Sunday, January 29, 2023

Menya Diyosezi ya Gikongoro n’abashumba bayiragijwe

Mgr Celestin HAKIZIMANA akikijwe n’abasaserdoti bashya: Padiri Senani Callixte, Diyakoni Kayiranga Fulgence na Diyakoni Niringiyimana Jean Baptiste
Diyosezi ya Gikongo
ro yashinzwe kuwa 30/03 1992 ibyawe na Diyosezi ya Butare, nuko uwari umuyobozi wa Seminari Nkuru ya Nyakibanda, Padiri Agusitini MISAGO atorerwa kuyibera umwepiskopi wa mbere, afite intego igira iti: Omnia Propter Evangelium. Kuri iyi tariki kandi nibwo hatowe. Myr Ferederiko RUBWEJANGA ngo abe umwepiskopi wa diyosezi ya Kibungo, asimbuye Myr Yozefu SIBOMANA wari ugiye mu kiruhuko cy’izabukuru. Nyuma y’uko Myr Agusitini MISAGO yitabye Imana, hatowe Myr Selesitini HAKIZIMANA uyiyoboye kugeza ubu. 

Paruwasi Katederali ya  Gikongoro

Urubuga rubonekaho amakuru ya Kliziya Gatolika mu Rwanda, www.eglisecatholiquerwanda.org/GIKONGORO, rugaragaza ko iyi Doyosezi ifite abakristu gatolika 250629, bangana na 39,84% by’abayituye bose. Ifite imiryango remezo 1860, Amasantarali 63 na Paruwasi 17. Birumvikana ko iyi mibare ihindukana n’ibihe.

Ingoro ya Bikira Mariya
Diyosezi ya Gikongoro ni yo ibarizwamo paruwasi ya Kibeho n’ingoro ya Bikira Mariya, ahantu hazwiho amabonekerwa ya Bikira Mariya. Amabonekerwa agitangira, Kibeho yabarizwaga muri Diyosezi ya Butare kugeza Diyosezi ya Gikongoro ishinzwe. Tiyisangamo kandi Umurwa wa Bibiliya uba ahitwa i Nyarushishi mu karere ka Nyaruguru. Muri Katedrali ya Gikongoro, Ku wa 29 kamena 2001, MyrAgusitini MISAGO, yatangaje ku mugaragaro ko Kiliziya yemeye amabonekerwa y’i Kibeho. Ibi byakurikiwe n’urugendo nyobokamana rwa mbere ku butaka bwa Kibeho, rwakozwe, kuwa 15/9/2001, n’abepiskopi gatolika bo mu Rwanda ndetse n’urwabaye muri Gicurasi 2001, rukozwe n’abepiskopi bagize ishyirahamwe ry’inama z’abepiskopi bo muri Afurika yo hagati, ACEAC bari bateraniye mu nama idasanzwe i Kigali. Ingoro ya Kibeho yeguriwe Bikira Mariya Umwamikazi w’i Kibeho yahawe umugisha kuwa 31 gicurasi 2003, mu muhango wayobowe na Karidinali Crescenzio SEPE, wari umuyobozi w’inteko nkuru ya Kiliziya ishinzwe ibyerekeranye n’iyogezabutumwa ku isi.

AMAPARUWASI 5 YASHINZWE MBERE

  1. Paruwasi ya Kaduha yashinzwe mu 1933, iragizwa Bikira Mariya Umwamikazi w’Abamalayika, (Note Dame des Anges).
  2. Paruwasi ya Kibeho yashinzwe mu 1934, iragizwa Bikira Mariya Nyina w’Imana Umwamikazi w’Intumwa (Sainte Mère de Dieu)
  3. Paruwasi ya Cyanika yashinzwe mu 1935, iragizwa Bikira Mariya Umwamikazi w’Ukwizera (Notre Dame d’Espérance)
  4. Paruwasi ya Mushubi yashinzwe mu 1964, iragizwa Bikira Mariya Umubyeyi wa Kiliziya (Mère de l’Eglise)
  5. Paruwasi ya Muganza na yo yashinzwe 1964, iragizwa Bikira Mariya Umubyeyi wa bose (Mère de toutes)

