Friday, September 23, 2022

Mutagatifu Piyo wa X, Papa wavuguruye Kiliziya

Ajya gupfa yaravuze ati : “Navukiye mu bukene, mbukuriramo none ndashaka gupfa ndi umukene.” Yabwiraga abapadiri ati : “Mukore ibyo mushinzwe, n’ibindi bizabagendekera neza”. Kuva mu gihe cye abana bemerewe guhabwa umubiri wa Kristu.

Yozefu Sarto ni ryo zina rye, irya Piyo wa X yarifashe amaze gutorerwa kuba Papa. Yavukiye i Riyese mu murwa wa Venize mu Butaliyani, kuwa 2 Kamena 1835. Akomoka muri rubanda rusanzwe rw’abahinzi ndetse n’amashuri yayize avunika cyane kubera ubukene bw’ababyeyi be. Inkweto ze, mu nzira ajya ku ishuri, yakundaga kuzitwara ku rutugu ngo zidasaza vuba, akazambara igihe abonye ko ari ngombwa. Iseminari nkuru yayigiye i Paduwa, aba ari na ho ahererwa ubusaseridoti afite imyaka 23. Yozefu Sarto yagiraga ukumvira n’ukwitagatifuza by’intangarugero, ndetse akagira n’ubugwaneza rwose. Yabanje kuba muri paruwasi ya Tombolo yungirije, nyuma ashingwa kuyobora paruwasi ya Salzano, ayibamo yita cyane ku bakene. Igihe icyorezo cya Korera giteye, Padiri Yozefu Sarto ubwe yakoreshaga uko ashoboye akavura abarwayi amanywa n’ijoro, abitabye Imana akajya kubashyingura. Igihe cye muri paruwasi ya Salzano yakigabanyagamo ibice bitatu : kwita ku bakene, gutanga Penetensiya no gupfukama imbere y’Isakaramentu ritagatifu, agashengerera.

Mu 1884, Papa Lewo yumvise ukuntu rubanda rwose rushima Padiri Sarto, nuko amutorera kuba umwepisikopi wa Diyosezi ya Mantu. Na ho mu 1892, ashingwa kuyobora Diyosezi ya Venize. Nyuma mu 1893 atorerwa kuba Kardinali. Igihe cyose Sarto yamaze ari umukardinali, bagenzi be bamubonyemo umugabo w’intwari ; mu mvugo no mu ngiro kandi n’igihe yari umwepisikopi, yitaga ku bakene by’intangarugero. Yozefu Sarto yatorewe kuba Papa mu 1903, nyuma y’urupfu rwa Papa Lewo wa XIII, afata izina rya Piyo wa X, nuko akorana imirimo ye ubwitange, ubwiyoroshye n’ubudakemwa, aba umushumbw wa Kiliziya witangiye kuyivugurura (le pape réformateur de l’église). Iryo kuzo rirenze ntiryamuhinduye, yakomeje kwicisha bugufi, akunda indushyi n’imbabare z’amaoko yose. Ajya gutanga ni bwo yavuze ati : “Navukiye mu bukene, mbukuriramo none ndashaka gupfa ndi umukene.”

Papa Piyo wa X yaranzwe no kugira ishyaka mu kurengera amahame yemezwa na Kiliziya, avugurura amategeko ya liturujiya. Ni we wanditse Inyandiko (Motu Proprio) itanga umurongo ku byerekeye indirimbo za Kiliziya, ahindura byinshi muri Buribyari (Bréviaire : igitabo cy’amasengesho avugwa n’abihayimana), ashyira Bibiliya imbere, atuma yigwa kandi ikundwa na benshi; akundisha abantu misa n’amasakaramentu, abatoza guhabwa umubiri wa Kiristu kenshi kandi neza. Kuva mu gihe cye abana bahawe uburenganzira bwo guhabwa umubiri wa Kristu. Yakundaga kubwira abapadiri ati: “Mukore ibyo mushinzwe, n’ibindi bizabagendekera neza”. Mu 1914, Papa Piyo wa X yandikiye Umwami w’abami wa Otrishiya amubuza gutangiza intambara ya mbere y’isi yose, ariko uwo mwami yanga kumva inama za Papa. Papa Piyo wa X yitabye Imana kuwa 20 Kanama 1914. Tumwizihiza kuwa 21 Kanama.

Aho byavuye:

1.ABATAGATIFU duhimbaza buri munsi, ed.Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013.p.250-251.

2. ABATAGATIFU MU MINSI Y’UMWAKA, Ed. De l’imprimerie de Kabgayi, Icapwa rya kabiri. Nzeri 2015.p.233-234.

3.DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991. p.403.

4. https://fr.wikipedia.org/wiki/Pie_X

5.https://www.vaticannews.va/fr/eglise/news/2020-08/saint-pie-x-le-pape-reformateur-de-l-eglise.html

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...