gukanguka, yumva mu gahanga ke hiremyemo umwobo. Ahita yemera ko ari umumalayika w’Imana wamuvugishije. Hari n’ibindi bimenyetso bitangaje bisa n’ibiturutse ku Mana byamufashije kumva neza ko ubwo butumwa buturutse ku Mana, aho kuba kuri sekibi.

Umunsi umwe, mu kwezi kwa nzeri, bwarakeye abona ikime gishushanyije uko kiliziya izaba iteye mu muzenguruko wayo. Aho kandi, mu rutare, havubutse isooko y’amazi meza, ikaba ikivubuka na n’ubu. Iyo sooko yaramwitiriwe. Aho kandi hari ikibuye kinini cyakorerwagaho imihango ya gipagani, maze uwari ushinzwe imirimo y’ubusitani hamwe n’abahungu be cumi na babiri, bananirwa kugikuraho, nyamara, uruhinja uwo munyabusitani yari aherutse kubyara, ni rwo bakojeje kuri icyo kibuye, urwo ruhinja ruragihirika. Auberti amaze kuzuza iyo kiliziya, yohereza abamonaki be mu Butaliyani, abatuma kuzana Alitari ku wundi musozi wa Galgano bubahagaho malayika Mikayeli, yabatumye kandi n’ibindi bimenyetso bitagatifu byari byareguriwe kubahisha malayika Mikayeli mutagatifu. Ibyo byose abishyira muri kiliziya yari amaze kubaka, ayiha umugisha kuwa 16 Ukwakira 709, kandi ayegurira mutagatifu Mikayeli. Iyo kiliziya iri mu ntara ya Normandi mu majyaruguru y’Ubufaransa. Auberiti yahatuje abamonaki cumi na babiri bashinzwe kuririmba ibisingizo by’Imana amanywa n’ijoro.

Uko niko urugo rw’abamonaki bo ku musozi wa mutagatifu Mikayeli rwavutse (L’abbaye du Mont-Saint-Michel, anciennement bénédictine et désormais confiée aux Fraternités monastiques de Jérusalem). Auberti Yitabye Imana mu mwaka wa 725. Amaze gupfa, umurambo we bawushyize mu isanduka yabigenewe ikoze mu mabuye, ushyingurwa muri iyo kiliziya. Ku gahanga ka mutagatifu Auberti, hagumyeho umwobo wa rwa rutoki rwa malayika Mikayeli yamukojejeho agakanda kugira ngo hasigareho ikimenyetso, maze Auberti yoye kubigira inzozi ahubwo abone ko ari ubutumwa yari ahawe. Tumwizihiza kuwa 10 Nzeri.

Indi nkuru wasoma:

Isakapulari ya mutagatifu Mikayile, ikimenyetso cy’ubuyoboke buzatugeza mu ijuru

Inyandiko zifashishijwe:

·        DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991. p.69.

·        https://nominis.cef.fr/contenus/saint/1827/Saint-Aubert.html

·        http://reflexionchretienne.e-monsite.com/pages/vie-des-saints/septembre/saint-aubert-eveque-d-avranches-725-fete-le-10-septembre.html    

·        https://fr.wikipedia.org/wiki/Aubert_d%27Avranches

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...