Diyosezi ya Gikongoro ifite ibigo by’amashuri abanza 102; ayisumbuye 9 Iyi diyosezi kandi ifite ibigonderabuzima 11. Mu mashuri yisumbuye twavugamo nka Petit Séminaire Saint Jean Paul II de Gikongoro yashinzwe kuwa 23/01/2017, igatangirana abanyeshuri 85 biga mu mwaka wa mbere.  Umuyobozi wayo ni Mgr Eugene DUSHIMURUKUNDO.

Dore uko abashumba bakurikiranye

1.      Myr Agusitini MISAGO (1992-2012)

2.     Myr Selesitini HAKIZIMANA (2015 - ….)

 

Izindi nkuru wasoma: 

  1. Menya Diyosezi ya Butare n’abashumba bayiragijwe
  2.  Menya Diyosezi ya Cyangugu n’abashumba bayiragijwe
  3. Menya Diyosezi ya Kabgayi n’abashumba 5 bayiragijwe

  4. Byinshi wamenya kuri Bazilika Nto ya Kabgayi
  5.  Menya Diyosezi ya Kibungon’abashumba bayiragijwe
  6. Menya Diyosezi ya Kibungon’abashumba bayiragijwe

Thursday, January 26, 2023

Menya Diyosezi ya Butare n’abashumba bayiragijwe

Paruwasi Katederali ya Butare

Diyosezi ya Butare yashinzwe kuwa 11/09/1961. Ishingwa na Papa Yohani wa XXIII yitwaga Diyosezi ya Astrida. Kuwa 12/11/1963 nibwo yahinduye izina yitwa Diyosezi ya Butare, byemejwe na Papa Pawulo wa VI. Ni imwe mu madiyosezi 8 akuriwe na Arikidiyosezi ya Kigali (suffragan of the Archdiocese of Kigali). Urubuga rubonekaho amakuru ya Kliziya Gatolika mu Rwanda, www.eglisecatholiquerwanda.org/BUTARE,  rwasuwe kuwa 2 6/01/2 o2 3,  rugaragaza ko Doyosezi ya Butare ifite abakristu gatolika 572 095 n’abigishwa 13 538.  59 % by’abayituye ni abakristu gatolika. Ifite imiryango remezo 2 855, Amasantarali 99 na Paruwasi 26. Birumvikana ko iyi mibare igenda ihinduka uko iminsi ishira indi igataha.

Muri Kanama 1950, yubile y’imyaka 50 u Rwanda rumaze rumenye ivanjili, yizihirijwe muri Astrida (Butare). Muri iyi diyosozi, i Gisagara, ni ho havukiye umuryango w’ababikirab’Abizeramariya, ushinzwe na Padiri Rafayeli Sekamonyo kuwa 26 mata 1956. Muri diyosezi ya Butare, kuwa 3 Ugushyingo 1963, abapadiri b’abadominikani bo muri Kanada bashinze Kaminuza y’u Rwanda (Université National du Rwanda), bayiyobora kugeza mu mwaka w’1972. Amabonekerwa ya Bikira Mariya yabaye bwa mbere i Kibeho mu rwanda, ku wa 28 ugushyingo 1981. Hari muri Diyosezi ya Butare. Bityo Myr Yohani Batista Gahamanyi yashyizeho komisiyo ebyiri;iya liturujiya n’iy’abaganga, ziga kuri iryo bonekerwa. Hanyuma ku wa 15/08/1988, yemeza ko i Kibeho hashobora kuba ahantu abakristu basengera. Ku mugaragaro, ayo mabonekerwa yashojwe ku wa 28 ugushyingo 1989. Nyuma ya Jenoside, Inama y’abepiskopi gatolika mu Rwanda yemeje ko Iseminari nkuru n’into zongera gufungura imiryango yabereye i Butare, kuva kuwa 2 kugeza kuwa 5 Ugushyingo 1994.

AMAPARUWASI 5 YASHINZWE MBERE 

  1. Paruwasi ya Save yashinzwe kuwa 08/02/1900, iragizwa Umutima Mutagatifu wa Yezu.
  2. Paruwasi ya Kansi yanshinzwwe kuwa 13/12/1910, iragizwa Bikira Mariya Umwamikazi w’Intumwa (Reine des Apôtres)
  3. Paruwasi ya Butare yashinzwe kuwa 12/04/1928, iragizwa Bikira Mariya Umubyeyi w’Ubuhanga (Notre Dame de la Sagesse)
  4. Paruwasi ya Nyanza yashinzwe kuwa 01/08/1935, iragizwa Kristu Umwami
  5. Paruwasi ya Mugombwa   yashinzwe kuwa 7/10/1938, iragizwa mutagatifu Sitefano

Diyosezi ya Butare ifite ibigo by’amashuri abanza 206 ; ayisumbuye 110 na Kaminuza imwe, Catholic University of Rwanda, iyobowe na Padiri Dr Laurent NTAGANDA. Iyi diyosezi kandi ifite ibitaro bikuru 3 n’ibigonderabuzima 15. Mu mashuri yisumbuye twavugamo nk’ Urwunge rw’Amashuri rwa Astrida (Groupe Scolaire d'Astrida, Groupe Scolaire Officiel de Butare Indatwa n’Inkesha) rwashinzwe n’abafurere b’Urukundo ba Gand mu 1929, ngo rwigishe abagombaga gufasha abakoloni b’ababiligi mu gutegeka u Rwanda. Rwamaze kandi igihe kitari gito rwakira n’abana baturutse i Burundi.

Abashumba bayoboye Diyosezi ya Butare ku rwego rw’umwepiskopi


1. Musenyeri Yohani Batisita GAHAMANYI (1961–1997)

Yavutse mu
1920, atabaruka kuwa 19/06/1999. Niwe mushumba wambere wa Diyosezi ya Butare, kuva yashingwa kuwa 11/09/1961, kugeza yeguye kuwa 02/01/ 1997. Yahawe ubupadiri kuwa 15/08/1951. Yatorewe na Papa Yohani wa XXIII kuba umushumba wa Diyosezi ya Butare kuwa 11/09/1961, umunsi hashingwaho Diyosezi ya Butare. Umuhango wo kumwimika wabaye kuwa 06/01/1962, uyobowe na Arikiyepiskopi wa Kabgayi, Myr Andereya PERRAUDIN akikijwe n’umushumba wa Diyosezi ya Goma (RDC), Myr Jose MIKARARANGA hamwe n’umushumba wa Diyosezi ya Ngozi mu Burundi, Myr Andereya MAKARAKIZA. Intego ye yari “Mu rukundo n’amahoro - In caritate et pace”. Myr Yohani Batisita GAHAMANYI yitabiriye ibyiciro bine by’inama nkuru ya Kiliziya yabereye i Vatikani (sessions I, II, III et IV du Concile Vatican II).

Mu 1988, hari umupadiri wa diyosezi watorewe kuba umushumba wungirije ariko yegura atarahabwa izo nshingano. Bivuze ko yeguye atarinjizwa mu rwego rwa gatatu rw’iskramentu ry’ubusaseridoti; ubwepiskopi. Uwo ni Padiri Felesiyani MUVARA.

  •  Musenyeri Felesiyani MUVARA
Padiri Felesiyani MUVARA, yari Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepisikopi gatolika mu Rwanda. Mu Ukuboza 1988, nibwo Papa Yohani Pawulo wa II yamutoreye kuba umushumba wungirije wa Diyosezi ya Butare (Auxiliary Bishop), yari iyobowe na Musenyeri Yohani Batisita GAHAMANYI nk’umushumba wa Diyosezi. Uyu Felesiyani MUVARA yeguye kuri izi nshingano, habura iminsi mike cyane ngo yimikwe. Hari kuwa 24 Werurwe 1989; kuwa Gatanu Mutagatifu, ubwo yashyikirije Papa YohaniPawulo wa II ibaruwa y’ubwegure bwe nka Musenyeri wungirije wa Diyosezi ya Butare. Mu 1994, Padiri MUVARA yari Padiri mukuru wa Paruwasi katedrali ya Butare. Ni umwe mu basaseridoti bazize Jenoside.

2. Musenyeri Filipo RUKAMBA

Ni we uyiyobora kuva mu 1997 kugeza ubu. Niba ushaka kumenya byinshi kuri Myr Filipo Rukamba n’abandi basenyeri bo mu Rwanda, kandi kuri aya magambo atukura
 

 Izindi nkuru wasoma:  

  1. Menya Diyosezi ya Cyangugu n’abashumba bayiragijwe
  2. Menya Diyosezi ya Gikongoro n’abashumba bayiragijwe
  3. Menya Diyosezi ya Kabgayi n’abashumba 5 bayiragijwe
  4. Byinshi wamenya kuri Bazilika Nto ya Kabgayi
  5. Menya Diyosezi ya Kibungon’abashumba bayiragijwe

Tuesday, January 24, 2023

Umurimo unoze, Inganzo y’ubutagatifu

kimwe mu bikorwa bya Muntu/ ahigirwa ubwubatsi

Ntukemerere rubanda kwibaza niba ugira Roho Mutagatifu, biturutse ku kudasohoza inshingano zawe uko bikwiye! Umurimo ugusabanya n’Imana ndetse n’abavandimwe, kandi ugatuma wubahwa. Ku bw’umurimo wawe, benshi bashobora gusingiza Imana, cyangwa bakayihinyura.

Umurimo wubaka ubumwe n’ubwisungane mu bantu

Umuntu afite umuhamagaro wo kurema (La vocation créative) kandi ntashobora kunezerwa mu gihe atubahirije neza uwo muhamagaro kubw’umurimo we. Umurimo wawusobanura ute? Ni akazi, igikorwa cya Muntu gituma aronka umusaruro? Ni umwuga umuntu akora ukamubeshaho kandi ukabeshaho n’abandi? ...Ijambo umurimo cyangwa akazi ryumvikana vuba, icyakora imyumvire ya Muntu ku murimo n’agaciro awuha byo biratandukanye. Byaba biterwa se n’uko uwo murimo yawubonye, uko umubeshejeho cyangwa ubushobozi bwo kumva neza no guha agaciro ibintu n’ibindi?... Abantu bakwiye kumenya ko umurimo, kandi unoze, uhuza abantu, ukabubakamo ubumwe bushingiye ku mikorere n’imikoranire.

Umurimo ni serivisi, wubaka ubumwe n’ubwisungane mu bantu. Umurimo unoze urushaho kunga abantu, bityo abaturutse ahatandukanye bagasabana, bakaba abavandimwe buje umutima. Umurimo utuma abantu bunga ubumwe kuko umwe awukorera undi cyangwa abandi bityo sosiyete tubamo ikaba ihanahanaserivisi buri wese agiramo uruhare.

Uzabyumva henshi abantu basaba Imana akazi, bambaza ngo babone icyo gukora kibinjiriza amafaranga. Hari n’abandi bambaza, basaba guhirwa mu byo bakora… Ibi biratwumvisha neza ko, ku bemera, umurimo utangwa n’Imana kandi igafasha abayo kuwutunganya neza. Nimwibuke amagambo asoza indahiro zikorwa na bamwe mu bakozi: Imana i(za)bimfashemo! Koko rero Imana niyo mugenga wa byose: ni yo yimika uwo yitoreye, ikarengera uyiyambaje, igakomeza uyihungiyeho mu rugamba rwo gutungana muri byose, harimo n’umurimo. Ni ngombwa ko umurimo ukorwa hitawe kuri Kristu, We rugero rwiza mu byiza byose bibaho, kugira ngo uhindure bundi bushya isura y’iyi si.

Nimwitagatifurize mu nshingano

Umurimo ugira ibyo usaba; nta kazi katagira inshingano! Umurimo usaba ubufatanye n’ubwisungane. Ubwo bumwe, ubufatanye n’ubwisungane mu murimo busobanura ubushake bw’Imana bw’uko abantu bahinduka umuryango w’Imana uyumvira. Umurimo ufite agaciro gahoraho (une valeur d’éternité) kuko Muntu ku bw’umurimo afatanya na Roho Mutagtifu gutegura no gusohoza iremwa rishya.

Ntimugasige ubutungane iwanyu ngo mubushakire iyo hirya. Ubutungane ku murimo bushingiye ku kuwitabira, ukawukora uko amategeko abisaba, ukawuzindukira, ntukorere ku jisho no ku isaha, ntugengwe n’agahimano cyangwa kurangiza umuhango. Bushingiye kandi ku kutabangamira abo ushinzwe cyangwa abo muwusangiye no kudahutaza abanyantege nke. Ubutungane ku murimo busaba ko ubwubahane, umurava wo kunguka ibishya no kunoza ibyo usanganywe biganza. Muri ubwo butungane kandi kwihugiraho byimukira ubufatanye, gukorera hamwe. Erega, ‘…iyo umwe aguye, undi aramubyutsa. Hagowe rero nyakamwe, utagira uwo bari kumwe, ngo nagwa amuramire (Mubw.4,9).

Ibikorwa bya Munti ni kimwe mu birema isi nshya

Urugero rw’umurimo w’uburezi rudufashe kumva neza uko twakwitagatifuriza aho turi.  Byaba bibabaje kutigisha uko bikwiye, ugasiga abanyeshuri bonyine ngo ugiye kwitabira isengesho ahandi; ese abo bana wigisha bo si Imana yabagushinze? Amarira yabo y’uko utabitaho uko bikwiye nagera ku Mana uzayakizwa n’uko wagiye kuyisenga ukabasiga nk’izitagira umushumba? Niba wemera ko wabashinzwe n’Imana, kubafata nabi ni uguhemuka: uba uhemukiye igihugu, ugahemukira ababyeyi mufatanya kurera, ugahemukira ikigo kuko ugihesha isura mbi, ugahemukira n’Imana isumba byose, ikaba isoko y’icyiza. Ubutungane n’isengesho byawe nibishingire ku kubigisha neza,kubayoborana ubuhanga, ubahangayikire kuko nibo bazaguhesha umugisha kuri rubanda no ku Mana yabagushinze. Imana yarabagushinze, nawe bakoreshe mu kuyihesha ikuzo.

Nimugenze nk’abagira roho mutagatifu

Abakristu rero dufite inshingano ikomeye yo kugira uruhare, binyuze mu mirimo yacu, ku gikorwa cy’Imana cyo kurema. Ni wowe ubwirwa, uwo Imana yahaye ingoma, ubutegetsi, ububasha n’icyubahiro. Ntawe bidakwiye kuko Muntu afite, ku rwego rwe, uruhare ku buhanuzi, ubwami n’ubusaseridoti bya Kristu Umukiza. Abantu bakwiye kumvira Roho wa Nyagasani, bakamwiyegurira mu nshingano zabo kugira ngo zibinjize mu butungane. Niwumvira Roho Mutagatifu, uzakora akazi kawe neza, uharanire kukabamo indatwa, wizihirwe no gukorana n’abandi no gufasha bose uko ushoboye.

Iri jambo jya urizikana iteka: mu mwuga, mu kazi ukora, ntukemerere rubanda kwibaza niba ugira Roho Mutagatifu, biturutse ku kudasohoza inshingano zawe uko bikwiye! Niba Roho w’Umuremyi agutuyemo mwemerere akuyobore, agukundishe icyiza, bityo ubashe kwita uko bikwiye ku bo Imana yakuragije, kubo yaguhaye ngo mukorane ndetse no kubaza bakugana.

Uwo Roho w’Imana nagenga imibereho yacu, tuzoroherwa no kumvira ndetse no gushishoza neza, no gusimbuka imitego y’abakozi ba Nyakibi ihangarije kutuvutsa ibyishimo. Nimwisubireho! Birakwiye ko buri umwe yamenya ibi: Umurimo unoze ni inganzo y’ubutagatifu kuko ugusabanya n’Imana ndetse n’abavandimwe, ukaguhaza amahoro kandi ugatuma wubahwa mu bandi.

Umurimo uhesha muntu agaciro (le travail rends la dignité á la personne humaine). Umurimo ni inzira igeza muntu ku bushobozi bwo kugenga isi (ubutaka) yeguriwe ngo imutunge amaze kwiyuha akuya (soma Intg.3,19). Umurimo wakoranye umutimanama (la conscience professionnelle) ufasha kuzirikana ku mugambi w’Imana no kuwugiramo uruhare. Ku bw’umurimo wawe, benshi bashobora gusingiza Imana, cyangwa abadashoboye kwihangana bakayihinyura. Icyakubera cyiza ni ikihe?

Menya ko umurimo wakoranye umutimanama uzanira nyirawo amahoro, ibyishimo, umuteza imbere kandi ugatuma abera abandi urugero rubahwitura mu gutangira no gukora neza bisinesi. Buri wese agomba gukora, agatungwa n’ibyo aruhiye (Soma 2Tes.3,6-15; Lk.6, 36), agaharanira, ku bw’imirimo ye, gutuza Kristu muri we, We utajya ubana n’ikidatunganye cyose. Nimuzirikane ko ‘ububasha mufite mubukesha Nyagasani, ubutegetsi mukabuhabwa n’umusumbabyose, ari na we uzasuma ibikorwa byanyu, agasesengura imigambi yanyu (Buh.6,3)”. Nuko rero, “nimukore umurimo mushinzwe hakiri kare, maze igihembo cyanyu azakibahe igihe nikigera” (Sir. 51.30).

Wednesday, January 18, 2023

Menya Diyosezi ya Cyangugu n’abashumba bayiragijwe

Cathédrale ya Cyangugu

Diyosezi ya Cyangugu yashinzwe na Mutagatifu Papa Yohani Pawulo wa II, kuwa 14/11/1981, ibyawe na Diyosezi ya Nyundo. Ni Diyosezi ifite ubuso bungana na 1,125 Km2 butuwe, ahasigaye hakaba Parike y’igihugu ya Nyungwe n’ikiyaga cya Kivu. Ikorera mu karere ka Nyamasheke na Rusizi. Musenyeri Tadeyo NTIHINYURWA niwe wabaye umushumba wayo wambere, kugeza kuwa 9/3/1996 agizwe Arikiyepikopi wa Kigali. Hanyuma ayibera umuyobozi kugeza igihe Papa atoye Musenyeri Yohani Damaseni BIMENYIMANA. Nyuma y’uko Musenyeri Yohani Damaseni BIMENYIMANA yitabye Imana, hatowe Padiri Edouard Sinayobye, wari umuyobozi wa Seminari Nkuru ya Nyumba, ngo abe umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu. Muri iyi Diyosezi tuhasanga Agasozi k’Ibanga ry’Amahoro katangijwe na Padiri Ubald rugirangoga, abifashijwemo n’umwepiskopi. Agasozi k’Ibanga ry’Amahoro ni ku butaka butagatifu bukorerwaho ingendo nyobokamana, ahantu abakiristu basengera basaba amahoro, kandi bakivugururamo urukundo, bagasaba kandi bakanatanga imbabazi. Agasozi k’Ibanga ry’Amahoro ni ahantu abakiristu bakirira ibikomere by’amoko menshi n’indwara zinyuranye.

Dore uko abashumba bakurikiranye

  1. Musenyeri Tadeyo NTIHINYURWA: Umushumba wa Diyosezi: kuva kuwa 11/05/1981 kugeza kuwa 09/03/1996. Yabaye Umuyobozi wa Diyosezi (Apostolic Administrator) kuva kuwa 25/03/1996 kugeza kuwa 18/01/1997.
  2. Musenyeri Yohani Damaseni BIMENYIMANA (+): Umushumba wa Diyosezi, kuva kuwa 18/01/1997 kugeza yitabye Imana kuwa 11/03/2018.   
  3. Musenyeri CelestinHAKIZIMANA, umushumba wa Diyosezi ya Gikongoro yabaye umuyobozi wa Diyosezi ya Cyangugu (administrateur apostolique) kuva 2018 kugeza hotowe Musenyeri Edouard SINAYOBYE 
  4. Musenyeri Edouard SINAYOBYE ni we mushumba wa Diyosezi kuva kuwa 06/02/2021

Diyosezi ya Cyangugu igizwe n’amaparuwasi aba mu turere tw’ikenurabushyo dukurikira (Doyenné): Cyangugu, Mibirizi, Mwezi, Nyamasheke na Shangi. Diyosezi ya Cyangugu ni yo yonyine ifite Paruwasi ituye mu kirwa; Paruwasi ya Nkombo yashinzwe mu 2016, ikaragizwa mutagatifu Yohani Pawulo wa II. Paruwasi eshanu zashinzwe mbere ni Mibirizi yashinzwe mu 1903; Nyamasheke yashinzwe mu 1928, Shangi yashinzwe mu 1940; Mwezi yashinzwe mu 1944 na Cyangugu yashinzwe mu 1956. Ese iyi Diyosezi igizwe n’amaparuwasi angahe? Iziheruka gushingwa ni izihe?

 Izindi nkuru wasoma:  

  1. Menya Diyosezi ya Butare n’abashumba bayiragijwe

  2. Menya Diyosezi ya Gikongoro n’abashumba bayiragijwe
  3. Menya Diyosezi ya Kabgayi n’abashumba 5 bayiragijwe
  4. Byinshi wamenya kuri Bazilika Nto ya Kabgayi
  5. Menya Diyosezi ya Kibungon’abashumba bayiragijwe

Monday, January 16, 2023

Menya “Agasosi k’Ibanga ry’Amahoro” katangijwe na Padiri Ubald RUGIRANGOGA

Padiri Ubald RUGIRANGOGA

 1.     AGASOZI K’IBANGA RY’AMAHORO GAHEREREYE HE  ?

Agasozi k’Ibanga ry’Amahoro gaherereye mu kagari ka Kamatita, umurenge wa Gihundwe, akarere ka Rusizi, intara y’Uburengerazuba. Ni muri Diyosezi Gatolika ya Cyangugu, paruwasi Nkanka, Santarari Muhari. Ni agasozi gafite ubuso busaga hegitari 25. Iburasirazuba bw’ako Gasozi hari umugezi wa Nyandarama, mu majyaruguru hari Pharmakina, Iburengerazuba hari Ikiyaga cya Kivu, naho mu majyepfo hari umudugudu wa Cyinzovu na Kamanyenga byo mu kagari ka Kamatita.

2.     AMAVU N’AMAVUKO BY’AGASOZI K’IBANGA RY’AMAHORO.

Nyuma ya Genocide yakorewe abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda, Padiri Ubald RUGIRANGOGA yiyumvisemo igitekerezo cyo gushaka ahantu abakiristu bazajya bahurira bagasenga basaba amahoro, bakivugururamo urukundo, bagasaba imbabazi bakanazitanga. Hakaba n’ahantu abakiristu bakirira ibikomere bikomoka kuri Genocide n’ibindi bibazo abantu bahura na byo mu buzima bwa buri munsi birimo n’indwara zinyuranye. Nibwo Musenyeri Yohani Damaseni BIMENYIMANA wari Umushumba wa Diyosezi Gatorika ya Cyangugu yeretse Padiri Ubald isambu yaje kwitwa Ibanga ry’Amahoro. Padiri Ubald yarahashimye, cyane ko ari no ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu, yahagereranije n’aho Yezu yakundaga kwigishiriza rubanda.

Ubald yahiseko atangira imirimo yo kuhatunganya. Yahimitse Bikiramariya Umwamikazi w’Urukundo, Bikiramariya Umwamikazi w’Amahoro, ahakora inzira ntagatifu zirimo inzira ya Rozari, inzira y’ishapure y’ububabare bwa Bikiramariya, inzira y’umusaraba. Izo nzira zose zitangirira kwa Bikiramariya w’i Kibeho maze zigasoreza kwa Yezu Nyirimpuhwe, ahari esikariye 21 zishushanya izo Yezu yazamutse agiye gucirwa urubanza na Pilato.

Aaha ni ku ibanga ry'amahoro
Tariki ya 27 Ugushyingo 2008, Musenyeri Yohani Damaseni yaturiye igitambo cy’Ukaristiya kuri ako gasozi maze atangaza ko kiswe “Agasosi k’Ibanga ry’Amahoro”.

Tariki ya 5 Kanama 2016, Musenyeri Yohani Damaseni yahaye umugisha za nzira ntagatifu n’amashusho. Kuri uwo munsi yanatangaje ku mugaragaro ko Agasozi k’Ibanga ry’Amahoro kabaye ubutaka butagatifu buzajya bukorerwaho ingendo nyobokamana z’abakiristu n’abandi bantu bose babyifuza.

By’umwihariko, buri tariki 13 za buri kwezi, itariki y’amabonekerwa y’I Fatima, Abakiristu benshi cyane barahateranira  maze bagasenga. Mu ijoro riba ryabanjirije iyo tariki abakiristu benshi babishoboye baraharara maze bakarara basenga bakanahabwa isakaramentu ry’imbabazi.

 3.     GAHUNDA YA BURI MUNSI.

9H00 : Rozari & inzira y’umusaraba.

10h50 : Kunyura kwa Yezu Nyirimpuhwe.

11h30 : Igitambo cy’Ukaristiya.

12 h30 : Gushengerera no gutanga penetensiya.

14h20 : Ubuhamya no gushimira Imana.

14h50 : Kujya kwa Yezu Nyirimpuhwe no kuhavugira ishapure y’Impuhwe z’Imana

15h20 : Padiri atambagiza Isakaramentu ritagatifu kwa Yezu Nyirimpuhwe akanatanga umugisha.

15h25 : Padiri agarura Isakaramentu ari kumwe n’abakiristu, batarama.

15h30 : Ibisingizo by’Ukaristiya n’indirimbo isoza.

·         Ku wa kane nyuma y’ishapure ya Roho Mutagatifu haba Misa isozwa n’isengesho ryo gusabira abarwayi.

·         Ku cyumweru cya nyuma cy’ukwezi haba misa yo gushimira Imana.

4.     CONTACTS.

·         Padiri NKURUNZIZA Jean Baptiste, Ushinzwe Centre. Tél : +250788832723.

·         Padiri Ubald RUGIRANGOGA, Tél : +250788687457.


Ibyanditse muri iyi nkuru  byakuwe ku rubuga rwa Diyosezi ya cyangugu.  (https://www.diocesecyangugu.com/rw/ubuzima-bwa-gikristu/liturujiya/)


Ibaruwa yamwandikiye mu mashuri abanza yakomeje urukundo rwamugejeje ku gushyingirwa: Isomere inkuru ndende y'urukundo ya "RERE NA RAMBA". Ibice byose bigize iyi nkuru:

RERE NA RAMBA igice cya 1

RERENA RAMBA igice cya 2

RERENA RAMBA igice cya 3

RERENA RAMBA igice cya 4

RERENA RAMBA igice cya 5

RERENA RAMBA igice cya 6

RERENA RAMBA igice cya 7

RERENA RAMBA igice cya 8

RERENA RAMBA igice cya 9

RERENA RAMBA igice cya 10 

RERENA RAMBA igice cya 11

RERE NA RAMBA igice cya 12

RERE NA RAMBA igice cya 13

RERE NA RAMBA igice cya 14

RERE NA RAMBA igice cya 15

RERE NA RAMBA igice cya 16

RERE NA RAMBA igice cya 17

RERE NA RAMBA igice cya 18

RERE NA RAMBA igice cya 19 

RERENA RAMBA igice cya 20

RERENA RAMBA igice cya 21

RERENA RAMBA igice cya 22  gisoza

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...